Amarushanwa y’Umurenge Kagame Cup yaraye asojwe amakipe y’akarere ka Rutsiro mu bagabo n’abagore atwaye ibikombe ku rwego rw’igihugu.
APR iteye intambwe igana muri 1/2 nyuma yo gutsindira Bugesera i Nyamata ibitego 2-0
Ikipe ya Rwamagana nyuma yo kuregwa na Miroplast ko yakinishije umukinnyi udafite ibyangombwa n’amategeko, hanzuwe ko itewe mpaga inabura amahirwe yo kujya mu cyiciro cya mbere
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) iramagana abiyitirira kuba abakandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ababamamaza kandi nta n’umwe kandidature ye iremerwa.
Umushinga wa Kivu Watt watangiye gushyirwa mu bikorwa ku itariki ya 2 Werurwe 2009. Gaz Methane ikurwamo izi ngufu yavumbuwe mu Kiyaga cya Kivu mu mwaka wa 1936.
Abavumvu bo mu Karere ka Kamonyi bihangiye umurimo wo gukora amavuta yo kwisiga mu bishashara by’nzuki bisigara iyo bamaze gukuramo ubuki.
Umuririmbyi Yvan Buravan yigaramye iby’urukundo bivugwa ko yaba afitanye n’umukobwa witwa Hoza Idol, avuga ko uwo mukobwa bataziranye.
Perezida Paul Kagame yamaze ku gera i Lusaka muri Zambia mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, aho yahise yakirwa na mugenzi we Perezida Edgar Lungu.
Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda mu cyiciro cya mbere Azam Rwanda Premier League yasojwe kuri uyu wa 15 Kamena 2017 isozwa Rayon Sports ariyo itwaye igikombe cya Shampiyona mu gihe amakipe ya Pepiniere na Kiyovu ariyo asubiye mu cyiciro cya Kabiri.
Abitabiriye irushanwa ry’ibigeragezo rya “Waka Warrior Race 2017” banyuze mu bigeragezo bikomeye bisaba ko umuntu aba afite ingufu zimufasha kunyura mu mitego.
Mu mukino ubanza wa 1/4 mu gikombe cy’Amahoro, Rayon Sports itsinze Police Fc ibitego 2-0 mu mukino wabereye Kicukiro
Urubyiruko rwa FPR-Inkotanyi mu mujyi wa Kigali rwatangaje ko Perezida Kagame n’ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda batazabura ababasimbura ruhari.
Nshimibyayo Pierre wavukanye ubumuga bwo kunyunyuka amaguru avuga ko igitekerezo cyo kwihangira umurimo cyamujemo yirinda kuzasaza asabiriza nka bamwe muri bagenzi be.
Abakinnyi bakomoka muri Congo nibo bihariye mu irushanwa ryo kwibuka Abasiporutifu babarizwaga mu mukino wa Tennis bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994
Kuri uyu wa Gatanu abakozi b’umuryango wa JHPIEGO baremeye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu mudugudu wa Twinya, Akagali ka Murambi, Umurenge wa Gikomero ho mu karere ka Gasabo, inka zifite agaciro ka Milioni 1, 200 Frws
Ikipe ya Rwamagana n’Isonga zitsinze imikino ya 1/2 mu cyiciro cya kabiri, zihita zibona itike yo kugaruka mu cyiciro cya mbere
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arahamagarira abagize umuryango FPR-Inkotanyi kurushaho gukora cyane batekereza ku hazaza h’igihugu.
Inama nkuru y’Umuryango FPR-Inkotanyi yatoye Paul Kagame nk’umukandida uzawuhagararira mu matora ya perezida ateganyijwe muri Kanama 2017.
Ihuriro ry’amatorero ya Gikirisitu ritanga imiti mu Rwanda (BUFMAR) rivuga ko gufashanya ari bwo buryo bwiza bwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abayobozi batandukanye bo mu Ntara y’Amajyepfo barahamagarira ababyeyi n’abarezi kwita ku burere bw’abana kugira ngo boye gukomeza guta ishuri.
Mu Rwanda hashinzwe Ihuriro ry’ubumwe n’ubwiyunge rihuriwemo n’abari m’ubuyobozi n’abacyuye igihe,rije kunganira Komisiyio y’ubumwe n’ubwiyunge na Unity Club-Intwararumuri mu kwimakaza amahoro,ubumwe n’ubwiyunge.
Polisi y’igihugu yizihije imyaka 17 imaze ishinzwe, isabukuru yaranzwe no kwerekana ibikorwa yagezeho mu kurinda ubusugire bw’igihugu, ariko si ibyo gusa yagezeho.
Nk’uko u Rwanda rukomeje kwiyubaka by’umwihariko hubakwa ibikorwa remezo bitandukanye, no muri Siporo u Rwanda ruri gutera intambwe yo guhanga no kuvugurura ibikorwa remezo bya SIporo
Ishuri ryigenga “Primier ECD Teachers College” ryashyize ku isoko ry’umurimo bwa mbere abanyeshuri 41 bize umwuga wo kwigisha mu mashuri y’incuke.
Ababyeyi bo mu Karere ka Bugesera baravuga ko nta mashuri y’incuke ahagije bafite bigatuma babura aho bajyana abana babo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ahamagarira Polisi y’u Rwanda kurangwa n’imico myiza no gukora akazi neza kugira ngo abaturage barusheho kuyibonamo.
Ikipe ya Kiyovu Sports nyuma y’imyaka hafi 60 yamaze gusubira mu cyiciro cya kabiri, byari agahinda ku bafana, abakinnyi n’abatoza bayo
Abanyeshuri biga mu kigo cya Karangazi Secodary School bavuga ko gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byababereye imfashanyigisho mu kumenya amateka.
Umukinnyi wo hagati mu ikipe ya Rayon Sports uzwi nka Sefu yamaze gushyira umukono ku masezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rayon Sports.
Mbarushimana Kunda Emmanuel yabwiye Urugereko rw’Urukiko Rukuru ko rudakwiye gukomeza kumuburanisha nk’aho yari afite inshingano mu butegetsi.
Ikipe ya Kiyovu Sports itsinzwe na Rayon Sports ihita isubira mu cyiciro cya kabiri nyuma y’imyaka isaga 53 yari imaze mu cyiciro cya mbere
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwabohoye abarwayi b’indwara zitandukanye bari baragizwe imbohe n’abavuzi gakondo babavurishaga ibyatsi n’imitongero.
Ikipe ya Rayons Sports ntivuga rumwe na Gatsibo Football Academy,ishuri ry’umupira w’amaguru ryareze umukinnyi Manishimwe Djabel.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) itangaza ko ifite imitungo yasizwe na ba nyirayo (abandoned properties) yashyizwe mu mitungo icungwa na Leta.
Uburyo bushya bwo kwigisha abanyeshuri bo mu mashuri abanza hakoreshejwe indirimbo bwiswe ‘World Voice’ ngo buzabafasha gutsinda neza kuko butuma bafata vuba amasomo.
Mu gihe usanga hari ibyamamare biba bifite abantu bihariye babyambika, umuhanzi Teta Diana we agaragaza ko ibyo atajya abitaho umwanya.
Abatuye i Nyamata bagiye kureba bwa mbere isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rigiye kuba ku nshuro ya cyenda mu Gushyingo 2017, rikazaba rigizwe na kirometero 819.
Perezida Kagame yafashe mu mugongo Umuryango wa Depite Mukayisenga Françoise witabye Imana ku cyumweru tariki 11 Kamena azize uburwayi.
Abaturage 252 bo mu Turere twa Nyagatare na Gatsibo barashinja itorero CEPEA kunyereza miliyoni 16.7RWf zabo, ryabatse ribizeza gushyira abana babo mu mushinga wa “Compassion International”.
Abapolisi bakuru ba bimwe mu bihugu by’Afurika baganirijwe ku micungire y’umutekano n’imiyoborere, kugira ngo ibihugu byabo bigere ku iterambere rirambye.
U Rwanda rwagizwe umunyamuryango mu kanama gashinzwe umurimo ku isi, mu matora yabaye kuri uyu wa mbere tariki 12 Kamena 2017.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga rwemeje ko ikirego cya Dr. Niyitegeka Theoneste atari impaka zijyanye no kurangiza imanza nk’uko yari yabiregeye.
Ikigo cy’isi gishinzwe kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge World Anti-Doping Agency, gikomeje gutanga amahugurwa ku bashinzwe kurwanya ibiyobyabwenge muri Afurika kugira ngo harandurwe ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ku bakinnyi ba Afurika.
Bamwe mu bahagarariye amadini bemeye ko bagiye kuzajya bigisha abayoboke babo mu nsengero ibijyanye no gutanga imisoro.