Icyiciro cya mbere cy’Ibitaro bya Nyarugenge kizatwara Miliyari 5.9 z’Amanyarwanda

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 9 Gashyantare 2018, mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Nyamirambo, Akagali ka Kivugiza, hatangiye ibikorwa byo kubaka ibitaro by’aka karere.

Minisitiri w'Ubuzima Dr Dianne Gashumba n'Uhagararite Leta y'u Bubiligi bashyira ibuye ry'ifatizo ahazubakwa ibitaro bya Nyarugenge
Minisitiri w’Ubuzima Dr Dianne Gashumba n’Uhagararite Leta y’u Bubiligi bashyira ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ibitaro bya Nyarugenge

Ibi bitaro bizubakwa ku bufatanye bwa Leta y’u Rwanda na Leta y’u Bubiligi. Icyiciro cyabyo cya mbere kizuzura gitwaye miliyari 5.9 y’amafaranga y’u Rwanda.

Icyiciro cya mbere cy’ibi bitaro ngo kizuzura mu mwaka wa 2019 aho abaturage bo muri aka Karere barenga 3000 ndetse n’abo mu nkengero zako bagorwaga no kwivuza kure bazahita batangira kuza kwivurizamo.

Ibikorwa byo kubaka byahise bitangira
Ibikorwa byo kubaka byahise bitangira

Umuhango wo gushyira ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ibi bitaro witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo abahagarariye Ambasade y’u Bubiligi, Minisitiri w’ubuzima Dr Gashumba Dianne, Meya w’Umujyi wa Kigali Pascale Nyamurinda ndetse n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge Kayisime Nzaramba

Inkuru irambuye Kigali Today iracyayibatunganyiriza.

Ibitaro nibyuzura ni uku bizaba bimeze
Ibitaro nibyuzura ni uku bizaba bimeze
Abayobozi bitabiriye umuhango wo gushyira ibuye ry'ifatizo ahazubakwa ibitaro by'Akarere ka Nyarugenge
Abayobozi bitabiriye umuhango wo gushyira ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ibitaro by’Akarere ka Nyarugenge
ibi bitaro byubatswe ku bufatanye bwa Leta y'U Rwanda n'iy' a Babiligi
ibi bitaro byubatswe ku bufatanye bwa Leta y’U Rwanda n’iy’ a Babiligi
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka