Umuyobozi wungirije w’ikigo NABCONS gikora ubushakashatsi mu buhinzi mu Buhinde, Malkit Singh, aravuga ko inguzanyo no korohereza abahinzi n’ibigo bijyanye n’ubuhinzi, bituma igihugu kitabura ibiribwa.
Umunyamabanga wa Leta, Tony Nsanganira avuga ko Abanyarwanda bagomba gutekereza uburyo bwo gucunga neza ubutaka buke bafite bugenewe guhingwaho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burakangurira abaturage gusubira ku muco wo guhunika hagamijwe guhangana n’ibura ry’ibiribwa.
Umuyobozi w’Ikigega cy’ingwate BDF hamwe n’uw’Ikigo giteza imbere imari (AFR), baremeza ko banki zikeneye guhabwa icyizere na za Leta kugira ngo zishyigikire ubuhinzi.
Umuyobozi Mukuru wa Police, IGP Emmanuel Gasana, arasaba abafite aho bahuriye n’ubutabera kumva ibintu kimwe bakarushaho gukora kinyamwuga.
Fesitivale izwi nka FESPAD yahujwe n’Umuganura, yatangiye mu Rwanda aho yatangijwe n’urugendo rwo gutembera mu Mujyi wa Kigali hamurikwa imico n’ubugenge bitandukanye.
Abarimu bo mu Karere ka Rutsiro batangaza ko mudasobwa bagiye guhabwa ku nguzanyo na ASID (African Smart Investment Distribution) zizabafasha kunoza akazi kabo.
Abatuye mu Murenge wa Muganza baravuga ko bafite ikibazo cy’imyumbati bahinze ariko ikaba yararwaye ntibasarure bagakeka ko ari imbuto mbi
Umugabo wo mu Karere ka Bugesera yatawe muri yombi na Polisi akekwaho gutema inka ebyiri zo mu rugo rwe, agambiriye guhima umugore.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yatangaje ko u Rwanda ruzakuba kabiri ingengo y’imari rugenera icyaro bitarenze mu myaka itanu iri imbere.
Abakozi b’ibitaro bya Muhororo mu Karere ka Ngororero bashyizeho isanduku igamije kugoboka abakene babigana mu kubafasha kurya, kwambara, kwivuza n’isuku.
Ndayisaba Celestin w’imyaka 53 yishe uwitwa Rugemintwaza Frederic w’imyaka 65 ubwo yaraje kumwishyuza amafaranga 1,700 yari yaramugurije.
Abahinzi b’umuceri bo mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko umuceri bahinga ugurwa n’abacuruzi bo hirya no hino mu guhugu bakawiyitirira.
Abatuye umurenge Mugesera mu karere ka Ngoma,biyemeje kubaka ibiro bya Polisi y’igihugu mu murenge wabo bifite agaciro ka miliyoni zirenga 30.
Mu mikino ya Playoffs yabereye i Kirehe muri shampiyona ya Volleyball,ikipe ya UNIK yahoze yitwa INATEK yatsinzwe n’amakipe yose itwara igikombe nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya mbere.
Banki ishinzwe amajyambere (BRD) yiteguye gushora miliyari 80Frw iyaha abahinzi, nyuma yo kumva ubunararibonye bw’ibihugu bitandukanye.
Akarere ka Nyabihu kavuguruye urutoki mu mirenge ruhingwamo ku kigero kiri hejuru ya 98% ku buso kiyemeje.
Kuri iki cyumweru Police Fc yerekanye abatoza n’abakinnyi bashya yongeyemo uyu mwaka, Police Handball club nayo imurika ibikombe yegukanye muri uyu mwaka w’imikino
Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) yasabye abitabiriye inama y’ishyirahamwe ry’ibigo by’imari biteza imbere ubuhinzi muri Afurika (AFRACA), gushaka ingamba zatuma abahinzi binjiza menshi.
Mu mikino yo gushaka itike yo kwinjira mu cyiciro cya mbere gusimbura Muhanga FC na Rwamagana FC zamanutse mu cya kabiri, Kirehe FC yateye intabwe itsinda Etoile de l’Est 2-0.
Ubuyobozi bw’Akarere ka GIsagara burirzeza abaturage ko ingengo y’imari ya 2016/2017 izibanda ku kubegereza ibikorwaremezo birimo amazi n’umuriro w’amashanyarazi.
Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Dr. Monique Nsanzabaganwa, atangarije inama ya AFRACA ibera i Kigali guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Kanama 2016, ko u Rwanda rufite imibare ishimishije y’abashobora kugera kuri serivisi z’imari, ariko ngo hasigaye kuzibyaza umusaruro.
Abitabiriye inama yateraniye i Kigali yiga ku ishoramari mu bigo by’imari biciriritse, bari kuganira aho ishoramari mu buhinzi rishobora guturuka kugira ngo rifashe Afurika mu gutera imbere.
Abahinzi bo mu Murenge wa Gishyita n’indi yegereye ku ishyamba rya Nyungwe, bavuga ko hari ibihingwa bacitseho kubera inkende zibyona.
Abatuye umurenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara bafatiye ingamba gahunda ya Girinka munyarwanda kugira ngo zigere kuri bose.
Mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 muri Basketball, ANgola yatsinze Egypt yegukana igikombe, u Rwanda rurangiza ku mwanya wa gatanu
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yashimiye abaturage b’Umurenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, igikorwa cy’indashikirwa cyo kwiyubakira igikoni cy’umudugudu babinyujije mu muganda.
Abashumba b’Amatorero ya gikrisitu, Bishop Albert Rugamba wa Bethesda na Masengo Fidele wa Four Square, baraburira abantu batari mu gakiza.
Abenshi mu bajya mu imurikagurisha baranenga tumwe mu tubari n’ahandi hamurikirwa ibicuuzwa, babyinisha abana bato kuko ngo bishobora gutuma bararuka.
Madamu Jeannette Kagame arashishikariza abagore kurangwa n’ibikorwa by’ubumuntu kuko ari byo biranga ‘Umugore mwiza’ ariko abibutsa gufatanya n’abagabo kuko ngo nubwo umugore yaba mwiza ariko adafatanya n’umugabo, ubwo bwiza butagira akamaro.
Umushinga w’Abanyakoreya, GCS (Global Cilil Sharing) wita ku iterambere ry’abaturage, watangiye gufasha abaturage b’Akarere ka Kamonyi kurwanya ubujiji, by’umwihariko abatari bazi gusoma no kwandika.
Umuhanzikazi Butera Jeanne Knowless amaze gusezerana kubana akaramata na Producer Ishimwe Clement, umuhango ubereye mu Murenge wa Remera mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki 31 Nyakanga 2016.
Ababyeyi bakura abana mu bigo by’imfubyi bakajya kubarerera mu miryango baributswa kubaha urukundo mbere y’ibindi byose, kuko ari cyo kintu gikomeye babuze.
Minisitiri ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Amb. Valentine Rugwabiza, arasaba abaturage kurangwa n’ishyaka ryo kwikemurira ibibazo bibareba batagombye gutegereza inkunga zituruka ahandi.
Uruganda rwa Sima mu Rwanda (CIMERWA) rutangaza ko bitakiri ngombwa gutumiza indi sima hanze, mu gihe Leta yaba ishaka kungukira ku bikorerwa mu gihugu.
Abitabira imurikagurisha barishimira ko hari bimwe mu bicuruzwa bimurikwa byagabanyirijwe ibiciro.
Umuganda usoza Nyakanga 2016 ahenshi mu gihugu wibanze ku bikorwaremezo byiganjemo imihanda
Mu Ntara y’Amajyepfo hasozwa icyumweru cyahariwe ubukangurambaga mu kwandikisha ibyangombwa bya burundu by’ubutaka, abagifite ibyangombwa by’agateganyo byabwo bigereranywa n’”ibiryabarezi”.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Macuba ahashyirwe ibikorwaremezo byo gusukira imyaka barasabwa guhinga imbuto n’imboga bibahaza bakanasagurira amasoko mu bihe byimpenshyi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko bugiye kurushaho gusobanurira abaturage ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye kugira ngo hagabanywe amakimbirane mu miryango.
Ku cyicaro cy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda hatangiwe ibihembo ku bakinnyi, abatoza n’abafana bitwaye neza muri Shampiona ya 2015/2016, byinshi byiharirwa na Rayon Sports
Perezida Kagame yibukije abanyeshuri 8,500 bahawe impamyabumenyi muri Kaminuza y’u Rwanda ko, aribo u Rwanda rufiteho icyizere cy’iterambere rirambye ry’ejo hazaza.
Irondo ryo mu Kagari ka Kankobwa mu Murenge wa Mpanga i Kirehe ryakijije umugore umugabo we yari amaze gutera icyuma ashaka kumwica.
Aba ‘Ofisiye’ ba Polisi barangije icyiciro cya munani cy’amahugurwa ya ’Cadet’ i Gishari, barasabwa kwitangira igihugu nta bugwari, kabone nubwo byabasaba gutanga ubuzima bwabo.
Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge hamwe na Unity Club, bugaragaza ko Akarere ka Rutsiro kaza imbere mu kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.
Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na Congo Brazaville bemeje ko bagiye kongera ubuhahirane mu by’ubucuruzi n’ikoranabuhanga.
Abahinzi b’i Nyaruguru baravuga ko batinyutse gutera ibiti bivangwa n’imyaka mu mirima yabo kuko birinda isuri kandi bikagaburirwa amatungo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buramagana abaturage bavuga ko badashaka kubana n’abandi bitwaje ko batamenyeranye.