APR Hc na Gorillas Hc zegukanye irushanwa “Umurage Handball Trophy”

Mu irushanwa ryari rimaze iminsi ibiri ryitwa Umurage Handball Trophy, ikipe ya APR Hc mu bagabo na Gorillas mu bagore ni zo zegukanye ibikombe kuri iki cyumweru.

Kuva kuri uyu wa Gatandatu ku bibuga bya Maison des Jeunes Kimisagara, haberaga irushanwa rya Handball ryateguwe na Gorillas Handball Club ifatanyije n’Umurage communication for development, rikaba ryaje gusozwa kuri iki Cyumweru, aho mu byiciro bitatu byari bigize iri rushanwa ibikombe byatwawe na APR Hc, Gorillas Hc ndetse na GS St Aloys.

Gorillas Hc yegukanye igikombe mu bakobwa, aha kapiteni wayo yari maze kugishyikirizwa
Gorillas Hc yegukanye igikombe mu bakobwa, aha kapiteni wayo yari maze kugishyikirizwa

Mu ciyiciro cy’abakiri bato cyakinwe kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya GS St Aloys yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda imikino ibiri, aho yatsinze GS Mwendo ibitego 30 kuri 15, itsinda kandi Gorillas HC ibitego 29 kuri 17.

Ikipe ya Fc St Pauli Handball yahawe igihembo cya "Fair Play"
Ikipe ya Fc St Pauli Handball yahawe igihembo cya "Fair Play"

Mu cyiciro cy’abakobwa igikombe cyegukanwe na Gorillas Hc itsinze imikino ibiri ari nayo yakinnye, aho umukino wa mbere yatsinze GS Akumunigo, itsinda kandi ikipe ya G Mwendo.

Mu bagabo, ikipe ya APR Hc yegukanye iki gikombe itsinze ku mukino wa nyuma ikipe ya Police Hc ibitego 26 kuri 23, mu gihe muri ½ yari yatsinze Nyakabanda ibitego 30 kuri 12, naho Police igera ku mukino wa nyuma itsinze Fc St Pauli Handball ibitego 37 kuri 34.

APR Hc ishyikirizwa igikombe
APR Hc ishyikirizwa igikombe

Iri rushanwa kandi usibye amakipe yo mu Rwanda, ryari ryanitabiriwe n’ikipe yo mu Budage yitwa Fc St Pauli Handball, ikaba yanatanze inkunga y’ibikoresho ku ikipe ya Gorillas Hc ifite agaciro gakabakaba Milioni 4Frws.

Andi mafoto yaranze umunsi wa nyuma w’irushanwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka