Ngabo Faraji wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo akorera agera ku bihumbi 600Frw buri kwezi abekesha kwita ku mbwa.
Abahinga umuceri mu gishanga cya Rwinkwavu mu karere ka Kayonza, bavuga ko iki gishanga kidatanga umusaruro wari witezwe kuko kitagira amazi ahagije.
Miss Rwanda, Elsa Iradukunda na bagenzi bahatana muri Miss World 2017 bageze mu mujyi wa Sanya ahagomba kubera icyiciro cya nyuma cy’iryo rushanwa.
Abahagarariye inzego zitandukanye mu karere ka Huye barazaba ko habaho ikirango cyihariye cya Ndi Umunyarwanda, ukibonye wese kikamwibutsa iyi gahunda.
Mu iburanisha ry’urubanza Evode Imena wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’umutungo kamere ashinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro aregwamo icyaha cyo gufata icyemezo yishingiye ku itonesha, yabihakanye avuga ko bishingiye ku bugambanyi yakorewe.
Ifoto ya Kigali Today yafatiwe mu muhanda wa Karongi-Rusizi mu gihe cya Tour du Rwanda 2016, yahesheje igihembo uwayifotoye ariwe Muzogeye Plaisir.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru wungirije ushinzwe ubukungu, Busizi Antoine, yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, abakozi batanu bo muri aka Karere beguye ku mirimo yabo.
I Musanze mu kigo cy’umukino w’amagare ari na cyo cya mbere muri Afurika, harabarizwa umukobwa watangiye umwuga wo gukanisha amagare akoreshwa mu marushanwa y’amagare.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe Imicungire n’Imikoreshereze y’Ubutaka kiravuga ko umuntu ufite ubutaka butamwanditseho bikorewe imbere ya noteri, buba atari ubwe.
Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba (MINILAF) ivuga ko u Rwanda rwugarijwe n’ikibazo kirukomereye cy’ibura ry’ibikomoka ku mashyamba.
Amakipe atatu azahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda ari hafi gusoza imyitozo i Musanze, aho bose bafite icyizere cyo kwegukana Tour du Rwanda 2017
Aborozi bo mu Karere ka Nyagatare bafite impungenge kubera ikibazo cy’indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu nka zabo.
Mme Jeannette Kagame avuga ko kuba kanseri idatoranya abo ifata mu byiciro bitandukanye by’abantu, buri wese akwiye kuyipimisha
Umujyi wa Kigali utangaza ko mu kwezi kwa Mutarama 2018, uzasubizaho ibyapa biranga nimero z’imihanda byibwe, hakazakoreshwa amafaranga miliyoni 30.
Minisiteri y’ibikorwa remezo (MININFRA) ivuga ko hari kurebwa uburyo hakumirwa ingaruka zituruka ku mirasire yangiza (Rayons ionisant) iboneka muri serivisi zitandukanye, cyane izitangirwa kwa muganga.
Murekezi Vincent, umucuruzi w’Umunyarwanda wahungiye muri Malawi kubera ibyaha bishamikiye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi akurikuranyweho, yasabiwe kuburanishirizwa mu Rwanda.
Umuhanzi Aline Gahongayire uri kwitegura kumurika umuzingo (Album) w’indirimbo ze yise “New woman”, avuga ko ashimira Imana kuba yarataye ibiro.
Abadepite bo mu nteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo bari mu ruzinduko rwo kureba uko bagenzi babo bo mu Rwanda bashyiraho amategeko.
Kuri ubu mu Rwanda ahavurirwa kanseri hose ngo bikorwa n’abaganga bize ibintu bitandukanye kuko nta nzobere n’imwe muri iyi ndwara ihari bigatuma hiyambazwa abanyamahanga.
Kuri uyu wa 7 Ugushyingo 2017, Urukiko Rukuru rwatangiye urubanza rw’ubujurire rwa Diane Rwigara n’umubyeyi we Mukangemanyi Rwigara Adeline.
Abarwanashyaka b’amashyaka PSR na UDPR barahamagarira Abanyarwanda kwamagana ibikubiye muri raporo zitandukanye z’u Bufaransa zirimo n’ubuhamya butangwa bugamije gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Natty Dread, umurasta akaba n’umuhanzi wo mu Rwanda ahamya ko nta gahunda afite yo kurekeraho kubyara kuko ngo aramutse abikoze yaba yishe itegeko ry’Imana.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari mujyi wa London mu Bwongereza aho yitabiriye ibirori yaherewemo igihembo cya "World Tourism Award 2017".
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda bari bagiye muri Ethiopia ndetse bakanayitsindira iwayo bamaze kugera i Kigali aho bagiye gukomeza imyitozo
Ibihugu bya Afurika bifite ingabo na Polisi mu butumwa bw’amahoro, bikomeje gushakira hamwe uburyo havugururwa imikorere yo kurinda abasivili bakunze kwibasirwa n’intambara.
Umubare w’abarwanyi ba FDLR bataha mu Rwanda uriyongera uko iminsi ishira, abataha bakavuga ko biterwa n’imibereho no kubura ibyo baba bizejwe.
Abanyarwanda barahamagarirwa kwipimisha ubwandu bw’agakoko gatera SIDA kugira ngo bamenye uko bahagaze bityo bahabwe imiti igabanya ubukana bw’ako gakoko.
Ikipe y’u Rwanda ikoze akazi gakomeye aho itsinze Ethiopia ibitego 3-2 mu mukino ubanza wo gushaka itike ya CHAN izabera muri Maroc umwaka utaha
Mu rukerera rwo kuri uyu wa 5 Ugushyingo 2017 Umupaka uhuza u Rwanda n’Umujyi wa Bukavu wafunzwe, kubera imirwano hagati y’ingabo za Congo FARDC, n’abapolisi barindaga Abbas Kayonga (Dada) wari ushinzwe kurwanya Magendu mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Ibigo bifite aho bihurira n’iby’umutungo mu by’ubwenge bikangurira abafite ibihangano kumenya uburenganzira bwabo, kugira ngo bibabyarire inyungu mbere y’abandi.
Ese waruzi ko hari abakuru b’ibihugu by’Africa batatu, bafite ibintu bahuriyeho mu buryo butangaje? Abo bakuru b’ibihugu ni Kagame Paul, Uhuru Kenyatta, na Dr John P. Magufuli.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda na Ethiopia kuri iki cyumweru baraza kuba bakina umukino ubanza wo gushaka itike yo kwerekeza muri CHAn izabera muri Ethiopia muri Mutarama 2018
Abavandimwe babiri bakomoka muri Kenya Changawi Mzai na Chufaa Changawa nibo begukanye irushanwa rya Tennis Rwanda open circuit ryaberaga i Kigali.
Madame Jeannette Kagame arasaba ababyeyi guha abana babo umurage wo kubarihira amashuri, kuko ariwo murage w’ingenzi baba bahaye abana babo.
Amarushanwa y’ubwiza ya Miss Earth yaberaga muri Philippines yitabiriwe na Miss Uwase Hirwa Honorine wagiye aserukiye u Rwanda, yegukanwe na Miss Philippines hanyuma Igisabo we ataha amaramasa.
Ministeri y’Urubyiruko itangaza ko igiye gukoresha urubyiruko kugira ngo ruhore rujya gukora umuganda no gususurutsa abatishoboye batujwe mu midugudu y’icyitegererezo.
Abishyuzwa n’abishyura Parikingi z’imodoka baravuga ko banyuzwe n’uburyo bushyashya bwo kwishyuza amahoro ya parikingi hakoreshejwe ikoranabuhanga rya E-Pariking.
Umuhanzi Senderi ntiyemeranya n’abavuga ko atakigezweho kuko we afite ibikorwa akora buri munsi ahubwo ari itangazamakuru ritamuha umwanya nk’abandi bahanzi.
Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) itangaza ko abana bafite ubumuga n’abatabufite boherezwa n’ababyeyi babo gusabiriza babavutsa uburenganzira bwabo.
Ikipe ya Kiyovu Sports itsinze Gicumbi, ihita ijya ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiona
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) n’Inteko Ishinga amategeko, bivuga ko nta tegeko ryemera kwinjiza mu gihugu ibiribwa byahinduriwe uturemangingo (OGM).
Abahanga mu mirire bahamya ko kurya inyama ari ngombwa ku mubiri w’umutu ariko ngo kuzirya kenshi nanone si byiza ku mubiri w’umuntu.
Umuhanzi Mani Martin yizeje abantu igitaramo batigeze babona ubwo azaba amurika umuzingo we wa gatanu yise “Afro” kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Ugushyingo 2017.
Abaturage ntibishimiye ikiciro cy’ubuhinzi n’ubworozi ugereranyije n’ibindi byiciro 15 bifitiye akamaro igihugu mu Rwanda, nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi buheruka gushyirwa ahagaragara.