Kamonyi: Impanuka ikomeye yahitanye abantu barindwi

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 13 Gashyantare 2020, ahitwa mu Nkoto, mu Murenge wa Rugarika, Akarere ka Kamonyi, habereye impanuka ikomeye ihitana ubuzima bw’abantu benshi.

Impanuka yabereye mu Nkoto muri Kamonyi
Impanuka yabereye mu Nkoto muri Kamonyi

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Twajamahoro Sylvestre, yavuze ko iyo mpanuka yatewe n’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite ibirango RAC 178 V, yari ipakiye ibiti iyavaga i Muhanga yerekeza i Kigali, yagonze imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Toyota Coaster y’ikigo cya Capital, hahita hapfamo abagenzi batandatu, umunani barakomereka bikomeye.

Yavuze kandi ko nyuma yo kugonga iyo modoka, iyo Fuso yataye umuhanda igonga indi modoka ntoya yo mu bwoko bwa Toyota double cabine, umushoferi wari uyitwaye ahita apfa.

CIP Twajamahoro avuga ko iyo mpanuka ishobora kuba yatewe n’uko iyo modoka ya Fuso yabuze feri, bigatuma igonga izo zindi.

Abagenzi bari muri iyi modoka hapfuyemo batandatu
Abagenzi bari muri iyi modoka hapfuyemo batandatu

CIP Twajamahoro asaba abatwara ibinyabiziga kwitwararika no kwirinda gupakira ibintu birenze ubushobozi bwabyo.

Yagize ati “Ubutumwa dutanga ni ugukomeza gukangurira abatwaye ibinyabiziga kwitwararika, kwirinda gupakira ibirenze ubushobozi bw’ikinyabiziga, hakabaho kwitwararika igihe abantu batwaye ibinyabiziga”.

Yavuze ko hahise hakurikiraho ubutabazi, mu rwego rwo kugeza inkomere kwa muganga, nyuma hakaba hakurikiyeho ibikorwa byo gutunganya umuhanda ngo wongere ube nyabagendwa.

CIP Twajamahoro kandi yasabye Abanyarwanda gukomeza kugira gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ iyabo, abatwara ibinyabiziga bagakomeza gukoresha isuzuma ry’ibinyabiziga byabo, kandi bakirinda kurenza umuvuduko wagenwe.

Umushoferi wari utwaye coaster, Niyonsenga Manassé, yabwiye Kigali Today ko yabonye Fuso yikoreye ibiti imanuka yahoreye yuzuye umuhanda, agerageza kuyihunga ndetse yurira inkengero z’umuhanda (bordure), ariko biba iby’ubusa iraza igonga coaster ku gice kigana inyuma, abagenzi bari bahicaye barakomereka cyane.

Iyo Coaster yajyaga i Rusizi itwaye abagenzi 22.

Umushoferi wari utwaye Fuso we yahise ayisohokamo aracika.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 34 )

Kw’isi tugomba guhora twiteguye kuyivaho.Ikiza ni uguhora dukiranukira Imana kuko tutazi umunsi cyangwa igihe.Imiryango yasigaye bihangane.

Sosthene yanditse ku itariki ya: 15-02-2020  →  Musubize

Uwiteka akomeze ababuze ababo kd natwe dusenge tunahore twiteguye kuko tutazi umunsi cg igihe urugendo rwacu rwarangirira.

Iragena Jean Bosco yanditse ku itariki ya: 15-02-2020  →  Musubize

Birababaje, Imana ibahe iruhuko ridashira, imiryango yasizwe mwihangane mwisi siwacyu.

Patrick yanditse ku itariki ya: 14-02-2020  →  Musubize

Imana ibakire mubayo.Twihanganishije imiryango yabuze abayo.nimwihangane

UWIMANA Theoneste yanditse ku itariki ya: 14-02-2020  →  Musubize

Imana imwakire mubayo kuko birababaje rwose kdi twihanganishije imiryango yasigaye

Theoneste yanditse ku itariki ya: 14-02-2020  →  Musubize

Mana,izi roho uzakire kd abasigaye abe ari wowe wabahumuriza.Que leurs âmes se réposent en paix.Uyu muhanda wo nkoto ahaaaaaa.Gusa kubona icyo umuntu yavuga ntibyoroshye na gato

Cécile yanditse ku itariki ya: 14-02-2020  →  Musubize

Imana ikomeze imiryango yabo, kdi dufashe mumugongo imiryango yabo,abagiye baruhukire mumahoro, till we meet again in heaven. 🙏🙏

Patrick yanditse ku itariki ya: 13-02-2020  →  Musubize

Ayi ariko iyisi izageza ryari kutubabaza? nigihe gito tukagera aho tutazarira gusa nihanganishije ababuze ababo Imana ibakire mubayo

mairafasha yanditse ku itariki ya: 13-02-2020  →  Musubize

Abitabye Imana ibakire mu bayo. Abababaye n’ababuze ababo Imana ibahe kwihangana.
Imana iturindire mu buntu bwayo.

Nditunze Louis yanditse ku itariki ya: 13-02-2020  →  Musubize

Nyagasani Imana niyakire roho z’abavandimwe bahitanwe n’impanuka, kandi Umwuka w’Imana uhumurize kdi ukomeze abakomeretse n’abasigaye bo mu miryango ya ba nyakwigendera.

MBONIGABA REVERIEN yanditse ku itariki ya: 13-02-2020  →  Musubize

Ubundi munkoto haba iki gitumba haba impanuka burigihe , muzarebe neza n imiterere yakariya gasozi uva bishenyi ujya nkoto , Nyagasani yakire roho z’abamusanze kdi nifatanyije n’imiryango yabo

lim x-1 yanditse ku itariki ya: 13-02-2020  →  Musubize

aho bigeze fuso zikwiriye kuva mu muhanda.

alias yanditse ku itariki ya: 13-02-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka