Hari abatuye Akarere ka Nyabihu bakigorwa no kubona amazi meza, nubwo ubuyobozi bwo bwemeza ko ku bari basanzwe bayafite hiyongereyeho ibihumbi bine.
Ku munsi wa kabiri ikipe y’ingabo z’u Rwanda iraza kuba ikina n’ibindi bihugu bigize Afurika y’i Burasirazuba, imikino ibera kuri Stade ya Kicukiro kuri uyu wa Kabiri.
Imurikagurisha ry’igihugu Expo 2016 rizarangira kuwa kane aho kuba kuwa gatatu nk’uko byari biteganyije, kubera ubusabe bwa benshi mu baryitabiriye.
Imikino ya gisirikare ihuza ibihugu byo muri Afurika y’I Burasirazuba, yatangijwe ku mugaragaro kuri Stade Amahoro na Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda Gen. James Kabarebe.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko baterwa isoni n’inyubako umurenge wabo ukoreramo kubera gusaza.
Abahanzi batandukanye bo mu Ntara y’Amajyaruguru bibaza aho ibihembo bya “REMO Awards” byagiye kandi ari byo bari bitezeho kumenyekana bagatungwa n’ubuhanzi.
Rujara Pierre nyuma yo kwiga amashuri yisumbuye akuze asekwa na benshi,arishimira ko yabonye buruse yo kwiga kaminuza.
Abaturage b’Akagari ka Nyamirama mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, bakusanyije ubushobozi bageza umuriro mu biro by’akagari kugira ngo serivisi bahabwa zihute.
Abana mu nkambi ya Mahama bemeza ko ururimi rw’Icyongereza ruri mu bituma bamwe bava mu ishuri kuko iwabo i Burundi bari bamenyereye kwiga mu rurimi rw’Igifaransa.
Abarangije muri Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba (UTAB) barangizanyije umugambi wo kwihangira imirimo barwanya ubushomeri bakorana na ma banki.
Mu giterane “Rwanda Shima Imana” cyabereye mu Karere ka Rusizi, abanyamadini bavuze ko iyo abayobozi bahagurutse bagahamya Imana, bihesha umugisha igihugu.
Abaturage bo mu Murenge Shyara mu Bugesera ntibishimiye serivisi bahabwa n’Umurenge SACCO yabo, mu gihe baje kwishyura ubwisungane mu kwivuza.
Umudugudu wa Kabarore wageze ku 100% ku rwego rw’Akarere ka Rusizi bo bataragera kuri 40 mu bwisungane mu kwivuza bwa mituweri
Perezida Paul Kagame ni we wa mbere wakoresheje pasiporo Nyafurika, ubwo yinjiraga muri Tchad, aho yitabiriye irahira rya Perezida Idriss Déby.
Perezida Kagame yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Idriss Déby wa Tchad, kuri uyu wa mbere tariki 8 Kanama 2016.
Tariki 6/8/2016, mu Murenge wa Huye bijihije isabukuru y’imyaka 30 y’ubufatanye bw’Intara ya Castre mu Bufaransa n’Umurenge wa Huye.
Umugabo wari umaze iminsi atorotse ibitaro by’abarwayi bo mu mutwe yatwitse ishyamba rya Leta mu Murenge wa Rwabicuma muri Nyanza.
Muhawenimana Angelique w’imyaka27, wo mu Kagari ka Kiramira mu Murenge wa Kigarama i Kirehe avuga ko ababyeyi be bamufungiye mu nzu nyuma yo guhura n’ubumuga bwo kutabona.
Ubushakashatsi Bizimana Jean Bosco wo mu Karere ka Ngoma yakoze asoza amashuri ye mu by’ubuhinzi ngo bwatumye akora uruganda rw’ifu ikungahaye ku ntungamubiri.
Hasubizimana Jean Claude w’imyaka 23, afite impano yo gushushanya ahamya ko imwinjiriza nibura ibihumbi 300 ku kwezi.
Ikigo cya Leta ya Tanzaniya gishinzwe ibicuruzwa bica ku byambu by’iki gihugu,TPA, kigiye gufungura imiryango mu Rwanda bitarenze 2016.
Bamwe mu bitabira Expo 2016 bavuga ko baboneraho bakanipimisha virusi itera SIDA cyane ko iyi servisi ihari kandi ikorwa mu buryo bwihuse.
Abaturage begereye pariki y’Akagera barakangurirwa kutarya inyamanswa zo muri pariki ahubwo bakwiye kuzirindira umutekano.
Abana bitabiriye ibirori byo kwizihiza umunsi w’umuganura bishimiye kumenya ibikoresho byifashishwaga n’abanyarwanda ba kera n’akamaro kabyo.
Abatuye i Cyarumbo mu Karere ka Huye bahawe ibigega bifata amazi yuhizwa imusozi, none umubare w’abahinga mu mpeshyi wariyongereye.
Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, yasuye studio ya KT Radio aho iri gukorera muri Expo 2016 aboneraho kuganiriza Abanyarwanda.
Ubuyobozi bw’intara y’Amajyaruguru kugirango bakomeze kuba ikigega cy’igihugu mu buryo burambye bashyize imbaraga mu gukora amaterasi ngo umusaruro wiyongere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi butangaza ko bugiye gushyiraho imyaro izwi, hagamijwe guca akajagari mu ngendo n’uburobyi bwo mu Kivu.
Nyuma y’umwaka umwe Kampani David&Family itangije ubukerarugendo bwa kawa, abafasha abakerarugendo bavuga ko bwatangiye kumenyerwa kandi bwinjiza amafaranga atari makeya.
Ku munsi wa mbere w’imikino Olempike iri kubera muri Brazil, Abanyarwanda babiri bahatanye nta n’umwe wabashije kwitwara neza
U Rwanda rwiteguye kwakira no kwitwara neza mu mikino ya gisirikare izahuza ibihugu byo muri Afurika y’i Burasirazuba guhera kuri uyu wa mbere
Abaturage barasabwa gukumira inkongi z’umuriro birinda gutwika amashyamba n’ibindi byateza umuriro kugira ngo birinde impanuka zakwangiza ubuzima bwabo n’ubwibintu byabo.
Bamwe mu babyeyi barerera ku kigo cy’amashuri abanza cya Gatebe muri Nyagatare, bavuga ko iyo RDB itabubakira amashuri nta mwana wari kwiga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro burahamagarira ababishoboye bose kubafasha kwishyurira imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza abatishoboye batuye muri aka karere.
Abatuye nabi mu Karere ka Nyamagabe bagiye gutuzwa mu midugudu y’ikitegererezo, bagezweho n’ibikorwaremezo, muri gahunda igamije kunoza imiturire.
Bamwe mu baguzi bakunze kuvuga ko ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda bihenze ugereranyije n’ibiva hanze, ariko Expo 2016 yerekana ko atari ukuri.
Abarokotse Jenoside bo mu Murenge wa Mwogo mu Bugesera, baravuga ko imishinga yabo irimo kudindira kubera amafaranga yatwawe n’umukozi w’umurenge.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne yagereranyije Umuganura no kwicisha bugufi kw’abayobozi mu gihe yifatanyaga n’Abanyarwanda mu kuwizihiriza mu Karere ka Nyanza.
Perezida Paul Kagame yageze i Addis Ababa muri Ethiopia mu nama y’umuryango w’abakuru b’ibihugu (IGAD Plus) yiga ku kibazo cya Sudani y’Epfo.
Abaturage b’Akarere ka Nyagatare barashishikarizwa gusubira ku muco wo kwizihiza umuganura kuko ari ipfundo ry’ubumwe bw’Abanyarwanda.
Bamwe mu bahinzi b’ibirayi mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko imbuto nziza y’ibirayi ihenze ku buryo buri wese atabasha kuyigurira.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buravuga ko bugiye kubaka umudugudu w’icyitegererezo uzatuzwamo imiryango, 300 bazimurwa mu manegeka no mu miturire y’akajagari.
Inkeragutabara zo mu Karere ka Ngororero zeguriwe gukwirakwiza inyongeramusaruro mu karere ka Ngororero, mu rwego rwo kunoza uburyo abahinzi babona imbuto, ifumbire n’imiti y’ibihingwa.
Umuyobozi w’akarere ka Kirehe asanga kuba ikipe ya Kirehe FC yinjiye mu cyiciro cya mbere ari ibyo yakoreye, yemeza ko igiye kurushaho kwitwara neza ikaguma muri icyo cyiciro.
Abanyamakuru bamaze ukwezi biga gufotora mu kigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today basojeamasomo, maze bahamagarirwa kubyaza umusaruro ibyo bize.
Sergent Major Nsabimana Edson witandukanyije na FDLR avuga ko FDLR yacitse integer, kubera kuraswaho abayobozi basigara ku masengesho bizera ko azabarinda.