Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yateguje ibihumbi birenga umunani by’abarangije muri Kaminuza y’u Rwanda, ko bagiye kwiga irindi shuri ryo guhatanira imirimo.
Abanyeshuri barimo kwiga gufotora mu kigo cy’itangazamakuru, Kigali Today, basuye abagore bakora ubugeni mu kigo “Women for Women” kiri mu Karere ka Kayonza.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Burera baracyumva ko imirimo ivunanye ikoreshwa abana ntacyo itwaye kuko ibinjiriza amafaranga.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, aranenga umusaruro uva ahashyizwe ibikorwa byo kuvomerera imyaka muri Karongi akabasaba kuwuhuza n’ubushobozi bwahawe.
Bamwe mu Banyarwanda bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga ririmo kubera i Kigali barahamya ko ari umwanya wo kugaragaza ubwiza bw’ibikorerwa mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba buratangaza ko bwamaze gufata ingamba ku bakorera magendu mu Kiyaga cya Kivu bakanyereza imisoro.
Itsinda rya AERG ryahize amatsinda y’uturere 17 mu marushanwa y’ibiganiro mpaka yateguwe n’Imbuto Foundation agamije gutoza urubyiruko kuvuga neza mu ruhame.
Kuri uyu wa Gatanu ni bwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda riza guha ibihembo abakinnyi, abatoza n’abafana bitwaye neza muri Shampiona ya 2015/2016
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyabibu bibukijwe gukurikirana abana babo mu biruhuko, nyuma y’uko habonetse abana batanu batwariye inda mu mashuri.
Minisiteri yUbuzima (MINISANTE) ivuga ko igiye gushaka uburyo yakoresha mu kugabanya ibiciro by’imiti y’indwara ya Hepatite, ku buryo byorohera buri wese.
Abagore boroye ihene zitanga umukamo baravuga ko amata yazo agurwa amafaranga menshi, ariko ngo bafite ikibazo ko zidatanga umukamo mwinshi.
Umuryango utabara imbabare (Croix Rwanda) ufite intego yo kwigira kugirango ushobore gukomeza kugoboka abatishoboye.
Ministiri w’Inganda n’ubucuruzi, Francois Kanimba yijeje abitabira imurikagurisha mpuzamahanga(Expo), ko Leta izababonera aho gukorera hagutse kandi hujuje ibisabwa.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buratangaza ko kuva gahunda ya Girinka yatangira hamaze gutangwa inka zisaga ibihumbi 30 mu Turere 5 tuyigize.
Umucungamari wa Sacco y’Umurenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera yatawe muri yombi akekwaho kunyereza miliyoni ebyiri.
Mu Kigo cya Gisirikare cya Gabiro hatangirijwe igikorwa cyo gusenya toni 55 z’ibisasu bishaje n’intwaro.
Leta ya Amerika irizeza u Rwanda ubufatanye burambye mu kubungabunga amahoro ku isi, kubera icyizere rukomeje kugirirwa n’amahanga.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative y’Abakozi b’Akarere ka Rutsiro COTOPROCO (Congo Nil tourism Promotion cooperative) ngo bagiye gusezera bitewe n’imicungire yayo mibi.
Umubyeyi utaramenyekana yataye uruhinja rw’umukobwa ruri mu kigero cy’amezi abiri mu gihuru, rutoragurwa n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ari na ho byabereye.
Abatuye i Cyendajuru mu Murenge wa Simbi muri Huye bishimira ko begerejwe amazi meza, ariko noneho ngo uwabaha n’amashanyarazi.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare igiye guhatana na Chris Froome wegukanye Tour de France, mu isiganwa ribera mu Bwongereza kuri iki Cyumweru
Abiga mu ishuri ribanza rya Gitantu, mu Murenge wa Gasaka bishimira ishuri begerejwe ariko ariko bakavuga ko bidahagije kuko abanyeshuri bagicucikiranye.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke baravuga ko bafite impungenge ko imvura iramutse yongeye kugwa umuhanda Kigali- Rubavu wakwongera gufunga.
Abaturage batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kibangira mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, babangamiwe n’ikibazo cyo kutagira amazi.
Jonas Nkundumukiza wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe yavumbuye Imbabura ikoresha umufuka umwe w’amakara ku mwaka yifashishije itaka ryo mu mashyuza.
Abayobora FDLR ngo bohereza abana ba bo kwiga mu gihe abavuka ku barwanyi bato birirwa batikirira mu mashyamba ya Congo.
Abarozi n’abashinzwe ubuvuzi bw’amatungo mu Karere ka Nyagatare, Imirenge ihana imbibe n’igihugu cya Uganda bafashe ingamba zo gumira uburenge.
Ku bufatanye bw’ishyirahamwe ritanga inguzanyo ku buhunzi n’ubworozi n’imishinga yo cyaro (AFRACA), BRD, MINAGRI na AFR, mu Rwanda hagiye kubera inama mpuzamahanga y’impuguke mu ishoramari mu buhinzi n’ubworozi.
Umuyobozi w’ikigo cy’abana bafite ubumuga (HRD) mu Karere ka Muhanga, Mukamwezi Léoncie, arasaba ubufasha bwo kurera abana 37 bafite ubumuga bari muri icyo kigo.
Umuganura w’uyu mwaka wa 2016 uzizihizwa werekana ibyo u Rwanda rukora ariko uhuzwe n’Iserukiramuco Nyafurika ry’imbyino (FESPAD) mu rwego rwo kugaragaza umuco w’uyu mugabane.
Abatuye mu mujyi wa Kigali baraye bagenda kugira ngo bakirwe mu bantu 500 bari bemerewe gukingirwa indwara y’umwijima (Hepatite C) ku buntu.
Abanditsi ba filime Nyarwanda bagera kuri 15, bari guhugurwa ku myandikire inoze kandi ya kinyamwuga muri filime.
Impuguke za Congo Brazaville ziri mu Rwanda kuganira ku myanzuro yashyizweho mu guteza imbere ubuhahirane bw’ibihugu byombi
Imiryango yahoze ikennye cyane mu Karere ka Nyanza, ariko ikaba yarorojwe binyuze muri “Girinka”, iremeza ko iyi gahunda yabakijije ubworo bakaba abatunzi.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) yahagaritse by’agateganyo imikino y’amahirwe izwi nk’Ikiryabarezi, nyuma y’igenzura ryasanze bamwe mu bayicuruza batubahiriza amategeko n’amabwiriza.
Gahunda yo gukwirakwiza inyongeramusaruro mu bahinzi mu Karere ka Karongi, yeguriwe Inkeragutabara mu rwego rwo kurwanya uburiganya bwayigaragayemo.
Kuri uyu wa Gatatu haraza gukomeza imikino y’igikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18, aho u Rwanda ruza kuba ruhura na Algeria Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba
Polisi ikorera mu Karere ka Nyagatare iravuga ko abakozi babiri b’akarere baguwe gitumo bakira ruswa y’ibihumbi 330Frw.
Ikipe ya Rayon Sports nyuma yo kugurisha Davis Kasirye muri Motema Pembe ya Congo, iratangaza ko amafaranga yinjiye mu kigega cyayo ari Milioni 25Frws.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibeho, Tuyisenge Henriette, n’uwa Rusenge, Nsanzintwali Celestin, batawe muri yombi bakekwaho kwaka ruswa muri “Gira inka”.
Abanyamuryango b’amakoperative 10 y’urubyiruko yo mu Bugesera yafashijwe kwiteza imbere bavuga ko bagiye bagenzi babo gutera ku ntambwe nk’iyabo.
Kaminuza y’Ubukerarugendo na Businesi (UTB yahoze ari RTUC) ifite gahunda yo gufasha abanyeshuri bayigamo gutinyuka isoko ry’umurimo, ibinyujije mu marushanwa y’ubwiza.
Abanyarwandakazi ba rwiyemezamirimo bavuga ko kwishyira hamwe na bagenzi babo b’Abanyakenya bizamura imyumvire y’ibyo bakora kandi bikabongerera umusaruro.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 26 Nyakanga 2016, ku Biro by’Umurenge wa Ngoma hagejejwe “ibiryabarezi” byinshi bibikwa muri kimwe mu byumba by’umurenge.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi bwongeye kwizeza umukecuru Mukabagema Anastasie utagira inzu yo kubamo kumwubakira mu gihe kitarenze ukwezi.
Abanyamuryango ba koperative COTMIN Intiganda y’abamotari barasaba ubuyobozi bwabo kwegura kuko bwananiwe kubashakira uruhushya rubemerera gukora (authorization).
Nyuma yo gutadukana na Nizar Kanfir, APR Fc yashyizeho abatoza bashya, aho Mugisha Ibrahim yagarutse nk’umutoza w’abanyezamu, Rubona asubizwa gutoza abana