Mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi haravugwa urupfu rw’uwitwa Hitimana Innocent bikekwa ko yiciwe mu rugo rwe ku wa 11/01/2015.
Abadepite baturutse muri bimwe mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika biri mu muryango w’ibihugu bivuga icyongereza (CPA) biyemeje gukurikirana imikorere ya guverinoma z’ibihugu byabo, mu nama barimo gukorera i Kigali kuva tariki 13-15/01/2014, aho basuzuma ikoreshwa ry’umutungo kamere kugira ngo ugirire akamaro abaturage.
Ikipe ya Mukura VS itangaza ko yarangije kongerera amasezerano rutahizamu wayo Ciza Hussein azatuma akomeza gukinira ikipe kugeza mu kwezi kwa kwa karindwi kwa 2017.
Bamwe mu batwara ibinyabiziga mu karere ka Ruhango baravuga ko ubuto bw’imihanda bagendamo aribwo butuma kenshi bakora impanuka kubera kuyibyiganiramo.
Nyuma y’umunsi umwe gusa umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Murunda mu Karere ka Rutsiro atawe muri yombi akekwaho kunyereza Sima yasagutse ubwo bubaka ibyumba by’amashuri, abandi bafatanyije kuyobora nabo batawe muri yombi.
Polisi ikorera mu Karere ka Bugesera yashyikirije uwitwa Niyigena Fabien moto yo mu bwoko bwa TVS yibiwe mu Rwanda igafatirwa mu gihugu cy’u Burundi, ku gicamunsi cyo kuwa 13/01/2015.
Abasore babiri bakurikiranweho icyaha cyo gusambanya ku ngufu no kwica umwana w’umukobwa w’imyaka 14 witwa Nikuze Xaverina, kuri uyu wa kabiri tariki 13/01/2015 baburanishirijwe aho bakoreye icyaha, ubushinjacyaha bubasabira igifungo cya burundu.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe n’abandi bahahira ibitoki muri ako karere bahangayikishijwe n’ihenda ry’ibitoki n’ubuke bwabyo bikomeje kuba inzitizi mu mirire.
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Bayihiki Basile hamwe n’abandi bakozi batatu bo ku karere bitabye urukiko kuwa 12/01/2015 baburana ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo.
Guhera mu kwezi kwa Nyakanga buri murenge wo mu karere ka Nyamasheke ugiye kugira poste ya polisi mu rwego rwo gufasha abaturage gufata abanyabyaha no kubageza aho bagomba gucumbikirwa ku buryo buboroheye.
Ikigo k’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) kiratangaza ko kigiye gutangiza ishuri ryo guhugura no kwigisha abatekinisiye bakora ku maradiyo mu rwego rwo kubongerera ubumenyi, nyuma y’uko hagaragaye ko hari ibyo bica bitewe n’ubumenyi buke bafite.
Kuri uyu wa mbere tariki 13/1/2015 ku cyicaro gikuru cya Ferwafa hamaze kubera tombola y’uburyo amakipe azahuramuri shampiyona y’icyiciro cya kabiri y’umwaka wa 2015.
Abakozi bakoreraga ku rwego rw’Akarere ka Rutsiro bahawe amabaruwa agaragaza imirimo bazakora hakurikijwe amabwiriza ajyanye n’ivugurura ry’abakozi ba Leta, ariko babiri bamanuwe ku rwego rw’imirenge.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR) ifatanije n’Akarere ka Nyamagabe bemereye impunzi z’abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi y’impunzi ya Kigeme ko ikibazo cy’irimbi cyari kibahangayikishije kigiye gukemurwa vuba.
Bamwe mu babyeyi bagana ibitaro bya Nyagatare barishimira ko basigaye babasha kumenya igitsina cy’umwana bazabyara hakiri kare kuko biborohera kwitegura umwana uri mu nda.
Impunzi z’abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Kigeme zifurijwe umwaka mushya zihabwa ibiribwa, kugira ngo nazo zigire umunsi wo kwishima zihindure n’indyo, buri muntu akaba yagenewe ikiro cy’umuceri.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Huye, Védaste Nshimiyimana aratangaza ko uyu mwaka wa 2015 uzarangira byinshi mu bikorwa byo kuvugurura umujyi wa Butare birangiye.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kamonyi barataka ikibazo cyo kutagira amazi meza bikaba imbogamizi mu kwita ku isuku.
Mu rwego rwo kurushaho kunoza umurimo w’ubukorerabushake mu matora no gutangira gutegura ibikorwa by’amatora bizaba hagati y’umwaka wa 2016 na 2019, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yashyizeho abashinzwe imyitwarire n’imibireho myiza by’abakorerabushake bayo.
Mu mudugudu wa Kayenzi mu kagari ka Kayumba mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera, hatoraguwe umurambo w’umugore utwite bigaragara ko yishwe anizwe.
Mu muhango icyumweru cyahariwe Girinka mu rwego rw’akarere ka Kirehe kuri uyu wa mbere tariki 12/01/2015 hituwe inka 16 aho abaturage bakomeje kugaragaza uburyo iyi gahunda ya Girinka imaze kubateza imbere.
Abanyeshuli bashya baje kwiga mu ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko ILPD (The Institute of Legal Practice and development) muri uyu mwaka wa 2015 bijeje ko bazahava ari abanyamwuga ba nyabo mu mategeko.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare batangaza ko batazi impamvu badafatwa nk’abandi bo mu yindi mikino bahagararira igihugu cyabo aho kugeza ubu bibaza cyane kuri ejo habo nyuma yo kuva muri uyu mukino.
Nyuma y’icyumweru kimwe abayobozi bo mu nzego z’ibanze bafunzwe bazira kunyereza sima yagombaga kubakishwa ivuriro mu murenge wa Mushonyi, umuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya Murunda nawe yafunzwe azira sima yo kubaka amashuri.
Umunya Portugal Cristiano Ronaldo ni we watowe nk’umukinnyi wahize abandi mu mwaka wa 2014 ari nako ahabwa Ballon D’Or ye ya kabiri yikurikiranya.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko uburyo bwo kureberaho amanota fatizo y’umunyeshuri mu bizamini bya Leta byahindutse, aho ubu hakoreshwa ikitwa aggregate ariko uburyo iboneka ntiburasobanurwa.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyanza ho mu Karere ka Gisagara bahabwa inkunga y’ingoboka bishyize hamwe bashaka uburyo baboza amasaziro meza, biyubakira inzu y’ubucuruzi ikodeshwa.
Mu gitondo cyo kuwa mbere tariki ya 12/01/2015, abaturage baturiye ibiro by’Akagari ka Kebero mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango babyutse basanga abantu bataramenyekana bitumye imbere y’ibiro by’akagari, bafata amazirantoki bayasiga ku nzugi ndetse no ku mafoto y’umunyambanga nshingwabikorwa w’aka kagari.
Inama Njyanama y’akarere ka Rulindo yateranye tariki 10/01/2015 yafashe ingamba zo kurwanya ibiyobyabwenge birimo inzoga zitwa Vuduka, Blue Sky n’izindi nzoga ziza mu mashashi.
Ihene 756 zari zifungiye ku ibagiro rya Kijyambere rya Gisenyi zahawe ibyangombwa bizemerera kwambutswa umupaka Kuwa mbere tariki ya 12/1/2015, mu gihe hari hamaze gupfamo esheshatu zishwe n’inzara.
Umuyobozi w’umuryango RPF-Inkotanyi mu Ntara y’uburengerazuba, Nkurikiyinga Jean Nepomuscene arahamagarira abanyamuryango bayo kugira imyumvire, imitekerereze n’ibikorere bya RPF-Inkotanyi.
Abahinzi b’umuceri bo mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara bishyiriyeho ikigo cy’imari bise “Impamba sacco”, bakemeza ko kiri kugira uruhare mu iterambere ry’imiryango yabo.
Ku nkunga y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (Ferwafa) riri mu nzira yo kubaka hoteli yo mu rwego rwo hejuru aho igishushanyo mbonera cy’iyi hoteli kimaze iminsi gishyizwe hanze.
Abakinnyi batandatu bagize ikipe y’igihugu y’umukino w’Amagare bari bwerekeza mu Misiri kuri uyu wa mbere mu isiganwa rizenguruka iki gihugu rizwi nka Tour of Egypt rizatangira tariki 14 Mutarama rigasozwa tariki 18/1/2015.
Ikipe ya Police mu bagabo na Gorillas mu bagore ni zo zegukanye irushanwa ryakinwaga mu mpera z’icyumweru ryitiriwe Impano n’Impamba Handball Trophy.
Mu masengesho yo gushimira Imana ku byagezweho mu mwaka ushize wa 2014 ndetse no kuyiragiza gahunda z’uyu mwaka wa 2015, Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda bose gushingira ku mbaraga bakoresheje kugira ngo bibahe kugira umwaka mushya mwiza.
Guverineri w’intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Cartas yahumurije abakozi n’abaturage b’Akarere ka Nyamasheke, nyuma y’uko uwari umuyobozi w’ako yeguye ku mirimo ndetse bamwe mu bakozi bakora mu bijyanye n’ubwisungane mu kwivuza bagatabwa muri yombi.
Abagize amakoperative y’Abatwara abagenzi kuri moto mu Karere ka Rusizi barakangurirwa kwibumbira hamwe mu rwego rwo kunoza umurimo wabo ugakorwa mu buryo bw’umwuga kugira ngo urusheho gukomeza kubateza imbere, bibumbira mu mpuzamakoperative imwe.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Oda Gasinzigwa arashima umusaruro uri gutangwa na ba Mutima w’urugo barangije Itorero icyiciro cya mbere, agasaba ba mutima w’urugo batangiye icyiciro cya kabiri kuzabyaza umusaruro amasomo bazakura mu itorero.
Ikipe ya Rayon Sports ikinnye umukino wayo wa karindwi nta ntsinzi nyuma yo kunganya na Mukura 0-0 mu mukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona, waberaga kuri stade Amahoro kuri iki cyumweru.
Kuva mu kwezi kwa gatandatu umwaka wa 2014, kimwe no mu yandi mashuri yo mu gihugu, mu Karere ka Rulindo hatangijwe gahunda yo kugaburira abana mu bigo by’amashuri, ikaba yarafashije abana benshi cyane abakomoka mu miryango ikennye, aho bavuga ko nta mwana ucyanga kujya ku ishuri kubera ikibazo cy’inzara.
Koperative Umwalimu SACCO yatangiranye ibihombo bibarirwa muri za miliyoni 50 ariko ubu iratangaza ko ihagaze mu nyungu zibarirwa muri Miliyali.
Ihame ry’uburinganire mu ma koperative rikwiye kubahirizwa ku musaruro no kuwushakira isoko, n’inyungu ibonetse ikagera ku babigizemo uruhare bose kuko usanga abagore badahabwa umwanya ngo bisanzure bigatuma habaho no kwitinya.
Itsinda ry’Abasenateri bari muri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano muri Sena y’u Rwanda, bakomeje igikorwa cy’ubugenzuzi bw’umutekano wo mu muhanda mu turere dutandukanye tw’igihugu, ari na ko baganira n’inzego zose zirebwa n’iki kibazo kugira ngo hagaragazwe imbogamizi zibitera maze bazakore ubuvugizi (…)
Nyuma y’imyaka igera kuri 14 umuryango Variopinto w’Abatariyani ufasha ahari muri Segiteri ya Tumba, ubu hakaba ari mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye, ubu noneho komini baturukamo ya Limbiante yiyemeje kugirana umubano n’Akarere ka Huye.
Nyuma y’uko umuhanzi Ruhumuriza James uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya King James asubiyemo indirimbo “Ganyobwe” bigateza ibibazo hagati ye n’itorero Abadahigwa ryo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi kuko batari babimuhereye uburenganzira, mu masaha y’igicamunsi yo kuwa 10/1/2015 King James yahuye n’itsinda rigize (…)
Umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba, Mukandasira Cartas arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Rusizi kudacibwa intege na bamwe mu bayobozi b’akarere bafunzwe bakekwaho ibyaha bitandukanye birimo iby’impapuro mpimbano.
Bamwe mu baturage batuye mu bice bitandukanye bigize Akarere ka Gakenke bavuga ko batishimira uburyo bahabwa serivisi z’ubuvuzi mu Bitaro bya Nemba bakoresheje ubwisungane mu kwivuza (MUSA), kuko bemeza ko basuzumwa nyuma bakandikirwa kujya gushaka imiti hanze kandi iba ihenze kurusha uko bayibonera kwa muganga dore ko baba (…)