Nzareka imodoka ngende n’amaguru ariko turwanye Abarembetsi – Guverineri Gatabazi

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko ku buyobozi bwe azakora ibishoboka byose agahashya ibiyobyabwenge bigaragara cyane muri iyo ntara.

Abarembetsi nibo bakura Kanyanga muri Uganda bakayizana kuyicuruza mu Majyaruguru. Aha bari bagiye kumena iyo bafatanye abo Barembetsi
Abarembetsi nibo bakura Kanyanga muri Uganda bakayizana kuyicuruza mu Majyaruguru. Aha bari bagiye kumena iyo bafatanye abo Barembetsi

Atangaza ibyo mu gihe hashize imyaka myinshi muri iyo ntara havuga itsinda ry’abacuruza kanyanga rizwi ku izina rya “Abarembetsi”.

Iryo tsinda rizwiho kujya kurangura kanyanga muri Uganda, ryitwaje intwaro gakondo, rikayizana kuyicuruza ahantu hatandukanye mu Ntara y’Amajyaruguru n’ahandi mu Rwanda.

Hashize igihe ubuyobozi bwo muri iyo ntara burwanya Abarembetsi ariko ntibacike burundu, kanyanga igakomeza gucuruzwa, abantu bakayinywa bagasinda bagahungabanya umutekano bahohotera abantu cyangwa barwana.

Hari bamwe mu Barembetsi bagiye bafatwa, ba ruharwa bagashyikirizwa inkiko bagacirwa imanza abandi bakajyanwa mu bigo ngororamuco, bakagororwa ariko ugasanga n’ubundi baracyakomeza kuyicuruza no kuyinywa.

Guverineri Gatabazi umaze ibyumweru bitatu agizwe Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru avuga ko atemera abavuga ko “Abarembetsi” bananiranye.

Ahamya ko mu kubarwanya bazahera mu bayobozi b’inzego z’ibanze kuko ngo baba bazi abo bantu bacuruza kanyanga aho baba.

Agira ati “Wowe ushinzwe umurenge abantu baba ibihazi (bananiranye) gute warangiza ukavuga ngo urimo gukora! Ntabwo tuzakorana gutyo! Ni uko muba mubashyigikiye musangira izo kanyanga! Ni uko baba babaguze!”

Akomeza agira ati “Abayobozi mu nzego z’ibanze mbabwiye ko ubushuti bwanjye na mwe buzashingira ku byo dukorera abaturage kuko imisozi nzi kuyigenda! Nzareka imodoka nyishyire iruhande, n’amaguru nzayagenza ariko dukorere abaturage.”

Guverineri Gatabazi avuga ko azakora ibishoboka byose kanyanga igacika mu ntara ayobora
Guverineri Gatabazi avuga ko azakora ibishoboka byose kanyanga igacika mu ntara ayobora

Ufiteyezu Angelique wo mu Karere ka Burera,avuga ko kuba kanyanga idacika burundu abaturage babigiramo uruhare.

Agira ati “Mu midugudu turabirwanya ariko hari benshi bashaka kubihishira, abayobozi b’imidugudu bagatanga za raporo ariko twebwe duturanye nabo tukabihishira. Icyo nabwira abandi baturage ni uko ubuyobozi butwitayeho natwe rero dufatanye na bwo.”

Mugenzi we witwa Mugemangango Emmanuel agira ati “Hari igihe babinywa ugasanga birabishe, ubundi bikabagirira nabi bikabatesha gukora cyangwa umuntu akaba yarwana n’undi ntacyo bapfuye akanamugirira nabi.”

Ibiyobyabwenge bikunze kugaragara mu Ntara y’Amajyaruguru ni kanyanga, urumogi n’inzoga zitemewe gucuruzwa mu Rwanda ziza mu masashi.

Abaturage bamwe bahamya ko batinya kurega Abarembetsi kuko ngo bamwe iyo babikoze abo Barembetsi babagirira nabi, bakabicira amatungo cyangwa bakaba babatwikira inzu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Twiyemeje kurwanya ibiyobyabwenge dufatanyije nubuyobozi na police,
Nka club ikorera mumajyaruguru.

Ndayizeye Olivier yanditse ku itariki ya: 3-05-2018  →  Musubize

Giravuba muyobozi mwiza turakwikirije

soso yanditse ku itariki ya: 21-09-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka