Umugabo wo mu Kagari ka Kibuguzo Umurenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze, nyuma yo gukubita umugore we akamugira intere, yihutiye kujya kwa muganga aho yari yamaze kugezwa ngo amurwaze, mu kutamushira amakenga bakeka ko waba ari umugambi yacuze wo kuhamuhuhurira, abaturage batanga amakuru atabwa muri yombi.
Mu kiganiro cyihariye Perezida Kagame yagiranye n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, Umukuru w’Igihugu yasubije ibibazo yabajijwe ku ngingo zitandukanye harimo ibireba u Rwanda by’umwihariko, ibijyanye n’imibanire yarwo n’ibindi bihugu byo mu Karere ndetse n’ibivuga ku Mugabane wa Afurika muri rusange.
Bamwe mu baturage mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bacibwa intege n’uko bafata umuntu wabibye bakamushyikiriza inzego z’umutekano cyangwa iz’ubugenzacyaha ariko agahita arekurwa.
Ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki ya 18 Nzeli 2023, imiryango itishoboye 32 yo mu Mirenge ya Mayange na Musenyi mu Karere ka Bugesera yorojwe inka, isabwa kuzifata neza kugira ngo zibateze imbere.
Ikigo gishinzwe Amashyamba (Rwanda Forestry Authority/RFA) kirahamagarira abaturarwanda bose, gutera no kwita ku ngemwe z’ibiti zigera hafi kuri Miliyoni 63 muri iki gihe cy’umuhindo (kuva mu kwezi k’Ukwakira kugera mu k’Ukuboza 2023).
Umutoza Abdou Mbarushimana, yavuze ko afite umushinga wo gutangiza ishuri ryigisha abakiri bato umupira w’amaguru mu gihe kiri imbere.
Abatuye mu Kagari ka Gatwaro ho mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye, barinubira insoresore zibiba, bakanababazwa cyane no kuba bahinga zibarebera, zikanabigambaho zibabwira ko bazabisangira.
U Rwanda ruri mu bihugu bishishikajwe no kurinda akayunguruzo k’imirasire y’izuba (Ozone), aho rwafashe ingamba zijyanye no kugabanya ibikoresho bikonjesha n’ibitanga amafu, bifite ibinyabutabire byangiza ako kayunguruzo.
Indege ya Kajugujugu y’Igisirikare cya Kenya yakoze impanuka hafi y’umupaka wa Somalia, abantu umunani bari bayirimo barapfa.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ryatangaje ko Pariki y’Igihugu ya Nyungwe, iherereye mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba, yashyizwe ku mugaragaro mu murage w’Isi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti, Rwanda FDA, cyamenyesheje abantu ko cyahagaritse ikwirakwiza n’ikoreshwa rya nimero eshatu z’umuti witwa AmoxiClav-Denk 1000/125 mg Powder for oral suspension.
Polisi y’u Rwanda itangaza ko gahunda yo gufasha abanyeshuri gukorera impushya za burundu mu gihe cy’amezi, abiri yarangiye abantu 117,341 babonye impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga.
Umusaza wo muri Uganda mu gace ka Iganga witwa Melkizedeki Kalikwani w’imyaka 110, avuga ko kwirinda ubusinzi n’inshuti mbi ari byo byamufashije kurama. Uwo musaza aherutse kwizihiza isabukuru ye y’imyaka 110, ibyo bikaba ari ibintu bitagerwaho na benshi nubwo baba babyifuza.
Mama Francisco Yozefu, umwe mu bamaze imyaka myinshi mu bubikira, yitabye Imana mu gitondo cyo ku itariki 17 Nzeri 2023, afite imyaka 97, aho yari amaze imyaka 63 abaye umubikira.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Musafiri Ildephonse, aherutse gutangaza ko iyi Minisiteri itazongera kurambagiriza aborozi inka zitanga umukamo hanze y’Igihugu, ahubwo ko izajya ibaha ubufasha bwo kujya kuzirebera ndetse n’ibindi bijyanye n’ubuvuzi n’uburyo bwo kuzinjiza mu Gihugu, dore ko yemera ko n’izororerwa mu (…)
Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (OMS), watangaje ko abimukira bagera kuri 400 bibasiwe n’ibiza by’inkubi y’umuyaga uvanzemo n’imvura, biherutse guhitana abantu benshi muri Libya.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rukangurira abaturage kugana serivisi za Isange One Stop Center zashyizwe ku bitaro bibegereye mu gihe hari uwahohotewe, kuko ari imwe mu ntwaro yo gukumira ingaruka z’ihohorerwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa umwana.
Hakizimana Isaac w’imyaka 31 wo mu Kagari ka Cyabararika, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, yagejejwe mu bitaro bya Ruhengeri, nyuma yo gukomeretswa n’abagizi ba nabi, bamutangiriye mu nzira baranamwambura, atabarwa n’irondo.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Mujyi wa New York, aho yitabiriye Inama y’Inteko rusange ya 78 ya Loni, tariki ya 18 Nzeri 2023 yagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye ku bikorwa bigamije iterambere ry’ubukungu bw’Igihugu.
Igisirikare cya Leta zunze Ubumwe za Amarika cyasabye abaturage kugifasha kubona indege yacyo y’intambara yaburiwe irengero.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), batangaje ko mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2023, umusaruro mbumbe w’Igihugu wazumutse ukava kuri Miliyari 3,282 ugera kuri 3,970Frw.
Umubyeyi wabo, Ntakirutimana Emmanuel yabwiye Kigali Today ko aba bana bavukiye mu Bitaro byo ku Munini mu Karere ka Nyaruguru bitabye Imana ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 18 Nzeri 2023.
Mushimiyimana Clementine wo mu Kagari ka Cyabararika, Umurenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze ari mu maboko y’inzego z’ubugenzacyaha, nyuma y’uko we n’umugabo we bafatiwe mu rugo benga inzoga zitemewe, umugabo atorotse hafatwa uwo mugore.
Umunya-Brazil Ronaldo Luís Nazário de Lima w’imyaka 47 n’Umunyamerika Lance Armstrong w’imyaka 52, ni abantu b’ibyamamare muri siporo z’umwuga bavutse ku itariki 18 Nzeri, ariko ibigwi byabo bikaba bihabanye.
Umugabo wo muri Australia yareze Ibitaro bya ‘The Royal Women’s Hospital’ biherereye mu Mujyi wa Melbourne, kuko ngo byamwemereye ndetse byamushishikarije kwinjira mu cyumba bari barimo babyarizamo umugore we bamubaze, ibyo ngo bikaba byaramuteye ikibazo ku buzima bwe bwo mutwe.
Muri iyi minsi, ahitwa i Cyarwa mu Karere ka Huye hari gucibwa imihanda mu rwego rwo kugira ngo hazabashe guturwa neza, ariko hari abibaza uko baza kubaho kuko ubutaka bari bafite buza kubigenderamo bwose, kandi nta ngurane bagenewe.
Abaturage mu mujyi wa Goma bagaragaye bari mu myigaragambyo ubwo bari bategereje igikorwa cyo gushyingura urubyiruko rwarashwe n’ingabo za Congo (FARDC) tariki 30 Kanama 2023.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Nzeri 2023, kuri Ambasade ya Libya mu Rwanda, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET), Prof Nshuti Manasseh, yanditse ubutumwa bwihanganisha igihugu cya Libya ku kaga cyatewe n’ibiza byibasiye icyo gihugu.
Rwaka Parfait ni Umunyarwanda ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, akaba ari umushoferi utwara imodoka ukora mu muryango nyarwanda w’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (Rwanda National Union of the Deaf - RNUD).
Nyuma y’uko Igikombe cya Afurika gisojwe, bamwe mu bakinnyi b’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda bitwaye neza, bamaze kubona amakipe yo hanze y’u Rwanda.
Rukundo Patrick wari Perezida wa Komite nkemurampaka ya Rayon Sports yeguye nyuma yo kugaragara mu mwambaro wa APR kuri iki Cyumweru
Ku mugaragaro mu Rwanda hamuritswe umukino mushya uzwi nka Pickleball, usanzwe ukinwa mu bihugu byateye imbere
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert, yasabye Minisitiri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) gushyiraho abayobozi b’uturere, kugira ngo bakorane mu kugeza servisi nziza ku baturage, kuko mu Turere turindwi tugize iyo Ntara, dutatu tudafite abayobozi.
Inzu y’umuturirwa izwi ku izina rya ‘Greater Nile Petroleum Oil Company Tower’, ifatwa nka kimwe mu biranga iterambere ry’Umujyi wa Khartoum muri Sudani, yafashwe n’inkongi y’umuriro guhera ku Cyumweru tariki 17 Nzeri 2023.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, Nyirasafari Monique, yabwiye Kigali Today ko bamaze kugenzura inyubako z’abaturage bangirijwe n’amazi ubwo habaga ibiza, bakaba barafashe umwanzuro wo gukodeshereza imiryango igera kuri 200, kugira ngo inzu zitabagwa hejuru.
Minisiteri y’ubuzima MINISANTE yatangaje gahunda iteganya yo gutangiza ikigo cy’ubuvuzi gishya, kizita ku kuvura indwara zo mu mutwe, serivisi zizagitangirwamo zikaziyongera ku zisanzwe zitangirwa mu bitaro by’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe by’i Ndera.
Mu Kagari ka Gashinga, Umurenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, haravugwa inkuru y’umugabo witwa Hakizimana Innocent w’imyaka 41, ukekwaho gukomeretsa umugore we amutemye agatsinsino mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 16 Nzeri 2023, ubu akaba afunze.
Banki ya Kigali (BK Plc), yatangaje impinduka zikomeye yakoze mu buyobozi bukuru bwayo, mu rwego rw’ivugurura rigamije kurushaho kunoza no koroshya bimwe mu bikorwa byayo.
Shalom Choir yo muri ADEPR Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali yakoreye igitaramo mu nyubako ya BK Arena, abacyitabiriye bashima imigendekere yacyo, dore ko bari bitabiriye ari benshi, kukizamo bikaba byari ubuntu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke buvuga ko bugiye gushyira imbaraga muri gahunda y’Igororamuco rikorewe mu muryango, nka bumwe mu buryo buzafasha mu gukumira ubuzererezi n’indi myitwarire idahwitse, ituma abantu bajyanwa mu bigo ngororamuco.
Ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki 17 Nzeri 2023 mu Karere ka Gatsibo haguye imvura nyinshi ivanze n’umuyaga, isenya inzu 27 mu Kagari ka Kigabiro mu Murenge wa Remera, yangiza na hegitari 25 z’urutoki muri ako Kagari.
Perezida Paul Kagame uri i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yayoboye Inama y’Urwego Ngishwanama rwa Perezida ruzwi nka ‘Presidential Advisory Council’, mu rwego rwo kungurana ibitekerezo ku ngingo zitandukanye ziganisha ku iterambere ry’u Rwanda.
Abatuye Umurenge wa Matyazo Akarere ka Ngororero, barinubira uburyo ishuri barereragamo ryasambuwe n’imvura ntirisakarwe, hakaba hashize imyaka itanu abanyeshuri biga bacucitse.
Umuyobozi w’ikigo cy’amashuri yisumbuye cya Mtanila giherereye ahitwa Igangwe, Chunya, mu Ntara ya Mbeya, muri Tanzania, witwa Mugwira Nkuta w’imyaka 41 y’amavuko, yasanzwe yapfuye nyuma yo kunywa ibintu bikekwa ko ari uburozi, kubera ko ngo yari afite ibibazo byinshi byamurenze.
Ikipe ya APR FC inganyije ubusa ku busa na Pyramids FC yo mu Misiri mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League waberaga kuri Kigali Pelé Stadium.
Umukecuru w’imyaka 95 y’amavuko, wo muri Nigeria, avuga ko kuba arinze asaza atyo atarigeze ashaka umugabo, yabitewe na Se wamubujije ngo ntazigere ashaka umugabo utari umugatolika.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera abana (NCDA), yatangije uburyo bushya bwo gukurikirana abana bakorewe ihohoterwa, ku buryo bwitezweho umusanzu mu gutanga ubutabera busesuye.
Umugore w’imyaka 42 wo mu Kagari ka Bikara, Umurenge wa Nkotsi, Akarere ka Musanze, yafunzwe akekwaho kwiba ihene y’umuturanyi, aho basanze inyama zayo mu gisenge cy’inzu ye.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda iherutse gutangaza zimwe mu nama zafasha abantu kwirinda uburwayi bwo mu mutwe n’uburyo umuntu yakwita ku muntu wahuye n’icyo kibazo.