Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 23 Ugushyingo 2023, ikipe ya Rayon Sports yakiriye rutahizamu mushya ukomoka muri Guinnea, Alsény Camara Agogo, wakinnye irushanwa rya CHAN 2016 ryabereye mu Rwanda.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yitabiriye inama ya 44 y’Abaminisitiri ba EAC i Arusha, muri Tanzania.
Inzego z’ubuzima za Uganda zirimo gukora iperereza ku ndwara y’icyaduka itaramenyekana imaze guhitana abantu bagera kuri 12 mu gihe cy’ibyumweru bibiri mu Karere ka Kyotera rwagati muri icyo gihugu.
Itegeko nshinga ry’u Rwanda, riha abanyarwanda bose uburenganzira ku buzima bwiza, ndetse Leta ikagira inshingano zo guteza imbere ibikorwa nkerwa ngo ibyo bishoboke. Aha ariko, Nta wavuga ubuzima bwiza ngo yirengagize ingingo abantu bose bahuriraho yo gukenera ubwiherero, haba ku nzira, mu rugo, ku kazi ndetse n’ahandi (…)
Ngabo Richard umaze kwamamara muri muzika nyarwanda nka Kevin Kade, akaba n’umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda yateguje abakunzi Album ye ya mbere yise ‘Baho’ agiye gushyira hanze.
Nyuma yo gufasha urubyiruko rusaga ibihumbi 100 kubona imirimo iruvana mu bukene mu myaka icyenda ishize, umuryango witwa ‘Akazi Kanoze Access’ uvuga ko ubu ugiye kongeraho abandi barenga 6,000 mu myaka itatu, ukazabatoranya ubasanze mu bigo bya ‘Yego Center’ muri buri Karere.
Mu ishuri ribanza rya Gatikabisi, ryo Kagari ka Matare Umurenge wa Matyazo mu Karere ka Ngororero, haravugwa ikibazo cy’ubucucike bukabije mu mashuri, kugeza ubwo biyambaza urusengero kubera ikibazo cy’ibyumba bike.
Ku bufatanye n’Umuryango Imbuto Foundation, Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG), wakoze ubukangurambaga bujyanye no kwita ku buzima bwiza bwo mutwe, mu tugari dutandukanye two mu Murenge wa Musenyi mu Karere ka Bugesera.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje Umurundi Bipfubusa Joslin nk’umutoza wayo mushya asimbuye Petros Koukouras.
CG (Rtd) Emmanuel Gasana, wari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, yabwiye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare ko atanyuzwe n’umwanzuro w’Urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare umufunga by’agateganyo kuko hatitawe ku mpamvu yagaragaje zituma aburana adafunze.
Umukobwa w’imyaka 20 ari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Rutare mu Karere ka Gicumbi, aho akekwaho gutwika umusore w’imyaka 30 bahoze bakundana, akoresheje lisansi, nyuma y’uko asanze yarongoye undi mugore w’imyaka 25 y’amavuko.
Umugabo wo muri Romania yatabawe n’abaganga nyuma y’uko yarimo agerageza kwiyahura, abitewe n’uko yishyizemo ko arwaye kanseri nta muganga wabimubwiye ahubwo ashingiye ku bimenyetso yari afite yahuje n’ibyo yasomye kuri interineti.
Abantu 37 bapfuye baguye mu mubyigano wabereye kuri Sitade yo muri Congo-Brazzaville, ahari harimo gukorerwa igikorwa cyo gushaka abinjira mu ngabo z’igihugu. Ubuyobozi bwa Congo-Brazzaville bwatangaje ko umubare w’abakomerekeye muri icyo gikorwa utahise umenyekana.
Inzobere mu buzima bwo mu mutwe yagaragaje ingaruka zitandukanye ziba ku batanga ubuhamya n’ababwumva kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ku wa 21 Ugushyingo 2023, mu rukiko rwa Rubanda i Paris ahari kubera urubanza ruregwamo Dr Munyemana Sosthène ushinjwa ibyaha bya Jenoside, hagarutswe ku buhamya bw’inzobere (…)
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 22 Ugushyingo 2023, CG Rtd, Emmanuel Gasana, wari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, aragera mu rukiko rwisumbuye rwa Nyagatare kugira ngo aburane ubujurire ku cyemezo yafatiwe n’urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare cyo gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Ababyeyi b’abana 70 bo muri Gambia bishwe n’umuti wo kunywa mu mazi (sirop) w’inkorora wari uhumanye, bishyize hamwe barega Guverinoma ya Gambia na Sosiyete yo mu Buhinde yakoze uwo muti.
Bamwe mu batuye Akarere ka Gakenke, biganjemo abakora umwuga wo gutwara abagenzi, n’abakora ubucuruzi butandukanye bavuga ko babangamiwe n’icyemezo byafashwe n’ubuyobozi cyo kubaraza irondo, aho bemeza ko bafite impungenge z’ingaruka bishobora kubateza.
Umubyeyi watubwiye ko yitwa Jacqueline, akaba atuye mu Gatenga mu Karere ka Kicukiro, ni umwe mu bavuga ko imbeba zamujujubije mu rugo iwe, ariko akaba yanageze iwabo ku Gisozi agasanga ho zarabaye icyorezo.
Impinduka z’ibihe mu buryo bw’imibereho, bivugwa ko zihinduka cyane uko ibinyejana bihita ibindi bigataha, bigahinduka bizana ibyiza mu buzima ariko n’ibibi, kuko iterambere ry’inganda ryaje riherekejwe n’uko abantu basigaye bagira umujagararo w’ubwonko cyane (stress), abenshi bagafata amafunguro ataboneye (fast-food), (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buramara impungenge abatuye ako Karere by’umwihariko abafana Musanze FC, bubabwira ko Stade Ubworoherane izakomeza gukinirwaho imikino ya Shampiyona.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, buherutse kwandikira ibigo by’amashuri muri aka Karere bubisaba guhagarika guha ibiryo by’abanyeshuri abarimu babigisha.
Abatuye mu Karere ka Bugesera bifuza ko igishushanyo mbonera cyakwihutishwa bakamenya icyateganyirijwe ubutaka bwabo, kubera ko kuba kitarasohoka hari abatemererwa kubaka bikabadindiza mu mishinga yabo.
Perezida Paul Kagame, yakiriye mu biro bye Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubutasi bwa Amerika, Avril Haines n’itsinda yari ayoboye, baganira ku bibazo by’umutekano muke muri Repubulika Iharanida Demokarasi ya Congo (RDC).
Sosiyete ya Sony Entertainment Group, yatangaje ko ifite gahunda yo gushora miliyoni 10 z’amadorali ya Amerika mu bigo bigitangira bifite aho bihuriye n’imyidagaduro ku mugabane wa Afurika.
Ku munsi wa kabiri w’uruzindo rwe mu Rwanda n’itsinda ayoboye, Visi Perezida wa Cuba, Salvador Antonio Valdés Mesa, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Ugushyingo 2023 yasuye ingoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside ku Nteko Ishinga Amategeko, asobanurirwa uko ingabo zahoze ari iza RPA zarwanye urugamba rwo kubohora (…)
Nyuma y’urupfu rw’abantu 3 bagwiriwe n’umukingo ku wa Mbere tariki 20 Ugushyingo 2023 i Kigali ku Muhima hepfo gato y’ahitwa kuri Peage, imirimo mu kibanza cyacukurwagamo ahazubakwa igorofa rya Greenland Plaza, yahagaze.
Bitewe n’umuco ndetse n’uburere butandukanye hari bintu bifatwa nk’ibyoroheje nyamara biri mu bigize ibyaha kandi bigahanwa n’amategeko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buvuga ko bwihaye umuhigo w’uko imiryango igera ku bihumbi bitanu muri ako Karere igomba gufashwa kuva mu bukene, bafashwa muri gahunda zitandukanye zibafasha kwiteza imbere.
Ni umukino watangiye nyuma y’imvura nyinshi yari imaze kugwa mu Karere ka Huye, byanatumaga umupira utabasha gutembera neza kubera amazi yari ari mu kibuga.
Imodoka yo mu bwoko bwa Mitsubishi Fuso, yavaga i Musanze yerekeza kuri Mukungwa, yagwiriye inzu isenyuka igice kimwe, iyo modoka na yo irangirika.
Abarwanyi ba M23 bakomeje gusatira umujyi wa Sake nyuma yo gufata agace ka Karenga kari ku birometero 8 uvuye mu mujyi wa Sake uri mu Burengerazuba bw’umujyi wa Goma ufatwa nk’umujyi mukuru y’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Iteganyagihe ryatangajwe na Meteo-Rwanda rigaragaza ko mu gice cya gatatu cy’uku kwezi k’Ugushyingo 2023 (kuva tariki ya 21 kugeza tariki ya 30), mu Rwanda hateganyijwe imvura nyinshi cyane kurusha impuzandengo y’imvura isanzwe igwa muri aya matariki.
Ibikoresho bibarirwa mu gaciro k’asaga Miliyoni 65 n’ibihumbi 300 y’u Rwanda ni byo bimaze kumenyekana ko byangijwe n’inkongi y’umuriro yibasiye inzu y’igorofa ry’ubucuruzi iri muri Gare ya Musanze.
Mu Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya IPRC Musanze, riherereye mu Karere ka Musanze, hamuritswe Laboratwari nshya eshanu, zizajya zifashishwa mu gukarishya ubumenyi no kunoza ubushakashatsi bushingiye ku bumenyi mu by’amashanyarazi akoresha ikoranabuhanga(Electrical Automation Technology), ubucuruzi bwifashisha (…)
Mu Murenge wa Muhima mu Kagari k’Ubumwe, Umudugudu w’Isangano mu Mujyi wa Kigali, hafi y’ahakorera RSSB, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Ugushyingo 2023, umukingo wagwiriye abasore bane, batatu muri bo bahasiga ubuzima, undi umwe ararokoka.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, arizeza abubaka isoko rya Gafunzo mu Murenge wa Sake bafite impungenge zo kwamburwa ko bitashoboka kuko rwiyemezamirimo adashobora kwishyurwa amafaranga yose ataragaragaza ko yishyuye abakozi n’abamuhaye ibikoresho.
Abitabiriye igitaramo cyateguwe na Chorale Christus Regnat cyaraye kibaye mu ijoro ryo ku itariki 19 Ugushyingo 2023 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali batangaje ko indirimbo zaririmbwe zabanyuze umutima ndetse ko bagize ibihe byiza byo gusabana n’Imana.
Umuhanzi Davido yatangaje ko igihe kigeze ngo umuco wa Afurika ukwirakwire ndetse umenyekane mu mpande zose z’isi, binyuze mu iserukiramuco yise (A.W.A.Y), rizajya ribera ku mugabane itandukanye.
Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben yavuze ko atifuza igitaramo cyo guhangana we na Bruce Melodie, ahubwo hagateguwe igitaramo cyabahuza bombi bagashimisha abafana babo.
Urwego rw’Ubugenzacyaha ( RIB ) rwatangaje ko rwafunze abayobozi batandatu ba Koperative y’icyayi COOTHEVM yo mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru.
Hirya no hino mu gihugu hagenda haboneka abantu bamwe na bamwe bavuga ko bafite indangamuntu zagaragayemo amakosa, bakibaza impamvu yabyo ndetse n’igituma kuyakosora bifata igihe.
Perezida Paul Kagame yakiriye ndetse agirana ibiganiro na Visi Perezida wa Cuba Salvador Valdés Mesa n’itsinda bari kumwe mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda rugamije gushimangira umubano n’ubufatanye bisanzwe biri hagati y’ibihugu byombi.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier kuri uyu wa mbere tariki 20 Ugushyingo 2023 yagiranye ibiganiro na Visi Perezida wa Cuba, Salvador Valdés Mesa, byibanze ku mubano w’ibihugu byombi banarebera hamwe uko wakomeza kwagurwa.
Ikipe ya Orion Basketball Club ku bufatanye n’inzego zitandukanye batangije igikorwa biyemeje cyo gutera ibiti mu turere twose tw’u Rwanda.
Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kwakira abana 50 bakomerekeye mu ntambara ya Israel na Hamas bakajya kwitabwaho uko bikwiye.
Ibyago ni ikintu gitungurana kenshi kandi kigashengura imitima y’imiryango, inshuti n’abavandimwe. Mu bice bitandukanye by’Igihugu, abantu bagira uburyo bitwara nko kuba hari abadatabarana, kwiyegereza Imana cyane kimwe n’ababifata nk’ibisanzwe ku buryo nta gihinduka ku buzima bari basanzwe babayemo.
Ingofero ya Napoleon Bonaparte wabaye ikirangirire cyane mu mateka y’Isi, by’umwihariko mu mateka y’u Bufaransa, yagurishijwe mu cyamunara kuri Miliyoni 1.932 by’Amayero , ni ukuvuga asaga Miliyari ebyiri z’Amafaranga y’u Rwanda.
Mu Rwanda hatangijwe uburyo bugiye kunganira ubwari busanzwe mu kohereza no kwishyura amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga nta kiguzi gitanzwe, mu rwego rwo kurushaho korohereza Abanyarwanda bakenera izo serivisi.
Abaturage batuye hagati y’umugezi w’Umuvumba n’umuhanda wa kaburimbo kuva ahahoze Banki y’abaturage kugera Barija, ntibemerewe kubaka cyangwa kuvugurura amazu yabo kuko batuye mu manegeka ndetse mu minsi micye bashobora kuhimurwa hagakorerwa ibijyanye n’ubukerarugendo.
Inyubako ikorerwamo ubucuruzi iherereye muri Gare ya Musanze, yafashwe n’inkongi, hahiramo ibintu bitandukanye.