Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko atarumva impamvu hari abayobozi biyemeza gukora ibintu runaka biteza imbere igihugu ariko ibyo biyemeje ntibabishyire mu bikorwa.
Muri Shampiona y’igihugu y’umukino w’amagare, Gasore Hategeka usigaye ukinira ikipe ya Nyabihu atsinze Valens Ndayisenga ku murongo usoza yegukana Shampiona y’igihugu
Ubwo irushanwa ryo kuririmba rya Primus Guma Guma Guma Superstar 7 (PGGSS7) ryasozwaga habayeho gutungurana ugereranyije n’ibyo bamwe bari biteze.
Chinedu Ikidieze na Osita Iheme n’ibindi byamamare muri sinema nyafurika byitabiriye umugoroba (Gala Night) w’abahatanira ibihembo bya “AMAA2017" batemberejwe umujyi wa Kigali.
Madame Jeannette Kagame arahamagarira Abanyarwanda baba mu Bwongereza n’ahandi mu Burayi guterwa ishema no guteza imbere u Rwanda.
Itsinda ry’abaririmbyi “Dream Boys” niryo ryegukanye irusharwa ryo kuririmba rya Primus Guma Guma Superstar ribaye ku nshuro ya karindwi (PGGSS7).
Muri Shampiona y’igihugu y’umukino w’amagare yatangiye kuri uyu wa Gatatu i Nyamata mu karere ka Bugesera, Adrien Niyonshuti ni we wabaye uwa mbere mu gusiganwa n’igihe umuntu ku giti cye
Perezida Kagame yasabye abafite ibikorwa bakorera mu bishanga mu gihugu hose ku buryo butemewe kubikuramo byihuse kugira ngo batangire babibungabunge.
Mu mujyi wa Huye na Gisagara hagiye kubera irushanwa ryo Kwibuka Alphonse Rutsindura wahoze ari umutoza wa Volleyball muri Petit Semianire Virgo Fidelis Karubanda, akaba yarazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
Buri mpera mu gihugu hose hakorwa igikorwa cy’umuganda cyo gusukura aho abaturage batuye, kubakira abatishoboye cyangwa gukorera hamwe ikindi gikorwa kiba kemeranyijweho.
Mu mpera z’iki Cyumweru haraza gusozwa Shampiona ya Basketball hatangwa ibihembo kuri REG (Abagabo) na APR (Abagore) zegukanye ibikombe bya Shampiona 2016/2017
Iyo winjiye mu Mudugudu wa Ayabaraya uherereye mu Karere ka Kicukiro, mu Murenge wa Masaka, usanganirwa n’inzu nziza zibereye ijisho kandi zubatse kimwe ku gasozi kirengeye ka Masaka.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) igaragaza ko umubare w’abafite ubumuga bwo mu mutwe bakirwa mu bitaro byabagenewe bya Ndera, ukomeje kwiyongera.
Igihugu cya Congo n’u Rwanda bagiranye amasezerano akubiye mu mushinga wo gucukura Gaz Metane iri mu Kiyaga cya Kivu mu rwego rwo kuyibyazamo amashanyarazi angana na MW200.
Umukinnyi ukomoka mu Rwanda Frank Ntilikina yaraye atoranijwe n’ikipe ya New York Knicks yo muri leta zunze ubumwe z’Amerika muri NBA.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zamaze kurenza kure imibare zari zihaye z’abo zigomba kuvura muri gahunda ngaruka mwaka yazo ya “Army Week”.
Ikipe y’Amagaju ikoze mateka yo kugera muri 1/2 bwa mbere mu gikombe cy’Amahoro, nyuma yo gusezerera AS Kigali kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mu mikino ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro, Amagaju asezereye AS Kigali, APR nayo isezerera Bugesera.
Paul Kagame, umukandida uzahagararira FPR mu matora ari imbere, yaganiriye n’abanyamakuru nyuma yo gutanga kandidatire, abamenyesha aho ahagaze mu gutuma u Rwanda rukomeza inzira y’iterambere.
Laudit Mavugo wahoze muri shampiyona y’u Rwanda arahakana yivuye inyuma ko ari mu Rwanda kuvugana n’ikipe ya As Kigali ngo abe yayikinira umwaka utaha wa 2017-2018.
Komisiyo y’Amatora (NEC) yakiriye kandidatire Paul Kagame, umukandida uzahagararira ishyaka FPR mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe muri Kanama 2017.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare igiye kwitabira isiganwa ry’amagare rikomeye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika
Abatuye mu Murenge wa Mukarange muri Kayonza batangaza ko kwegerezwa umuyoboro w’amazi meza babifata nk’igitangaza kuko batari bazi ko yabageraho.
Abatuye Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru basoje itorero ryo ku mudugudu baravuga ko ryabafashije kumva ko gahunda za Leta zibafitiye akamaro.
Abashoramari baturutse muri Amerika (USA) no mu Budage bagiye kubaka urugomero rw’amashanyarazi ku mugezi wa Mukungwa ruzatanga Megawatt 2, 6.
Ndikumana Hamadi Katauti ni umwe mu bashobora gusimbura Sogonya Hamiss wahagaritswe n’ikipe ya Kirehe n’ubwo we abihakana
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi Munyakazi Isaac yanenze bamwe mu barezi kugira uburangare ntibite ku bana barera aho usanga abana bafite imyitwarire mibi.
Ikipe ya Rayon Sports igeze muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro isezereye Police Fc nyuma yo gutsinda Police ibitego 6-1 mu mikino ibiri
Abafite ubumuga bivuriza i Gatagara bagorwaga no kubona inyunganirangingo n’insimburangingo kubera ubushobozi buke ntibazongera kugira icyo kibazo kuko Mitiweri igiye kugikemura.
Ikigo gishinzwe Iterambere RDB cyararikiye abantu bagejeje ku myaka 15, bavutse tariki 04 Nyakanga, guhatanira gusura ingagi ku buntu.
Ibikorwa byo kwagura umuhanda wa kaburimbo Huye-Nyamagabe-Kitabi byatangiye muri Gicurasi 2017, bizamara imyaka ibiri.
N’ubwo imyaka y’ubukure ari 18, abana bo guhera ku myaka 14 bakoze amakosa akomeye nko kunywa ibiyobyabwenge cyangwa kubicuruza barabihanirwa.
Itsinda rishinzwe kugenzura imirimo yo kubaka ibibuga mu turere ku bufatanye na Maroc baratangira gusura uturere kuri uyu wa gatatu.
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) ivuga ko hari “ntayegayezwa” y’ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda imitwe ya Politiki idakwiriye gukoraho muri ibi bihe by’amatora.
Urugereko Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyaha Byambukiranya Imipaka rwumvise abatangabuhamya batatu mu batangabuhamya umunani Dr Kabirima Jean Damascene yasabye ko babazwa mu rubanza ashinjamo Jenoside.
Kuri uyu wa 20 Kamena 2017, Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC), yakiriye kandidatire ya Diane Rwigara wifuza kuba umukandida wigenga, mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba muri Kanama 2017.
Amakuru agera kuri Kigali Today, aratangaza ko kuri uyu wa 20 Kamena 2017, Udahemuka Aimable, umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye ku mirimo ye.
Umutoza Nduhirabandi Abdulkharim uheruka guhagarikwa na Marines ababazwa cyane no kuba imyaka 18 amaze muri Marines atarigeze atsinda APR Fc kandi yari yarabishyize mu mihigo
Ku isi hose miliyoni zisaga 60 z’abantu bahunze ibihugu byabo by’amavuko kubera impamvu zitandukanye za politiki, ubukene cyangwa imihindagurikire y’ibihe.
Dr. Alex Manirakiza, uvura indwara za kanseri mu bana mu Bitaro bya Burera, ni umuganga w’umurundi, wari umaze igihe kinini akorera ubuvuzi mu Rwanda, mbere y’uko i Burundi haduka imvururu zatumye benshi bahunga barimo n’abaganga bagenzi be.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yatangije gahunda yitwa “Hirwa-Ugwize na BPR” aho abayibitsamo bafite amahirwe yo kuba bakwegukana ibihembo buri cyumweru.
Ivuriro ryitwa Legacy Clinic nyuma y’amezi arindwi rifunguye imiryango, ryahawe igihembo mpuzamahanga, rishimirwa gutanga serivise nziza, zizewe kandi zihuse z’ubuvuzi, zikorwa hifashishijwe ibikoresho bigezweho.
Perezida Kagame yavuze ko umubano w’u Rwanda na Zambia muri rusange uri ku rwego rushimishije, ariko avuga ko ukwiye kwaguka ukagera cyane cyane no mu bucuruzi, ngo kuko mu cyiciro cy’ubucuruzi utaragera mu rwego rushimishije.
Ikipe ya APR mu mukino wa Handball yatanze inkunga y’ibikoresho by’uwo mukino mu ishuri rya ES Kigoma bifite agaciro k’ibihumbi 250Frws