Perezida Kagame ubu ni na we uyoboye umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Yaherukaga kuganira na mugenzi we wa Kenya muri Werurwe uyu mwaka wa 2019.
Icyo gihe Perezida Kenyatta yahuriye na Perezida Kagame i Gabiro ahaberaga umwiherero w’abayobozi bakuru b’Igihugu. Mu ijambo Kenyatta yagejeje kuri abo bayobozi bari mu mwiherero, yashimye iyo gahunda, avuga ko mu gihe gito igomba gutangira no muri Kenya.
Nubwo nta byinshi ibiro bya Perezida Kagame byatangaje ku ruzinduko rwe muri Kenya, ibihugu byombi bisanzwe bifite byinshi bisangiye mu mubano wabyo haba mu bya politiki, ubukungu.
Nko mu bukungu, igihugu cya Kenya gifatiye runini u Rwanda kuko ibyinjira n’ibisohoka mu Rwanda byinshi binyuzwa ku cyambu cya Mombasa cyo muri Kenya.
Mu bucuruzi kandi, amasosiyete atandukanye y’ubucuruzi afite inkomoko muri Kenya, amaze gushinga imizi mu Rwanda.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|