Komisiyo y’Amatora (NEC) yemeje urutonde ntakuka rw’abakandida batatu bazahatana mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe muri Kanama 2017.
Madame Jeannette Kagame yatashye ku mugaragaro inzu yubatswe n’abanyamuryango b’Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe, ifite agaciro ka miliyoni 530 y’u Rwanda.
Ubuyobozi bwa FERWAFA buratangaza ko nta burangare bwagize mu kudatangira igihe igikombe cya Shampiyona Rayon Sports yatsindiye mu mwaka w’imikino wa 2016-2017.
Mu bitaro bya Gihundwe biherereye mu Karere ka Rusizi hatangijwe serivisi y’ubuvuzi bw’indwara z’impyiko (Dialysis) izafasha abafite ubwo burwayi kubona aho bivuriza hafi.
Yankurije Odette warahiriye kuzuza inshingano ze nk’Umuvunyi wungirije, yijeje Abanyarwanda kuzifashisha ubunararibonye akuye muri Minisiteri y’Ubutabera, afasha urwego agiyemo guca akarengane.
Nyuma y’igihe kinini basa n’abatuje korali Jehovajireh bateye iz’amazamuka”Umukwe araje”, ni umuzingo w’amajwi n’amashusho mushya w’iyi korali, washyizwe hanze kuriki cyumweru 09, nyakanga 2017, kuri stade ya ULK ku Gisozi.
Imirimo yo kubaka isoko ryambukiranya imipaka (Cross Border Market) riherereye mu Karere ka Burera mu Murenge wa Cyanika ku mupaka w’u Rwanda na Uganda, iragana ku musozo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abayobozi ko igihe cy’amatora u Rwanda rurimo kigomba kuba umwanya wo kurushaho kwegera abaturage no kumenya ibibazo byabo.
Muri uyu mwaka wa 2016-2017, abaturage bagera ku bihumbi icyenda bo mu Karere ka Karongi batagiraga amazi meza, bayagejejweho.
Abanyeshuri 213 bize ubuforomo mu ishuri ry’ubuzima rya Ruli bahawe impamyabumenyi z’icyiciro cya mbere cya Kaminuza (A1) ngo bajye ku isoko ry’umurimo.
Uwamwezi Mercianne, umupfakazi wo mu Karere ka Nyagatare yihangiye umurimo wo kumisha inanasi none yabonye isoko azigemuraho i Burayi mu Busuwisi.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Nyakanga 2017, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyagabanutse.
Ikipe y’igihugu Amavubi yazamutse umwanya umwe ku rutonde ngarukakwezi rw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA.
Imihanda yo mu Karere ka Gakenke yari yarangiritse ikabangamira imigenderanire n’imihahirane y’abaturage, kuri ubu yantangiye gukorwa ku buryo izabakura mu bwigunge.
Umushinga ‘CUP Rwanda’ uterwa inkunga n’Abayapani ngo uzafasha abahinzi ba kawa kuyongerera ubwiza n’ubwinshi bityo bibateze imbere n’igihugu.
Abagore bibumbiye mu rugaga rushamikiye ku muryango wa FPR INKOTANYI mu Karere ka Rusizi, bakesheje ijoro bizihiza isabukuru y’imyaka 23 u Rwanda n’Abanyarwanda bamaze bibohoye.
Ubuyobozi bwa Isilamu mu Karere ka Kayonza n’abayobora imisigiti yo muri ako karere bavuga ko biyemeje guhangana n’abigira intagondwa.
Kwizihiza isabukuru y’imyaka 23 u Rwanda rumaze rwibohoye byabereye hirya no hino mu gihugu aho abaturage n’abayobozi bafatanije mu kuyizihiza.
Perezida Paul Kagame yasabye abayobozi gukomeza gushyira imbaraga mu burezi no gukorera hamwe, kuko ishoramari rishyirwa mu burezi ari ryo rizagena ireme ry’uburezi buzatangwa.
Kuri uyu wa 04 Nyakanga 2017 umunsi u Rwanda rwizihizagaho ukwibohora, umukuru w’igihugu Paul Kagame yatashye ku mugaragaro ibitaro bya Shyira biri mu Karere ka Nyabihu.
Abanyamuryango ba Rotary Club mu Karere ka Huye baravuga ko bagiye gushyira imbaraga mu gusobanurira Abanyarwanda iby’uwo muryango kuko abenshi batawuzi n’abanyamuryango bakaba baragabanutse.
Kuri uyu wa kabiri Tariki ya 4 Nyakanga 2017,APR yatsinze Amagaju ku mukino wa nyuma yegukana igikombe naho Rayon Sport yegukana umwanya wa 3.
Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika yari iteraniye i Addis Abeba muri Ethipia yatoreye u Rwanda kuzayobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).
Petit Seminaire Virgo Fidelis ikomeje kuba igicumbi cy’impano z’umukino wa Volleyball aho benshi mu bahanyuze bakomeje guteza imbere Siporo na Volleyball by’umwihariko mu Rwanda
Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko n’ubwo kwibohora byagezweho, ariko bagihanganye n’ingaruka ubuyobozi bubi bwasize zirimo inzara, ubukene n’umwiryane.
Ikigo cya KLab cyatangiye kwigisha abana bari mu cyigero cy’imyaka itanu bari kwiga ikoranabuhanga ririmo gukora imbuga za internet.
Umwana w’umukobwa ukivuka yatawe mu musarani wa metero 8 z’ubujyakuzimu akurwamo akiri muzima, ahita ajyanwa kwitabwaho n’abaganga mu bitaro bya Kirehe.
Ndatimana Mustafa wakomerekeye ku rugamba rwo kubohora igihugu, avuga ko yataye amashuri aho yigaga mu wa gatandatu w’amashuri yisumbuye yinjira igisirikare.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi, abatoza n’abasifuzi bazakurwamo abahize abandi muri Shampiona y’icyiciro cya mbere 2016/2017
Abantu ibihumbi n’ibihumbi bari bitabiriye igitaramo cya Rwanda Fiesta cyabereye i Nyamata mu Bugesera abenshi muri bo byagaragaraga ko bajyanwe no kureba umuririmbyi Diamond.
Mu nama ya 29 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) iri kubera i Addis Ababa muri Ethiopia, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko Ibihugu bya Afurika byatangiye kugaragaza ko kwigira kwayo bishoboka.
Kuri uyu wa mbere Tariki ya 3 Nyakanga 2017 nibwo umutoza w’ikipe y’igihugu AMAVUBI yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 bagomba gukina na Tanzaniya mu mukino wo gushaka itike ya Chan 2018.
Irushanwa ryo gusoma Korowani mu mutwe ryaberaga i Kigali ryarangiye umusore ukomoka muri Uganda ariwe uryegukanye atsinze abandi 15 bari bahanganye.
Mu karere ka Huye na Gisagara habereye irushanwa Memorial Rutsindura muri Volleyball na Beach Volleyball ryegukanwa na REG mu bagabo na Rwanda Revenue mu bagore
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye arahamagarira abapolisi bakuru barangije amasomo gukora ibituma bemerwa nabo bayobora.
Ikipe ya REG na Patriots mu bagabo nizo kipe z’umukino w’intoki wa Basketball zizakina imikino ya nyuma ya Play Offs.
Rwanda Revenue mu bagore na REG mu bagabo ni zo zegukanye irushanwa "Memorial Rutsindura" ryari rimaze iminsi ibiri ribera mu karere ka Huye na Gisagara
Perezida Paul Kagame yageze i Addis Ababa muri Ethiopia aho yitabiriye inama ya 29 y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU).
Umuhanzikazi Young Grace yatangaje ko agiye gushinga Televiziyo ye azita Young Grace TV, ikaba izatangira muri uyu mwaka wa 2017.
Perezida w’inteko ishinga amategeko, Mukabarisa Donatille arashimira ingabo z’igihugu zakomeje gufasha abturage mu iterambere, nyuma yo kurokora abatari bake muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umunsi wa mbere w’irushanwa ryo kwibuka Alphonse Rutsindura wihariwe n’ikipe ya APR Vc yageze ku mukino wa nyuma mu bagabo n’abagore
Nyuma yo kwibwa mudasobwa 30 Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Ruhango yabashije kugaruza izigera kuri 27 n’abantu batandatu barafatwa bakurikiranyweho iki cyaha.
Ubushakashatsi bw’Umuryango "Save the Children" ukorera mu Rwanda, bugaragaza ko abana 13% basoza amashuri abanza batazi gusoma ikinyarwanda.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Huye batanze icyifuzo cy’uko ingengo y’imari akarere kagenera Mukura FC ikwiye kongerwa.Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Huye batanze icyifuzo cy’uko ingengo y’imari akarere kagenera Mukura FC ikwiye kongerwa.