Itorero rihera mu magambo gusa ntirikwiye- Bamporiki

Umukuru w’Itorero ry’Igihugu Eduard Bamporiki atangaza ko atemeranya n’itorero rihera mu magambo gusa, intore zigataha nta kibazo na kimwe zikemuriye aho ryabereye.

Itorero rihera mu magambo avuga ko ridakwiye mu Rwanda
Itorero rihera mu magambo avuga ko ridakwiye mu Rwanda

Bamporiki avuga ko ubusanzwe mu bushakashatsi yakoze ku mateka y’Itorero rya nyaryo, yasanze Irorero ari aho abantu bajyaga bagakemura ibibazo byugarije aho bari.

Agira ati” Iyo abantu bakoze itorero ry’iminsi 10, ku va ku wa mbere kugera ku munsi wa 10 ugasanga ni itorero ry’amagambo, nta muntu n’umwe wo mu nkengero z’aho iryo torero ryabereye bakemuriye ikibazo. Iryo ntabwo aba ari itorero.”

“Iyo umuntu ari intore aba yaratojwe agatumwa. Ni umuntu uba warabwiwe ko niba hari ikibazo cy’umuntu ukennye agomba kugikemura. Kubyumva ugataha rero ntacyo ugikozeho uba uhemutse.”

Umuyobozi w’Itorero anavuga ko mu mahamwe y’Intore harimo irivuga ko Intore itaganya ahubwo ishaka ibisubizo, bityo bikaba bikwiye ko nta ntore ikwiye gutozwa ngo itahe nta gisubizo itanze.

Uyu muyobozi kandi akangurira abantu gushyira imbaraga mu bushakashatsi bagacukumbura ibijyanye n’umuco, kugira ngo ibikorwa bishingiye ku muco bijye bikorwa bifite ireme, kuko ari bwo bigira icyo bisigira ba ababikora.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka