Penaliti yatewe ku munota wa 90 na Klaas-Jan Huntelaar, niyo yahesheje intsinzi ikipe y’Ubuholandi tariki 29/06/2014 ubwo yasezereraga Mexique iyitsinze ibitego 2-1, ikazahura na Costa Rica yasezereye Ubugereki kuri penaliti 5-3, nyuma yo gukina iminota 120 amakipe akanganya igitego 1-1.
Inama y’igihugu y’abagore irasaba abagore ndetse n’Abanyarwanda muri rusange ko umuco wo kwibuka Jenoside bawugira uwabo bagakomeza kuwutoza ababakomokaho hagamijwe ko Jenoside n’ingengabitekerezo yayo byacika burundu.
Bamwe mu batuye umujyi wa Muhanga ahagana mu nkengero zawo usanga bacyubakisha amatafari ya rukarakara, bagakoresha n’ibindi bikoresho bitajyanye n’inyubako zigezweho, bigatuma ubuyobozi bufata imyanzuro yo gusenya amwe muri aya mazu.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 yo kwibohora, ku bufatanye na Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga n’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko, Umuryango w’Abahoze ari abayobozi b’abanyeshuri muri za Kaminuza n’amashuri makuru “Action For Change Initiative” wateguye urugendo rwo gushimira ingabo z’igihugu rwiswe (…)
Ubwo abacuruza, abatunda ndetse n’abanywa ikiyobyabwenge cya kanyanga bo mu murenge wa Kamubuga mu karere ka Gakenke bazwi ku izina ry’Abarembetsi barahiriraga kureka ibyo bikorwa, basobanuriwe ko ubuyobozi w’u Rwanda bufunga uwanze kumva kuko bushyize imbere kwigisha no guhanura.
Abaturage b’akarere ka Nyabihu batangaza ko ubwitange n’ubutwari ingabo z’u Rwanda zagaragaje mu kubohora u Rwanda bugikomeje muri iyi minsi ariko noneho bukaba bugaragara mu bikorwa bitandukanye bibohora Abanyarwanda ku ngoyi y’ubukene, uburwayi n’ibindi bibazo bitandukanye.
Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Odda Gasinzigwa, avuga ko nta gihembo Abanyarwanda babona bahemba ingabo zabohoye u Rwanda uretse gukora cyane bagamije iterambere rishingiye ku musingi zubatse ubwo zabohoraga u Rwanda.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania batangaza ko kuba mu Rwanda rwababyaye bibereka ko u Rwanda ari rwiza koko ngo kuko Abanyarwanda bakomeje kubereka urukundo rwa kivandimwe no kubafasha gutura neza.
Umugabo witwa Mutangana Evariste Bakunze kwita Pangarasi w’imyaka 34 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Gasaka iri mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe akekwaho kwica umuntu mu ijoro ryo kuwa gatanu tariki ya 27/06/2014.
Nyuma y’igikorwa cy’umuganda cyo kuri uyu wa 28/6/2014 abaturage bo mu Murenge wa Tumba bakoranye n’abayobozi batandukanye harimo Hon. Bernard Makuza, basabwe gusubiza amaso inyuma bakibaza ku ho kwibohora bibagejeje nyuma y’imyaka 20 n’aho amacakubiri yari yabashyize.
Visi perezidante wa Sena y’u Rwanda, Nyakubahwa Jeanne d’Arc Gakuba, tariki 28/06/2014, yifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Nyanza mu muganda wo kubakira umusaza Gakunzi Abdou w’imyaka 81 y’amavuko wirukanwe mu gihugu cya Tanzaniya.
Mu rwego rwo kwitegura inama mpuzamahanga ku bijyanye n’imiyoborere myiza n’iterambere rirambye ibera mu Rwanda, ikigo k’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) cyahuguye abanyeshuri biga mu ishuri rikuru rya Byumba IPB (instutit Polytechnique de Byumba) ku miyoborere myiza n’iterambere rirambye.
Minisitiri w’Umutungo Kamere, Stanislas Kamanzi, yifatanyije n’abaturage b’umurenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro mu muganda rusange usoza ukwezi kwa Kamena 2014, asaba abaturage bafite ubutaka bunini budahingwa ko bakwiye kwegerana n’abatabufite bakumvikana uburyo bafatanya mu kububyaza umusaruro.
Abagore bo mu Rwanda baracyabangamiwe n’ubukene n’ubumenyi bucye bwo kwiteza imbere, n’ubwo ku rundi ruhande bishimira intambwe bateye mu zindi nzego zirimo guhabwa imyanya mu buyobozi no kuba abenshi basigaye basobanukiwe n’uburenganzira bwabo.
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba(IPRC East) riri mu karere ka Ngoma, ryifatanije n’abaturage bo mu murenge wa Murindi mu karere ka Kayonza mu muganda wo kubakira Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania, banatanga ubutumwa busaba abantu kwiga imyuga.
Inama njyanama y’akarere ka Ruhango yateranye tariki 27/06/2014, yasabye ko mu mezi atatu ikibazo cya farumasi y’akarere ndetse n’icy’ishuri GS Bukomero bigomba kuba byacyemutse.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Muhanga rwitabiriye igitaramo cy’abahanzi bahatanira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) cyabereye mu karere ka muhanga tariki 28/06/2014, ruvuga ko ibi bitaramo biruha ingufu mu kubyaza umusaruro impano zihishe mu byaro bya kure.
Abagabo 347 bahoze bacuruza, batunda ndetse bananywa ikiyobyabwenge cya kanyanga bo mu karere ka Burera bazwi ku izina ry’Abarembetsi, barahiriye imbere y’umuyobozi w’akarere ka Burera ko baretse ibikorwa byose by’uburembetsi.
Ikipe y’igihugu ya Brazil, yatsindiye kujya muri ¼ cy’irangiza mu gikombe cy’isi biyigoye cyane ubwo yasezereraga Chili hitabajwe za penaliti nyuma yo gukina iminota 120 ari igitego 1-1, maze ikaza gutsinda penaliti 3-2 zatumye yerekeza muri ¼ cy’irangiza.
Polisi y’Igihugu mu karere ka Rwamagana yangije ibiyobyabwenge birimo litiro 144.5 za kanyanga, ibiro 33 by’urumogi ndetse hatwikwa ku mugaragaro toni 13 z’ibiti by’imishikiri (Kabaruka) byafatanywe ababikoreshaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ikomite y’urwego rw’ubutabera zashyizweho mu turere ngo zizajya zunganira uturere mu gushakira ibisubizo ibibazo biba bitarakemutse hagamijwe gufasha abaturage kudasiragira hirya no hino bashaka ubutabera.
Abakozi b’akarere ka Nyanza bibutse abakozi 15 bahoze ari abakozi b’amakomini ya Ntyazo, Muyira na Nyabisindu (yabyaye akarere ka Nyanza) bakaba barazize jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabgayi hamwe na Diyosezi Gaturika ya Kabgayi bibutse abantu 30 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi baguye kuri ibyo bitaro aho bamwe bishwe abandi bakagambanirwa n’abaganga bari bashinzwe kwita ku buzima bwabo.
Urubyiruko 600 rwavuye mu turere tw’Intara y’Amajyaruguru na tumwe two mu Burengerazuba rwitabiriwe ibiganiro by’iminsi itatu byiswe “kwibohora 20” rurasabwa kutaba ibikoresho by’abantu bashaka guhungabanya umudendezo w’u Rwanda no gusenya ibyiza byagezweho.
Ubwo basuraga Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi ruherereye mu murenge wa Mugina ho mu karere ka Kamonyi, abagize Ihuriro ry’abacukuzi b’amabuye y’agaciro, bibukijwe gutoza urubyiruko bakoresha kugira urukundo, bakirinda kwishora mu bwicanyi.
Mu muganda wo kuri uyu wa 28/6/2014, Abayobozi bakuru b’igihugu batashye amazu bubakiye abatishoboye biganjemo abarokotse Jenoside i Rushehe mu karere ka Kicukiro.
Abaforomo bakora ku kigo nderabuzima cya Muhima bashyize hamwe inkunga yo gusana inzu umukecuru w’incike w’imyaka 85 witwa Mukanguhe Madeleine, usanzwe ubana n’umwuzukuru we mu murenge wa Muhima, mu mudugudu wa Amahoro mu karere ka Nyarugenge.
Ingengo y’imari y’akarere ka Burera y’umwaka wa 2014-2015 yagabanutseho amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 300 ugereranyije n’iy’umwaka ushize wa 2013-2014.
APR FC yasezereye Kiyovu Sport muri ½ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro na Police FC yasezereye SEC Academy kuri uyu wa gatandatu, nizo zizakina umukino wa nyuma uzaba tariki ya 4/7/2014.
Abakozi b’akarere ka Nyamagabe barasabwa kurushaho kunga ubumwe hagati yabo kugira ngo kwicana, nk’uko byabayeho muri gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 bitazongera kubaho ukundi.
Umucuruzi w’umunyarwanda, Jean Claude Gatoya Munyakazi, watsindiye miliyoni ijana na mirongo itanu n’esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda, mu gutegera imikino y’igikombe cy’isi kiri kubera mu gihugu cya Brazil ni we Munyarwanda wa mbere watsindiye amafaranga menshi mu gutegera imikino.
Nyuma yo kurasana hagati y’ingabo z’u Rwanda n’ingabo za Congo bitewe n’ingabo za Congo zinjiye ku butaka bw’u Rwanda mu bikorwa zisanzwemo byo kwiba amatungo y’abaturage, ariko zigatangariza itsinda rya EJVM ko batewe n’ingabo z’u Rwanda zabasanze ku gasozi ka Kanyesheja II bita ko ari iya Congo.
Mukamusoni Evelyn yabyariye mu modoka itwara abagenzi ya Volcano atararenga mu karere ka Nyanza atuyemo ubwo yari amaze guhaguruka iwe agiye kubyarira i Butare, ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 27/6/2014.
Mu mu Murenge wa Janja mu Karere ka Gakenke habaye igikorwa cyo kwibuka abahoze ari abarezi hamwe n’abanyeshuri bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu1994.
Mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero mu Karere ka Karongi habaye umuhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri y’inzirakarengane zirenga ibihumbi 50, ziciwe mu Bisesero mu Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Abagize ikigo giteza imbere imikino cya Cercle Sportif cya Kigali, bavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ari ngombwa nk’uko umuntu yibuka umunsi we w’amavuko; ariko kikaba cyanasabwe n’ubuyobozi bw’urwibutso rwa Gisozi kubikora, kugirango urubyiruko rugize icyo kigo rumenye guha agaciro ikiremwamuntu.
Amashyirahamwe y’abafite ubumuga bwo kutumva(RNUD) abagore n’abari batumva ntibavuge(RNADW), hamwe n’abafite ubumuga bwo kutabona (RUB), arasabira bagenzi babo bakomatanya ubwo bumuga bwose cyangwa uburenzeho, kwitabwaho mu buryo bw’umwihariko; mu rwego kugabanya ikigero cy’ihezwa ribakorerwa.
Abikorera bo mukarere ka Gicumbi barasabwa kubyaza umusaruro amahirwe bafite mu karere kabo bityo bagaragaze uruhare rwabo mu iterambere ry’akarere. Ibi guverineri yabibasabye munama nyu ngurana bitekerezo yahuje abikorera n’ubuyobozi bw’inzego zitandukanye.
Akarere ka Gasabo kemeje ingengo y’imari kazakoresha umwaka utaha igera kuri miliyari 15 na miliyoni 468, amafaranga y’u Rwanda azakoreshwa mu mibereho myiza y’abaturage n’imiyoborere myiza ndetse n’ibikorwa by’iterambere.
Ubuyobozi bwa komite y’Igihugu y’imikino y’abafite ubumuga (Nationa Paralympic Comity) buravuga ko kuva hatangizwa imikino y’abana bafite ubumuga mu karere ka Ngororero, byatinyuye ababyeyi bagiraga ipfunwe ryo gusohora abana babo bafite ubumuga ubu Imibare yabo ikaba ikomeje kwiyongera.
Urubyiruko rwo mu karere ka Nyagatare ruvuga ko ikoranabuhanga ryatumye rubasha kwihangira imirimo aho gutegereza ko leta izakabaha. Ubuyobozi nabwo bukemeza ko byatumye babasha kunoza service batanga no kumvikanisha gahunda za leta.
Urubyiruko rurasabwa gushingira ku mahirwe yo kugira igihugu cyiza maze bakayakoresha biteza imbere, mu rwego rw’ibiganiro bitegura isabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abasore n’inkumi bo mu Ntara y’Amajyaruguru n’ab’Iburengerazuba bagera kuri 600 bari mu biganiro byateguwe mu ntumbero gutegura urubyiruko kugira ngo ruzizihize imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye nta macakubiri ababoshye.
Yadufashije Jeanne ni umwana w’umukobwa wo mu murenge wa Shyorongi ho mu karere ka Rulindo akora ibintu bijyanye n’isuku ku bagore birimo guca inzara no kuzisiga, kudefiriza, koza ibirenge n’ibindi bijyanye n’isuku ku bagore.
Umugabo witwa Haguminshuti Dieudonnee yiyemeje gushora imari mu bworozi bw’inkoko zitanga inyama, aho amaze gushyiramo amafaranga agera kuri miliyoni maganatanu, kandi akaba agikomeje kwagura ibikorwa bye.
Mu nama yahuje abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyamasheke bibumbiye mu rugaga rwitwa JADF, bakoze inama yo kumurika ibyo bagezeho n’ibyo bazakira umwaka utaha barasabwa guhiga ibyo bashobora kuzahigura aho guhiga byinshi bakazakora bike.
Kuba abagabo bakomeje kumenya akamaro kwisiramuza bituma abitabira icyo gikorwa bagenda biyongera aho bavuga ko kwikebesha uretse kuba bibafasha kugira isuku y’imibiri yabo ngo binabafasha kwirinda uburwayi bumwe na bumwe bwandurira mu mibonano mpuzabitsina ndetse abafite ingo bikabafasha no kuburinda abo bashakanye.
Tariki 28-29/06/2014, mu mugi wa Kigali ndetse no mu muhanda Kigali-Huye hazabera isiganwa ry’amagare rizitabirwa n’amakipe yose icyenda igize Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda mu rwego rwa shampiyona y’uwo mukino ikinwa inshuro imwe mu mwaka.
Irushanwa ngarukamwaka rihuza amakipe yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati (CECAFA Kagame Cup) rizabera mu Rwanda kuva tariki 09-23/08/2014 rizitabirwa n’amakipe 16, bikazaba ari ubwa mbere mu mateka yaryo rizaba ryitabiriwe n’amakipe menshi.
Musabyimana Jean Claude amaze gutorerwa umwanya w’umuyobozi wungirije w’akarere ka Musanze ushinzwe ubukungu, imari n’iterambere mu matora yabaye kuri uyu wa gatanu tariki 27/06/2014.