Okoko yizeye gutsinda Rayon Sports agakuraho amateka amaze imyaka umunani

Umutoza w’ikipe ya Mukura VS Okoko Godefroid atangaza ko ikipe ye yizeye gushimisha abakunzi bayo, ku mukino w’umunsi usoza igice kibanza cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru.

Ikipe ya Mukura VS izaba yakirira kuri stade Amahoro Rayon Sports ku cyumweru tariki 11/1/2015, mu mukino buri kipe yifuzamo amanota atatu ngo ibe yagarurira icyizere abafana bayo.

Abafana ba Rayon Sports bayitezeho intsinzi ku cyumweru
Abafana ba Rayon Sports bayitezeho intsinzi ku cyumweru

Ikipe ya Mukura yatangiye nabi shampiyona y’icyiciro cya mbere byanatumye yirukana uwari umutoza wayo Kayiranga Baptiste. Iyi kipe, ubu iherereye ku mwanya wa 11, aho irusha amanota atanu gusa ikipe ya Etincelles ishobora gusubira mu cyiciro cya kabiri shampiyona irangiye uyu munsi.

Mukura ariko imaze imikino itatu idatsindwa, izaba yisobanura na Rayon Sports yo yujuje itandatu nta ntsinzi. Rayon Sports iheruka kwitwara neza ku mukino wayihurije na Police i Muhanga, gusa umusaruro wavuye muri wo wabaye 0-0.

Amateka ariko ntabwo ahira ikipe y’ i Huye, dore ko iyi idaheruka gutsindira Rayon Sports i Kigali "muri shampiyona", aho umukino ibiherukamo ari uwabaye tariki ya 25/7/2007 ubwo Mukura yatsindaga Rayon Sports ibitego 2-1.

Hakim Zacky yari yatsinze igitego rukumbi cyabonetse mu mukino wa gicuti Mukura iheruka gutsindiramo Rayon Sports i Nyamirambo
Hakim Zacky yari yatsinze igitego rukumbi cyabonetse mu mukino wa gicuti Mukura iheruka gutsindiramo Rayon Sports i Nyamirambo

Aganira n’itangazamakuru, umutoza w’ikipe ya Mukura VS Okoko Godefroid yatangaje ko yizeye kwitwara neza ku cyumweru hamwe na Mukura ye.
IKipe imeze neza. Rayon Sports nta bwoba iduteye dushobora kuyitsinda nkuko yadutsinda.

“Ni umukino dushaka kugaruzamo amanota nyuma yo gutakaza abiri ku mukino wa Etincelles, aho tutifuza kuguma ku murongo w’umutuku bityo tugomba kuyitsinda”.

“Nabwira abafana kuzaza bakatujya inyuma ku bwinshi kuko nabisubiramo ko nizeye ku kigero cya 60% ko bazahava bishimye”.

Ku rundi ruhande, umutoza wungirije mu ikipe ya Rayon Sports Habimana Sosthene, yatangaje ko ikipe ye iri kugenda igarura umukino wayo mwiza nubwo ibitego byarimo bibura, gusa akizeza abakunzi ko na byo bigiye kuboneka vuba.

Okoko yizeye ko we na Mukura ye bazashimisha abafana ku cyumweru
Okoko yizeye ko we na Mukura ye bazashimisha abafana ku cyumweru

Imikino iteganyijwe ku munsi wa 13 wa shampiyona

Kuwa Gatandatu, 10/01/2015

  • APR FC v Sunrise- Stade Amahoro

Umusifuzi: Ahishakiye Balthazar

  • AS Kigali vs. Kiyovu -Stade ya Kigali

Umusifuzi:Munyanziza Gervais

  • Marines vs. Gicumbi Stade Umuganda

Umusifuzi:Uwikunda Samuel

Ku Cyumweru, tariki 11/01/2015

  • Police vs. Espoir Kicukiro

Umusifuzi:Twagirumukiza Abdul Kalim

  • Mukura vs. Rayon Sports -Stade Amahoro

Umusifuzi:Mulindangabo Moise

  • Amagaju vs. Etincelles Stade Nyagisenyi

Umusifuzi-Kwizera Moise

  • Isonga vs. Musanze -Ferwafa

Umusifuzi: Nsabimana Claude

Urutonde

Ikipe- Imikino- Amanota

  1. APR 12 29
  2. As Kigali 11 24
  3. Police 12 21
  4. Rayon Sports 12 20
  5. Amagaju 12 16
  6. Marines 12 16
  7. Sun Rise 11 15
  8. Espoir 12 15
  9. Kiyovu 11 15
  10. Gicumbi 11 13
  11. Mukura VS 12 13
  12. Musanze 12 10
  13. Etincelles 12 08
  14. Isonga 12 03

Jah d’eau DUKUZE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka