Gashora Girls’ Academy ni ishuri rihereye mu Murenge wa Gashora, mu Karere ka Bugesera ku birometero 28 uvuye i Nyamata.
Imbaga y’abakirisitu basaga ibihumbi makumyabiri yizihije yubile y’imyaka 100 y’Ubusaseridoti mu Rwanda na yubile y’imyaka 75 y’amavuko ya Musenyeri Thadée Ntihinyurwa.
Umuhanga mu Mbonezabitekerezo (philosophe) w’Umufaransa, yatangaje ko Tintin wamenyekanye mu nkuru zishushanyije (bande dessinée cyangwa cartoon) yaba atari umusore nk’uko benshi mu bakunze inkuru ze babyibwiraga.
Mu muco wa Kinyarwanda cyaraziraga kikanaziririzwa ko umwari yiyandarika cyangwa agaragaraho imibonano mpuzabitsina atarashinga urugo rwe, niyo yabikoraga kuko kera nta dukingirizo twabagaho byamuviragamo akenshi gutwara inda z’indaro kandi byafatwaga nk’icyaha gikomeye, cyahanishwaga kujya kuroha nyirubwite.
Umukino wahuzaga Rayons Sport na APR FC, waberaga kuri Stade ya Rubavu, bahatanira igikombe gisumba ibindi kizwi nka Super Cup, urasubitswe kubera ibura ry’umuriro kuri iyi stade.
Byukusenge Patrick ukinira Benediction club niwe waryegukanye yanikiye abandi, muri iri siganwa ry’Amagare ku gace ka karindwi ka Rwanda cycling Cup kitwa Muhazi Challenge.
Soeur Immaculée Uwamariya washinze umuryango ‘Famille Espérance’(FAES) yemeza ko gushyingirwa ari umuhamagaro w’Imana, bitandukanye n’amarangamutima.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba yasabye abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Karongi umusanzu mu kurwanya imirire mibi.
Madamu Jeannette Kagame yasobanuriye abagore b’abakuru b’ibihugu byo ku isi uko u Rwanda rwahisemo kubaho rutagira ikigo na kimwe cy’impfubyi ahubwo umwana wese akarererwa mu muryango.
Nyampinga w’u Rwanda 2017, Iradukunda Elsa atangaza ko niyitabira irushanwa rya Miss World icyo azaba ashyize imbere ari uguhagararira u Rwanda no kuruhesha isura nziza.
Mu kwezi kwa Gicurasi 2017, nibwo Inkura z’umukara zigera kuri 18 zagaruwe muri Parike y’Akagera, nyuma y’imyaka 10 zari zimaze zaracitse mu Rwanda.
Imibare ituruka mu buyobozi bw’Akarere ka Rusizi ihamya ko muri ako karere habarurwa indaya 1000 zirimo n’abana bataragira imyaka y’ubukure.
Bamwe mu bagore bahoze bakora uburaya mu Mirenge ya Mukura na Tumba mu Karere ka Huye, barabiretse binjira mu gukoa amasabune none birabatunze.
Ibyari inzozi ku bajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Karongi byabaye impamo nyuma yo gutaha ku mugaragaro inzu y’ubucuruzi biyubakiye igiye kujya ibinjiriza amafaranga.
Abagize itsinda rya "Tuff Gang"bongeye gusubirana, batangaza ko iryo tsinda nta kongera gutandukana ukundi kuko ngo icyabatanije mbere bakiboneye umuti.
Hari ibintu biza mu buzima bikazira igihe kimwe bikaza bisa ku buryo bitera benshi kubyibazaho, twagukusaninyirije Bimwe mu bintu by’uruhurirane bitangaza benshi bimaze kubaho muri ruhago.
Umushakashatsi akaba n’umwanditsi w’ibitabo, Jean Ndorimana yemeza ko Jenoside zose ari zimwe ko itandukaniro ari abayikora, abayikorerwa, aho ikorerwa n’uburyo ikorwamo.
Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika mu butumwa bw’amahoro bwa Loni u Rwanda rusanzwe ruhakorera.
Guhera kuri uyu wa Gatandatu kugera ku Cyumweru u Rwanda rurakira irushanwa rya Taekwondo rizahuza abakinnyi 150 bazaturuka mu bihugu birindwi.
Nyuma yo gusabwa kwakira igikombe cya CECAFA cy’abagore, u Rwanda ntiruremeza ko ruzitabira iri rushanwa mu gihe habura amezi abiri gusa.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihugu 12 byo ku Mugabane w’Afurika byamaze kwiyemeza gutanga umusanzu ungana na 0.2 ku ijana by’amafaranga bikura ku bicuruzwa byinjira muri ibyo bihugu.
Imodoka ziparika mu Mujyi wa Kigali ntizikishyuzwa hakoresheje gitansi mu rwego rwo korohereza abayobozi bazo.
Ubwo abagize itsinda ry’abaririmbyi bo muri Kenya rizwi ku izina rya Sauti Sol bageraga i Bujumbura mu Burundi bakiriwe nk’abami.
Guhera mu mwaka wa 2018 imihanda itandukanye yo mijyi itandatu yunganira umujyi wa Kigali izaba ikoze neza irimo kaburimbo.
Ababyeyi basabwe gukunda abana babo no kubarera neza, mu gihe abana bo basabwa gukurana indangagaciro zo gukunda igihugu no kugikorera.
Bisi y’ikompanyi itwara abagenzi yitwa “RITCO” yavaga i Kigali ijya i Rusizi yakoreye impanuka muri Karongi, abagenzi 60 yari itwaye ntihagira n’umwe ukomereka.
Col Augustin Nsengimana bitaga Cadace wahoze ari umuyobozi muri FDLR yicuza imyaka 21 yayimazemo kuko yamupfiriye ubusa.
Abagore bahawe amahugurwa mu myuga itandukanye n’umuryango "Women for Women", bemeza ko yatumye bashobora kwirwanaho mu buzima bakanabeshaho neza imiryango yabo.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney atangaza ko agiye guhagurikira ikibazo cy’umwanda kigaragara mu batuye muri iyo ntara.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) gitangaza ko imvura y’umuhindo izaba nyinshi ariko ngo hari uduce tumwe na tumwe tuzagira imvura irenze igipimo cy’iyari isanzwe igwa.
Abaminisitiri b’ubuhinzi b’ibihugu 144 bitandukanye bazateranira i Kigali mu kwezi k’Ukwakira n’Ugushyingo 2017, aho bazasuzumira amasezerano yo guhanahana imbuto z’ibimera.
Ikipe izatsinda mu mukino w’igikombe kiruta ibindi Super Coupe hagati ya APR FC na Rayon Sport izahabwa Miliyoni 5Frw.
Perezida Paul Kagame yasabye Umuryango w’Abibumbye gufata abanyamuryango bawo bose kimwe, kugira ngo intego yatumye ujyaho yo guhuza ibihugu yubahirizwe.
Madamu Jeannette Kagame yatangarije abitabiriye inama y’ihuriro ry’Abagore b’Abakuru b’ibihugu by’Afurika (OAFLA) ko u Rwanda rwiyemeje kutazacika intege mu rugamba rwo gutuma Abanyarwanda bagira ubuzima bwiza.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya Kiboga buvuga ko mu bana 100 baharangiza, 70 gusa aribo bakomeza mu yisumbuye nabo ntibayarangize bose kuko baba bajya kwiga kure.
Bamwe mu batuye n’abakorera mu Mujyi wa Musanze byababereye nk’igitangaza ubwo babonaga abantu biziritse imigozi bari gusukura ibirahure by’umuturirwa wa RSSB uri muri uwo mujyi.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Nzeli 2017, Minisiteri y’uburezi yatangije ku mugaragaro ibizamini ngiro (Pratique) mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ya Leta n’ay’ayigenga.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko ku buyobozi bwe azakora ibishoboka byose agahashya ibiyobyabwenge bigaragara cyane muri iyo ntara.
Abakobwa bo mu ntara y’i Burasirazuba baratangaza ko biteguye gutera ikirenge mu cya basaza babo bakomoka muri iyi ntara mu mupira w’amaguru
Abakorera ubucuruzi mu isoko rya Rusumo mu Murenge wa Butaro mu Karere ka Burera, barasaba kwimurwa bagashakirwa ahandi bakorera, ngo kuko aho bakorera ubu hatagira ubwiherero.
Perezida Paul Kagame yavuze ko amateka y’umuryango mpuzamahanga muri Afurika kugeza ubu atarawuha isomo, kuko buri gihugu cyose wagiye wivangira mu bibazo byarangiraga bibaye bibi kurushaho.
Ikipe y’Isonga yo mu Rwanda yatumiwe mu irushanwa ry’amashuri y’umupira rizabera muri Côte d’Ivoire mu Gushyingo 2017, aho izahurira n’amakipe akomeye i Burayi
Abaturage 67 bo mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro bishimira ko batazongera kurembera mu rugo kuko bishyuriwe mitiweri izabafasha kwivuza.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kumvikana na Sosiyete y’imikino y’amahirwe yitwa Feza Bet izayiha amafaranga asanga Miliyoni 305 Frws mu myaka ine iri imbere
Perezida Paul Kagame yavuze ko urwego u Rwanda ruhagazeho ku isi, nta handi rwavuye uretse guha Abanyarwanda icyizere no kubereka ko ibyo bakora ari ibyabo.
Igisonga cya gatatu muri Miss Rwanda 2017, Miss Kalimpinya Queen akomeje gushyira mu bikorwa umushinga yahize, ashyiraho itsinda ryigisha urubyiruko ubuzima bw’imyororokere.