Umukobwa ukomoka muri Rutsiro yamburiwe muri Uganda amafaranga y’urugendo agaruka mu Rwanda amara masa atabonye ababyeyi be yari agiye gusura.
Abakorera umurimo wo kuvunja amafanga (Abavunjayi) ku mupaka w’Akanyaru mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko kuva imodoka zitwara abagenzi zahagarikwa bagize igihombo.
Ubwongereza butangaza ko kuva kwabwo mu Muryango w’Ubwumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (EU) ntacyo bizahungabanya ku mibanire yabwo n’u Rwanda.
Kigali Today Ltd, kimwe mu bigo by’itangazamakuru byitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rimaze iminsi 11 ribera i Gikondo, mu Mujyi wa Kigali, yegukanye kimwe mu bihembo bikuru byahawe abaryitabiriye.
Nyirabagirishya Hillary na Kanyenduga Florien bavuga ko ibanga ryatumye barambana imyaka 66 nk’umugabo n’umugore babikesha gusenga no kumenya kubahana
Ibiciro by’ibicuruzwa byiganjemo ibyaturutse mu mahanga byagabanutse cyane mu minsi igana umusozo w’Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 19 ribera i Kigali.
Leta yavanye muri Polisi y’igihugu Ishami ry’ubugenzacyaha (CID) n’Ishuri rya Polisi ibigira ibigo byigenga, n’Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) ruhindurirwa Minisiteri iruyobora.
Bamwe mu bacuruzi bakorera mu Mujyi wa Ruhango, baravuga ko babangamiwe cyane n’imurikabikorwa “expo” ririmo kubera imbere y’imiryango y’aho bakorera.
Abaforomo bo mu karere ka Rusizi bashinja abashinzwe kuyobora ibigo nderabuzima kutaba umwanya ngo bakurikire amahugurwa baba batumiwemo kubera indonke.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere Prof Shyaka Anastase aratangaza ko kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturage bitagira abayobozi abamarayika ahubwo biha imbaraga umuturage.
Likeri zikorwa n’uruganda 1000 Hills zatangiye kwibagiza abakunzi b’agasembuye izisanzwe zitumizwa hanze, nyuma y’amezi abiri gusa zigeze ku isoko.
Gusobanukirwa n’uko ubuvugizi bw’ibibazo abaturage bahura nabyo bukorwa, bigiye gufasha sosiyete sivile n’inzego z’ibanze za leta kubonera umuti ibyo bibazo.
Ikipe y’ingabo z’u Rwanda yatsinze Tanzania muri Basketball mu gihe muri Netball itabshije gutsinda ikipe ya Uganda mu mikino ya gisirikare iri kubera mu Rwanda
Mu Karere ka Burera umuturage ufashwe abiba amasaka ahagenewe ibindi bihingwa baramuhagarika kandi bakamuca amande y’amafaranga ibihumbi 10.
Abikorera mu Karere ka Rubavu bajabura umucanga mu mugezi wa Sebeya bakawugurisha abubatsi, ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bw’akarere ku musoro bashyiriweho.
Mu mikino ya gisirikare ikomeje kubera mu Rwanda, u Rwanda rwabonye intsinzi ya mbere rwabonye mu mukino wa Handball rutsinze Tanzania.
Uwitwa Mubera Oswald wari utuye mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, yakubitiwe mu murima w’amashu yakekwagaho kwibamo bimuviramo urupfu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buhangayikishijwe n’ikibazo cy’ubwitabire buke bw’abatanga ubwisungane mu kwivuza kandi ngo abiganje ni abataraboneje urubyaro ndetse n’ababyara mu mihana.
Akarere ka Nyabihu kahagurukiye ababyeyi batazi gutegura indyo yuzuye y’abana kandi ubusanzwe mu karere ho hatari mu harangwa inzara.
Abatuye Akagari ka Birenga mu Murenge wa Kazo w’Akarere ka Ngoma bavomaga ibirohwa bishimiye ko bahawe amazi meza hafi yabo.
Kayiganwa Venantie, Umunyarwandakazi uba mu Bubiligi, arimo kubaka ibyumba by’amashuri by’agaciro kabarirwa muri miliyoni 300FRW yitura ikigo cy’amashuri abanza yizeho.
Mu mpera za 2015, imirenge icyenda y’Akarere ka Ruhango yari imaze gukwirakwizwamo amashanyarazi, ariko hari abatayakoresha kubera ikibazo cy’ubukene.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko bwahagurukiye abayobozi b’inzego z’ibanze bagira uruhare mu kuroba bitemewe n’amategeko.
Abantu bagera kuri 210 bo mu Ntara y’Iburasirazuba barangije kwiga imyuga, bahawe ibikoresho bazifashisha mu gushyira mu ngiro imyuga bize.
Mu Murenge wa Nyagisozi muri Nyanza mu byumweru bitatu bibwe inka eshanu, ariko ku bufatanye bw’ubuyobozi n’abaturage zirafatwa zisubizwa ba nyira zo.
Abayobozi b’Akarere ka Karongi batangaza ko nyuma yo kwibonera ibyiza byinshi bigize Umudugudu wa Mbuganzeri byabahaye isomo, bakaba biyemeje nabo kuwugira.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buranenga bamwe mu bagenerwabikorwa ba VUP kuba batitabira gukorana n’Umurenge SACCO ngo bahabwe amafaranga y’inguzanyo yabagenewe.
Bamwe mu baturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Nyagatare bavuga ko amakosa y’ibyiciro by’ubudehe yatumye abafataga imiti buri munsi bayibura.
Bamwe mu rubyiruko rutuye hafi y’aho imurikagurisha ribera bihangiye umurimo wo kurinda imodoka bakabona amafaranga abafasha gukemura bimwe mu bibazo.
Nyiramfumukoye Lucie witabiriye Expo 2016 ribera i Gikondo aravuga ko ari kwinjiza agera ku bihumbi 10Frw, abikesha impano ye yo gucuranga Umuduli.
Leta y’u Rwanda yiyemeje korohereza abafite ubumuga kubona imirimo, kugira ngo nabo bafashwe kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu cyabo.
Abaturage b’i Nyabihu bavuga ko iterambere ryarushaho kuzamuka mu gihe kuboneza urubyaro byakwitabirwa neza.
Ku munsi wa kabiri w’imikino ya gisirikare, Kenya yaje kwiharira imyanya ya mbere mu gusiganwa ku maguru byabaereye kuri Stade ya Kicukiro
Abahinzi b’umuceri bibumbiye muri Koperative CORIMU barishimira guhinga umuceri kuko byabakuye ku kuwurya bawuhashye, ahubwo bakaba batunzwe n’umusaruro biyejereje.
Abarundi bakora ingendo mu modoka zitwara abagenzi bambuka umupaka w’Akanyaru mu Karereka Nyaruguru, baravuga ko kuba igihugu cyabo cyarahagaritse imodoka zitwara abagenzi, byabagizeho ingaruka zikomeye.
Abaturage 40 bangirijwe n’intambi zimena amabuye mu gukora umuhanda Karongi-Rubavu bijejwe ingurane y’ibyangijwe.
Akarere ka Gisagara kagiye kwigisha abaturage bakuze ibihumbi 15 ku buryo umwaka wa 2016 - 2017 uzasozwa bamenye kwandika, gusoma no kubara.
Aborozi bo mu Bugesera bahisemo guhunika ubwatsi bw’amatungo mu gihe cy’izuba bemeza ko iyo babugaburiye inka umukamo wikuba kabiri.
Abaturage baganiriye na Kigali Today baravuga ko hari abatangiye kubura serivisi z’ubuvuzi, bitewe n’uko kubona ikarita y’ubwisungane ya mituweri bigoye.
Abasirikare, abapolisi n’abasiviri 30 baturuka mu bihugu bitandatu bari mu kigo cy’igihugu cy’amahoro mu Karere ka Musanze bigishwa uko umusiviri arindwamo mu ntambara.
Mu mukino wa mbere wahuje ikipe ya APR Fc ihagarariye ingabo z’u Rwanda na Ulinzi ya Kenya, APR Fc yatsinzwe igitego 1-0
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buratangaza ku bugeze ku kigero cya 90% bagaruza amafaranga ya VUP yari yaranyerejwe n’abayobozi.
Kuva mu gihembwe cy’ihinga 2016 C, mu Karere ka Ngororero baribanda ku gihingwa cya Soya bagitegerejeho gufasha kurandura imirire mibi.
Abayobozi b’Uturere mu Ntara y’Iburengerazuba baranengwa kuba nta gahunda ngenderwaho Transit Center zabo zigira.
Umuryango w’umukobwa wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ugomba gushakira umwana wabo ibikoresho bitandukanye bizamufasha mu rugo rwe rushya harimo n’ibyo mu ruganiriro.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kansi muri Gisagara barasaba kwegerezwa amazi mu mudugudu batujwemo.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo muri Gisagara batarishyurwa imitungo yangijwe barasaba kwishyurwa, abafite ibyo babagomba bakareka kwitwaza ubukene.
Abana benshi baza muri Expo bari kumwe n’ababyeyi usanga ikibashishikaje ahanini ari ukujya kwidagadura mu bikinisho bitandukanye byabagenewe.
Akarere ka Ngororero katangiye gahunda yo guhuza abakora imyuga imwe mu muganda kugira ngo bizamure agaciro k’ibikorwa bikorerwa mu muganda.