Abaturage bategetswe kuva mu duce tubiri duteganyijwe kuberamo ibikorwa bikomeye bya gisirikare, mu rwego rwo kurwanya inyeshyamba ku butaka bugera ku bilometero 13.000, mu majyaruguru n’amajyepfo y’Uburasirazuba bwa Burkina Faso.
Mu nama yahuje abahagarariye urubyiruko rwo mu muryango wa Commonwealth ndetse na bamwe mu bakuru b’Ibihugu n’aba za Guverinoma bitabiriye CHOGM i Kigali, Perezida Kagame yavuze ko urubyiruko rutihariye ibibazo, ahubwo hari n’ibyo ruhuriraho n’abakuze.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Kamena 2022, mu Turere dutandukanye tw’Intara y’Iburasirazuba hakozwe umuganda rusange usoza ukwezi kwa Kamena, wibanze ku gukorera ibiti by’imbuto bihinze ku buso bwa hegitari 1150, no gusibura imirwanyasuri.
Ubuyobozi bwa Ibuka mu Karere ka Karongi butangaza ko abanyeshuri bakomoka mu bice byari byarafashwe n’Ingabo za FPR Inkotanyi mu 1994, bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu kigo cya EAFO Nyamishaba no mu nkengero zaho muri Karongi, bitewe n’uko abo banyeshuri bagombaga kuguma ku ishuri no mu biruhuko.
Depite Izabiriza Marie Mediatrice aratangaza ko ashingiye ku bibazo bikigaragara mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, no kuba hari Abanyarwanda benshi badafite iby’ibanze, bigoye kwemeza ko ubumwe n’ubwiyunge bwagerwaho uko bikwiriye.
Igikomangoma Charles cya Wales n’umugore we Camilla wa Cornwall, birebeye ubwiza bw’imideri ya Afurika n’iy’u Burayi mu gihe cy’inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma (CHOGM), irimo kubera i Kigali mu Rwanda, bikaba byarabaye ku wa 23 Kamena 2022.
Umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru cyigenga cyitwa Novaya Gazeta cyo mu Burusiya, Dmitry Muratov, yateje cyamunara umudari w’igihembo cyitiriwe Nobel aheruka kwegukana, awugurisha kuri miliyoni 103.5 z’Amadolari.
Mu Kagari ka Nyamiyaga mu Murenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi, hagiye kuzura umudugudu w’icyitegererezo uzatuzwamo imiryango 40 yari ituye mu manegeka.
Abaturage batishoboye 287 barangije kwiga imyuga mu Karere ka Ngororero, barimo 74 bo mu Murenge wa Nyange, baratangaza ko bishimiye ibikoresho by’imyuga bahawe kuko bigiye kubafasha kwihangira imirimo no gukomeza guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda, bityo nabo babashe kugera ku iterambere rirambye.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu ihuriro ry’abavuzi gakondo, AGA Rwanda Network, bitoyemo Komite y’Umuryango ku rwego rw’Akarere, igikorwa cyabaye ku wa Gatatu tariki ya 22 Kamena 2022, bakemeza ko bagize agaciro ari uko uwo Muryango umaze kubohora Igihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangiye gusaba abafite ibibanza mu mujyi wa Gisenyi, kuzamura imiturirwa mu gihe bamwe batangiye gufungirwa imiryango basabwa kubaka, ngo bakaba batagomba kurenza umwaka badatangiye kuzamura izo nyubako.
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022, bifatanije n’Abakuru b’Ibihugu n’aba za Guverinoma bo mu muryango wa Commonwealth hamwe n’abafasha babo, mu birori by’umusangiro w’Umwamikazi w’u Bwongereza.
Banki ya Kigali (BK Plc) yatangaje abakiliya batatu batsindiye ibihembo biciye muri poromosiyo yagenewe abakiriya baba mu mahanga, "BK Diaspora Banking - Bank Home & Win Big", igikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 34, bakaba babonetse mu bipimo 3,815. Abantu 15 muri abo 34 banduye babonetse i Kigali, 9 baboneka i Musanze, 3 i Huye, 2 i Rulindo, 2 i Rusinzi, umwe i Rutsiro, umwe Gakenke n’umwe i Muhanga. Nta (…)
Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyabaye ku wa Kane tariki 23 Kamena 2022 muri IPRC-Huye, abanyeshuri basabwe kwirinda imvugo urubyiruko rwadukanye ya ‘Twibuke twisana’.
I Paris mu Bufaransa hakomeje kubera urubanza rw’uwari Perefe wa Gikongoro, Laurent Bucyibaruta, ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Urubanza rwakomeje urukiko rwumva abatangabuhamya batandukanye.
Ubu inzozi zawe zaba impamo, kuko ushobora kwegukana amafaranga y’u Rwanda angana na Miliyoni icumi (10.000.000 Frw) muri tombola ya Inzozi Lotto. Gerageza amahirwe utsindire izi Miliyoni icumi (10.000.000 Rwf) za Jackpot Lotto y’iki cyumweru. Biragusaba kugura itike y’amafaranga magana atanu (500Frw), ariko uko ukina (…)
Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga b’ibihugu byo mu Muryango wa Commonwealth bahuye ku wa Kane tariki 23 Kamena 2022, nyuma y’imyaka hafi itatu bidakunda, bakaba baganiriye ku buryo bwo guhangana n’ingaruka za Covid-19 no kugera ku iterambere rirambye.
EdTech Monday ni ikiganiro gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, aho cyibanda ku nsanganyamatsiko zitandukanye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura imiti n’ibiribwa (Rwanda FDA), cyasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura imiti n’ibiribwa mu gihugu cya Ghana (Ghana FDA), azafasha impande zombi guhanahana ubumenyi.
Mu birori byo gufungura ku mugaragaro inama y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye CHOGM, kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, yavuze ko ashimishijwe no kuba nk’uhagarariye u Bwongereza, agiye gukora umurimo wa nyuma mu rwego rw’ubuyobozi bwa Commonwealth, (…)
Ikipe ya AS Kigali ya AS Kigali yatangiye kwitegura umwaka utaha w’imikino, isinyisha abakinnyi babiri barimo uwakinaga muri Etincelles n’uwa Bugesera
Abakozi b’ibitaro by’Intara bya Ruhango bibutse abari abakozi b’ibigo nderabuzima bya Kinazi na Mukoma, mu cyahoze ari komini Ntongwe bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, banaremera umukecuru wayirokotse utishoboye, bamusanira inzu banamushyirira amazi meza muu rugo.
Umuyobozi mukuru w’Abatalibani, Haibatullah Akhundzadah, arasaba inkunga y’amahanga yo gufasha abagezweho n’ingaruka z’umutingito wahitanye abanatu basaga 1000 ugakomeretsa abagera ku 1500, mu Ntara ya Paktika, mu Burasirazuba bwa Afghanistan.
Impuguke mu buvuzi zivuga ko ugereranyije, umugore umwe azajya apfa azize Kanseri y’inkondo y’umura muri buri minota itatu mu mwaka wa 2030, niba hatagize igikorwa ubu.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko u Rwanda ruhawe kuyobora Umuryango Commonwealth nyuma y’imyaka 13 rumaze ruwinjiyemo, ari Igihugu cyahindutse mu buryo bwose.
Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’u Rwanda ya 2022/2023 irenga miliyari 4,658Frw na miliyoni 442Frw, harimo ayagenewe kubaka ibimoteri by’imyanda i Kigali n’inganda ziyibyaza umusaruro hirya no hino mu Gihugu.
Iby’umurambo w’umwana w’umuhungu witwa Cyusa Sadiki Prince wari ufite imyaka 10 y’amavuko, wabonetse mu gishanga muri Niboye mu mpera z’ukwezi gushize kwa Gicurasi 2022, byatangiye gusobanuka nyuma y’uko hafashwe abantu bane bikekwa ko babiri inyuma.
U Rwanda n’ibindi bihugu byiyemeje kurandura burundu Malaria n’izindi ndwara zititaweho uko bikwiye (NTDs), hagamijwe kurinda no kurengera ubuzima bw’abaturage, kugira ngo babeho mu buzima buzira izo ndwara.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, uri mu Rwanda aho yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zikoresha Ururimi rw’Icyongereza (CHOGM), tariki 23 Kamena 2022 yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, asura ibice bigize urwibutso, yunamira inzirakarengane ziharuhukiye ndetse (…)
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 23 Kamena 2022, bateguye ibirori mu rwego rwo kwakira no guha icyubahiro abakuru b’ibihugu bo mu muryango wa Commonwealth, bitabiriye Inama ya CHOGM irimo kubera mu Rwanda.
Ku kibuga mpuzamahanga cya Cricket giherereye i Gahanga mu Karere ka Kicukiro, tariki 23 Kamena 2022 hongeye guhurira bamwe mu bakunzi ba siporo bitabiriye Inama ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zo mu bihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (CHOGM) ikomeje kubera mu Rwanda mu mukino wa gicuti wahuje bamwe mu (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 23 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 30, bakaba babonetse mu bipimo 3,487.
Nyuma yo gutandukana n’umutoza Gatera Musa amasezerano y’imyaka ibiri arangiye, kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, ikipe ya Espoir FC yasinyishije umutoza Bipfubusa Joslin.
Umwaka w’ingengo y’imari 2021/2022 ugiye gusiga abaturage bakuze 3,438 bigishijwe gusoma, kubara no kwandika hagamijwe ko mu mwaka wa 2024 abaturage bose guhera ku myaka 10 kuzamura bazaba bazi gusoma, kubara no kwandika.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko guhera mu kwezi gutaha kwa Nyakanga, mu Rwanda hatangira gukorwa ibarura rusange ry’abantu bafite ubumuga, rikazatangirana n’ingengo y’imari y’umwaka utaha.
Iyi mihanda ikurikira izakoreshwa n’abitabiriye inama y’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (CHOGM) ku wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022. Ntabwo izaba ifunze ku rujya n’uruza rw’ibinyabiziga, gusa abandi bazaba bayikoresha bazasabwa gutanga inzira mu gihe bibaye ngombwa kugira ngo abitabiriye inama batambuke.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Kambogo Ildephonse yatangaje ko ubuyobozi bw’imijyi ya Goma na Rubavu barimo gukorana kenshi mu gukumira ibikorwa by’ihohoterwa bikorerwa Abanyarwanda bakorera mu mujyi wa Goma.
Nuwayo Beatrice wo mu Mudugudu wa Rwenyana, Akagari ka Rwenyemera, Umurenge wa Karangazi, aratabariza umwana we umaranye imyaka 18 uburwayi bw’umutwe n’ingingo kubera ko ngo nta bushobozi bwo kumuvuza afite.
Perezida Paul Kagame hamwe n’abanyacyubahiro batandukanye bitabiriye inama ya CHOGM, kuri uyu wa Kane tari 23 Kamena 2022, bashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda rw’inkingo, i Masoro mu Karere ka Gasabo.
Kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwataye muri yombi Nzeyimana Felix na Tuyisenge Javan, bari abakozi mu Ishyurahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA).
Leta ya Canada ifite gahunda yo gufungura ibiro by’uzayihagararira mu Rwanda, nk’imwe mu nzira zo kwagura umubano w’icyo gihugu n’amahanga, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’icyo gihugu, Mélanie Joly.
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, yageze mu Rwanda aho aje kwitabira Inama ya CHOGM, ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu muryango wa commonwealth.
U Rwanda rwasinye amasezerano azarufasha kubaka ubushobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura imiti n’ibiribwa (RFDA), yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije hamwe na Amb. Nicholas Bellomo, uhagarariye Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’ Uburayi (EU).
Perezida Paul Kagame mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, muri Village Urugwiro yakiriye Boris Johnson, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza uri i Kigali, aho yitabiriye inama ya CHOGM2022.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Intumwa ya Papa mu Rwanda, Arikiyepiskopi Alnardo Sanchez Catalan, wanamugejejeho ibyangombwa bimwemerera guhagararira Papa mu Rwanda.
Guverinoma y’u Rwanda yatangarije abitabiriye Inama ya CHOGM, ko mu rwego rwo kugabanya iyoherezwa mu kirere ry’imyuka iteza Isi gushyuha, hari gukoreshwa uburyo butandukanye burimo ibinyabiziga bitarekura imyotsi kuko bitwarwa n’amashanyarazi.
Abagore batwite rimwe na rimwe usanga babyimba ibirenge, cyane cyane mu gihebwe cya nyuma. Uko kubyimba ibirenge kuba gutewe n’impamvu zitandukanye zirimo imisemburo iba yahindaguritse, kwiyongera kw’ingano y’amaraso aba azenguruka mu mubiri, kuba umwana aba yakuze akaremerera imikaya iyobora amaraso n’ibindi.
Nyuma yuko ikipe ya Espoir FC itandukanye n’uwari umutoza wayo Gatera Musa, ariko ikavuga ko ishobora kumukurikirana kubera kuba ngo yaragiye yakira amafaranga (ruswa) mu mikino itandukanye ndetse ikaba yamugeza mu nzego bireba, uyu mutoza we avuga ko ibyo ntaho bihuriye n’ukuri ndetse ko yifuza ko Espoir FC irega, we ntacyo (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abantu 39 banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 3,839. Abo bantu 39 barimo 27 babonetse i Kigali, 7 i Karongi na 5 i Musanze. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana (…)