Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, asaba abayoboke b’Itorero Anglican Diyosezi Shyira, kubakira ku bukirisito burwanya kandi bukumira amacakubiri, kuko aribwo bazabona uko bakora cyane n’iterambere baharanira rigashoboka.
Ku butumire bwa Leta ya Mozambique, u Rwanda rwitabiriye imurikagurisha mpuzampahanga ry’ubucuruzi rya 58 (Fiera Internacional de Maputo 2023/FACIM), ryatangiye guhera tariki ya 28 Kanama rikazageza tariki ya 03 Nzeri 2023, muri Marracuene i Maputo. Ryafunguwe ku mugaragaro na Perezida wa Mozambique, Nyakubahwa Filipe (…)
Urukiko rwa Brooklyn muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rwategetse R. Kelly hamwe na Universal Music Group (UMG) yahoze ireberera inyungu z’uyu muhanzi kwishyura amadolari y’Amerika arenga ibihumbi 500 y’impozamarira igomba guhabwa abagizweho ingaruka n’ibikorwa by’uyu muhanzi.
Umuhanuzi witwa Samuel Kakande yadukanye uburyo bushya bwo guha umugisha abizera bo mu idini rye, aho yagaragaye muri videwo atera amacunga abakirisitu mu rusengero nk’ikimenyets cyo kugira ngo bere imbuto, ku buryo butangaje umwe muri abo bakirisitu yagaragaye yijugunya hirya no hino nyuma y’uko rimwe muri ayo macunga (…)
Steve Harvey akaba umunyamakuru w’icyamamare muri Amerika, yakuyeho ibihuha byahwihwiswaga ko umugore we Marjorie yamuciye inyuma kuri bamwe mu bakozi babo barimo n’umutetsi.
Abasesengura ikigero cy’iterambere ry’ikoranabuhanga mu burezi, n’akamaro karyo mu itereambere, baravuga ko guhindura imyumvire no kugira ubushake mu kurikoresha, byatanga umusaruro mu iterambere.
Umuhanzi Burna Boy yongeye kwisanga ahanganye n’abakunzi b’umuziki muri Nigeria, nyuma yo kunenga bagenzi be akavuga ko indirimbo nyinshi bakora usanga nta bintu bifatika ziba zivuga uretse kubikora bishimisha.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, kivuga ko mu gihe ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA bugenda bugabanuka mu Gihugu, mu Turere tw’Intara y’Iburasirazuba ho bwiyongera.
Hari abana bavuye ku muhanda bazanwa ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, kwiga gukira ibikomere by’amateka no kugarukira ababyeyi babo, ubu bahamya ko babakunda ndetse babafasha mu mibereho y’ingo.
Mu Mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Manwari, Umurenge wa Mbazi mu Karere ka Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo, mu rugo rwa Mbonyumukiza Félicien habonetse imibiri y’Abatutsi bishwe mu gihe cya Jenoside.
Ku wa Mbere tariki 28 Kanama 2023, ikipe ya APR FC yatsindiye Police FC kuri Kigali Pelé Stadium igitego 1-0, mu mukino wayo wa mbere wa shampiyona ya 2023-2024.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yafashe umwanzuro wo kwirukana Umuyobozi w’Akarere, Appolonie Mukamasabo, mu nshingano ze zo kuyobora Akarere biturutse ku myitwarire n’imikorere idahwitse mu kazi ashinzwe.
Habitegeko François wari Guverineri w’intara y’Iburengerazuba, na Madamu Mukamana Espérance wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutaka, bakuwe mu nshingano, nk’uko itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente kuri uyu wa mbere tariki ya 28 Kanama 2023 ribivuga
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr. Jean Chrysostome Ngabitsinze, arasaba abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba kongera ingano y’ibyo bakora mu bwiza no mu bwinshi, ndetse bakagura n’amasoko bakagera ku ya mpuzamahanga.
Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filimi, Kevin Hart, yavuze ko ubu agendera mu kagare k’abantu bafite ubumuga, nyuma y’imvune yagize mu gice cyo mu nda, mu gihe yarimo asiganwa ku maguru n’uwahoze ari umukinnyi mu Ikipe y’igihugu ya Amerika y’umupira w’amaguru ‘ex-NFL player’. Hart yagize ati "Nagira ngo mbabwire bantu (…)
Ubwo Yobu yari mu bigeragezo biremereye birimo gupfusha umugore, abana, amatungo ndetse no kurwara ibibembe umubiri wose, yarihebye ageze aho atumbira ijuru yuzura imbaraga zo kwizera.
Chinedu Ikedieze, umukinnyi wa filime ukomoka muri Nigeria wamamaye cyane mu yitwa “Aki and Pawpaw” yavuze ko abantu bibeshya ko atigeze akandagira mu ishuri bashingiye kuri zimwe muri filime yagiye akina.
Abana b’abangavu batewe inda bakabyara imburagihe 100 bari bamaze amezi 18 bigishwa imyuga basoje amasomo bizeza ko batazongera gushukwa kuko ibyo bashukishwaga bazaba babasha kubyiha ubwabo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi by’Igihugu (MINALOC), Marie Solange Kayisire, asaba abatarishyura ubwisungane mu kwivuza (Mituweli) kubyihutisha, kugira ngo batamera nk’abigometse kuri gahunda za Leta.
Guverineri Mushya w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yaryohewe n’intsinzi y’ikipe ya Musanze FC, nyuma y’uko itsinze iya Bugesera 1-0, mu mukino wabereye kuri sitade Ubworoherane tariki 26 Kanama 2023.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze, yasabye abaturiye umugezi wa Sebeya mu Karere ka Rubavu, kwitegura imvura izagwa mu kwezi kwa Nzeri, birinda ko ibiza byazabagiraho ingaruka.
Abanyarwanda batuye muri Sénégal hamwe n’inshuti z’u Rwanda, bizihije Umunsi mukuru w’Umuganura mu birori byabaye ku wa Gatandatu, tariki 26 Kanama 2023.
Ku Cyumweru tariki 27 Kanama 2023, nibwo hakinwaga imikino y’umunsi wa gatatu ya kamaparampaka (Playoffs), ikaba yasize amakipe ya Espoir BBC na Patriots zeretswe umuryango mu mikino ya kamarampaka, nyuma yo gutsindwa imikino 3 yikurikiranya zidakoramo.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, arasaba abaturage gukora cyane kuko byagaragaye ko hari abantu bitwaza ko bakennye cyane, ntibashyire imbaraga ku murimo, ahubwo bagatagereza gufashwa kandi ugasanga harimo n’urubyiruko rutifuza gukora.
Mu kiganiro Urubaga rw’Itangazamakuru cyatambutse kuri iki Cyumweru tariki 27 Kanama 2023, cyagarutse ku bibazo bikigaragara mu gutwara abagenzi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Eng Uwase Patricie, yavuze ko RURA izajya itanga icyemezo cy’uko rwiyemezamirimo yujuje ibisabwa gusa, Umujyi wa Kigali (…)
Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Kayonza, SP Gilbert Kaliwabo, arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze guhagurukira ikibazo cy’abana batiga, cyane mu Mirenge ya Rwinkwavu na Murundi bitwa Inkoko, ari nabo bavamo imparata zikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe.
Impuguke mu bijyanye n’ubucuruzi bushingiye ku ikoranabuhanga muri MINICOM, Rukundo Jean Premier Bienvenu, ubwo yafunguraga ku mugaragaro ishami rya kabiri ry’ikigo cy’urubyiruko, Afri-Farmers, yasabye urubyuruko guhanga udushya dushingiye ku ikoranabuhanga mu buhinzi n’ubworozi, bigatuma umusaruro muri urwo rwego ubona (…)
Damini Ebunoluwa Ogulu, icyamamare mu muziki wa Afurika no ku rwego rw’isi, uzwi nka Burma Boy, yashyize hanze album ye ya karindwi yise ‘I Told Them’, yari amaze iminsi ateguza abakunzi be.
Binyuze mu mushinga wa EnRHED Project, IPRC Musanze ku bufatanye na Parma University yo mu Butaliyani, n’Ikigo gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi mu Rwanda (RWB), harigwa uko hakoreshwa ikoranabuhanga rigezweho mu guhangana n’inkangu n’imyuzure.
Ikipe ya Rayon Sports inganyije na Gorilla FC 0-0, mu mukino w’umunsi wa 2 wa shampiyona, umukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage yasinyanye amasezerano y’imyaka itanu n’u Rwanda agamije guteza imbere umupira w’amaguru n’ubukerarugendo
Mu Kagari ka Buruba, Umurenge wa Cyuve Akarere ka Musanze, haravugwa amakuru y’umugore ukekwaho gukora icyaha cyo kwihekura, nyuma yo kubyara ariko uruhinja rukaburirwa irengero.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yifatanyije n’abaturage bo mu Mirenge ya Kinigi na Nyange, mu muganda usoza ukwezi wabaye tariki ya 26 Kananama 2023, aho basukuye ahazabera ibirori byo Kwita Izina abana b’ingagi 23, bizaba tariki 1 Nzeri 2023.
Abaturage 103 baturutse mu turere dutandukanye tw’u Rwanda, bafatiwe mu rugo rw’umuturage witwa Komezusenge Jacques w’imyaka 52, mu ijoro rishyira iki cyumweru tariki 27 Kanama 2023, aho Polisi yemeza ko basengaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ku wa Gatandatu tariki 26 Kanama 2023, shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru ‘Rwanda Premier League’ yarakomeje, ahakinwe imino 4 ku ngengabihe isanzwe, aho amakipe ya Musanze FC, Sunrise FC, Mukura VS&L na Kiyovu Sports yitwaye neza.
Emmerson Mnangagwa, usanzwe uyobora Zimbabwe, ni we wamaze gutangazwa na Komisiyo y’amatora muri iki gihugu, ko yegukanye intsinzi yo kongera kukiyobora muri manda ya kabiri.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yahuye na ba Guverineri 19 bo muri Nigeria bagirana ibiganiro, bakaba bari mu Rwanda mu mwiherero w’iminsi itatu wateguwe n’Ihuriro rya ba Guverineri ba Nigeria (NGF), n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP).
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Kayisire Marie Solange, yakoreye umuganda mu rugabano rw’Umujyi wa Kigali n’Akarere ka Rwamagana, aho isuri yaciye umukoki (ruhurura) ushobora kwangiza umuhanda, abaturage bakavuga ko unabateye impungenge kuko ushobora guteza impanuka.
Abanyarwanda batuye muri Repubulika ya Congo (Brazzaville), ku wa Gatandatu tariki 26 Kanama 2023, bahuriye ku cyicaro cya Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu, bizihiza umunsi mukuru w’Umuganura.
Abantu 13 barimo abana barindwi, bapfuye baguye mu mubyigano wabereye kuri Stade yo mu murwa mukuru wa Madagascar.
Muri Gabon, ku wa Gatandatu tariki 26 Kanama 2023, bazindukiye mu matora y’Umukuru w’igihugu, abashyigikiye Perezida Ali Bongo wari urangije manda ebyiri ayobora icyo gihugu, bakaba bavuga ko ashobora gutsinda ayo matora akabona iya gatatu.
Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Kanama 2023, mu Turere tugize Intara y’Iburasirazuba, wibanze ku gucukura no gusibura imirwanyasuri mu gihe hitegurwa imvura y’umuhindo, ishobora kuzaba nyinshi kurusha iyari isanzwe.
Ubutegetsi bw’igisirikire bwagiyeho muri Niger guhera ku itariki 26 Nyakanga 2024, nyuma ya Coup d’état yakuyeho Perezida Mohamed Bazoum, bwahaye Ambasaderi w’u Bufaransa amasaha 48 yo kuba avuye ku butaka bw’icyo gihugu, nk’uko bikubiye mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Niger, ku wa Gatanu tariki (…)
Ikoranabuhanga mu burezi bw’u Rwanda nubwo rikiri mu ntangiriro, ariko bigaragara ko hari icyizere mu bihe biri imbere cyo kugera ku rwego rwifuzwa, ni yo mpamvu ikiganiro ‘EdTech Monday’ cya Kanama, kizagaruka ku guteza imbere ikoranabuhanga ryifashishwa mu burezi mu Rwanda.
Ibirori bijyanye n’ibihembo bya Trace Awards & Festival bigiye gutangirwa mu Rwanda ku nshuro ya mbere, bizahuriramo ibyamamare bitandukanye ku Isi yose.
Bamwe mu bafite ibigo bashoyemo imari bakaba bakoresha abakozi batandukanye, bahamya ko abafite ubumuga nabo bashoboye, kuko iyo bari mu kazi kabo bakitaho uko bikwiye, bigatuma batanga umusaruro uri hejuru.
Mu Karere ka Musanze ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 25 Kanama 2023, Perezida Paul Kagame yagiranye inama n’abavuga rikumvikana basaga 700, bo mu turere dutanu tw’Intara y’Amajyaruguru, hamwe n’uturere twa Nyabihu, Rubavu na Rutsiro two mu Ntara y’Iburengerazuba, abagaragariza ikibazo cyo gucamo ibice Abanyarwanda (…)
Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana, yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye i Washington muri Seattle, kwizihiza Umuganura, anaboneraho kubibutsa agaciro kawo.