Abatuye i Nyamata bagiye kureba bwa mbere isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rigiye kuba ku nshuro ya cyenda mu Gushyingo 2017, rikazaba rigizwe na kirometero 819.
Perezida Kagame yafashe mu mugongo Umuryango wa Depite Mukayisenga Françoise witabye Imana ku cyumweru tariki 11 Kamena azize uburwayi.
Abaturage 252 bo mu Turere twa Nyagatare na Gatsibo barashinja itorero CEPEA kunyereza miliyoni 16.7RWf zabo, ryabatse ribizeza gushyira abana babo mu mushinga wa “Compassion International”.
Abapolisi bakuru ba bimwe mu bihugu by’Afurika baganirijwe ku micungire y’umutekano n’imiyoborere, kugira ngo ibihugu byabo bigere ku iterambere rirambye.
U Rwanda rwagizwe umunyamuryango mu kanama gashinzwe umurimo ku isi, mu matora yabaye kuri uyu wa mbere tariki 12 Kamena 2017.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga rwemeje ko ikirego cya Dr. Niyitegeka Theoneste atari impaka zijyanye no kurangiza imanza nk’uko yari yabiregeye.
Ikigo cy’isi gishinzwe kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge World Anti-Doping Agency, gikomeje gutanga amahugurwa ku bashinzwe kurwanya ibiyobyabwenge muri Afurika kugira ngo harandurwe ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ku bakinnyi ba Afurika.
Bamwe mu bahagarariye amadini bemeye ko bagiye kuzajya bigisha abayoboke babo mu nsengero ibijyanye no gutanga imisoro.
Abatuye Akagari ka Shara mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko babuze amazi,hashize amezi atandatu bavoma amazi mabi y’ikiyaga cya Kivu.
Barafinda Sekikubo Fred, ni umwe mu Bakandida bifuza kuzahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, mu matora ateganijwe mu mu kwezi kwa Kanama 2017.
The Ben, umuririmbyi wo mu Rwanda ariko uba muri Amerika (USA) avuga ko icyo ashyize imbere ari ukubanza kumenyekana muri Afurika kuko hari benshi bataramumenya.
Umunyarwanda Areruya Joseph yegukanye agace ka gatatu k’isiganwa rizwi nka Giro d’Italia y’abatarengeje imyaka 23.
Perezida Kagame Yagaragaje ko muri Afurika ahantu hakenewe gushora imari kurusha ahandi ari mu mihanda, ibiraro, ibyambu, inzira za gari ya moshi ndetse no kubaka ingomero z’amashanyarazi.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru "Amavubi" yageze i Kigali nyuma yo gutsindwa mu minota ya nyuma n’ikipe ya Centrafurika.
Semana Jean Marie Vianney wari warabuze uko yiga nyuma yo gutsinda ikizamini cya Leta cy’amashuri abanza,nyuma akajya gukora akazi ko mu rugo, ashimimira Imbuto Foundation yakamukuyeho none ubu akaba yigisha muri Kaminuza.
Abayobora inzego z’ibanze bamwe bafata ruswa, kuko ngo bibananira kwihanganira inshingano ziremereye zo kuba bakenerwa n’inzego nkuru z’igihugu hafi ya zose.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Ntara zose batoye Paul Kagame nk’umukandida ugomba guhagararira umuryango FPR-Inkotanyi mu matora y’umukuru w’igihugu.
Kuri uyu wa 13 Kamena 2017, Dr Frank Habineza, ukuriye ishyaka Green Party, ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, yatanze kandidatire ye ku mwanya wa Perezida wa Repuburika, mu matora y’umukuru w’igihugu azaba muri kanama 2017.
Urubuga rwa internet www.reputationpoll.com rwashyize Perezida Paul Kagame mu bantu ijana barimo kwigaragaza mu kubaka izina ku isi muri 2017.
Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda yatangaje ko Depite Mukayisenga Françoise, umwe mu badepite bari bayigize yamaze kwitaba Imana azize indwara.
Ubuyobozi bw’ibigo by’amashuri byo muri Kamonyi bituriye ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro butangaza ko abana bakomeje guta ishuri bakajya gushaka amafaranga muri ibyo birombe.
Ikipe ya APR yo gusigawa ku maguru niyo yegukanye irushanwa ryiswe 20 Km de Bugesera aho yegukanye ibihembo ya byose.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi atsinzwe ibitego 2-1 mu mukino wa mbere w’amajonjora wo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika
Ikipe ya MAMARU Karate Do yitoreza i Kigali mu Karere ka Kicukiro, yahize izindi kipe zarushanwaga mu mikino yo kwibuka ku nshuro ya 23, abakinnyi n’abakunzi b’umukino wa Karate bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Rwanda Day 2017 yaberaga mu gihugu cy’u Bubiligi, yaranzwe n’ibikorwa bitandukanye byiganjemo kugaragaza aho u Rwanda rugeze rwiteza imbere, no kwibutsa Abanyarwanda baba hanze uruhare rwabo mu kubaka urwababyaye.
Abantu bafite uruhara n’abandi bafite ikibazo cy’imisatsi barasubijwe kuko mu gihe kiri imbere mu Rwanda hagiye gutangizwa ivuriro rigarura imisatsi.
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda baba mu mahanga gushyiraho gahunda inoze yo gukorana n’ababa mu gihugu buzuzanya, kuko biri muri gahunda zagura u Rwanda rukarenga imipaka.
Perezida kagame yavuze ko ibipimo mpuzamahanga byifashishwa ku isi mu gupima uburyo ibihugu bihagaze mu mibereho no mu iterambere mu nzego zitandukanye, bigaragaza ko u Rwanda ruza mu bihugu 10 bya mbere ku isi bihagaze neza.
Perezida Paul Kagame yahishuye ko abikorera mu Rwanda ari bo bateye inkunga amatora ya Perezida ya 2017, bakanarenza ingengo y’imari yari iteganyijwe.
Perezida Paul Kagame yashimye Abanyarwanda ku murava bagira mu guha u Rwanda agaciro mu ruhando mpuzamahanga, ku buryo buri wese asigaye arwirata.
Swanee Hunt wo muri Amerika (USA) atangaza ko igitabo yanditse ku Banyarwandakazi yise “Rwandan Women Rising” kizaha isomo amahanga.
Minisitiri Mushikiwabo yatangaje ko mbere y’impera z’ukwezi kwa Kamena, Rwandair izaba yafunguye ishami mu gihugu cy’u Bubiligi.
Kuri uyu wa 10 Kamena 2017, Imbuto Foundation yizihije imyaka 15 ishize irihirira amashuri abana bakomoka mu miryango itishoboye, kugira ngo abo bana batabuzwa uburenganzira bwo kwiga kandi bashoboye.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, yasabye urubyiruko gukora bagashyira imbere ubunyangamugayo, aho gushaka kwihutira gukira vuba bahereye ku byo batavunikiye.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe yasabye Abasirikare bakuru barangije amasomo yo ku rwego rwo hejuru arebana n’iby’umutekano kuzubahisha Afurika.
Abatuye mu Nkambi ya Nyabiheke iri mu Karere ka Gatsibo bayobewe indwara yafashe abana b’abakobwa bari mu kigero cy’imyaka 12 na 17.
Ubuyobozi bwa Hotel La Palisse buratangaza ko bwiteguye korohereza abakora Siporo zitandukanye zihakorerwa, kandi ko bazanye ibikoresho bihagije n’abatoza bafite ubunararibonye.
Kuri uyu wa 8 kamena 2017 mu gihugu cy’u Bubiligi, Perezida Kagame yagejeje ijambo ku bayobozi batandukanye bari bitabiriye inama ku iterambere ry’Uburayi.
Ihuriro ry’Abagore bo mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda (FFRP) ryagabiye imiryango ikennye kurusha indi inka 76 yo mu Karere ka Gisagara.
Abitabira Rwanda Day igiye kubera mu Bubiligi barataramirwa n’abahanzi batandukanye barimo abo mu Rwanda n’abandi baba muri icyo gihugu.
Abarokotse Jenoside bo muri Ngororero batanga ubuhamya bagaragaza uko Interahamwe zageze aho zikajya zihamba abana b’Abatutsi ari bazima.
Minisiteri y’Ubucuruzi, Inganda n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(MINEACOM) itangaza ko Abanyarwanda bakeneye inyungu zirushijeho zo kwishyira hamwe kw’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba(EAC).
Perezida Kagame yifuza kubona ibihugu by’u Burayi biza gushora imari muri Afurika kuruta uko byagira ikindi biyikorera mu buryo bw’inkunga.
Perezida Paul Kagame yasuye icyicaro gikuru cy’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi, FIFA, ahura na Perezida wayo Gianni Infantino, ndetse anasura inzu ndangamurage ya yayo.
Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imipaka, rwongeye kumva ibimenyetso bishingiye ku nyandiko ubushinjacyaha buheraho bushinja Ntaganzwa Ladislas wari Burugumesitiri wa Nyakizu kuba yaragize uruhare muri jenoside