Nubwo Abanya-Uganda badusaba gufungura imipaka, ni bo bayifunze – Perezida Kagame
Perezida Kagame atangiza umwiherero w’Abayobozi urimo kuba ku nshuro ya 17, yagarutse ku bibazo u Rwanda rwatewe n’Abanya-Uganda, bakaba ari n’abaturanyi bo mu majyaruguru y’u Rwanda.

Perezida Kagame yagize ati “Bahora ngo bashaka ko tuba uko babishaka, bashaka gutegeka Uganda bagategeka n’u Rwanda. Iyaba bumvaga, bari bakwiye kuba bazi ko ibyo bidashoboka.”
Perezida Kagame yongeye gushinja Uganda gufasha abaza gutera u Rwanda, bamwe bakaba baratawe muri yombi ndetse bashyikirizwa inkiko, abandi batakariza ubuzima muri ibyo bikorwa bibi.
Perezida Kagame avuga ko ibyo bibazo by’umutekano byagize ingaruka ku mipaka y’u Rwanda na Uganda, imipaka irafungwa.

Yagize ati “Nubwo Abanya-Uganda badusaba ngo dufungure imipaka, ni bo bayifunze. Igihe buri munyarwanda wese wambuka umupaka azafatwa agakubitwa, akicwa,….twagezeho tubwira Abanyarwanda tuti uko mufatwa muri Uganda twebwe ntabwo tubifiteho uburenganzira. Twe ntabwo twabwira Abanya-Uganda uko bafata Abanyarwanda muri Uganda.”
Ati “Icyo mfitiye uburenganzira ni ukubwira Abanyarwanda bakareka kujya muri Uganda kuko ikibabaho ntako mfite nabigenza.”

Perezida Kagame yavuze ko Abanya-Uganda aho kumva aho ikibazo kiri no kugikemura, ngo biyemeje guha Abanyarwanda igihe gito nk’amezi abiri, hanyuma Abanyarwanda bakazajya gupfukamira Uganda barira basaba n’imbabazi kuko ngo ari bo bihaye gufunga umupaka.
Nyamara ibyo ntibyashobotse kuko u Rwanda rwiyemeje kwishakamo ibisubizo, abikorera n’abo mu nzego za Leta mu Rwanda barakanguka barafatanya biyemeza gushakira abaturage mu gihugu ibyo bajyaga gushaka muri Uganda nk’amashuri n’ubuvuzi.
Umubano w’ibihugu byombi wajemo ibibazo kuva mu 2017 ubwo Abanyarwanda muri Uganda batangiraga gufatwa bagafungwa, abandi bagakorerwa iyicarubozo, hakaba abo Uganda izana banegekaye ikabajugunya ku mupaka w’u Rwanda na Uganda.

Uganda ishinja abo Banyarwanda kuba intasi zigamije guhungabanya umutekano, mu gihe u Rwanda rushinja Uganda gukorana n’abahungabanya umutekano w’u Rwanda.
Icyakora muri iyi minsi ibihugu byombi bimaze iminsi biri mu biganiro bigamije gushakira hamwe uko umubano mwiza wagaruka.


Amafoto: Village Urugwiro
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Inkuru zijyanye na: Umwiherero2020
- Guhagarika umuco wo kwimura abanyeshuri batatsinze: Umwe mu myanzuro y’Umwiherero
- Umwiherero2020: Si ukwiherera gusa, ahubwo baranasabana (Amafoto)
- Perezida Kagame yagarutse ku makosa yatumye Abaminisitiri batatu begura
- Perezida Kagame na Madamu bageze ahabera #Umwiherero2020
- Abayobozi basuzumwe Coronavirus mbere yo kwerekeza i Gabiro mu Mwiherero
- #Umwiherero2020: Abayobozi bageze i Gabiro - Dore uko bahagurutse i Kigali (Amafoto+Video)
Ohereza igitekerezo
|
Bayobozi bacu tubifurije umwiherero mwiza w’umwaka 2020 .turabizi muzazana impinduka mu buyobozi bwose, cyane cyane mu nzego zibanze mubigishe gufata abaturage kimwe baca imanza zitabera ,mu murenge wakacyiru ,Akagari ka cyibaza ,umudugudu w’amahoro ,Hari umubyeyi basenyeye Bari bigeze no kumufunga ,agiye kubarega bamushyira no mu kinyamakuru ,bayobozi mubikurikirane neza nikibazo gikomeye
MUBYUKURI OUGANDA BYAMAZE KUGARAGARA KO NTARUKUNDO IDUFITIYE KUBERA NGUHANGABANYA UMUTEKANO WACU.GUSA NTABWO BYAKOROHA KUKO IGIHUGU CYACU NTABWO NATWE TWOROSHYE NKUKO BABIKEKA.NGAHO NIBATUZE TUBANE NEZA KUKO ARIYO NZIRA Y’AMAHORO IRABYE CYANE.MURAKOZE NI BYIRINGIRO GENTIL I HUYE.