Ubwo Espoir yasezereraga Rayon Sports mu mikino y’igikombe ry’Amahoro abatuye i Rusizi birukiye mu mihanda kubera ibyishimo imodoka zibura uko zitambuka.
Kuri uyu wa 29 Kamena 2017, Amashyirahamwe atatu yo mu Bufaransa, arageza ikirego mu rukiko ashinja Banki BNP Paribas yo muri icyo gihugu ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Madame Jeannette Kagame yeretse amahanga uburyo u Rwanda rwashyizeho gahunda zitandukanye zita ku buzima bw’ingimbi n’abangavu.
Umuryango Unity Club, ugizwe n’abayobozi bakuru b’u Rwanda n’abigeze kuba mu nzego nkuru z’ubuyobozi n’abo bashakanye , kuri uyu wa 29 Kamena 2017 urashyikiriza amacumbi abakecuru bagizwe incike za Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu mukino wo kwishyura wabereye kuri stade Nyamirambo, Rayon yishyuye igitego kimwe muri bibiri yatsindiwe i Rusizi ihita isezererwa. Rayon sports yatsinze igitego ku munota wa 18 w’umukino gitsinzwe na Mutsinzi Ange.
Abaturage bo mu Murenge wa Kibirizi muri Nyamagabe batangaza ko batakigenda ibirometero byinshi bajya kwivuza kuko begerejwe ikigo nderabuzima.
Hotel Radisson Blu ikimara kumva iby’inkuru yasakaye ivuga ku mwana wabumbye inzu Kigali Convention Center (KCC) ari naho ikorera, yahise itangaza ko yifuza guhura n’uwo mwana byihuse.
Mu rwego rwo kwitegura yubile y’imyaka 100 y’Ubusaseridoti mu Rwanda, abapadiri bo mu Rwanda bakoze amarushanwa mu mikino itandukanye batangaza abayikurikiye.
Ukuriye Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) muri Afurika, Dr Matshidiso Moeti, avuga ko u Rwanda rwakagombye kubera urugero Afurika kubera Mituweri.
Kansiime James wari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gakenke yeguye kuri iyo mirimo ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Kamena 2017.
Nyuma y’imyaka ine muri Kamonyi hubatswe uruganda rutonora umuceri abawuhinga bahinduye imibereho kuko bawugurishiriza hafi kandi bakanabonaho uwo kurya.
Abakandida babiri gusa nibo bagaragara ku rutonde rw’agateganyo rw’abakandida biyamamariza kuyobora u Rwanda, mu matora ateganyijwe muri Kanama 2017.
Igeragezwa rya Jenoside mu cyahoze ari Komini Kibirira (ubu ni muri Ngororero), amateka agaragaza ko ryatangiye mu 1990 riyobowe na bamwe mu bayobozi bariho.
U Rwanda rwatangije ku mugaragaro iyubakwa ry’ikigo gikomeye mu ikoranabuhanga (ICT Innovation Center), kizafatwa nk’isoko ry’udushya mu ikoranabuhanga mu Rwanda.
Kuri iki Cyumweru ku bibuga cya Kimisagara harabera umukino usoza umwaka muri Shampiona ya Handball, aho APR na Police zishobora kongera guhurira ku mukino wa nyuma.
Miss Umuhoza Simbi Fanique yeretse urubyiruko rwo mu Karere ka Kirehe ko kwigirira icyizere ari byo bizabageza kuri byinshi byiza.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ko umuhanda uva mu mujyi ugana Nyabugogo watangiye gushyirwamo kaburimbo, ukazatangira gukoreshwa n’ibinyabiziga bidatinze.
Urukiko rwa Gisirikare ruri kuburanisha Private Claude Ishimwe na Private Jean Pierre Nshimiyumukiza, ku mugaragaro, rwafashe icyemezo cy’uko bafungwa by’agateganyo iminsi 30.
Ama G The Black atangaza ko nyuma yo gutandukana n’umugore we nta rungu afite kuko ngo asigaye arimarwa n’inkoko ze na tereviziyo.
Mu mukino ubanza 1/2 cy’irangiza cy’igikombe cy’Amahoro wahuje ikipe y’Amagaju n’iya APR FC kuri uyu wa 26 Kamena 2017, APR FC ntiyorohewe n’Amagaju aho ibashije kunganya nayo igitego 1-1 mu buryo bugoranye.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi n’ubworozi (RAB), cyatangaje ko ku bufatanye n’aborozi cyafashe ingamba zizashyirwa mu bikorwa vuba hagamijwe kongera umukamo.
Primus ni inzoga ishobora kuba inyobwa cyane kurusha izindi mu Rwanda ugendeye ku kureba abayinywa mu tubari, cyane cyane utwinshi two mu byaro na hamwe na hamwe mu Mujyi.
Pasiteri Athanase Munyaneza w’i Kinazi mu Karere ka Huye yagizwe umurinzi w’igihango kuko yahishe abatutsi benshi, ariko yiyumvamo ipfunwe n’umwenda imbere y’abarokotse Jenoside.
Ku mukino usoza Shampiona ya Handball mu Rwanda, APR itsinze Police ibitego 37 kuri 28 mu mukino wabereye kuri Maison des Jeunes Kimisagara
Kuri ubu umuryango wa Tom Close na Niyonshuti Ange Tricia uri mu byishimo nyuma yo kwibaruka undi mwana.
Abakobwa babaye indashyikirwa mu gutsinda neza ibizamini bya Leta bazwi ku izina ry’inkubito z’icyeza barahamagarirwa kwitondera Imbuga Nkoranyambaga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko atarumva impamvu hari abayobozi biyemeza gukora ibintu runaka biteza imbere igihugu ariko ibyo biyemeje ntibabishyire mu bikorwa.
Muri Shampiona y’igihugu y’umukino w’amagare, Gasore Hategeka usigaye ukinira ikipe ya Nyabihu atsinze Valens Ndayisenga ku murongo usoza yegukana Shampiona y’igihugu
Ubwo irushanwa ryo kuririmba rya Primus Guma Guma Guma Superstar 7 (PGGSS7) ryasozwaga habayeho gutungurana ugereranyije n’ibyo bamwe bari biteze.
Chinedu Ikidieze na Osita Iheme n’ibindi byamamare muri sinema nyafurika byitabiriye umugoroba (Gala Night) w’abahatanira ibihembo bya “AMAA2017" batemberejwe umujyi wa Kigali.
Madame Jeannette Kagame arahamagarira Abanyarwanda baba mu Bwongereza n’ahandi mu Burayi guterwa ishema no guteza imbere u Rwanda.
Itsinda ry’abaririmbyi “Dream Boys” niryo ryegukanye irusharwa ryo kuririmba rya Primus Guma Guma Superstar ribaye ku nshuro ya karindwi (PGGSS7).
Muri Shampiona y’igihugu y’umukino w’amagare yatangiye kuri uyu wa Gatatu i Nyamata mu karere ka Bugesera, Adrien Niyonshuti ni we wabaye uwa mbere mu gusiganwa n’igihe umuntu ku giti cye
Perezida Kagame yasabye abafite ibikorwa bakorera mu bishanga mu gihugu hose ku buryo butemewe kubikuramo byihuse kugira ngo batangire babibungabunge.
Mu mujyi wa Huye na Gisagara hagiye kubera irushanwa ryo Kwibuka Alphonse Rutsindura wahoze ari umutoza wa Volleyball muri Petit Semianire Virgo Fidelis Karubanda, akaba yarazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
Buri mpera mu gihugu hose hakorwa igikorwa cy’umuganda cyo gusukura aho abaturage batuye, kubakira abatishoboye cyangwa gukorera hamwe ikindi gikorwa kiba kemeranyijweho.
Mu mpera z’iki Cyumweru haraza gusozwa Shampiona ya Basketball hatangwa ibihembo kuri REG (Abagabo) na APR (Abagore) zegukanye ibikombe bya Shampiona 2016/2017
Iyo winjiye mu Mudugudu wa Ayabaraya uherereye mu Karere ka Kicukiro, mu Murenge wa Masaka, usanganirwa n’inzu nziza zibereye ijisho kandi zubatse kimwe ku gasozi kirengeye ka Masaka.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) igaragaza ko umubare w’abafite ubumuga bwo mu mutwe bakirwa mu bitaro byabagenewe bya Ndera, ukomeje kwiyongera.
Igihugu cya Congo n’u Rwanda bagiranye amasezerano akubiye mu mushinga wo gucukura Gaz Metane iri mu Kiyaga cya Kivu mu rwego rwo kuyibyazamo amashanyarazi angana na MW200.
Umukinnyi ukomoka mu Rwanda Frank Ntilikina yaraye atoranijwe n’ikipe ya New York Knicks yo muri leta zunze ubumwe z’Amerika muri NBA.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zamaze kurenza kure imibare zari zihaye z’abo zigomba kuvura muri gahunda ngaruka mwaka yazo ya “Army Week”.
Ikipe y’Amagaju ikoze mateka yo kugera muri 1/2 bwa mbere mu gikombe cy’Amahoro, nyuma yo gusezerera AS Kigali kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mu mikino ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro, Amagaju asezereye AS Kigali, APR nayo isezerera Bugesera.
Paul Kagame, umukandida uzahagararira FPR mu matora ari imbere, yaganiriye n’abanyamakuru nyuma yo gutanga kandidatire, abamenyesha aho ahagaze mu gutuma u Rwanda rukomeza inzira y’iterambere.