Umuryango uharanira Uburezi, Ubuzima ndetse n’imibereho myiza ishingiye ku bukungu (Education-Health-Economy Organization “EHE Rwanda”) watanze impamyabushobozi ku bantu 90 bo mu karere ka Rwamagana basoje amahugurwa y’imyuga bari bamazemo igihe kiva ku mezi 4 kugeza kuri 6.
Umunyasudanikazi umaze iminsi asiragizwa mu nzego z’umutekano kubera ko yarangowe n’umugabo w’umukristu kandi we akomoka mu bayisilamu, yongeye kurekurwa kuri uyu wa gatanu 26 Kamena 2014 nyuma yo gutabwa muri yombi ashinjwa gukoresha ibyangombwa by’ibihimbano.
Issa Timamy uyobora District ya Lamu mu gihugu cya Kenya yatawe muri yombi ashinjwa kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba biherutse guhitana abantu 60 mu mujyi wa Mpeketoni ubwo abarwanyi ba al-Shabab bo muri Somalia bagabaga ibitero kuri station ya Police, mu maresitora no mu mahoteli.
Rutahizamu wa Uruguay na Liverpool, Luis Suarez, nyuma yo kuruma myugariro w’Ubutaliyani Giorgio Chiellini mu mukino wabahuzaga mu gikombe cy’isi, yafatiwe ibihano ko azamara amazi ane adakina ruhago, ndetse abuzwa kuzakina mikino icyenda y’ikipe y’igihugu ya Uruguay, n’ihazabu y’ibihumbi 65 by’ama pounds.
Ikipe y’igihugu ya Algeria yakoze amateka yo kugera bwa mbere muri 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’isi nyuma yo kwegukana umwanya wa kabiri mu itsinda rya munani, ubwo yanganyaga n’Uburusiya igitego 1-1 mu mukino wabaye ku wa kane tariki 26/6/2014.
Ingengo y’imari y’akarere ka Kamonyi y’uyu mwaka dusoza wa 2013/2014 yatwaye asaga miliyari esheshatu na miliyoni 610 z’amafaranga y’u Rwanda; ariko mu ngengo y’imari y’umwaka utaha wa 2014/2015, harateganywa kuzakoreshwa asaga miliyari 10 na miliyoni 262.
Abanyeshuri 709 barangije mu Ishuri Rikuru rya INES-Ruhengeri barakangurirwa kugaragaraza ubushobozi ku isoko ry’umurimo bavomye muri iryo ishuri kuko ari bwo bukenewe aho kumurika impamyabushobozi gusa.
Minisitiri ushinzwe umutekano mu Rwanda Musa Fazil atangaza ko Abanyarwanda bagomba guhagurukira abatunda, abacuruza n’abakoresha ibiyobyabwenge kuko bakomeje kuba umuzigo ku miryango yabo n’igihugu, bikangiza amafaranga abigura kimwe n’abagendo mu kubitaho mu gihe bamaze gusarikwa nabyo.
Ishuri rikuru ry’ubuforomo n’ububyaza rya Kibungo ryashyikirije umupfakazi wa Jenoside, Uwantege Germaine, inzu irimo ibyangombwa byose bivuye mu bwitange bw’abanyeshuri n’abakozi biri shuri.
Mu nama nyunguranabitekerezo yahuje Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB), abayobozi mu Ntara y’Iburasirazuba ndetse n’abanyamakuru, hagamijwe guha imbaraga itangazamakuru ryubaka iterambere rirambye, abayobozi n’abanyamakuru basabwe kunoza ubufatanye birinda ko buri ruhande rushaka gusenya urundi.
Mu rwego rwo gutegura igikorwa cyo kwita izina ingagi kizabera mu karere ka Musanze mu Kinigi kuwa 1 Nyakanga 2014, mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Basumba, hatashywe ikigo cy’amashuri abanza cya Basumba, rwego rwo gusaranganya n’abaturage inyungu ziva kuri Pariki y’ibirunga baturiye.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi (NAEB), kivuga ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bigomba guhoraho kandi bikajyana n’ibikorwa; aho ngo muri uyu mwaka icyo kigo cyashyizeho urwibutso rushya ku cyicaro cyacyo, ndetse gikomeza gutera inkunga urwibutso rwo ku Gisozi.
Nyuma y’imyaka hafi ine urugomero rwa Rukarara ya 2 ruri kubakwa, kuri uyu wa kane tariki ya 26/06/2014 rwatashywe ku mugaragaro nyuma yo kumara amezi abiri rugeragezwa ngo harebwe ko rukora neza.
Abagore bibumbiye mu matsinda aterwa inkunga n’umuryango nyafurika w’ivugabutumwa AEE tariki 25/06/2014 baremeye bagenzi ba bo baniyishyurira imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza y’umwaka wa 2014/2015.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro burasaba abashinzwe uburezi mu nzego zitandukanye zikorera mu karere kongera ingufu mu gucunga imyitwarire y’abanyeshuri kuko hakomeje kugaragara umubare munini w’abatwara inda zitateguwe.
Ntivuguruzwa Eliab w’imyaka 25 y’amavuko ukorera imirimo y’ubucurizi mu isoko rya Ruhango, arasaba urubyiruko rwicaranye impamyabumenyi ngo rutegereje akazi, ko rukwiye guhindura imyumvire rukareba kure rugahanga imirimo.
Umugabo w’imyaka 46 yitabye Imana ahitanywe n’imodoka yo mu bwoko bw’ikamyo yari imutwaye, mu kagari ka Site, mu murenge wa Nyakabuye ho mu karere ka Rusizi ku mugoroba wa tariki 25/06/2014.
Abahumanyijwe n’amafunguro bafashe ubwo bari mu munsi wo kwizihiza umwana w’umunyafurika wizizwa ku itariki ya 16 Kamena bavuga ko bamaze koroherwa mu gihe abandi bakiri kwa muganga kuko bataroroherwa neza.
Cheng Cheng umwana w’imyaka ibiri w’Umushinwa, bamuha amata ndetse n’ibindi biyobwa bidasindisha akabyanga ngo yishakira agatama.
Umugabo wo mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana, wakekwagaho ubushimusi (ubujura) bw’inka, yatawe muri yombi na Polisi ku wa Kabiri, tariki ya 24/06/2014, nyuma y’amakuru yari yatanzwe n’abaturage bamufatanye inka yibye akayica amahembe kugira ngo ayiyoberanye.
Niwenshuti Anastasie wari mu kigero cy’imyaka 12 yagonzwe n’imodoka yo mu bwoko bwa minibus ahita yitaba Imana, byabereye mu mudugudu wa Nkero mu kagari ka Kigoya mu murenge wa Kanjongo tariki ya 25 Kamena 2014.
Itsinda ry’urubyiruko rw’Abafaransa na bagenzi babo bo mu Burayi bari mu ruzinduko mu Rwanda barasaba ko hagaragazwa ukuri ku ruhare rw’Ubufaransa na bamwe mu bari abayobozi babwo muri Jenoside yakorwe Abatutsi mu mwaka w’1994.
Abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi (AVEGA) bafatanyije na Unity Club ndetse n’akarere ka Rutsiro, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, baremera abapfakazi, incike hamwe n’abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ngendahimana Samuel w’imyaka 23 wo mu mudugudu wa Kigabiro mu kagari ka Mwurire mu murenge wa Mwurire ho mu karere ka Rwamagana, yapfuyeku mugoroba wa tariki 24/06/2014, nyuma y’uko yari amaze gutemwa mu mutwe na mubyara we, bapfuye ko ngo uyu nyakwigendera yari yamukubitiye imbwa.
Ibitaro bya Kiziguro byo mu karere ka Gatsibo byishatsemo ubushobozi none biri kwiyubakira inyubako z’ibitaro zizuzura zitwaye akayabo ka miliyari na miliyoni zisaga 200 z’amafaranga y’u Rwanda.
Gahunda nshya yo kugaburira abanyeshuri biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda na cumi n’ibiri ku mashuri yakiriwe neza n’abashinzwe uburezi mu nzego zitandukanye zo mu karere ka Rutsiro, ariko bagaragaza imbogamizi z’uko bamwe mu babyeyi bashobora kugaragaza intege nke mu gutanga umusanzu basabwa kugira ngo iyo gahunda (…)
Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, arasaba abakuru b’imidugudu 317 igize aka karere ka Kamonyi kugira imyumvire myiza kuri gahunda za Leta, maze imikorere ya bo ikabafasha gutera imbere, kandi bakagira uruhare mu kubungabunga umutekano w’igihugu.
Intore 940 zasoje urugerero zari zimazeho amezi arindwi mu karere ka Rulindo, umuhango ukaba wabereye mu murenge wa Buyoga tariki 24/06/ 2014.
Ikipe ya Nigeria, imwe mu makipe atanu yahagarariye Afurika mu gikombe cy’isi, n’ubwo yatsinzwe na Argentine ibitego 3-2 mu mukino wa nyuma mu itsinda rya gatandatu, tariki 25/06/2014, yakomezanyije nayo muri 1/8 cy’irangiza ikazahura n’Ubufaransa mu gihe Argentine izakina n’Ubusuwisi.
Abaturage 11843 bo mu turere twa Nyamagabe, Nyaruguru, Huye na Gisagara two mu ntara y’amajyepfo batari barabashije kugana ishuri bashyikirijwe impamyabumenyi zabo nyuma yo gusoza amasomo yo gusoma, kwandika no kubara, umuhango wabereye mu karere ka Nyamagabe kuri uyu wa gatatu tariki ya 25/06/2014.
Abagize matsinda “Ejo Heza” mu karere ka Gisagara, afashwa na Global Communities ibinyujije mu mushinga wayo USAID Ejo Heza, ku bufatanye na AEE ndetse n’akarere ka Gisagara, baratangaza ko aho bageze mu iterambere ntawe ugitegera amaboko abandi, ko bihaza.
Ba rwiyemezamirimo batandukanye n’abahagariye ibigo by’imari n’amabanki bikorera mu mujyi wa Kigali, bahuye bacoca ibibazo hagati yabo, aho bamwe bashinja abandi kubarushya mu kubaha inguzanyo mu gihe abandi nabo bavuga ko abacuruzi batanyurwa n’ibiciro babaheraho.
Urwego ngenzuramikorere (RURA) rwahesheje ibihembo ibigo bifata neza abagenzi, ariko ngo ibi ntibihagije mu gihe abantu bagikererwa kugera iyo bajya; nk’uko Ministeri y’ibikorwaremezo (MININFRA) yijeje ko igiye kunoza uburyo ingendo rusange zikorwa.
Abatishoboye biganjemo abakecuru n’abasaza bo mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke barimo kwiyandikisha ngo bazahabwe amafaranga y’ingoboka azatuma bava mu bukene bakagera ku buzima bwiza bukwiye umunyagihugu w’umunyarwanda, nk’uko biri muri gahunda y’igihugu yo kuvana abaturage mu bukene izwi ku zina rya VUP (vision (…)
Uruhare rw’imikorere inoze n’urubyiruko mu iterambere rirambye niyo nsanganyamatsiko nyamukuru igiye kwigwa mu nama mpuzamahanga u Rwanda ruzakira mu ntangiriro z’icyumweru gitaha igamije gushaka umuti w’imiyoborere myiza.
Kwegereza Serivise z’ubuzima abaturage mu karere ka Nyabihu ni kimwe mu bigenda birushaho gufasha mu kubungabunga ubuzima bw’abaturage bityo bikagabanya n’imfu ku baturage muri rusange, by’umwihariko ababyeyi n’abana.
Ally Soudy wahoze ari umunyamakuru kuri Radio ya Salus ndetse akaza no gukora kuri Isango Star ariko akaba asigaye aba muri Amerika we n’umuryango, agiye kugaruka mu Rwanda kuba umushyushyarugamba mu gitaramo cya Kidumu kizaba tariki 11.7.2014 ndetse akaba azongera no kumvikana mu biganiro ku Isango Star.
Kuri uyu wa gatanu tariki 27 Kamena 2014, ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero mu Karereka Karongi bazashyingura mu cyubahiro imibiri irenga ibihumbi mirongo itanu y’inzirakarengane zazize Jonoside yakorewe Abatutsi.
Ikipe ya Police Handball Club yagaragaje umuvuduko w’uko ishobora kongera kwegukana igikombe cya shampiyona ubwo yarangizaga imikino ibanza (Phase aller) iri ku mwanya wa mbere ikaba irusha Ecole Secondaire Kigoma ya kabiri amanota ane.
Nyuma yo gutsindwa n’Ubugereki ibitego 2-1, ikipe ya Cote d’ivoire yahise isezererwa mu gikombe cy’isi ndetse n’umutoza wayo Sabri Lamouchi afata icyemezo cyo kwegura ku mirimo ye, akaba yajyanye na Cesare Prandelli nawe wasezeye ku kazi ke ubwo ikipe y’Ubutaliyani yatozaga yari imaze gutsindwa na Uruguay igitego 1-0 nayo (…)
Nyuma yo kubona ko urubyiruko ngo rudakunda gufatira hamwe n’abantu bakuze inama n’amasomo ajyanye n’ubuzima bw’imyororokere, Minisiteri y’Ubuzima irimo gutegura gahunda yo kwifashisha ikoranabuhanga rya telephone igendanwa bita M4RH (Mobile For Reproductive Health) mu kugeza ku rubyiruko amakuru agezweho ku buzima (…)
Ishyirahamwe ry’umupira w’amagauru ku isi (FIFA) ryatangiye iperereza n’ubushakashatsi bwimbitse kuri rutahizamu wa Uruguay, Luis Suarez, warumye Giorgio Chiellini mu mu mukino wahuzaga Uruguay n’Ubutaliyani bwanahise busezerewa mu gikombe cy’isi butsinzwe igitego 1-0.
Abakozi bakora mu ruganda rw’isukari rwa Kabuye Sugar Works SARL bemerewe kuzamurirwa umushahara bahembwaga ho 25%, nyuma y’ibiganiro bagiranye n’ubuyobozi bw’iki kigo gisanzwe gifitwe na Sosiyete yitwa Madhvani Group yo mu Buhindi.
Umunyarwanda Muvunyi Hermas Cliff w’imyaka 26 ufite umudari w’isi mu mukino wo kwiruka metro 800 mu bafite ubumuga, ubwo yari mu karere ka Ngoma kuri uyu wa 24/06/2014 yahamagariye abafite ubumuga kutigunga no gukunda sport.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi (RAB) cyatangije gahunda nshya y’iyamamazabuhinzi rishingiye ku bahinzi ubwabo bise “Twigire Extension Model” mu rwego rwo gufasha abahinzi n’aborozi kongera umusaruro bakigira.
Abasore bo mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze bashima ibikorwa ingabo z’igihugu zikorera Abanyarwanda none byabateye ubushake bwo kuzaba abasirikare ngo nabo bakorere abandi ibyiza nk’ibyo ingabo zabakoreye.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 rwibohoye, abaturage bo mu murenge wa Musange mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko muri iyi myaka 20 hari ingoyi nyinshi bigobotoye ugereranyije n’uko bari babayeho mbere yayo.
Ubuyobozi bw’umupaka muto uhuza Goma na Gisenyi ku ruhande rwa Kongo bwashyizeho amabwiriza yo kwaka amafaranga ya Viza Abanyarwanda bahanyura, amafaranga azajya atangwa n’abanyeshuri biga Kongo, abakorerayo ubucuruzi biciriritse hamwe n’abafiteyo amasezerano y’akazi.
Abanyekongo 10 bari batawe muri yombi barobera mu mazi y’u Rwanda batabyemerewe ndetse bakoresha inshundura zitemewe barekuwe taliki ya 23/6/2014 babanje kwigishwa kugira ngo bamenye aho bagomba kurobera batarengereye amazi y’u Rwanda.
Kesho ni umusozi uri mu kagari ka Mashya mu murenge wa Muhanda ho mu karere ka Ngororero. Ni umusozi ubereye ijisho kandi uhinzwe ho icyayi, kuko wegeranye n’uruganda rw’icyayi rwa Rubaya ruri muri uwo murenge.