A bavuga ko badashobora kubona amafaranga yo kwizigamira kubera kutagira ikintu cyabinjiriza, ntibabyemeza Ministeri y’imari n’igenamigambi(MINECOFIN), kuko igaragaza ko kutazigama ari ikibazo cy’imyumvire n’umuco w’abantu kurusha ubukene.
Havugimana Théophile utuye mu mudugudu Kabeza, akagari ka Ntaga ko mu murenge wa Mugesera mu karere ka Ngoma, amaze umwaka umwe atangiye ubworozi bw’inkoko avuga ko bumwinjiriza amafaranga agera kuri miliyoni irenga ku kwezi.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) iratangaza ko inkunga ingana na miliyoni 7.2 z’amadolari y’Amerika (US$) ahwanye na miliyari 4.96 z’amafaranga y’u Rwanda (RwF) yatanzwe n’umuryango w’abibumbye (UN); izatuma umurimo yagenewe wo gukora ibarurishamibare urushaho kunozwa bityo ibyemezo bifatwa bigashingira ku (…)
Ubwo hatangizwaga ishuri ryigisha muzika ku Nyundo mu karere ka Rubavu kuri uyu wa 24/10/2014, Minisitiri w’umuco na Siporo Joseph Habineza, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, umuyobozi wa WDA hamwe n’abandi bayobozi bagacishijeho berekana ko nabo umuziki bawuzi.
Ikigo cy’igihugu kigenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) kiratangaza ko kuva kuri uyu mugoroba tariki ya 24/10/2014 ibiganiro bya BBC bikorwa mu kinyarwanda bihagaritswe.
Imvura yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 24/10/2014 yasenyeye benshi mu baturage batuye mu kagari ka Musezero, mu murenge wa Gisozi, mu karere ka Gasabo.
Mu kagari ka Musovu mu murenge wa Juru mu karere ka Bugesera mu mezi abiri hamaze kwibwa inka umunani, abahatuye bakavuga ko zibwa n’agatsiko k’abasore biyise “SUWAPU” ngo kababujije umutekano.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abaturage bo mu murenge wa Gahunga n’abo mu karere ka Burera muri rusange gushishikarira gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (mitiweri), kugira ngo nibaramuka barwaye bazabone uko bivuza bitabagoye.
Umusore w’imyaka 18 witwa Tuyishime Freddy yafatiwe mu kagali ka Mataba mu murenge wa Gihango ho mu karere ka Rutsiro, tariki ya 23/10/2014, ashaka kugurisha inka yari yibye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije (REMA) kivuga ko gihangayikishijwe n’iyangizwa ry’ibidukikije ndetse n’umwanda ukigaragara hamwe na hamwe haba ku misozi n’ahantu hahurira abantu benshi.
Umuhanda Ruhango-Gitwe wari warafunzwe guhera tariki ya 10/10/2014 kubera kwangirika kw’iteme rya Nkubi ubu wongeye gukoreshwa nyuma y’aho ubuyobozi bw’umurenge wa Bweramana bufashijwe n’akarere buwukoreye.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 24/10/2014, Abanyarwandakazi bibumbiye mu Mpuzamashyirahamwe “Pro-Femme Twese Hamwe” ndetse n’Inama y’igihugu y’Abagore mu Mujyi wa Kigali bakoze urugendo rwo kwamagana igitangazamakuru BBC kubera filime giherutse gusohora igaragaramo gupfobya Jenoside.
Abahinzi ba kawa bo mu murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi barasabwa kuyikorera neza no kongera ubuso ihinzeho kuko aribwo izatanga umusaruro mwiza bakabasha kwiteza imbere.
Imiryango 16 ituye ahakorerwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu kagari ka Cyome mu murenge wa Gatumba akarere ka Ngororero yari imaze igihe isaba kwimurwa ubu yahawe amafaranga yo gusana ayo mazu ndetse yizezwa ko aho batuye atari mu manegeka.
Ubuyobozi bushinzwe uburobyi mu Rwanda bugaragaza ko umusaruro w’amafi mu Rwanda ku mwaka winjiza miliyari 20 z’amafaranga y’u Rwanda, mu gihe ubushimusi buhagaze hajya hinjizwa miliyari 42 ku mwaka.
Ubwo hasezeranywaga mu ruhame imiryango 104 yabanaga bitemewe n’amategeko mu murenge wa Rusenge kuri uyu wa 23/10/2014, umuryango umwe watunguye abantu uhitamo gusezerana ivanguramutungo risesuye.
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC-EAST), kuri uyu wa 22/10/2014, ryatangije ku mugaragaro amasomo y’imyuga azamara igihe gito ku rubyiruko rwahoze ruba mu muhanda ndetse no ku banyonzi, hagamijwe kubafasha guhindura imibereho yabo ngo ibe myiza.
Mu karere ka Nyabihu hagiye kongerwa hegitari 288 ku buso bw’ubutaka buhinzeho icyayi mu rwego rw’ishoramari. Ni nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere ndetse n’uruganda rw’icyayi rwa Nyabihu (Nyabihu Tea Factory) butahweye kugaragaza ko uru ruganda rwatunganyaga icyayi gike cyane ugereranije n’ubushobozi bwarwo.
Abanyeshuri bo mu karere ka Gakenke bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza kuri uyu wa 23/10/2014 bemeza ko muri rusange ibizamini bakoze bitari bikomeye gusa ngo ikizamini cy’imibare nticyaboroheye.
Nyuma y’igihe kitagera ku kwezi, abahinga mu gishanga cya Bishenyi gihuza imirenge ya Runda na Rugarika bateye imbuto ya Soya; hatangiye kugaragaramo udusimba tumeze nk’iminyorogoto bita “mukondo w’inyana” cyangwa “mille pattes”; turi kwangiza imbuto yatewe mu mirima.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, asaba abaturage bo mu murenge wa Gahunga, bita mu Gahunga k’Abarashi, ho mu karere ka Burera kugendera ku mateka yabo y’ubutwali bakarangwa no gukora bashishikaye bityo bakikura mu bukene.
Abarobyi bo mu kiyaga cya Rweru mu karere ka Bugesera binjiza nibura miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda buri cyumweru bayakuye mu burobyi by’amafi.
Nyuma yo kurohama mu rugomero rwa Nyamugali yoga, umurambo w’umugabo w’imyaka 33 witwa Aimé Faustin Ndayambaje wo mu kagari ka Nyamugali, umurenge wa Nyamugali mu karere ka Kirehe, wabonetse mu gitondo cyo kuwa kane tariki 23/10/2014.
Imbwa yitwa Bodhi yo mu gihugu cya Amerika yinjiza akayabo k’amayero ibihumbi 10 ku kwezi, aturuka ku kuba yambara imyenda y’abantu ikamenya no kubigendera.
Nyuma y’amezi arindwi gusa uruganda Star Leather Products Company Ltd rukora inkweto mu ruhu rutangije ibikorwa byarwo mu Karere ka Gatsibo, hari ibyo rumaze kugeraho n’ubwo hakiri n’imbogamizi zikigaragara mu mikorere yarwo.
Ikusanyirizo ry’amata ry’i Rusatira “Agira gitereka” ry’abajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Huye, rigurisha amata riba ryakusanyije, ariko rikanagenera abana barangwa n’imirire mibi amata yo kunywa.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Francis Kaboneka arasaba abayobozi bo mu Ntara y’Amajyaruguru gutera ikirenge mu cya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ugaragaza ishyaka n’icyerekezo byo guteza imbere Abanyarwanda.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) iratangaza ko Abanyarwanda batangiye kugira umuco wo kwizigamira ikurikije ubwitabire bwabo mu kugana ibigo by’imari ariko ikavuga ko inzira ikiri ndende kugira ngo igihugu kigere ku kigereranyo kifuzwa.
Mu gihe cy’iminsi 10 gusa abagabo n’abasore bagera kuri 808 baturuka mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Gatsibo bamaze gusiramurwa, iyi serivisi ikaba iri gutangwa ku buntu ku nkunga ya Minisiteri y’Ingabo ibinyujije mu mushinga JHPIEGO hamwe na Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE).
Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Lit. Gen. Fred Ibingira, atangaza ko umutwe wa FDLR urwanya Leta y’u Rwanda nta mbaraga na nke zo kurwana igihugu ufite ngo usigaranye gusa izo kuroga abayobozi.
Ubwato butwaye abantu barindwi bwaraye burohamye mu ruzi rw’akanyaru babiri baburirwa irengero mu mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki ya 22/10/2014.
Ministeri y’ubuzima (MINISANTE) hamwe n’Umuryango mpuzamahanga w’Abongereza witwa Vision for a Nation, bamaze igihe basuzuma uburwayi bw’amaso, basanga umuntu ayarwaye bakamuha amadarubindi atuma abona neza ku biciro ngo bihendukiye buri muturage mu Rwanda.
Mu mikino y’amarushanwa y’amakipe yabaye aya mbere iwayo i Burayi (champions league) yabaye ku mugoroba wa tariki 22/10/2014, amakipe yo mu mujyi wa Madrid muri Espagne yerekakanye ko akomeye yose atahana insinzi.
Ku Kimisagara ahazwi nko kuri Maison des Jeunes, kuri iki cyumweru tariki 26/10/2014, hazabera igikorwa cyo gutoranya abasore n’inkumi bo kumurika imideli (models) hatagendewe ku ngano cyangwa imiterere yabo.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iri mu biganiro bigamije kunoza politiki y’uburezi kuva mu mashuri abanza kugeza muri kaminuza kuburyo amasomo atangwa mu mashuri yajya aba ahuye n’ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo.
Umusore witwa Nziyonsenga Christophe w’imyaka 23 yabashije gucanira ingo 33 zo mu murenge wa Shyira mu karere ka Nyabihu no mu murenge wa Nyabinoni mu karere ka Muhanga abikesha ingomero z’amashanyarazi ebyiri ntoya yikoreye.
Mu karere ka Rubavu hafatiwe umugabo witwa Habarugira Jean de Dieu ukurikiranyweho icyaha cy’ubujura bushukana agatwara umugore amafaranga arenga miliyoni 10 amubeshya ko azayamutuburira akamugira umukire.
Umuyobozi w’Ikigega mpuzamahanga giteza imbere ubuhinzi (IFAD), Kanayo Nwanze uri mu ruzinduko mu Rwanda rwo kureba uburyo ikigega ayobora cyakomeza kunganira ubuhinzi; ajya inama y’uburyo ubuhinzi n’ubworozi byatanga umusaruro uhagije abenegihugu hakanasaguka ibyoherezwa ku masoko.
Abaturage bo mu karere ka Rusizi barasabwa kwigira kuri bagenzi babo bakanoza ibyo bakora kugira ngo babashe gutera imbere.
Minisitiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye Inama Mpuzamahanga ya 19 y’Umuryango Mpuzamahanga w’Itumanaho ku Isi (ITU), kuwa gatatu tariki ya 22/10/2014, yerekanye intambwe u Rwanda rwateye mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu nzego zose mu kurushaho kwihutisha (…)
Abaturage babiri bo mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke buri wa kabiri bajya ku biro by’akarere basaba kwishyurwa ingurane ku bikorwa byabo byangijwe ubwo hakorwaga umuhanda n’umuyoboro w’amashanyarazi, mu 1976.
Itsinda ry’abantu 16 bari mu nzego zitandukanye za Leta mu gihugu cya Ethiopia kuri uyu wa 22/10/2014 basuye umurenge wa Cyabingo mu karere ka Gakenke berekwa uburyo gahunda za Leta nk’Ubudehe na VUP zateje imbere abagenerwabikorwa kandi zigafasha abaturage kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Intara y’Amajyaruguru imaze gutera imbere mu nzego zitandukanye ariko cyane cyane mu mibereho myiza y’abaturage n’ibikorwaremezo aho mu myaka itanu gusa imirenge 84 yabonye ibigo nderabuzima muri 89 igize iyo ntara.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 21/10/2014 imikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’I Burayi yakomeje. Uretse Manchester city yatunguwe mu makipe akomeye ikanganya na CSKA Moscou 2-2, andi makipe yatsinze ndetse amwe atsinda n’ibitego byinshi.
Umuryango w’Afurika y’unze ubumwe n’umuryango w’abibumbye byemeza ko inyeshyamba z’umutwe wa FDLR ziri mu burasirazuba bwa Kongo ntacyo zikora mu gushyira intwaro hasi no kwirinda ibitero bishobora kuzigabwaho.
Umunsi w’ibiribwa ku isi wizihijwe abanyarwanda basabwa uruhare rwabo mu kongera ubuso bw’imirima yuhirwa, mu rwego rwo kongera umusaruro no guhangana n’ihindagurika ry’ikirere kijya giteza igihombo abahinzi kubera izuba ryinshi.
Abagize ubumwe nyarwanda bw’abatabona (RUB) bizihije isabukuru y’imyaka 20 uwo muryango uvutse, bagaragaza ibikorwa bivuguruza abibwira ko kumugara ari ukubura ubushobozi kuko bafite ibikorwa bitanga akazi no ku badafite ubumuga.
Ministiri w’intebe, Anastase Murekezi, yamenyesheje Abacamanza n’Abashinjacyaha mu nkiko za gisirikare barahiye kuri uyu wa 22/10/2014, ko akazi bagiyemo gakomeye, kuko ngo bagomba kubahiriza ubutabera, ubusugire bw’igihugu n’uburenganzira bw’ibanze bwa muntu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buravuga ko amafaranga y’u Rwanda arenga gato miliyoni 103 zafashwe n’abantu byitwa ko batazwi, ubwo habagaho igikorwa cyo kwishyura abaturage bimuwe ahubatswe urugomero rwa Nyabarongo.
Abanyamuryango ba iCPAR (Institute of Certified Public accountants of Rwanda) n’abacungamari b’umwuga bavuye mu bihugu bigize umuryango w’afurika y’Iburasirazuba baraganira uburyo ubunyangamugayo n’ubunyamwuga mu icungamari byagira uruhare mu iterambere ry’igihugu.