U Rwanda rwatangiye guhangana n’imirasire ikoreshwa mu byuma ikangiza ubuzima

Minisiteri y’ibikorwa remezo (MININFRA) ivuga ko hari kurebwa uburyo hakumirwa ingaruka zituruka ku mirasire yangiza (Rayons ionisant) iboneka muri serivisi zitandukanye, cyane izitangirwa kwa muganga.

Radiographie, kimwe mu bikoresho bikoresha imirasire yangiza (Photo: internet)
Radiographie, kimwe mu bikoresho bikoresha imirasire yangiza (Photo: internet)

Iyi mirasire igira ingaruka zitandukanye ku muntu, zigizwe n’izitinda zirimo kurwara kanseri n’ubugumba. Naho izishobora guhita zigaragara ku wangijwe n’iyo mirasire, harimo urupfu, kuruka cyangwa guta umutwe.

Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA ushinzwe ingufu, Kamayirese Germaine avuga ko iyi mirasire ubusanzwe ikoreshwa hagamijwe ibikorwa byiza ariko yakoreshwa nabi ikagira ingaruka ku bantu.

Avuga ko kugeza ubu mu Rwanda ikoreshwa ku kigero cyo hasi cyane aho iboneka cyane mu buvuzi, ariko bagateganya ko iziyongera.

Yagize ati “Biri hasi cyane, yakoreshwaga nko mu bitaro muri za radiographie. Turi kwitegura ko iki kigero kigiye kwiyongera, kuko urugero mu Rwanda bavuraga Kanseri mu buryo bwo kubagwa, hagatangwa imiti ya kanseri (Chimiotherapie).

Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA ushinzwe ingufu, Kamayirese Germaine
Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA ushinzwe ingufu, Kamayirese Germaine

Yavuze ko hari gutegurwa uburyo bushya aho indwara ya kanseri izajya ivurwa hakoreshejwe uburyo bwa radiotherapie. Hakazajya hakoreshwa ibizwi nka Rayon Gamma, zoherezwa ako kanya mu mubiri imbere zigashiririza kanseri.

Ati “Ibi bishobora no kuzagera no mu buhinzi ndetse n’ahandi, niyo mpamvu dushaka kwitegura, iyo mirasire igakoreshwa haragenwe imikoreshereze yayo.”

Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), nicyo cyamaze guhabwa inshingano zo kugenzura imikoreshereze y’iyi mirasire hagamijwe kwirinda ingaruka zayo.

Abakozi ba RURA mu mahugurwa ku bufatanye n'ikigo Mpuzamahanga mu by'Ingufu (International Atomic Energy Agence, IAEA)
Abakozi ba RURA mu mahugurwa ku bufatanye n’ikigo Mpuzamahanga mu by’Ingufu (International Atomic Energy Agence, IAEA)

RURA ivuga ko kugeza ubu ahantu hamaze kumenyekana haboneka iyo mirasire ari kwa muganga ahakoreshwa ibyuma bifite imirasire izwi nka Rayon-X n’ibyifashishwa mu gusaka abantu (Scanner de sécurité).

Maj Nyirishema Patrick, umuyobozi wa RURA avuga ko hazakurikiraho gukora ubushakashatsi ku handi hose hakekwa nk’ahaboneka amabuye y’agaciro ashobora kuba afite iyo mirasire n’ahandi nk’uko bivugwa

Ati “Ni amahugurwa ya mbere, ariko hazagenda hanakurikiraho andi kugira ngo tubashe kubaka ubushobozi, tubone gushyiraho amabwiriza azagenga imikoreshereze y’iyo mirasire.”

RUR ivuga kandi ko ariyo ya mbere igomba kugira uruhare mu gukumira ingaruka zituruka kuri iyi mirasire.

Ikazabikora ibanza kugaragaza ahantu hose ishobora kuboneka hakamenyeshwa abantu ngo bahirinde no gushyiraho uburyo butuma imikoreshereze y’iyi mirasire muri serivisi zitandukanye, ntigire ingaruka ku bantu.

Aha abagore batwite ngo nibo baburirwa cyane kuko uturemangingo tw’abana batwite tuba tutarakomera, bikaba byabagiraho ingaruka kimwe n’abana batwise mu kwirema kw’ingingo, biturutse mu guca mu byuma bisaka.

Iyi mirasire yangiza iboneka cyane mu bihugu bikoresha uburyo bwo guhindurira imbuto imiterere hongerwamo uturemangingo tw’ikindi kintu (Genetic Modified Organism GMO) gifite ubudahangarwa, ibifite amabuye ya Uranium no muri bimwe mu byuma byifashishwa gupima imihanda.

U Rwanda rwasinye amasezerano yo guhangana n’imirasire yangiza muri 2010.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka