Ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegekonshinga, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yemeje Maj Gatarayiha Francois Regis nk’umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri nshya y’Ikoranabuhanga n’itumanaho.
Ntakagero Omar umutoza mushya wa Kirehe FC, arizeza abayobozi n’abatuye i Kirehe kugera ku ntego yasinyiye yo kugeza Kirehe mu makipe umunani ya mbere muri Shampiyona 2017/2018.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze ibitego 3-1 itsinda ry’abakinnyi bakomoka muri Nijeriya baje mu Rwanda gushaka amakipe yabarambagiza.
Ahamurikirwa ikawa y’u Rwanda muri Expo 2017 uhasanga abantu biganjemo Abanyarwanda bayigura, ari abayitahana cyangwa abanyweraho bakavuga ko bayikunze.
Jose Chameleon umuhanzi w’icyamamare mu gihugu cya Uganda yamaze gukorana indirimbo n’umuhanzi w’Umunyarwanda Jean Paul Samputu.
Amazu 56 na hegitari enye z’urutoki nibyo byangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga, ingurube ebyiri n’inkwavu eshatu nabyo byicwa n’umuvu w’amazi.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ryasabye Ferwafa ko icuma amatora y’umuyobozi wa Ferwafa .
Perezida Kagame hamwe n’umuherwe w’umunyamerika Howard G Buffet batashye inyubako z’umupaka wa la Corniche wagizwe one stop border post Rubavu.
Benshi bazi ko umuziki wifashishwa mu kwishimisha gusa. Ariko abahanga berekana ko umuziki ushobora gutuma umuntu atekereza neza, ndetse akarushaho gukora ibikorwa bye ku murongo nta Kajagari. Hari n’abawifashisha mu buvuzi aribyo bita MusicoTherapie.
Bamwe mu bari biteguye kurya ku bitambo bitangwa n’Abayisilamu kuri uyu munsi wa ’Eid El Adhuha’, bavuga ko nta nyama bahawe.
Abahanzi b’Abanyarwanda ariko baba muri Amerika, The Ben na Meddy kuva bagaruka mu Rwanda bakunze kubazwa icyabateye gutoroka bakigumira muri Amerika.
Mu myaka 13 ishize mu Rwanda hatangijwe gahunda Ngarukamwaka yo Kwita Izina abana b’ingagi, imiryango y’ingagi zo mu birunga yariyongereye iva ku munani, igera kuri 20.
Perezida Paul Kagame yasabye Abanyarwanda cyane cyane abaturiye pariki kongera umurego mu kubungabunga inyamaswa zibaturiye, kuko inyungu zitanga ari bo zigeraho mbere.
Gisa Gakwisi, umwana w’imyaka 13 y’amavuko wubatse inyubako ya Kigali Convention Center mu ibumba yasazwe n’ibyishimo ubwo yatumirwaga mu birori byo “Kwita Izina”.
Umupaka umwe (One stop Border Post) ugomba guhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo wubatswe mu Karere ka Rubavu, wamaze kuzura.
Icyiciro cya mbere y’abaminisitiri na bamwe mu banyamabanga umunani bagize guverinoma nshya cyarahiye kuri uyu wa kane tariki 31 Kanama 2017. Harimo bamwe bashya n’abandi bari basanzwemo.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze cyane cyane abatuye mu Kinigi batangiye imyiteguro y’umuhango wo “Kwita Izina” abana b’ingagi 19, uba kuri uyu wa gatanu tariki ya 01 Nzeli 2017.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ababazwa na bamwe mu bayobozi barebera abanyereza imitungo y’igihugu bakabyigamba ariko ntibakurikiranwe.
Perezida Kagame yatangaje ko umuyobozi mwiza atari wa wundi ushimwa na buri wese, ahubwo ari umuntu ugira ibyo ashima, akagira ibyo agaya ndetse akagira n’ ibyo abaza abo ayobora.
Perezida Paul Kagame yavuze ko atazakomeza kubikira ibanga bamwe mu bayobozi barangwa n’amakimbirane n’abareberera abanyereza imitumgo y’igihugu bikadindiza akazi.
Yannick Mukunzi umukinnyi wari usanzwe ukina hagati mu ikipe ya APR FC yamaze kwerekeza muri mukeba Rayon Sport aho yayisinyiye amasezerano yo kuyikinira imyaka ibiri.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 30 Kanama 2017, Perezida Kagame yashyizeho Guverinoma nshya, itagaragayemo bamwe mu bayobozi bari basanzwe muri Guverinoma icyuye igihe.
Umutoza utoza ikipe ya APR fc Jimmy Mulisa aratangaza ko ashishikazwa no kumenya ibigendanye n’ikipe atoza ataba ashaka kumenya ibibera mu yandi makipe.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryakiriye impano y’ibikoresho by’uwo mukino bifite agaciro ka Miliyoni 66Frws bagenewe n’Ishyirahamwe ry’uwo mukino mu Bubiligi.
Minisiteri y’ibikorwa remezo (MININFRA) yabonye umunyamabanga wa Leta mushya ushinzwe gutwara abantu n’ibintu ari we Uwihanganye Jean de Dieu, uzwi ku izina rya Henri Jado.
Murekezi Anastase wari umaze imyaka itatu ku mwanya wa Minisitiri w’intebe muri Guverinoma y’u Rwanda, yahawe umwanya w’Umuvunyi Mukuru.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho Guverinoma nshya, ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116, none ku wa 30 Kanama 2017.
Meddy, umuririmbyi wo mu Rwanda ariko uba muri Amerika (USA) yatangaje ko atari yajya mu rukundo ko ariko ari gutereta umukobwa wo muri Amerika yirinze gutangaza izina rye.
Abafana b’ikipe ya Etoile de l’Est ifite icyicaro mu karere ka Ngoma baranengwa kuyifana ku izina gusa ntacyo bayifasha bigatuma ubushobozi buke buyigumiza mu kiciro cya Kabiri.
Ikipe ya Mukura yamaze kwemerera Ally Niyonzima wari umaze iminsi muri Rayon Sports kwerekeza muri AS Kigali
Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edourad yarahiye mu muhango wayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 30 Kanama 2017.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko abagize Guverinoma nshya bamenyekana ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Kanama 2017.
Mu imurikagurisha mpuzamahanga rya 2017 ribera i Gikondo, hari imikino y’abana itandukanye ituma ababyeyi babo babazana ngo babashimishe ariko banasure n’ibindi bimurikwa.
Abaturage bo mu Murenge wa Nasho muri Kirehe bahamya ko nyuma y’imyaka ibiri bimuriwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gicaca ubuzima bwabo bwahindutse.
Perezida Paul Kagame amaze gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya witwa Dr. Ngirente Edouard.
Abahinzi bo mu Karere ka Rwamagana bahuraga n’ikibazo cyo guhinga bakarumbya mu gihe cy’impeshyi, kubera imbogamizi zo kubura uko buhira imyaka.
Ikipe ya Police FC yari ihagarariye u Rwanda mu mikino y’Abapolisi EAPCO (East African Police Chiefs Cooperation Organization) bo mu karere ka Afurika y’i Burasirazuba, yasoje iryo rushanwa iri ku mwanya wa kabiri.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buzima (RBC) kiratanga urukingo rw’indwara ya Hepatite C ku buntu, ku baturage batifashije bo mu Karere ka Huye.
Ihuriro rya banki zikorera mu Rwanda (RBA) guhera tariki ya 02 -03 Nzeri na tariki ya 09-10 Nzeri ryeteguye irushanwa rizahuza abakozi ba za banki zikorera mu Rwanda mu mikino itandukanye
Isiganwa ry’amamodoka rizwi nka Rwanda Mountain Gorilla Rally rya 2017, ryitezweho kuzaba rinogeye ijisho ndetse rikazarangwa no guhangana bidasanzwe.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) ikangurira abaturage kwitabira gufunguza konti zitandukanye zibungukira nibura 5% buri mwaka, kugira ngo bagere ku iterambere bifuza.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Sinamenye Jeremie yandikiye ibaruwa inama njyanama y’ako karere agaragaza ko yeguye ku mirimo ye.