Guhera ku noti ya 5000 Frw wareba Shampiyona z’i Burayi kuri Canal+

Guhera ubu ikigo gicuruza amashusho cya Canal Plus cyamaze korohereza abafatabuguzi aho bagabanyije ibiciro by’ifatabuguzi ryayo.

Bashingiye ku byifuzo by’abakiliya ndetse n’Abanyarwanda by’umwihariko, ubu Canal Plus yamaze gushyiraho ibiciro bishya ku mafatabuguzi basanzwe bafite, aho ubu amafatabuguzi atandatu basanganwe yagiye ahuzwa akanongerwamo shene nshya maze hashyirwaho amafatabuguzi ane.

Ayo mafatabuguzi ane (bouquets) yashyizweho yanahawe amazina y’ikinyarwanda ni Ikaze, Zamuka na Siporo ndetse n’iyitwa Ubuki.

1. Ifatabuguzi ryitwa Ikaze

Guhera ku mafaranga ibihumbi bitanu (5,000 Frws), ubu uzajya ugura ifatabuguzi (Bouquet) ryitwa Ikaze, ikaza iriho amasheni arenga 150 arimo shene icyenda zo mu Rwanda, abakunzi ba Siporo bakazanabonaho shene ya Canal+Sport, hakabaho kandi Novelas TV, Trace Africa, BBC World News, Cartoon Network n’izindi.

2. Ifatabuguzi ZAMUKA

Iri fatabuguzi rizagaragaraho shene zose ziri ku ya mbere (Ikaze), hakiyongeraho n’izindi z’imyidagaduro zirimo nka TFI, Canal+Comedie, Nollywood TV, National Geographic, Disney Channel n’izindi, rikazishyurwa ibihumbi 10 ku kwezi (10,000 Frws)

3. Ifatabuguzi ZAMUKA NA SIPORO (20,000 Frws)

Iyi iza igaragaraho amashene ya siporo yose abantu basanzwe bareberaho shampiyona zikomeye i Burayi ndetse n’andi marushanwa akomeye ku isi nka Champions League, Igikombe cy’i Burayi (EURO), igikombe cy’isi n’ibindi, ku mashene nka Canal+Sport, Canal+Sport 1, Canal+Sport 2, Canal+Sport 3 na Canal+Sport 4.

Umwihariko kandi nanone kuri iri fatabuguzi ni uko bitazasaba abakunzi ba Film kugura izindi ku ruhande kuko uzasanga andi mashene ya Film arimo n’ayo ku mafatabuguzi ya mbere abanza (Ikaze na Zamuka), ikazaba igura ibihumbi 20 Frws, mu gihe isanzwe ibonekaho ibi byose yaguraga ibihumbi 27 Frws.

4. Ubuki (30,000 Frws)

Iri ni ryo fatabuguzi rizaba rigaragaraho shene zose ziba kuri Canal zirimo na Canal+, Canal+Cinema, NATGEO WILD, Eurosport na Bloomberg, iyi ubusanzwe ikaba yitwaga Tout Canal aho igaragaraho amashene yose aba kuri Canal Plus, ikazaba igura ibihumbi 30 Frws.

Gahunda nshya y'ifatabuguzi rya Canal+
Gahunda nshya y’ifatabuguzi rya Canal+

Mu kiganiro n’itangazamakuru na Canal Plus kuri uyu wa Gatatu tariki 24/06/2020, Umuyobozi Mukuru wa Tele10 Muhirwa Augustin yasobanuye ko ibi babikoze nyuma y’ubusabe bw’abafatabuguzi babo, aho bagiye babagaragariza ko hari igihe bibasaba gufata amafatabuguzi atandukanye kugira ngo nk’umuryango bose babashe kureba ibyo bifuza.

Ati “Ibi twabikoze ku busabe bw’abafatabuguzi bacu, hari aho wasangaga mu rugo bamwe bifuza kureba Films abandi bashaka kujya bareba umupira, ariko twabishyize ku ifatabuguzi rimwe kandi igiciro tugishyira hasi ku buryo bizaborohera.”

Ifatabuguzi ryose umuntu azagura, azasangaho shene icyenda zose zo mu Rwanda ndetse na 60 zo muri Afurika, bikaba na byo ari mu rwego rwo korohereza Abanyarwanda bifuzaga kureba shene z’imbere mu gihugu, nk’uko Umuyobozi Mukuru wa Canal Plus yabisobanuye.

Umuyobozi Mukuru wa Tele10 Muhirwa Augustin
Umuyobozi Mukuru wa Tele10 Muhirwa Augustin
Umuhanzi Nemeye Platini "Mr P", Ambasaderi wa Canal Plus yatangaje ko yishimiye ko ibihangano by'abanyarwanda bigiye kumenyekana cyane muri Afurika
Umuhanzi Nemeye Platini "Mr P", Ambasaderi wa Canal Plus yatangaje ko yishimiye ko ibihangano by’abanyarwanda bigiye kumenyekana cyane muri Afurika

Yagize ati “Mu kwezi gushize nibwo twari twabazaniye shene zo mu Rwanda kuko abenshi bahoraga bazitwishyuza, ubu noneho twanazishyize ku giciro gito ku buryo guhera ku bihumbi bitanu gusa wazibona, ndetse zikaba no kuri buri fatabuguzi ryose wagura.”

Icara mu mwaya ugukwiye, ni yo gahunda nshya ya Canal+
Icara mu mwaya ugukwiye, ni yo gahunda nshya ya Canal+

Usibye izi shene icyenda zo mu Rwanda BTN TV, Isango TV, Authentic TV, Genesis TV, KC2, Flash TV na TV1 zongeweho, muri rusange u Rwanda rwongereweho shene 20, umubare uruta uwo muri Côte d’Ivoire aho Canal+ isanzwe igira abakiriya benshi muri Afurika, ikaba yaraje mu Rwanda igura ibihumbi 50 Frws.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 19 )

Nasabaga ko mwazashaka uburyo mwakemura ikibazo cya connection mu gihe imvura iba irimo kugwa nkubu ukajya kubona murimo kwirebera umupira byashyushye imvura yagwa bikaba birahagaze rwose mwongere imbaraga z’amaraiso tujye twirebera umupira no mu kavura

Alias yanditse ku itariki ya: 24-04-2024  →  Musubize

Nasabagako mwazatwongereraho amashene yo mu RWanda utuge,Aho siporo.thanks

Pierre yanditse ku itariki ya: 19-01-2024  →  Musubize

Nasaba kuzatwongerara amasheni yomurwanda yerekana imipira yomurwanda

Imfurayase iddy yanditse ku itariki ya: 20-08-2023  →  Musubize

NI KUKI ABATECHNINIEN BA CANAL BAMWE BO MU NTARA BATANGA SERVICE ITANOPZE KU BACLIENTS. UMWE TWARAMUTEGEYE KUGIRANGO ZE KUNOZA IBIJYANYE N’IGISAHANE KITARI KIMANITSE NEZA + TUMWISHYURA NA 5000fRS. ABIKORA IMINOTA ITARENZE 3 ABIRANGIJE TUGURA ABONNEMENT . NYUMA Y’UMUNSI 1 BIBA BIRONGEYE BIRAPFUYE. TURAMUHAMAGARA AKNGA KUZA KUDUFASHA NONE YANAVANYEHO TELEFONE. HASHIZE ICYUMWERU IBYO BIBAYE.ESE UBWO TUZABARIZA HE ? ABONNEMENT SE YO IMINSI YAYO NTIZARANGIRA TUTAYIKORESHEJE TUGAHOMBA ? KANDI NGO NO KUZA GUZA GUKOSORA TUZONGERA TUMUTEGERE MOTO. MUDUFASHE KANDI MUGUBWE NEZA .MURAKOZE

BENITHA yanditse ku itariki ya: 17-04-2023  →  Musubize

Mumfashe ndayshaka byihuse

Nshimiyimana Jean Marie vianney yanditse ku itariki ya: 30-10-2022  →  Musubize

Nshaka decoder nibyayo byose ndi I Gicumbi mu murenge was Rushaki

Tell 0785398037

Nshimiyimana Jean Marie vianney yanditse ku itariki ya: 30-10-2022  →  Musubize

Ko nashatse kutanga ifatabuguzi rya canal+bakambwira ko decoder yanjye itarabarurwa ubwo uwayingurishije ntiyigeze ayibarura?nzanyura mu zihe nzira?

Ndengeyintwari jean bosco yanditse ku itariki ya: 8-10-2022  →  Musubize

Ko nashatse kutanga ifatabuguzi rya canal+bakambwira ko decoder yanjye itarabarurwa ubwo uwayingurishije ntiyigeze ayibarura?nzanyura mu zihe nzira?

Ndengeyintwari jean bosco yanditse ku itariki ya: 8-10-2022  →  Musubize

Nagize ifatabuguzi rya Canal+ nkoresheje Momo Ariko ntabwo yangezeho byagenda gute kugura ngo mbashe kuzibona aho nishyuriye :
*164*S*Y’ello, A transaction of 5000 RWF by CANAL Plus Rwanda ltd on your MOMO account was successfully completed at 2022-05-24 20:54:44. Message from debit receiver: CanalPlus. Your new balance:15043 RWF. Fee was 0 RWF. Financial Transaction Id: 6535872578. External Transaction Id: 6346562234.*EN#
Munsubize.

Twagirayezu Emmanuel yanditse ku itariki ya: 25-05-2022  →  Musubize

Nkeneye dekoderi n’ibyayo byose Mumbwire uko nabibona hamwe n’ibiciro byayo

Maniraguha Theoneste yanditse ku itariki ya: 25-08-2021  →  Musubize

Ndashaka dekoderi n’ibyago byose,nayibona gute?Mumbwire n’ibiciro ndabikeneye

Maniraguha Theoneste yanditse ku itariki ya: 25-08-2021  →  Musubize

Ndabasuhuje ! Umuntu ufite 5000frw kandi ashaka gukurikira championat ntabwo mwamuha iyicyumweru kimwe ? Mugie mubikora byaba byiza cyane. Koko hari igihe umuntu aba afite 5000frw akaba atujuje 20000frw kandi yifuzaga kureba umupira mu rugo.

Nsengiyumva Guillain yanditse ku itariki ya: 5-08-2021  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka