Urubyiruko rugizwe n’abasore n’inkumi bahagarariye abandi bo mu Ntara y’Amajyaruguru hiyongereyeho Akarere ka Nyabihu, basabwe gukomera ku ndangagaciro z’ubumwe, ubutwari, ubwitange no gukunda Igihugu; kuko ari yo mahitamo abereye u Rwanda, akaba ari na yo azarugeza ku iterambere ryifuzwa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 20 Gicurasi 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 11, bakaba babonetse mu bipimo 6,910.
Guhera tariki ya 21 kugeza tariki 28 Gicurasi 2022, mu Rwanda harabera imikino ya nyuma y’irushanwa nyafurika ry’umukino wa Basketball (BAL), rigiye kuba ku nshuro ya kabiri nyuma yo gutangizwa no gufungurwa ku mugaragaro mu mwaka ushize wa 2021.
Banki ya Kigali (BK) yaguye urutonde rwa serivisi n’ibintu umukiriya wayo ashobora kugura cyangwa kwishyura akoresheje Internet Banking, atiriwe yirushya ajya gutonda umurongo muri banki.
Umukinnyi ukina asatira mu ikipe ya Police FC, Iyabivuze Osée, yasezeranye imbere y’amategeko na Niwemugeni Sandrine.
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uri uyu wa Gatanu tariki 20 Gicurasi 2022, yakiriye muri Village Urugwiro, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo n’itsinda ayoboye, mu ruzinduko rw’akazi barimo mu Rwanda.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Rubavu rusaba ko abakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside ku mbuga nkoranyambaga bajya bakurikiranwa, kuko ngo bigira ingaruka mu ku bumwe bw’Abanyarwanda.
Abahinzi bo mu Karere ka Gakenke, bibumbiye mu matsinda yibanda ku buhinzi bw’imboga, baravuga ko bagiye kurushaho kongera ubwiza n’umusaruro wazo, kugira ngo babone uko bihaza mu biribwa kandi banasagurire amasoko.
Umuturage wo mu mudugudu wa Rugarama II mu Mujyi wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, arangije gukora umuhanda wa kaburimbo ureshya na metero 500 (1/2 cya kilometero imwe), akavuga ko yari agamije kunganira Leta mu ngengo y’Imari ikoresha mu gukora imihanda, bituma n’abaturanyi bamureberaho biyemeza gukomerezaho.
Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko igeze kure imyiteguro yo kwakira abimukira bazaba bagize icyiciro cya mbere bazaturuka mu gihugu cy’u Bwongereza mu mpera z’uku kwezi nk’uko bikubiye mu masezerano yashyizweho umukono n’ibihugu byombi.
Umutoza mushya w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda “AMAVUBI” yamaze gutangaza urutonde rw’abakinnyi bazifashishwa mu mikino ya Mozambique na Senegal
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bwagaragaje ko imyumvire, ubukene n’amakimbirane ari byo nyirabayazana mu gutera igwingira riruta irindi mu turere mu myaka itanu ishize.
Ku wa Kane tariki ya 19 Gicurasi 2022, Umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP Felix Namuhoranye, yabwiye abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’Umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Santrafurika, kutirebaho kandi bagakora kinyamwuga mu gihe cy’umwaka bagiye kumara muri aka kazi.
Abanyeshuri biga ibya siyansi mu kigo cy’amashuri cya College ADEC Ruhanga mu Karere ka Ngororero, baravuga ko ibyo bamaze kugeraho bizagira uruhare mu kurwanya ubushomeri bwugarije urubyiruko, no guteza imiryango yabo imbere bihangira imirimo.
Ikigo Carousel Ltd gicunga umushinga wa Leta wo gushaka amafaranga ateza imbere Siporo mu Rwanda binyuze muri Tombola yiswe Inzozi Lotto, kivuga ko kirimo gushaka urubyiruko rugera ku 3,000 ruzacuruza uwo mukino w’amahirwe.
Mu gihe habura iminsi mike ngo u Rwanda rwakire Inama ihuza Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bo mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, CHOGM, Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko kugeza ubu nta bwoba abantu bakwiye kugira kuko imyiteguro igeze ahashimishije.
Perezida Paul Kagame, ku wa Kane tariki 19 Gicurasi 2022, mu bihe bitandukanye muri Village Urugwiro, yakiriye Komiseri muri Afurika Yunze Ubumwe, Amb. Bankole Adeoye n’intumwa idasanzwe mu Bwami bwa Arabiya Sawudite, Ahmed A. A. Kattan.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 19 Gicurasi 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 11, bakaba babonetse mu bipimo 4,598. Abo bantu 11 banduye, umunani babonetse i Kigali naho batatu baboneka i Rubavu. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze (…)
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi “FIFA” ryamaze gutangaza urutonde rw’abasifuzi bazasifura igikombe cy’isi, barimo umunyarwandakazi Salima Mukansanga
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA) kiratangaza ko hagiye gushyirwaho abagenzuzi bigenga b’ubuziranenge bw’inyama (Meat Inspectors), kugira ngo zigere ku isoko zimeze neza kandi zizewe.
Mu mukino wo kwishyura wa ½ wahuje ikipe ya APR FC na Rayon Sports, urangiye APR FC isezereye Rayon Sports nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-1.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, ari mu ruzinduko i Londres aho yagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu mu Bwongereza, Priti Patel. Ni mu rwego rwo kunoza gahunda ibihugu byombi bifitanye yerekeranye n’abimukira n’impunzi.
Umutoza mushya w’Amavubi Carlos Alós Ferrer araza gutangaza urutonde rw’abakinnyi azifashisha mu mikino ibiri yo guhatanira itike y’igikombe cya Afurika
Abajyanama b’Akarere ka Musanze, bagaragarije abaturage bo mu Murenge wa Kinigi, zimwe mu nyungu ziri mu kubungabunga urukuta rutandukanya iyo Pariki n’abayituriye, harimo no kuba byagabanya ibyago byo konerwa na zimwe mu nyamaswa.
Abakozi 246 ba Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG) basoje Itorero ry’Igihugu mu kigo cy’ubutore cya Nkumba, basabwe kurangwa n’ukuri birinda ikinyoma, baba urumuri rumurikira rubanda aho bakorera kandi barangwa n’indangagaciro, batera ishema Igihugu cyabo n’ababibarutse.
Abanyeshuri n’abakozi ba Kaminuza yigisha Ubukerarugendo, Ubucuruzi, Amahoteli n’Ikoranabuhanga (UTB), mu Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biyemeje kurwanya abayipfobya bakoresheje ikoranabuhanga.
N’ubwo telefone ifasha mu itumanaho no mu bindi bikorwa bitandukanye mu buzima bwa buri munsi, ishobora no guteza ibibazo ndetse bikomeye igihe idakoreshejwe neza hagati y’abashakanye.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yagaragaje ingamba zafashwe kugira ngo ibiciro ku masoko bidakomeza kuzamuka mu buryo buremerera Abanyarwanda.
Imibare yashyizwe ahagaragara n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kuva mu mwaka wa 2019-2021, iragaragaza ko ibyaha byo gusambanya abana bikomeje kuzamuka, aho muri iyo myaka itatu byagaragaye ko abana 13646 basambanyijwe.
Mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 19 Gicurasi 2022, nibwo amakipe y’abagore ya APR WVC na Rwanda Revenue Authority yahagurutse ku kibuga cy’indege mpuzamhanga cya Kigali, yerekeje muri Tunisia mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo, 2022 Women Club Championship.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edourd Ngirente, arahamagarira Abanyarwanda kumva ko agapfukamunwa katavuyeho, ahubwo ko katakiri itegeko nk’uko byari bimeze mu minsi yashize.
Ibiro by’umushinjacyaha w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) byemeje urupfu rwa Phénéas Munyarugarama, umwe mu bahunze ubutabera bari barashyiriweho impapuro z’ibirego n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rw’u Rwanda (ICTR) akaba n’umuntu uzwi cyane muri Jenoside yakorewe (…)
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022 mu Rwanda habonetse abantu barindwi banduye Covid-19, abantu batandatu muri bo bakaba babonetse i Kigali, umwe aboneka i Rubavu. Ni mu gihe mu Rwanda hose hapimwe abantu 5,007.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Kikundiro Mabule, yatangarije Kigali Today ko abanyeshuri b’abakobwa bane bari babuze ku ishuri bigaho mu murenge ayobora babonetse nyuma yo gushakishwa.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022, ikipe ya AS Kigali yabaye ikipe ya mbere igeze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro 2022 nyuma yo kunganya na Police FC ibitego 2-2 mu mukino wo kwishyura ikayisezerera ku giteranyo cy’ibitego 3-2.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Gicurasi 2022, i Kigali hateraniye inama nyunguranabitekerezo y’igihugu y’umutekano izwi nka ‘National Security Symposium’ irimo kwiga ku bibazo bitandukanye by’umutekano byugarije umugabane wa Afurika.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yatangije ku mugaragaro iyigishwa ry’ururimi rw’Igifaransa ku Ngabo z’u Rwanda, zirimo kwitegura kujya mu butumwa bwo kugarura amahoro hirya no hino ku Isi.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, aratangaza ko mu minsi mike u Rwanda na Uganda bizafungura urujya n’uruza mu rwego rw’ubucuruzi, kubera ko nyuma yo gufungura imipaka habayeho kuganira ku bicuruzwa bizinjira n’ibyo bigomba kuba byujuje.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, kuri uyu wa 18 Gicurasi 2022, yatangije icyiciro cya kabiri cy’ikigega nzahurabukungu kigamije gufasha imishinga mito n’iciriritse yindi, yazahajwe n’icyorezo cya Covid-19.
Raporo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), iragaragaza ko Intara y’Iburasirazuba ariyo ifite umubare munini w’abana basambanyijwe mu myaka itatu ishize, mu gihe Intara y’Amajyaruguru ariyo ifite umubare muke.
Abakecuru b’Intwaza bo mu Karere ka Kamonyi bari bamaze imyaka irenga itatu bimuriwe mu Mpinganzima mu Karere ka Bugesera, batangaza ko gusura imiryango yabo bari bakumbuye bibafasha gukomeza ubuzima.
Umuryango uharanira amahoro ku Isi witwa Interpeace, wahaye Akarere ka Bugesera imodoka irimo ivuriro ry’indwara zo mu mutwe, ikazanifashishwa mu bukangurambaga bugamije Ubumwe n’Ubwiyunge hagati y’abafungiwe Jenoside n’abayikorewe.
Umuhanzi Kayirebwa Cécile uba mu Bubiligi, avuga ko abantu benshi batazi kuvuga izina rye uko riri, we akabyita gushyoma kuko barivuga barigoreka, ukaba nta gisobanuro waribonera mu Kinyarwanda.
Igihugu cya Zimbabwe kirimo gusaba uburenganzira bwo kugurisha amahembe y’inzovu gifite mu bubiko bwacyo, afite agaciro k’abarirwa muri miliyoni 600 z’Amadolari ya Amerika.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, aratangaza ko isuku ikwiye kuba umuco uhoraho, abaturage bagatana no kubana n’ibihuru n’ibishingwe ku mbuga z’aho batuye cyangwa bacururiza.
Mu gihe hamaze iminsi havugwa ko APR FC ishobora kuzongera gukinisha abanyamahanga, umuyobozi wa APR FC Lt Gen MUBARAKH Muganga ko iyo gahunda idahari
Ikigega mpuzamahanga cy’Iterambere (OPEC), cyahaye u Rwanda inguzanyo ingana na miliyoni 18 z’Amadolari ya Amerika (ahwanye na miliyari 18 z’Amanyarwanda), azifashishwa mu gukora umuhanda Nyacyonga-Mukoto.
Mu mashuri abanza n’ayisumbuye barimo barakora ibihangano bivuga kuri Commonwealth, ibizatsinda amarushanwa bikazamurikirwa abayobozi b’ibihugu bazitabira inama ya CHOGM izabera mu Rwanda muri Kamena uyu mwaka.
Umuyobozi wa APR FC Lt Gen MUBARAKH Muganga yasuye ikipe ayisaba gusezerera Rayon Sports, mu gihe Onana wa Rayon Sports we bivugwa ko atazakina
Kuva kuri wa Mbere tariki 16 Gicurasi 2022 i Moscou mu Burusiya, hateraniye Inama y’Umuryango witwa Collective Security Treaty Organization (CSTO) ukaba utavuga rumwe na OTAN ya Amerika n’u Burayi.