Mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa gatanu, Umutoza w’ikipe y’Igihugu Amavubi Mashami Vincent yahaye Abanyarwanda icyizere cyo kuzatsinda inzovu za Cote d’Ivoire.
Ikigo gikora ibijyanye n’ikoranabuhanga "Exuus" cyatangije uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha abaturage bizigamira binyuze mu matsinda, gukurikirana uko imisanzu yabo icungwa bifashishije telefone.
Musabyimana Léocadie wo mu kagari ka Bikara umurenge wa Nkotsi i Musanze, arasaba ubufasha nyuma yo kubagwa ikibyimba mu nda bimuviramo kanseri, none arembeye mu rugo nyuma yo kubura ubushobozi.
Imishinga y’urubyiruko ruri mu buhinzi n’ubworozi ngo ikunze guhomba ariko abahanga bakarugira inama yo kudacika intege ahubwo rugahatiriza kuko igeraho igatanga inyungu.
Umuryango w’abayobozi b’ibigo by’amashuri mu Rwanda, Heads of School Organization (HOSO), ugiye gukemura ikibazo cy’imicungire mibi y’umutungo n’ibikoresho by’amashuri cyagaragaraga kuri bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri.
Indorerezi z’imiryango mpuzamahanga zemeye ibyavuye mu matora y’abadepite yabaye mu Rwanda kuva tariki 02-04 Nzeri 2018, aho zivuga ko yabaye mu mucyo no mu mahoro.
Imvura ivanze n’inkubi y’umuyaga mwinshi yaraye isenyeye imiryango 14 y’abatuye mu Murenge wa Muganza mu uherereye mu kibaya cya Bugarama, mu Karere ka Rusizi.
Abahinzi b’ibirayi b’i Nyaruguru barifuza ko imbuto y’ibirayi bitukura yadutse iwabo yatuburwa nk’izindi mbuto z’ibirayi zemewe, kugira ngo na yo bajye bayihinga.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney ngo yatunguwe no kumva ko mu ntara ayoboye hakiri cy’abana b’inzererezi, yiyemeza kugishakira umuti.
Rutahizamu w’Amavubi na APR Fc Sugira Ernest, aratangaza ko nyuma yo kuva mu mvune ashaka kwerekana ko ari rutahizamu wari warabuze muri iyi minsi yari yaravunitse
Urugaga rw’abahinzi b’ibirayi hamwe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda(MINICOM), bavuga ko ibirayi bizongera kuboneka ari byinshi ku masoko nyuma y’amezi abiri.
Abatuye ku kirwa cya Nkombo baravuga ko ikiguzi cy’urugendo cya Rusizi-Rubavu kikubye inshuro zirenga ebyiri, nyuma y’aho ubwato bari bahawe n’umukuru w’igihugu butagikora.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri ni bwo Komisiyo y’amatora yashyize hanze urutonde rw’ abagore, batorewe guhagararira bagenzi babo mu nteko ishinga amategeko.
Mu Rwanda hatangiye inama mpuzamanga igamije kwiga uko ubuhinzi muri Afurika bwatezwa imbere kugira ngo umusaruro uzamuke ndetse n’imirimo ibukomokaho ikiyongera.
Umwana w’imyaka 14 wo Mu Murenge wa Gashaki Akarere ka Musanze, wasambanijwe n’umuturanyi wabo, ubu yamaze kwibaruka.
Etame Mayer Lauren wahoze akinira ikipe ya Arsenal, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kabiri, yakirwa mu buryo budasanzwe n’abafana ba Arsenal mu Rwanda.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 4 Nzeli 2018, Mme Jeannette Kagame, ari kumwe na bagenzi be b’abagore b’abakuru b’ibihugu byo muri Afurika, bitabiriye inama yigaga ku kwirinda ndetse no kugabanya Virusi itera Sida.
IcyamamareEllen DeGeneres, yatangaje ko adafite amagambo yo gusobanura urugendo rwe mu Rwanda, yemeza ko u Rwanda n’Abanyarwanda ari ibitangaza abantu bakwiye gusura bakirebera.
Amashyaka Green Party na PS Imberakuri yatsindiye imyanya ibiri kuri buri shyaka mu nteko inshinga amategeko y’u Rwanda, mu gihe FPR-Inkotanyi yakomeje kwerekana ubudahangarwa yegukana imyanya 40.
Eric Bertrand Bailly ukinira ikipe ya Manchester United na Côte d’Ivoire yageze i Kigali aho aje gukina n’Amavubi
Etame Mayer Lauren utegerejwe mu ruzinduko mu Rwanda ku munsi w’Ejo, Aho yoherejwe na Arsenal mu gikorwa cyo Kwita Izina , ni umwe mu babaye muri ruhago bafite ubuzima bwihariye aho avukana n’Abana 21.
Amajwi y’agateganyo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yashyize ahagaragara, arerekana ko FPR-Inkotanyi yihariye igice kinini cy’’amajwi angana na 75%, mu gihe nta mukandida wigenga ufite amahirwe yo kwinjira mu nteko.
Muri Tombola yabaye uyu munsi i Cairo mu Misiri, Rayon Sports ihagarariye u Rwanda itomboye Enyimba Fc yo mu gihugu cya Nigeria
Umubyeyi witwa Maniraguha Claudine wo mu Karere ka Burera yabyaye abana batatu b’abakobwa, nyuma y’uko ibise bimufashe akimara gutora.
Tumusime Alex ari mu maboko y’Urwego rwa rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) muri Nyagatare, azira kwiyitirira indorerezi ya civil Society akabuza amahoro abayoboraga amatora.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Rusizi rwatoye bwa mbere mu mateka yarwo rwavuze ko rwishimiye rwari rwaratindiwe no kugeza imyaka ngo nabo bishyirireho ubuyobozi.
Umushumba wa Diocese ya kabgayi Musenyeri Smalagde Mbonyintege arasaba inteko nshya y’abadepite kuzafasha kurwanya ihuzagurika mu nzego za Politiki by’umwihariko mu burezi n’iterambere.
Mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka muri Kanama 2017, abaturage bari bafite imvugo y’uko batagiye kwitabira amatora ahubwo batashye ubukwe, banabigaragariza mu mitako bakoze.
Perezida Paul Kagame uyoboye umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), yemeza ko kuba u Bushinwa bufitanye umubano na Afurika byerekanye ko buzi ibanga Afurika ibitse.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC) yashyizeho ibyumba by’itora mu bitaro bikuru 34 byo gihugu hose, kugira ngo abakozi babyo, abarwayi n’abarwaza bashobore kwitabira amatora.
Abatuye mu Murenge wa Nyabimata ntibategereje ko amasaha akura kugira ngo bitabire igikorwa cy’itora, kuko aba mbere bari batangiye akazi saa Mbili nyuma yo gutora abadepide.
Rtd captain Daphrosa Intaramirwa yasize umuryango we aza ku rugamba rwo kubohora igihugu, nyuma arera abana b’imfubyi barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abamugaye batoye uwitwa Eugene Mussolini nk’umudepite uzabahagararira mu nteko ishinga amategeko mu myaka itanu iri imbere, nk’uko Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) yabitangaje.
Mu marushanwa Nyafurika y’ingimbi ndetse n’abakuru (Junior & senior) yaberaga mu Rwanda, Ndutiye Shyaka Maic Umunyarwanda wakinnye mu batarengeje ibiro 53, yatsinze umunya Misiri ku mukino wa Nyuma, ahita yegukana umudari wa Zahabu.
Umuryango AJPRODHO uhamya ko Ineternet ifite uruhare runini mu iterwa ry’inda ku bangavu kuko ari yo bashakiraho amakuru ku myororokere cyane ko benshi mu babyeyi batabaganiriza.
Amakipe ya banki ya Kigali (BK) muri Volleyball, Basketball n’Umupira w’Amaguru yegukanye ibikombe mu marushanwa ahuza banki zo mu Rwanda.
Turatsinze Jean-Claude utuye muri Gasabo, ahamya ko FPR-Inkotanyi yamuteje imbere, nyuma yo guhabwa inka muri 2005 akayibyazamo miliyoni zirenga 100Frw.
Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa Buri Muntu (PL) ryasoje ibikorwa byo kwamamaza abakandida bazarihagararira mu matora y’Abadepite, rishimira Abanyarwanda baribaye hafi.
Perezida Kagame na Madame Jeannette bari mu Bushinwa, aho bitabiriye inama yiga ku mikoranire y’icyo gihugu n’umugabane wa Afurika, yamaze gutora abadepite.
Munyakaragwe Félicien, wo mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, arashimira FPR-Inkotanyi yamugaruriye icyizere cy’ubuzima, nyuma yo kwamburwa agaciro yirukanwa no mu ishuri azira ubumuga afite.
Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bageze mu Bushinwa, aho bitabiriye inama ikomeye yiga ku bufatanye hagati y’icyo gihugu n’umugabane wa Afurika.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yasabye Abahuzabikorwa b’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko (NYC) mu turere na ba Visi Meya bashinzwe imibereho myiza y’Abaturage ubufatanye no guhiga imihigo itanga ibisubizo ku imibereho mibi y’abaturage n’urubyiruko by’umwihariko.
Ikiyaga cya Mutukura kigiye kubyazwa umusaruro cyuhirizwa imirima mu gishanga cya Rugende, nk’uko Abakandida-Depite ba FPR-Inkotanyi babyijeje abaturage b’i Rusororo.
Manishimwe Djabel ukinira Rayon Sports, aratangaza ko kugeza ubu abona Rayon Sports airo kipe abona ikomeye mu Rwanda, ari nayo yifuza gukinira kugeza ubu
Banki y’u Rwanda y’Iterambere, BRD, yahawe inguzanyo ya miliyoni 5 y’Amadolari ya Amerika na Banki y’Amajyambere y’ibihugu by’ibiyaga bigari (BDEGL) izishyurwa mu gihe cy’imyaka itanu.
Minisitiri w’urubyiruko Rosemary Mbabazi yasabye abayobozi guhera ku mudugudu mu Karere ka Kayonza guhiga imihigo ifitiye umuturage inyungu.
Mu mukino wo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika kizabera muri Cameroun umwaka utaha, Amavubi na Cote d’Ivoire bazasifurirwa n’abasifuzi bo muri Namibia
U Rwanda rugeze kure imyiteguro yo kwinjira mu muryango w’ibihugu byateye imbere ku isi (OECD), kuko rwatangiye kwegeranya ibyangombwa byo gusaba kuba umunyamuryango.
Abanyeshuri biga mu ishuri Wisdom School bagera kuri 210 bitegura gusoza umwaka w’amashuri abanza n’abitegura gusoza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye ni bo bari mu myiteguro yo kuzakora ibizamini bya leta mur’uyu mwaka w’amashuri wa 2018.