Mu nama y’Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (WEF) irimo kubera i Davos, kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gicurasi 2022, ni bwo Ikigo cy’Abanyamerika Pfizer cyatangaje iyo gahunda izafasha ibihugu 45 bikennye, ndetse n’ibikiri mu nzira y’Amajyambere kujya bibona iyo miti ku giciro gihendutse.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko Miss Iradukunda Elsa, wari umaze iminsi afunzwe, arekurwa by’agateganyo agakurikiranwa ari hanze.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, avuga ko amacakubiri yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, yateguwe n’abakoroni agashyirwa mu bikorwa n’Abanyarwanda kuva mu 1959.
Abatuye mu Kagari ka Nyabisagara mu Murenge wa Mukindo mu Karere ka Gisagara, bavuga ko batangiye kwiyumvamo iterambere babikesha gahunda zibafasha guhindura imyumvire.
Perezida Paul Kagame, ku munsi wa kabiri w’inama mpuzamahanga ngarukamwaka ku bukungu, ari kumwe n’abandi bayobozi ku rwego rw’ubuzima, yatanze ikiganiro cyagarutse ku buryo bwo kwitegura guhangana n’ibindi byorezo byavuka bikibasira isi, agaruka ku masomo icyorezo cya Covid-19 cyasigiye Isi na Afurika.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame uri i Davos mu Busuwisi mu ihuriro mpuzamahanga ngarukamwaka ku Bukungu, yagiranye ibiganiro na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente uri i Accra muri Ghana, aho yahagariye Perezida Kagame mu nama ya 57 ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, yatangiye tariki 23 ikazageza tariki 27 Gicurasi 2022, yagaragaje akamaro k’Ikigega nzahurabukungu.
Intambara ikomeje guhuza abarwanyi ba M23 n’ingabo za FARDC, mu rukerera tariki 24 Gicurasi yabereye muri groupement ya Buhumba, abasirikare ba FARDC bata ibirindiro byabo barahunga.
Ishuri mpuzamahanga ryitwa ‘Isoko/La Source’ rikorera mu Karere ka Rubavu ryatangije ubukangurambaga bwo kuvana imyanda mu mazi y’ikiyaga cya Kivu, imyanda iterwa n’isuri ivuye imusozi hamwe n’itabwamo n’abantu.
Abantu 735 bahoze mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Congo, bazanwe mu Rwanda nyuma yo gufatwa n’Ingabo z’icyo gihugu (FARDC), basoje amahugurwa y’icyiciro cya 67 bamazemo imyaka irenga ibiri, bakaba bishimiye gusubira mu miryango yabo.
Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Alfred Gasana, yahereye ku bisasu biheruka kugwa ku butaka bw’u Rwanda, bigakomeretsa bamwe mu baturage ndetse bikanangiza ibyabo, abizeza ko ibyo bitazongera kubaho, kandi ko bakwiriye gukomeza ibikorwa byabo bumva batuje kandi batekanye, kuko ingamba zashyizweho mu kubungabunga (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 24 Gicurasi 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 11, bakaba babonetse mu bipimo 4,863. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19, ni 1,459 nk’uko imibare yatangajwe (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ukomeje uruzinduko arimo i Davos mu Busuwisi, aho yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ngarukamwaka ku Bukungu, yagiranye ibiganiro mu bihe bitandukanye na Perezida wa Malawi Lazarus Chakwela na Emmarson Mnagagwa wa Zimbabwe.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda abahamagawe mu kwitegura imikino ya Mozambique na Senegal, bamaze kugera mu mwiherero kuri uyu wa Kabiri
Inyubako igezweho y’imikino yari imenyerewe ku izina rya Kigali Arena, yamaze guhindurirwa izina yitwa ‘BK Arena’.
Umuryango uharanira kurwanya ubukene n’akarengane byibasira abagore n’abakobwa, ActionAid Rwanda, uratangaza ko ugiye guhugura abasaga 1,500 ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bityo ribe ryacogora kuko ridatuma imiryango itera imbere.
Umunyeshuri wigaga mu ishuri rya Nyanza TVET School (ETO Gitarama) riri mu Kagari ka Butansinda, mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, yitabye Imana arimo gukora siporo.
Abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Kigali Ishami rya Musanze, bahamya ko bashishikajwe no gushyira imbaraga mu gukumira ko ibihe by’icuraburindi ryabaye mu Rwanda, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bitazasubira ukundi.
Perezida Paul Kagame, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Gicurasi 2022, i Davos mu Busuwisi, yayoboye inama yahuje abayobozi muri Afurika ndetse n’inshuti zayo, yavugaga ku Isoko rusange rya Afurika n’uruhare rwaryo mu kwihutisha iterambere ry’uwo mugabane.
Iminsi itanu irihiritse imirwano idasiba hagati y’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), n’inyeshyamba za M23 yongeye kubura, ikaba yongereye ubukana.
Umugabo Rudasingwa utuye i Gikonko mu Karere ka Gisagara, avuga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yigize ufite uburwayi bwo mu mutwe kugira ngo abashe gutambuka atihishe, no kubaho ntawe umwakura bimufasha kurokoka.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Gicurasi 2022, Nyampinga w’u Rwanda wa 2017, Iradukunda Elsa, yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aho agiye kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, bikaba byemejwe ko urubanza rubera mu muhezo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasabye abaturiye imihanda imwe n’imwe yo mu turere tuwugize, kwitabira ibarura ry’imitungo yabo ryatangiye ku wa Mbere tariki 23 Gicurasi 2022, kugira ngo bazimurwe ku bw’inyungu rusange aho iyo mihanda igomba kwagukira.
Umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu ya Basketball Wilson Kenneth Gasana umaze imyaka irenga icumi akinira u Rwanda, yahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika “CAF” yafatiye ibihano igihugu cya Kenya na Zimbabwe bazira kuba inzego za Politiki zarivanze mu mupira w’amaguru
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 23 Gicurasi 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya icumi, bakaba babonetse mu bipimo 4,292.
Mu mpera z’icyumweru gishize mu Karere ka Kiciro, hatangijwe irushanwa ry’umupira w’amaguru riswe ‘Kicukiro Youth Patriotism Cup 2022’, rikaba ryasubukuwe nyuma y’imyaka ibiri ritaba kubera icyorezo cya Covid-19, iyi ikaba ari inshuro ya 4 yaryo.
Mu Murenge wa Kamegeri wo mu Karere ka Nyamagabe, hari umuryango washatse umubiri w’uwabo wishwe mu gihe cya Jenoside, ugira ngo uwimurire mu rwibutso urawubura.
Mu mikino y’umunsi wa 28 ya shampiyona yabaye kuri uyu wa Mbere, APR FC yatsinze Gorilla naho Kiyovu Sports inganya na Etoile de l’Est igitego 1-1.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko bwasabye Itsinda ry’Abasirikare rihuriweho rishinzwe kugenzura uko imbibi z’imipaka zubahirizwa, EJVM, gukora iperereza ku bisasu byarashwe n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bikagwa ku butaka bw’u Rwanda.
Muri iki gihe imvura ikomeje kugwa ari nyinshi mu duce tumwe na tumwe tw’igihugu, imihanga ikomeje kwangirika cyane cyane muri Gakenke, nk’akarere k’imisozi miremire kugeza ubu imihahiranire hagati yako, Muhanga na Nyabihu idashoboka kubera ibiza.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 23 Gicurasi 2022 yageze i Davos mu Busuwisi, aho yitabiriye ihuriro ry’ubukungu ku isi, ndetse ku gicamunsi yitabiriye kimwe mu biganiro byaryo byagarukaga kuri Siporo nk’imbaraga zihuza abantu benshi.
Abatunda, abanywa n’abacuruza ibiyobyabwenge bakomeje gushakisha amayeri yo kubikwirakwiza mu bantu, aho byamaze kugaragara ko hari ababishyira muri bombo no mu bisuguti.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Gisenyi buvuga ko u Rwanda rwa mbere ya Jenoside rwari rwarangiritse, abantu bata indangagaciro z’Umunyarwanda kugera naho abaganga bica abo bagombaga kuvura.
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ishyirahamwe ry’umukino wa Rugby mu Rwanda ryateguye irushanwa ryo kwibuka rizwi nka Genocide Memorial Tournament (GMT) ryabaye ku wa 21 Gicurasi 2022.
Umuyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, Philippe Habinshuti, avuga ko guhuriza hamwe Abanyarwanda baturiye inkambi n’impunzi mu bikorwa by’iterambere, bifasha mu mibanire myiza na gahunda za Leta zikarushaho kugenda neza.
Umunsi wa kabiri w’imikino ya nyuma ya BAL 2022 wasize ikipe za US MONASTIR yo muri Tunisia ndetse na ZAMALEK yo mu Misiri zigeze muri kimwe cya kabiri aho basanzeyo Petro de Luanda yagezeyo isezereye AS SALÉ yo muri Morocco ndetse na FAP yo muri Cameroon yo yagezeyo isezereye muri 1/4 ikipe ya REG BBC yo mu Rwanda.
Gakenke ni kamwe mu turere twahagurukiye gukemura ikibazo cy’igwingira ry’abana, aho mu myaka ishize ako karere kataburaga mu turere dutatu tuza imbere mu kugira abana benshi bagwingiye, ariko kugeza ubu kakaba katakigaragara no mu turere dufite umubare munini w’abahuye n’icyo kibazo.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima(WHO/OMS) ryatangiye guhangayikishwa n’indwara idasanzwe yiswe Monkeypox iteza kuzana utubyimba ku mubiri tugaturika, ikaba yaradutse mu bihugu bitandukanye byo ku Isi kuva tariki 13 z’uku kwezi kwa Gicurasi 2022.
Imiryango 450 ituriye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, ni yo iheruka kwemezwa ko izimurirwa ahandi mu cyiciro cya mbere cy’umushinga wo kwagura iyo Pariki, hagamijwe ko igira ubuhumekero buhagije, no kwagura ubukerarugendo buhakorerwa.
Ikipe ya Volleyball y’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA VC) n’ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, zatangiye neza mu irushanwa rihuza amakipe y’abagore yabaye aya mbere iwayo, ryatangiye ku Cyumweru tariki 22 Gicurasi 2022 muri Tuniziya mu mujyi wa (Kelibia).
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 22 Gicurasi 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya barindwi, bakaba babonetse mu bipimo 4,726.
Ku mugezi wa Nyabarongo hagati y’Uturere twa Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo na Rulindo na Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru, tariki 21 Gicurasi 2022 hatangijwe ku mugaragaro umushinga wo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwahawe izina rya Nyabarongo ya Kabiri (Nyabarongo II).
Kuri iki Cyumweru ikipe ya Manchester City yegukanye shampiyona y’u Bwongereza 2021-2022 nyuma yo gutsinda ikipe ya Aston Villa iturutse inyuma ibitego 3-2 mu mukino wayisabye gutegereza iminota 81 kugira ngo ibone intsinzi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Dr Nibishaka Emmanuel, umuyobozi wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB).
Muri iki gihe usanga bamwe mu bakobwa twakwita abasirimu bambaye amasaro mu nda ahabwa ibisobanuro bitandukanye, bitewe na nyiri kuyambara cyangwa kuyareba. Byatumye nibaza igisobanuro nyacyo cy’aya masaro.
Ihuriro ry’imiryango nyarwanda itari iya Leta iharanira inyungu z’abaturage (Rwanda Civil Society Platform - RCSP) ku bufatanye n’umuryango nyarwanda utari uwa Leta ukora ibikorwa by’iterambere witwa ‘Rwanda Development Organisation – RDO’ ndetse na bamwe mu bakora mu nzego za Leta, tariki 20 Gicurasi 2022 bahuriye mu (…)
Urubyiruko ruratangaza ko rwishimira amahirwe atandukanye ruhabwa na Leta y’u Rwanda, arimo no kumenya byinshi ku nama ihuza Abakuru b’ibihugu bihuriye mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza, izwi nka CHOGM.