Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko guhera mu kwezi gutaha kwa Nyakanga, mu Rwanda hatangira gukorwa ibarura rusange ry’abantu bafite ubumuga, rikazatangirana n’ingengo y’imari y’umwaka utaha.
Iyi mihanda ikurikira izakoreshwa n’abitabiriye inama y’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (CHOGM) ku wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022. Ntabwo izaba ifunze ku rujya n’uruza rw’ibinyabiziga, gusa abandi bazaba bayikoresha bazasabwa gutanga inzira mu gihe bibaye ngombwa kugira ngo abitabiriye inama batambuke.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Kambogo Ildephonse yatangaje ko ubuyobozi bw’imijyi ya Goma na Rubavu barimo gukorana kenshi mu gukumira ibikorwa by’ihohoterwa bikorerwa Abanyarwanda bakorera mu mujyi wa Goma.
Nuwayo Beatrice wo mu Mudugudu wa Rwenyana, Akagari ka Rwenyemera, Umurenge wa Karangazi, aratabariza umwana we umaranye imyaka 18 uburwayi bw’umutwe n’ingingo kubera ko ngo nta bushobozi bwo kumuvuza afite.
Perezida Paul Kagame hamwe n’abanyacyubahiro batandukanye bitabiriye inama ya CHOGM, kuri uyu wa Kane tari 23 Kamena 2022, bashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda rw’inkingo, i Masoro mu Karere ka Gasabo.
Kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwataye muri yombi Nzeyimana Felix na Tuyisenge Javan, bari abakozi mu Ishyurahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA).
Leta ya Canada ifite gahunda yo gufungura ibiro by’uzayihagararira mu Rwanda, nk’imwe mu nzira zo kwagura umubano w’icyo gihugu n’amahanga, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’icyo gihugu, Mélanie Joly.
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, yageze mu Rwanda aho aje kwitabira Inama ya CHOGM, ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu muryango wa commonwealth.
U Rwanda rwasinye amasezerano azarufasha kubaka ubushobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura imiti n’ibiribwa (RFDA), yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije hamwe na Amb. Nicholas Bellomo, uhagarariye Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’ Uburayi (EU).
Perezida Paul Kagame mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, muri Village Urugwiro yakiriye Boris Johnson, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza uri i Kigali, aho yitabiriye inama ya CHOGM2022.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Intumwa ya Papa mu Rwanda, Arikiyepiskopi Alnardo Sanchez Catalan, wanamugejejeho ibyangombwa bimwemerera guhagararira Papa mu Rwanda.
Guverinoma y’u Rwanda yatangarije abitabiriye Inama ya CHOGM, ko mu rwego rwo kugabanya iyoherezwa mu kirere ry’imyuka iteza Isi gushyuha, hari gukoreshwa uburyo butandukanye burimo ibinyabiziga bitarekura imyotsi kuko bitwarwa n’amashanyarazi.
Abagore batwite rimwe na rimwe usanga babyimba ibirenge, cyane cyane mu gihebwe cya nyuma. Uko kubyimba ibirenge kuba gutewe n’impamvu zitandukanye zirimo imisemburo iba yahindaguritse, kwiyongera kw’ingano y’amaraso aba azenguruka mu mubiri, kuba umwana aba yakuze akaremerera imikaya iyobora amaraso n’ibindi.
Nyuma yuko ikipe ya Espoir FC itandukanye n’uwari umutoza wayo Gatera Musa, ariko ikavuga ko ishobora kumukurikirana kubera kuba ngo yaragiye yakira amafaranga (ruswa) mu mikino itandukanye ndetse ikaba yamugeza mu nzego bireba, uyu mutoza we avuga ko ibyo ntaho bihuriye n’ukuri ndetse ko yifuza ko Espoir FC irega, we ntacyo (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abantu 39 banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 3,839. Abo bantu 39 barimo 27 babonetse i Kigali, 7 i Karongi na 5 i Musanze. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana (…)
Mu rwego rwo koroshya ingendo z’abashyitsi bari kugera mu gihugu n’abandi bitabira inama y’umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (CHOGM) n’ibindi bikorwa bijyanye na yo, bibera mu mujyi wa Kigali, kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, imihanda ikurikira ntizaba ifunze ku rujya n’uruza rw’ibinyabiziga (…)
Icyorezo cya Covid-19 cyagaragaje ko hari intege nkeya mu nzego z’ubuzima hirya no hino ku Isi. Ibihugu byahuye n’ikibazo gikomeye cyo kunanirwa gukumira umubare munini w’abandura icyorezo cya Covid-19. Abantu benshi barapfuye bazize ko batabonye ubuvuzi mu gihe gikwiye.
Abatuye umujyi wa Nyagatare, cyane cyane abataha ahitwa Barija, bavuga ko bahangayikishijwe n’abajura babategera mu muhanda bakabambura telefone n’ibindi bafite, kubera ko amatara yabamurikiraga amenshi atacyaka, bagasaba ko yakorwa hakagaruka urumuri ntibongere kwibwa.
Ikipe ya Rwamagana City yatsinze umukino ubanza wa 1/2 mu cyiciro cya kabiri, igira icyizere cyo kuzamuka mu cyiciro cya mbere
Intambara yo muri Ukraine yatumye ibihugu byinshi cyane cyane ibikiri mu nzira y’Amajyambere bihura n’ikibazo gikomeye cy’ibura ry’ibiribwa, bitewe n’uko hari ingano zaheze muri Ukraine zidashobora koherezwa hanze y’igihugu, kubera intambara.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye impapuro zemerera ba Ambasaderi batandukanye guhagararira inyungu z’Ibihugu byabo mu Rwanda, barimo n’intumwa ya Papa mu Rwanda.
Muri iki gihe bikomeje kugaragara ko hari abasengera mu bihuru, amashyamba, mu buvumo, mu bitare, ku nkengero z’imigezi n’biyaga n’ahandi hitaruye insengero, hamenyerewe ku izina ryo mu ’Butayu’; bamwe mu bakunze kuhagana bavuga ko bajya kuhasengera bagamije kuhabonera ibitangaza n’imigisha baba bamaze imyaka n’imyaka (…)
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma, Alain Mukuralinda, avuga ko ibikorwa by’imyidagaduro n’amamurikagurisha birimo kubera hirya no hino mu Rwanda muri iyi minsi y’Inama ya CHOGM, bizakomeza na nyuma yaho, abashyitsi bamaze kugenda.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, bakiriye Igikomangoma cya Wales, Charles Philip n’umugore we Camilla.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rutangaza ko hari abana bageze igihe cy’ubwangavu bahishira ababasambanya, nabo ubwabo bakaba badashobora guhingutsa ko babikora, bigatuma kurwanya ibyaha byo gusambanya abana bikomeza kuba ikibazo gikomeye.
Innocent Nsanzabarinda w’i Rutobwe mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru, wize umwuga w’ubudozi akanawukora, avuga ko agiye gushinga uruganda rudoda imyenda, kuko kudoda kamwe kamwe ngo yabonye byambika bake.
Ikiraro cyo ku mugezi wa Rwebeya mu Murenge wa Cyuve, kimaze amezi abiri giciwe n’amazi y’uwo mugezi wuzura aturutse mu Birunga, bikaba byarahagaritse imigenderanire ku batuye Umurenge wa Musanze, Muhoza na Cyuve mu Karere ka Musanze, by’umwihariko abatuye imidugudu ikikije icyo kiraro, bagasaba ko cyakongera kigakorwa.
Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 21 Kamena 2022 mu gice cya Remera mu Mujyi wa Kigali, habereye isiganwa ku maguru rizwi nka Kigali Night Run ryitabiriwe n’abantu batandukanye barimo abatuye muri Kigali no mu nkengero zaho ndetse n’abashyitsi bitabiriye Inama ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zo mu bihugu (…)
Anatole Kayinamura wakoreraga hafi y’uruganda rw’icyayi rw’i Mata mu Karere ka Nyaruguru, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, avuga ko rwagize uruhare runini mu iyicwa ry’Abatutsi muri Jenoside, ahari muri Perefegitura ya Gikongoro.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 21 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abantu 38 banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 5,047. Abo bantu 38 barimo 14 babonetse i Kigali, 7 i Nyanza, 5 i Huye, 5 i Musanze, 2 i Rutsiro, umwe i Rusizi, umwe Ngororero, umwe i Gicumbi, umwe Nyamagabe n’umwe i (…)
Igikomangoma cya Wales mu Bwami bw’u Bwongereza, Charles n’umugore we Camilla, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri Tariki 21 Kamena 2022, bageze mu Rwanda aho bitabiriye Inama ya CHOGM irimo kubera i Kigali.
Abana biga mu ishuri ryisumbuye rya ACEJ TVET School Karama mu karere ka Muhanga, barasaba abayeyi babo kubabwiza ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, kugira ngo babone uko biyubaka bakanarwanya abapfobya bakanagoreka amateka ya Jenoside.
Ku wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022 hari imihanda yo mu Mujyi wa Kigali itazafungwa ku rujya n’uruza rw’ibinyabiziga, ariko abakoresha umuhanda barasabwa gutanga inzira bakabererekera abitabiriye inama ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zo mu bihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (CHOGM) igihe barimo gutambuka (…)
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Musanze, ngo ntibakirindira kubwirizwa kwishyura mituweri, kuko bamaze kubona inyungu n’ibyiza byo kuyishyura hakiri kare, harimo no kuba batakirembera mu ngo, bityo n’imirimo iyo ari yo yose bakaba bayikora bizeye umutekano usesuye w’ubuzima bwabo.
Bivugwa ko urukundo ari ikintu kigira imbaraga zikomeye, ndetse ko hari abantu bakora ibintu bitangaje bagamije kwerekana urukundo, cyangwa se bagakora ibintu bihambaye mu izina ry’urukundo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa imiturirwa ibiri ya mbere miremire mu Rwanda izagirwa Ikigo Mpuzamahanga giteza imbere serivisi z’imari muri Afurika (Kigali Financial Square).
Perezida Paul Kagame asanga hari ikigomba gukorwa kugira ngo buri wese yiyumve mu muryango uhuriwemo n’Ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth), harimo cyane cyane gukorera hamwe ku buryo hatagira usigara inyuma.
Mu rwego rwo kwitegura umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro uteganyijwe mu cyumweru gitaha, APR FC na AS Kigali bakomeje imyitozo ikomeye bitegura uyu mukino
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, ategerejwe mu Rwanda hamwe n’intumwa zije kwitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Commonwealth i Kigali.
Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, baratangaza ko bagiye kwiyubakira inzu izatwara agera kuri miliyari y’Amafaranga y’u Rwanda, ibikorwa by’abanyamuryango bikaziharira miliyoni zibarirwa muri magana abiri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko uko umubare w’Inka uzajya wiyongera, ari nako hazajya hongerwa umubare w’Ibikomera (Amasoko y’inka), ibishaje nabyo bikavugururwa hagamijwe kugabanya ingendo z’inka n’aborozi.
Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda (MINAFET), iratangaza ko ibibazo biri hagati y’ u Rwanda na Repuburika iharanira demokarasi ya Congo (DRC), bizakemurwa mu buryo bw’ibiganiro, kandi Abanyarwanda bagasabwa gutuza kuko umutekano wabo urinzwe.
Abagore n’abana b’abakobwa bo muri Afganistani barasaba abanyamuryango ba Commonwealth kubakorera ubuvugizi bakemererwa kwiga nk’abana b’abahungu, kuko itegeko ryo mu gihugu cyabo riheza umwana w’umukobwa kugana ishuri.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwemeranya na Haringingo Francis Christian wari umutoza wa Kiyovu Sports, kuyibera umutoza mu gihe cy’umwaka umwe w’imikino.
Urukiko rwa rubanda rw’i Paris mu Bufaransa rukomeje kuburanisha urubanza ruregwamo Laurent Bucyibaruta wayoboraga Perefegitura ya Gikongoro mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 20 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 40, bakaba babonetse mu bipimo 3,158.