Ikipe izatsinda mu mukino w’igikombe kiruta ibindi Super Coupe hagati ya APR FC na Rayon Sport izahabwa Miliyoni 5Frw.
Perezida Paul Kagame yasabye Umuryango w’Abibumbye gufata abanyamuryango bawo bose kimwe, kugira ngo intego yatumye ujyaho yo guhuza ibihugu yubahirizwe.
Madamu Jeannette Kagame yatangarije abitabiriye inama y’ihuriro ry’Abagore b’Abakuru b’ibihugu by’Afurika (OAFLA) ko u Rwanda rwiyemeje kutazacika intege mu rugamba rwo gutuma Abanyarwanda bagira ubuzima bwiza.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya Kiboga buvuga ko mu bana 100 baharangiza, 70 gusa aribo bakomeza mu yisumbuye nabo ntibayarangize bose kuko baba bajya kwiga kure.
Bamwe mu batuye n’abakorera mu Mujyi wa Musanze byababereye nk’igitangaza ubwo babonaga abantu biziritse imigozi bari gusukura ibirahure by’umuturirwa wa RSSB uri muri uwo mujyi.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Nzeli 2017, Minisiteri y’uburezi yatangije ku mugaragaro ibizamini ngiro (Pratique) mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ya Leta n’ay’ayigenga.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko ku buyobozi bwe azakora ibishoboka byose agahashya ibiyobyabwenge bigaragara cyane muri iyo ntara.
Abakobwa bo mu ntara y’i Burasirazuba baratangaza ko biteguye gutera ikirenge mu cya basaza babo bakomoka muri iyi ntara mu mupira w’amaguru
Abakorera ubucuruzi mu isoko rya Rusumo mu Murenge wa Butaro mu Karere ka Burera, barasaba kwimurwa bagashakirwa ahandi bakorera, ngo kuko aho bakorera ubu hatagira ubwiherero.
Perezida Paul Kagame yavuze ko amateka y’umuryango mpuzamahanga muri Afurika kugeza ubu atarawuha isomo, kuko buri gihugu cyose wagiye wivangira mu bibazo byarangiraga bibaye bibi kurushaho.
Ikipe y’Isonga yo mu Rwanda yatumiwe mu irushanwa ry’amashuri y’umupira rizabera muri Côte d’Ivoire mu Gushyingo 2017, aho izahurira n’amakipe akomeye i Burayi
Abaturage 67 bo mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro bishimira ko batazongera kurembera mu rugo kuko bishyuriwe mitiweri izabafasha kwivuza.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kumvikana na Sosiyete y’imikino y’amahirwe yitwa Feza Bet izayiha amafaranga asanga Miliyoni 305 Frws mu myaka ine iri imbere
Perezida Paul Kagame yavuze ko urwego u Rwanda ruhagazeho ku isi, nta handi rwavuye uretse guha Abanyarwanda icyizere no kubereka ko ibyo bakora ari ibyabo.
Igisonga cya gatatu muri Miss Rwanda 2017, Miss Kalimpinya Queen akomeje gushyira mu bikorwa umushinga yahize, ashyiraho itsinda ryigisha urubyiruko ubuzima bw’imyororokere.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) kiratangaza ko ibizamini ku banyeshuri barangiza amashuri yisumbuye mu myuga n’ubumenyingiro bizakorwa ku matariki ya 20 na 21 Nzeli 2017.
Abaturage bo mu Karere ka Nyagatare bahinga mu gishanga cya Rwangingo baravuga ko hari imvubu zigera kuri eshatu zongeye kwaduka mu mirima yabo.
Abahinzi bo mu Karere ka Karongi baratangaza ko batewe impungenge no kuba igihe cy’ihinga kiri kubasiga, kubera ko imbuto y’ibigori yabuze.
Hari abantu bamwe bakunze kugereranya Miss Rwanda 2017, Miss Iradukunda Elsa na Miss Mutesi Jolly bibaza niba azakora ibikorwa nk’ibyo yakoze.
Ibyumba by’amashuri byubatswe mu gihe cy’ubakoloni byatangiye gusimbuzwa ibindi bijyanye n’igihe u Rwanda rugezemo, ibikorwa byo kubyubaka bikazakorwa mu muganda w’abaturage.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu, igaragaza ko hari abamotari n’abatwara imodoka za taxi, bagira uruhare mu ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abana.
Umukino w’igikombe kiruta ibindi mu Rwanda uzahuza Rayon Sports na APR i Rubavu washyizwe ku giciro kidasanzwe mu Rwanda.
Umuyobozi wa RwandAir, Chance Ndagano avuga ko u Rwanda ruzungukira byinshi mu nama ihuza ibigo by’indege bya Afurika (AFRAA) izabera mu Rwanda mu mpera z’uyu mwaka.
Perezida Paul Kagame yahuye na Perezida Emmanuel Macron w’Ubufaransa, bagirana ibiganiro birebana n’amahoro n’umutekano muri Afurika.
Madame Jeannette Kagame mu kiganiro yatanze mu nteko rusange y’umuryango w’abibumbye ya 72, yagarutse ku ihungabana rikomeye bamwe mu Banyarwanda bahuye na ryo kubera Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Imvura idasanzwe yaguye mu Karere ka Burera isize imiryango itandatu yo mu Murenge wa Cyanika itagira aho yikinga kuko inzu zabo zasenyutse.
Inzu z’abayobozi zubatswe nta byangombwa ni zo zahereweho zisenywa mu nzu 350 zigomba gusenywa mu Karere ka Kamonyi.
Kuri uyu wa Gatanu ishuri ryisumbuye rya Kigoma (Ecole Secondaire de Kigoma, ESEKI,) bishimiye ibikombe bamaze kwegukana haba mu Rwanda ndetse no mu mahanga.
IPRC y’Amajyepfo yafashe icyemezo cyo kuzakoresha abakinnyi bayo gusa mu irushanwa rya zone 5 rizabera muri Uganda bitandukanye n’ibikunze gukorwa mu mikino y’intoki
Umuririmbyi Princess Pricillah atangaza ko indirimbo yashyize hanze yitwa “Biremewe” yayihimbye biturutse ku byabaye ku nshuti ze zakundanaga.
Abaturage barema isoko rya Gasogororo ryo mu Karere ka Kayonza bavuga ko batarebanye neza n’abarituriye kubera kwanga kubugamisha mu gihe cy’imvura.
Kuri uyu wa 16 Nzeli 2017 ni bwo hashojwe irushanwa ry’ikigega Agaciro aho ikipe ya Rayon Sports yabashije kuryegukana ku nshuro yayo ya mbere itsindiye kuri tombola.
Igiterane cy’ivugabutumwa "Rwanda Shima Imana", gisanzwe kibera muri Kigali kuva mu mwaka wa 2012, uyu mwaka ngo kizegerezwa abakirisitu mu gihugu hose.
Ubushakashatsi bugaragaza ko igituma abana bafite ibibazo by’imirire mibi batagabanuka byihuse mu Ntara y’Amajyepfo ari uko ingengo y’imari igenerwa iyi gahunda ikiri hasi.
Ubuyobozi bukuru bw’ikigo cy’ingoro z’igihugu z’umurage w’u Rwanda (INMR) buvuga ko hari gukorwa ubushakashatsi ku bwato bw’abamisiyoneri b’Abadage butabye ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu.
Ikipe y’igihugu ya Misiri y’abagabo niyo yegukanye igikombe cy’Afurika mu mukino w’intoki wa Volley ball y’abafite ubumuga mu gihe mu bagore igikombe cyegukanywe n’u Rwanda.
Umuraperi Riderman ahamya ko kuba injyana ya Hip Hop igenda isubira inyuma biterwa ahanini na bamwe mu banyamakuru b’imyidagaduro avuga ko barya ruswa.
Abajyaga kwivuza kanseri ku Bitaro bya Butaro biri mu Karere ka Burera bakabura aho barara basubijwe kuko bagiye kubakirwa inzu bazajya bacumbikamo ku buntu.
Mu mukino wasozaga imikino y’Agaciro Championship, rayon Sports yatsinze APR fc igitego 1-0, bituma Rayon Sports ihita yegukana igikombe
Umwana witwa Igisubizo Swaliha wagize amahirwe yo guterurwa na Perezida Paul Kagame i Nyamirambo, ari mu byishimo nyuma y’uko se umubyara afunguwe nk’uko yabyifuzaga.
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cy’Agaciro Championship, nyuma yo gutsinda APR fc igitego 1-0, maze hiyambazwa tombola Rayon Sports ihite yegukana igikombe
Mu iserukiramuco rya Cinema (Festival du cinéma africain de Khouribga) ribera muri Maroc, iry’uyu mwaka, mu birori byo kuri uyu wa 15 Nzeli 2017, Umuco Nyarwaanda wahawe ikuzo n’icyubahiro nkumuco wihariye.
Intumwa z’u Rwanda na Congo barangije ibiganiro byari bigamije kureba uko abakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya umupaka bakoroherezwa.
Umuyobozi wa Kaminuza y’ubukerarugendo n’Ikoranabuhanga mu bucuruzi (UTB), Dr Kabera Callixte avuga ko abarangiza muri iri shuri bakagombye kugirirwa icyizere kuko bashoboye.
Ishuri ry’abakobwa rya Gashora Girls Academy ryihariye ibihembo mu biganiro mpaka byari bihuje abanyeshuri byaberaga muri Uganda.
Urubyiruko rurasabwa gushishoza mu gufata ibyemezo mu miyoborere y’ibihugu byabo kugira ngo barusheho gufata iya mbere mu kubaka ibihugu bavukamo.