Irebere isura nshya y’ikibuga cya Gicumbi isaba kongera kwakiriraho imikino (AMAFOTO)

Ikipe ya Gicumbi imaze iminsi myinshi yakirira imikino yayo kuri Stade Mumena i Kigali, irasaba Ferwafa ko yayikomerera ikongera kwakirira imikino yayo mu rugo

Mu ntangiriro z’umwaka w’imikino wa 2019/2020, akanama ka Ferwafa gashinzwe gutanga ibyangombwa ku makipe kugira ngo yemererwe kwitabira amarushanwa atandukanye (Club Licensing), kari kahagaritse ibibuga bibiri birimo icya Gicumbi FC ndetse na ESPOIR Fc.

Nyuma shampiyona imaze gutangira ikibuga cya ESPOIR Fc giherereye mu karere ka Rusizi cyaje gukomorerwa hasigara icya Gicumbi FC, ikomeza kwakirira imikino yayo kuri Stade Mumena kugeza ubu.

Kugeza ubu akarere ka Gicumbi kashyize imbaraga mu gutunganya ikibuga kagendeye ku mabwiriza bahawe n’akanama ka FERWAFA kabishinzwe, aho bivugwa ko kugitunganya byatwaye asaga Miliyoni 30 Frws.

Ubu ikipe ya Gicumbi iri gusaba ako kanama ko kakomorera iki kibuga kigatangira kwakira imikino ya shampiyona ndetse n’igikombe cy’Amahoro, aho bifuza guhera ku mukino uri mu mpera z’iki Cyumweru uzabahuza n’ikipe ya Kiyovu Sports.

Uku ni ko ikibuga cya Gicumbi kimeze kugeza ubu

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Ibintu aho nipfira ni mugutekinika no kubeshya aho usanga hari abafite inda nini ibazd nk’aho usanga babeshya ngo byatwaye asaga 30millions. bakoze iki koko ko ntana 5millions zahagendeye. Ahhhh! gusa bigomba guhinduka

simbizi jean de Dieu yanditse ku itariki ya: 14-02-2020  →  Musubize

NTA NAHASAKAYE MUFITE SE? CG AMAFOTO NTAHEREKANA?

Anaclet yanditse ku itariki ya: 14-02-2020  →  Musubize

Nikibi bakgemeye imvur ikagwa baseba ni pornc kanombe otimbi natimbiriyo

Ntamwemezi portais yanditse ku itariki ya: 13-02-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka