Abaturage ntibishimiye ikiciro cy’ubuhinzi n’ubworozi ugereranyije n’ibindi byiciro 15 bifitiye akamaro igihugu mu Rwanda, nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi buheruka gushyirwa ahagaragara.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Ugushyingo 2017, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihinduka.
Umuryango Nyarwanda wita ku muco wo kubaka amahoro AEGIS Trust, uratangaza ko kwigisha amahoro mu mashuri bizahindura urubyiruko rwa nyuma ya Jenoside.
Hakizimana Amani uzwi mu muziki nka Ama-G The Black ari kwitegura ubukwe kuburyo n’impapuro z’ubutumire yamaze kuzishyira hanze.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda (MINICOM) itangaza ko kuba u Rwanda rwarasinye amasezerano y’Ibihugu bigize umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi (ITO), bizagabanya igiciro abatumiza ibintu hanze batangaga.
Deo Ngarukiye w’i Nyaruguru yishimira ubuhinzi bw’icyayi akuramo asaga ibihumbi 500 buri kwezi, none yaniyemeje kureka guhinga ibindi bihingwa.
Umutoza w’ikipe y’iguhugu Antoine Hey yaraye ahamagaye abakinnyi 18 bagomba kwerekeza muri Ethiopia kuri uyu wa Gatanu, gukina umukino wo gushaka itike ya CHAN.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Nyamurinda Pascal ahamya ko isuku muri uwo mujyi ihari ariko ngo ntiragera ku rwego rushimishije.
Umuhanda mushya uturuka mu Mujyi ugana Nyabugogo umaze igihe gito ubaye nyabagendwa n’ubwo igice cyawo cyo kuva ahazwi nko kuri Yamaha kugera Nyabugogo kitararangira neza.
Missosology, igitangazamakuru kabuhariwe mu gukurikirana amarushanwa y’ubwiza akomeye abera ku isi, cyagaragaje ba Nyampinga 15 bahatanira ikamba rya Miss Earth 2017, berekanye ko bazi ubwenge.
Inama y’Abaporotesitanti mu Rwanda (CPR) yatangaje ko basabye imbabazi kandi ikirimo kuzisaba kubera abakirisitu b’Abaporotesitanti bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umutoza Antoine Hey arizeza ko Amavubi azasezerera Ethiopia n’ubwo atabonye umwanya wo gukina umukino wa gicuti wo kwitegura.
Umugore ukomoka muri Tanzania ufite ubuhanga mu gukina umupira w’amaguru yagaragaye mu Mujyi wa Kigali yarangaje abantu kubera “udukoryo” yakoraga.
Urukiko rw’ibanze rwa Bwishyura ruri mu Karere ka Karongi rwakatiye Rwema Peter iminsi 30 y’igifungo y’agateganyo kubera icyaha akekwaho cyo gusambanya umukobwa ku ngufu.
Abayobozi n’abakozi b’Akarere ka Nyamasheke ntibazongera gukorera mu nzu zishaje babyigana kuko batashye inyubako nshya bazajya bakoreramo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Gicumbi, Bihezande Bernard hamwe n’abakozi babiri bakoranaga batawe muri yombi bakurikiranyweho kunyereza umutungo wa Leta.
Bamwe mu biga imyuga y’ubumenyingiro n’abayobozi b’amashuri, baratunga agatoki abikorera banga kwakira abarangije kwiga ngo babafashe kwimenyereza umwuga “internship”.
KCB Bank Rwanda yatangije uburyo bw’ikoranabuhanga yise “MobiLoan” bufasha abakiriya bayo kwiguriza amafaranga ari hagati ya 500Fr na 500,000 frw, bifashishije Telefoni zigendanwa.
Padiri Uwimana Jean Francois umaze kumenyerwa mu ndirimbo za Hip Hop zihimbaza Imana ahamya ko iyo njyana aririmbamo ituma ahura n’ibyiza n’ibibi.
Johnattan McKinstry wahoze atoza Amavubi ari ku rutonde rw’abahatanira gusimbura Milutin Micho wasezeye ku gutoza ikipe y’igihugu ya Uganda.
Mu Karere ka Huye harabarurwa ibigo bishinzwe ibikorwa rusange 66 bidafite umuriro w’amashanyarazi, mu gihe Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi (REG) cyabaruraga 37.
Tady Etekiama uzwi nka Daddy Birori wahoze akinira Amavubi, yatoranyijwe mu bakinnyi 30 bazavamo uwitwaye neza muri Afurika uyu mwaka
Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) irizeza aborozi b’inka ko gahunda igiye gutangira yo kubafasha kubona ubwishingizi bwazo yashyizwemo ingufu bikazabarinda ibihombo.
Abagenzi ndetse n’abakorera muri gare ya Kacyiru babangamiwe no kuba iyo gare ikoreshwa n’abantu barenga 1000 ku munsi, ikaba itagira ubwiherero.
Mitsindo Yves w’imyaka 15 ukinira ikipe ya Sporting Charleroi, yamaze guhamagarwa n’umutoza w’ikipe y’igihugu y’Ububiligi y’abatarengeje imyaka 15.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari i Dubai aho yitabiriye inama ikomeye mu rwego rw’isi yiga ku ishoramari muri Afurika (Africa Global Business Forum).
Ikipe yo muri Canada yitwa LowestRates.ca iri gukusanya inkunga zo gushyigikira umukino w’amagare mu Rwanda, by’umwihariko amakipe asanzwe adafite ubushobozi buhagije.
Yvan Buravan wari umaze amezi hafi atanu avuye muri New Level akajya kwikorana wenyine yatangaje ko yayisubiyemo.
N’ubwo Akarere ka Rusizi karimo umujyi ubarirwa mu mijyi itandatu yunganira Umujyi wa Kigali karacyanengwa kugira umwanda ugaragara mu duce dutandukanye.
Bamwe mu bakurikiranira hafi ibijyanye no kwihangira umurimo mu rubyiruko bemeza ko kutamenya indimi z’ahandi neza no kutagira amakuru biri mu bibadindiza kugera kure.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) itangaza ko nkongwa idasanzwe yibasiye ibigori yatumye umusaruro wabyo ugabanuka hakurikijwe umusaruro wari usanzwe uboneka.
Banki y’isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa 41 ku rutonde rw’ibihugu byoroshya ishoramari, ruvuye ku mwanya wa 56 rwariho umwaka ushize.
Bamwe mu banyamuziki bemeza ko kuba nta orchestres yinshi zikibaho, byatewe n’uko nta banyamuziki bahagije bacuranga injyana z’umwimerere bariho.
Polisi y’u Rwanda itangaza ko iri gusuzuma ibirego yagejejweho n’abantu binjiriwe na ba rushimusi ku mbuga nkoranyambaga kugira ngo abo barushimusi bafatwe.
Amabwiriza ya Leta y’uko nta bwato bwemewe gukoreshwa mu kwambutsa abaturage umugezi wa Nyabarongo nta moteri bufite ntiyubahirizwa.
Imikino igera kuri itandatu ya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda yasubitswe kubera umukino w’Amavubi na Ethiopiya wamenyekanye bitunguranye.
Abayobozi bashya ba Banki y’Abaturage y’u Rwanda barizeza abakiriya babo ko bagiye kurushaho kuzamura urwego rw’ikoranabuhanga muri iyo banki.
Kuri sitasiyo za lisansi haba hamanitse icyapa kibuza abantu kuhanywera itabi,gukoresha telefoni igendanwa,kunywesha lisansi moteri y’ikinyabiziga yaka,ndetse no gucana amatara y’ikinyabiziga, ariko abenshi ntibazi impamvu.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abakinnyi bakina imbere mu gihugu yatangiye imyitozo yo kwitegura imikino ibiri izabahuza na Ethiopia mu gushaka itike ya CHAN.
Abakinnyi ba Tennis bo mu Rwanda ndetse n’abaturutse hanze ya Africa bateraniye i Kigali aho bari guhatanira imidari muri irushanwa rya Rwanda Open.
Uwase Hirwa Honorine uzwi ku izina rya “Igisabo” uhagarariye u Rwanda muri Miss Earth 2017 akomeje kubura imidari mu bihembo bihatangirwa.
Abadepite mu Nteko Ishinga amategeko y’u Rwanda, imitwe yombi batabarije umwana w’umukobwa uvuka i Muhanga watawe na Nyina kwa Nyirakuru agasigara amurerera mu kiraro cy’ingurube.
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi,umubare wa Kaminuza, wavuye kuri kaminuza imwe, ubu zigeze kuri 32. Izo kaminuza zikaba zaragize uruhare rukomeye mu kuzamura umubare w’Abanyarwanda bakandagiye muri Kaminuza.
Abaturage 306 bo mu Karere ka Nyagatare bari kwishyuza ubuyobozi bw’ako karere nyuma yuko rwiyemezamirimo wari wabahaye akazi atabishyuye.
Abamotari bakorera hirya no hino mu gihugu, baravuga ko batangiye guca ukubiri na moto z’abandi, kuko ubu batangiye gutunga izabo babikesha ishyirahamwe bishyiriyeho “Twigire Motari”.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru yari igeze ku munsi wa kane, aho isize police Fc yicaye ku mwanya wa mbere by’agateganyo.
Umutoniwase Linda, igisonga cya kabiri cya Miss Rwanda 2017 ari kwitegura kujya guhagararira u Rwanda mu irushanwa ry’ubwiza rya "Miss University Africa".