#COVID-19: Abarwayi bashya 32 barimo uwabonetse i Nyagatare

Amakuru atangazwa na Minisiteri y’Ubuzima aragaragaza ko kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya mirongo itatu na babiri ba COVID-19.

Abo barwayi 32 babonetse mu bipimo 3,415 byafashwe kuri uyu wa Gatatu,
abamaze kuboneka mu Rwanda banduye icyo cyorezo bose hamwe baba 830.

Minisiteri y’Ubuzima iravuga ko abo barwayi bashya barimo abagaragaye i Rusizi (22), Kirehe (6), Kigali (3), na Nyagatare (1).

Abantu batanu mu bari barwaye bakize, abamaze gukira bose hamwe baba 376, naho abakirwaye ni 452.

Abamaze kwicwa n’icyo cyorezo mu Rwanda ni babiri.

Minisiteri y’Ubuzima isaba abaturarwanda bose gukomeza kwitwararika bubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka