
Nk’uko uyu muyobozi yabitangaje, ngo mu beguye harimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruheru Habumugisha Jules, watangaje ko yeguye ku giti cye.
Yagize ati “Uweguye ku mpamvu ze bwite ni uwo w’umurenge wa Ruheru. Hanyuma tukagira n’undi witwa Rushingwankiko Valens w’Umurenge wa Kivu wanditse atumenyesha yuko agiye kwiga.”
Yakomeje avuga ko hari n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Kibeho weguye ku mirimo ye, ndetse n’abandi bakozi babiri bari bashinzwe ibijyanye n’imyubakire mu karere ka Nyaruguru.
Abajijwe ku bijyanye n’ibivugwa ko n’Umuyobozi wa njyanama y’Akarere ka Nyaruguru yaba yeguye, Bisizi yagize ati “Iyo udafite inyandiko igaragaza ko umuntu yahagaze ku mirimo ye, ntago wabyemeza.”
Uyu muyobozi yavuze ko aba beguye ukuyemo uwavuze ko agiye kwiga abandi bose beguye ku giti cyabo, ku buryo utavuga ko hari amakosa runaka bashinjwa.
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
bihangane ntakundi
mwaramutseneza, ahubwo abahagaritse gitifu wakarere babaye nka wa muganga wereka iryinyo rirwaye yamara kugutera ikinya Shakira iritarwaye, bikagaragara ko ikibazo ataricyo bakemuye ahubwo ikibazo bagiciye kuruhande. nibarebeneza ikibazo gihari, naho uvuzeko gukora nyaruguru bisaba amaturo nibyo 😀😂😁😀
Gukorera inzego zibanze muri nyaruguru bisaba kuba ufite iyabo n’amaturo uha ba boss.Yoyo ukunda n’abaturage uba uri mumarembera.Umuremurmubareshya nabirenze nawe bizamushyikira.cyakora wenda we ntanguzanyo arimo ntako yarayagwije!ntacyo ariko ntihutiraho,ariko bigenda ntaba akiri Mayor