Yevgeniy Fedorov wa Vino-Astana Motors ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2020 (Amafoto)
Umurusiya Yevgeniy Fedorov ukinira ikipe ya Vino-Astana Motors, yo muri Kazakistan, ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2020, kavuye mu Mujyi wa Kigali kerekeza mu Karere ka rwamagana, abasiganwa basoreza ku Kimironko mu Mujyi wa Kigali.


Isiganwa mpuzamahanga ku magare rya ‘Tour du Rwanda 2020’, ryatangiye kuri iki cyumweru tariki ya 23 Gashyantare 2020, aho abasiganwa bahagurutse mu Mujyi wa Kigali, kuri Kigali Arena, berekeza mu Karere ka Rwamagana, bakaza kongera bakagaruka mu Mujyi wa Kigali.

Ni isiganwa ryahagurukiye imbere ya Kigali Arena Saa yine n’igice zuzuye, hahaguruka abakinnyi 80 baturuka mu makipe 16, arimo atatu yo mu Rwanda.
Isiganwa rigitangira, Uhiriwe Byiza Renus wa Benedictin Ignite yagerageje gucomoka mu gikundi inshuro ebyiri ariko bamugarura.

Ubwo bari bamaze kugenda Kilometero 16, abakinnyi batatu barimo Fedorov (Vino), Uhiriwe Byiza Renus (Benediction) na Batmunkh (Terengganu) bahise basiga abandi ndetse bashyiramo ikinyuranyo cy’iminota ibiri n’amasegonda 20.

Aba bakinnyi bakomeje gusiga abandi ndetse bashyiramo ikinyuranyo cy’iminota itatu.
Kuri Kilometero 30 z’isiganwa aho bari bageze mu kabuga ka Musha, abakinnyi b’imbere bakomeje kongera ikinyuranyo kigera ku minota itanu.
Nyuma yo kugera i Rwamagana, abakinnyi bakase bagaruka i Kigali, banyura n’ubundi inzira bari banyuzemo berekeza Kimironko ari naho isiganwa ryasoreje.
Reba uko byari byifashe mu muhanda Kigali-Rwamagana:


















Ubwo isiganwa ryageraga i Rwamagana, abakinnyi batatu bari bakomeje kuyobora isiganwa, aho bari bashyizemo ikinyuranyo cy’iminota irindwi n’amasegonda 15.
Muri kilometero 20 za nyuma, Uhiriwe Renus na Batmukh baje gusigara, Fedorov wa Vino asigara imbere wenyine.
Hasigaye kilometero 13, igikundi cyakomeje gusatira cyane Fedorov aho bageze Kimironko hasigayemo iminota 3 n’masegonda 33, aha bari basigaje kuzenguruka Kimironko inshuro imwe.
Umurusiya Fedorov yakomeje kuyobora isiganwa ubwo bazamukaga kuri Kigali Parents, ariko abakinnyi b’inyuma ye bakomeza kumusatira, ariko aza gusoza isiganwa ari uwa mbere akoresheje amasaha, iminota 44 n’amasegonda 59.
Umunyarwanda waje ku mwanya wa mbere ni Byukusenge Patrick wari wasizwe amasegonda 21, Areruya Joseph aza ku mwanya wa munani asizwe amasegonda 26, naho Mugisha Moise aza ku mwanya wa 13 asizwe amasegonda 29.
Kuri uyu wa Mbere, abasiganwa bazaba bakina agace ka kabiri, aho bazahagurukira mu mujyi rwagati ku i Saa ine zuzuye, berekeza mu karere ka Huye aho bazakora urugendo rureshya na Kilometero 120.5










Uko bakurikiranye:

Amafoto: Plaisir Muzogeye
Inkuru zijyanye na: Tour du Rwanda 2020
- Abakobwa b’uburanga muri Tour du Rwanda 2020 (Amafoto)
- Bafite impano mu gusiganwa ku magare ariko ngo babuze amikoro
- Tour du Rwanda uretse kubashimisha ngo iranabinjiriza
- U Rwanda rurahabwa amahirwe yo kwakira isiganwa ry’amagare ku rwego rw’Isi
- RESTREPO VALENCIA Jhonatan yegukanye agace ke ka gatatu muri Tour du Rwanda (Amafoto)
- Amagare: Restrepo Valencia yegukanye akandi gace muri Tour du Rwanda
- Tour du Rwanda 2020: Ryoherwa n’amafoto y’amagare mu muhanda Rusizi-Rubavu
- Bifuza kwakira kenshi imikino ibazanira amafaranga nk’iy’amagare
- Burera: Hagiye kuba isiganwa ryo gushaka abafite impano mu mukino w’amagare
- Tour du Rwanda 2020: Huye-Rusizi ni agace k’imisozi itohagiye
- Tour du Rwanda: RESTREPO VALENCIA Jhonatan yegukanye agace Huye-Rusizi
- Tour du Rwanda 2020: Uko byari byifashe kuva i Kigali kugera i Huye (Amafoto)
- Abakinnyi 10 bitezweho kuryoshya Tour du Rwanda 2020
- Abacuruzi bagiye kongera kungukira amamiliyoni muri Tour du Rwanda
- Tour du Rwanda izatwara umugabo isibe undi - FERWACY
- Aya mazina y’Abanyarwanda yaramenyekanye cyane muri Tour Du Rwanda
- Abahanzi bazasusurutsa Tour du Rwanda bamenyekanye
- Dore ibyiza ubona ku nzira ya Tour du Rwanda (Amafoto)
Ohereza igitekerezo
|
Yewe abakinnyi b’abanyarwanda baje Ku mwanya wa hafi turabashimiye gusa bagerageze kwimijiramo agafu maze turebe ko uduce dusigaye twazatwegukana
Byiza cyaneee! kd igomba gusigara murwagasabo kbs