Habiyaremye Chreophas utuye mu Karere ka Kayonza yihangiye umurimo wo gukora imbaho mu rwiri n’ibirere nyuma yo kubona ko aho atuye ibiti bihenze.
Banki ya ECOBANK ishami rya Nyagatare yibwe asaga miliyoni 96Frw,ariko harakekwa abayobozi bayo baburiwe irengero.
Perezida Paul Kagame yageze i Luanda muri Angola mu muhango w’irahira rya Perezida João Lourenço uherutse gutsinda amatora muri icyo gihugu.
Inyubako isanzwe imenyerewe nka Union Trade Center (UTC) imaze kugurwa miliyari 6.877.150.000RWf, muri cyamunara yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 25 Nzeli 2017.
Sheebah Karungi umuririmbyi wo muri Uganda avuga ko ibyo bamwe bamuvugaho bamuca intege atabyitako kuko ngo ibyo amaze kugeraho byose abikesha Imana.
Banki yo mu Buransa yitwa BNP Paribas irimo gukorwaho iperereza kubera ikirego cyagejejwe mu butabera n’imiryango itegamiye kuri Leta muri icyo gihugu, iyishinja gutera Guverinomo yariho mu Rwanda inkunga yo kugura intwaro zo kwicisha Abatutsi muri Jenoside yo muri 1994.
Abahinzi bo mu bishanga bya Kayumbu na Mpombori mu Karere ka Kamonyi, barasaba Leta kubaha Nkunganire ku kiguzi cy’imiti irwanya ibyonnyi.
Umukino wahuzaga ikipe ya Rayons Sport na APR FC bahatanira igikombe gisumba ibindi mu Rwanda cyitwa Super Cup ugasubikwa kubera ibura ry’umuriro, byemejwe ko uzasubukurwa kuri uyu wa Gatatu, ugakomereza aho warugeze hakinwa iminota 27 yari isigaye.
Inzu y’uwitwa Tabu Marie Claire utuye mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi yaraye ifashwe n’inkongi y’umuriro, ibyarimo bimwe birashya.
Abaturage batishoboye 34 bo Mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bishyuriwe mitiweri n’itorero ‘Izere Yesu Christian Church’, bavuga ko zizabarinda kutongera kwivuza magendu.
Dian Fossey uzwi mu Rwanda nka Nyiramacibiri kubera uburyo yitaye ku Ngagi zo mu Birunga, yageze muri Africa aje gutembera birangira ahagumye.
Mu minsi mike ikinyobwa cya Heineken kizajya gicururizwa mu Rwanda no mu karere ruherereyemo ni ikizajya kiba cyengewe mu Rwanda.
Guhera mu kwezi k’Ukuboza uyu mwaka, serivisi nyinshi zatangirwaga mu mirenge ziratangira kumanurwa mu tugari, kugira ngo bigabanyirize abaturage gusiragira mu buyobozi.
Kuri uyu wa 24 Nzeli 2017 ni bwo irushanwa rya “Ambassador’s Cup” ryasojwe aho u Rwanda rwaryegukanye ku nshuro ya gatanu ribera mu Rwanda.
Imodoka nshya yo mu bwoko bwa Toyota Avanza ifite agaciro ka miliyoni 20FRW yiriwe i Nyarutarama kuri Kigali Golf Club (KGC) itegereje umunyamahirwe ushobora kuyegukana, ariko birangira ibaye ubwa ya mvugo ngo akabuze ubuguzi gasubirana nyirako.
Gashora Girls’ Academy ni ishuri rihereye mu Murenge wa Gashora, mu Karere ka Bugesera ku birometero 28 uvuye i Nyamata.
Imbaga y’abakirisitu basaga ibihumbi makumyabiri yizihije yubile y’imyaka 100 y’Ubusaseridoti mu Rwanda na yubile y’imyaka 75 y’amavuko ya Musenyeri Thadée Ntihinyurwa.
Umuhanga mu Mbonezabitekerezo (philosophe) w’Umufaransa, yatangaje ko Tintin wamenyekanye mu nkuru zishushanyije (bande dessinée cyangwa cartoon) yaba atari umusore nk’uko benshi mu bakunze inkuru ze babyibwiraga.
Mu muco wa Kinyarwanda cyaraziraga kikanaziririzwa ko umwari yiyandarika cyangwa agaragaraho imibonano mpuzabitsina atarashinga urugo rwe, niyo yabikoraga kuko kera nta dukingirizo twabagaho byamuviragamo akenshi gutwara inda z’indaro kandi byafatwaga nk’icyaha gikomeye, cyahanishwaga kujya kuroha nyirubwite.
Umukino wahuzaga Rayons Sport na APR FC, waberaga kuri Stade ya Rubavu, bahatanira igikombe gisumba ibindi kizwi nka Super Cup, urasubitswe kubera ibura ry’umuriro kuri iyi stade.
Byukusenge Patrick ukinira Benediction club niwe waryegukanye yanikiye abandi, muri iri siganwa ry’Amagare ku gace ka karindwi ka Rwanda cycling Cup kitwa Muhazi Challenge.
Soeur Immaculée Uwamariya washinze umuryango ‘Famille Espérance’(FAES) yemeza ko gushyingirwa ari umuhamagaro w’Imana, bitandukanye n’amarangamutima.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba yasabye abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Karongi umusanzu mu kurwanya imirire mibi.
Madamu Jeannette Kagame yasobanuriye abagore b’abakuru b’ibihugu byo ku isi uko u Rwanda rwahisemo kubaho rutagira ikigo na kimwe cy’impfubyi ahubwo umwana wese akarererwa mu muryango.
Nyampinga w’u Rwanda 2017, Iradukunda Elsa atangaza ko niyitabira irushanwa rya Miss World icyo azaba ashyize imbere ari uguhagararira u Rwanda no kuruhesha isura nziza.
Mu kwezi kwa Gicurasi 2017, nibwo Inkura z’umukara zigera kuri 18 zagaruwe muri Parike y’Akagera, nyuma y’imyaka 10 zari zimaze zaracitse mu Rwanda.
Imibare ituruka mu buyobozi bw’Akarere ka Rusizi ihamya ko muri ako karere habarurwa indaya 1000 zirimo n’abana bataragira imyaka y’ubukure.
Bamwe mu bagore bahoze bakora uburaya mu Mirenge ya Mukura na Tumba mu Karere ka Huye, barabiretse binjira mu gukoa amasabune none birabatunze.
Ibyari inzozi ku bajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Karongi byabaye impamo nyuma yo gutaha ku mugaragaro inzu y’ubucuruzi biyubakiye igiye kujya ibinjiriza amafaranga.
Abagize itsinda rya "Tuff Gang"bongeye gusubirana, batangaza ko iryo tsinda nta kongera gutandukana ukundi kuko ngo icyabatanije mbere bakiboneye umuti.
Hari ibintu biza mu buzima bikazira igihe kimwe bikaza bisa ku buryo bitera benshi kubyibazaho, twagukusaninyirije Bimwe mu bintu by’uruhurirane bitangaza benshi bimaze kubaho muri ruhago.
Umushakashatsi akaba n’umwanditsi w’ibitabo, Jean Ndorimana yemeza ko Jenoside zose ari zimwe ko itandukaniro ari abayikora, abayikorerwa, aho ikorerwa n’uburyo ikorwamo.
Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika mu butumwa bw’amahoro bwa Loni u Rwanda rusanzwe ruhakorera.
Guhera kuri uyu wa Gatandatu kugera ku Cyumweru u Rwanda rurakira irushanwa rya Taekwondo rizahuza abakinnyi 150 bazaturuka mu bihugu birindwi.
Nyuma yo gusabwa kwakira igikombe cya CECAFA cy’abagore, u Rwanda ntiruremeza ko ruzitabira iri rushanwa mu gihe habura amezi abiri gusa.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihugu 12 byo ku Mugabane w’Afurika byamaze kwiyemeza gutanga umusanzu ungana na 0.2 ku ijana by’amafaranga bikura ku bicuruzwa byinjira muri ibyo bihugu.
Imodoka ziparika mu Mujyi wa Kigali ntizikishyuzwa hakoresheje gitansi mu rwego rwo korohereza abayobozi bazo.
Ubwo abagize itsinda ry’abaririmbyi bo muri Kenya rizwi ku izina rya Sauti Sol bageraga i Bujumbura mu Burundi bakiriwe nk’abami.
Guhera mu mwaka wa 2018 imihanda itandukanye yo mijyi itandatu yunganira umujyi wa Kigali izaba ikoze neza irimo kaburimbo.
Ababyeyi basabwe gukunda abana babo no kubarera neza, mu gihe abana bo basabwa gukurana indangagaciro zo gukunda igihugu no kugikorera.
Bisi y’ikompanyi itwara abagenzi yitwa “RITCO” yavaga i Kigali ijya i Rusizi yakoreye impanuka muri Karongi, abagenzi 60 yari itwaye ntihagira n’umwe ukomereka.
Col Augustin Nsengimana bitaga Cadace wahoze ari umuyobozi muri FDLR yicuza imyaka 21 yayimazemo kuko yamupfiriye ubusa.
Abagore bahawe amahugurwa mu myuga itandukanye n’umuryango "Women for Women", bemeza ko yatumye bashobora kwirwanaho mu buzima bakanabeshaho neza imiryango yabo.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney atangaza ko agiye guhagurikira ikibazo cy’umwanda kigaragara mu batuye muri iyo ntara.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) gitangaza ko imvura y’umuhindo izaba nyinshi ariko ngo hari uduce tumwe na tumwe tuzagira imvura irenze igipimo cy’iyari isanzwe igwa.
Abaminisitiri b’ubuhinzi b’ibihugu 144 bitandukanye bazateranira i Kigali mu kwezi k’Ukwakira n’Ugushyingo 2017, aho bazasuzumira amasezerano yo guhanahana imbuto z’ibimera.
Ikipe izatsinda mu mukino w’igikombe kiruta ibindi Super Coupe hagati ya APR FC na Rayon Sport izahabwa Miliyoni 5Frw.