Siporo rusange izagere no mu midugudu- Minisitiri Uwacu

Minisitiri wa siporo n’umuco, Uwacu Julienne, yavuze ko siporo rusange ikwiye kugera no ku rwego rw’imidugudu.

Siporo rusange yabereye kuri Sitade ya Huye
Siporo rusange yabereye kuri Sitade ya Huye

Yabivuze nyuma ya siporo rusange yagiranye n’abanye Huye kuri iki cyumweru tariki ya 11 Gashyantare 2018.

Iyi siporo yitabiriwe na Minisitiri w’urubyiruko Rose Mary Mbabazi ndetse na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka.

Yitabiriwe kandi na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Marie Rose Mureshyankwano, ndetse na Dr. Papias Malimba, umuyobozi wungirije muri kaminuza y’u Rwanda ushinzwe igenamigambi n’imiyoborere.

Minisitiri Uwacu, yagize ati "Siporo ya bose yatangiriye i Kigali twibwira ko ari bo babishoboye, ariko aho maze iminsi ngenda hanyeretse ko n’ahandi ari uko. Yitabiriwe cyane, ariko no ku mudugudu ntihazagire usigara."

Iyi myitozo yitabiriwe na Min Kaboneka Francis ndetse na Guverineri w'Intara y'Amajyepfo Mureshyankwano
Iyi myitozo yitabiriwe na Min Kaboneka Francis ndetse na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mureshyankwano

Yakomeje avuga ko muri gahunda y’imyaka 7 ya Perezida w’u Rwanda harimo kubaka umunyarwanda ufite ubuzima buzima kandi ushoboye. Siporo rero ngo ni imwe mu nzira yo gutuma bigerwaho.

Minisitiri Julienne kandi yashimiye abanye huye ko bitabiriye Siporo ari benshi, anavuga ko bashobora kuba bafite rukuruzi yakuruye abayobozi bakuru benshi muri siporo.

Yagize ati "Ni ubwa mbere abaminisitiri batatu bahuriye muri siporo ya bose."

Sporo yari yitabiriwe n'abakuru ndetse n'abato ntibatanzwe
Sporo yari yitabiriwe n’abakuru ndetse n’abato ntibatanzwe

Uretse siporo yaranzwe no kwiruka ku birometero bigera muri bitanu, ndetse n’imyitozo ngororamubiri mu gihe cy’iminota 30, habaye n’igikorwa cyo gupima umuvuduko w’amaraso na diyabete ku babishaka.

Nyuma Abanye Huye bagejejweho ubutumwa bubashimira ubwitabire muri iyi siporo
Nyuma Abanye Huye bagejejweho ubutumwa bubashimira ubwitabire muri iyi siporo

Abaturage bo muri aka Karere baganira na Kigali Today, bose bahurije mu gushimira abayobozi baje kwifatanya na bo muri siporo ari benshi, banabizeza ko bazakomeza kwitabira iyi siporo ndetse no kuyikangurira bagenzi babo, kugira ngo barusheho kugira ubuzima bwiza n’imbaraga zo gukorera igihugu.

nyuma ya Siporo byari ibyishimo
nyuma ya Siporo byari ibyishimo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka