Leta ya Koreya ya Ruguru yatangaje ko kuva muri Mata igihugu cyadutswemo na Coronavirus yihinduranyije izwi ku izina rya BA.2 bwa mbere kuva aho icyorezo cya Covid-19 cyadukiye mu bihugu byose byo ku isi, mu ntangiriro z’umwaka wa 2020.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 11 Gicurasi 2022 mu Rwanda habonetse abantu 16 banduye Covid-19, abantu 15 muri bo bakaba babonetse i Kigali, naho undi umwe aboneka i Musanze. Ni mu gihe mu Rwanda hose hapimwe abantu 5,006.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Gicurasi 2022, muri Village Urugwiro yakiriye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mali, Maj Gen Oumar Diarra, uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukumberi, Buhiga Josue, avuga ko kuba Akagari ka Gituza karabonye ibiro, bizatuma abaturage bahabwa serivisi nziza kurusha uko byari bimeze bakorera mu bukode.
Ababyeyi basanga gutangira kwigisha abana bo mu mashuri abanza Igifaransa, byahera mu mwaka wa mbere, kuko aribwo byatanga umusaruro uzatuma barushaho kumenya no gukoresha neza urwo rurimi.
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye umugabo w’imyaka 55 y’amavuko ukekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka irindwi w’umuturanyi.
Mu mukino ubanza wa 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro, Rayon Sports inganyije ubusa ku busa na APR FC imbere y’abafana bari buzuye Stade ya Kigali i Nyamirambo
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi (Marine Unit), ryarohohe umurambo w’umunyeshuri wigaga ku ishuri ry’ubumenyingiro (IPRC) rya Karongi, warohamye mu kiyaga cya Kivu ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2022.
Ikibazo cy’ibikoresho bike by’ikoranabuhanga mu mashuri by’umwihariko aya Leta, gihangayikishije cyane abanyeshuri kuko badashobora kwiga neza isomo ry’ikoranabuhanga nk’uko bikwiye, bagasaba ko byakongerwa mu mashuri yose.
Umusaza witwa Mitima Elie wo mu Kagari ka Kabushinge mu Murenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze, ari mu byishimo bidasanzwe nyuma yo gushyikirizwa inzu yubakiwe n’abo yigishije guhera mu 1985, nyuma y’uko bishyize hamwe bakusanya inkunga y’amafaranga asaga miliyoni eshanu agenewe icyo gikorwa cyo kumwubakira.
Perezida wa IBUKA mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge avuga ko mu bibazo by’ingutu abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bagifite muri uyu Murenge ari ibibazo by’abantu bafite ubumuga batewe na Jenoside no kutagira amacumbi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA), Eng Patricie Uwase, yatangaje ko imihanda icyenda irimo n’uwa Sonatubes-Gahanga (Kicukiro), izaba yarangije gukorwa mbere y’Inama ikomeye ya CHOGM, izabera i Kigali mu kwezi gutaha kwa Kamena.
Kuri uyu wa Gatatu hifashishijwe ikoranabuhanga, ni bwo habaye tombola y’amatsinda ya CECAFA y’abagore igiye kubera muri Uganda muri uku kwezi
Ishimwe Dieudonné uzwi ku izina rya Prince Kid kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Gicurasi 2022 yitabye Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro kugira ngo atangire kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 09 Gicurasi 2022, Perezida Kagame yitabiriye inama ya Biro y’Inteko rusange y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.
Umuturage ufite Ubwenegihugu bw’u Bushinwa witwa Lu Fengzhen(Abigail) aravuga ko uruganda rw’ibyuma rwitwa Rwanda Special Materials rukorera i Nyacyonga rurara rukora rukabuza abari mu rugo rwe gusinzira.
Dr Nicodeme Hakizimana, Umunyarwanda wa mbere ufite ubumuga bw’uruhu, yasoje icyiciro gihanitse cya kaminuza, gituma agira impamyabumenyi ihanitse (Doctorat) mu bijyanye na Tewolojiya (iyobokamana).
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2022 mu Rwanda habonetse abantu barindwi banduye Covid-19, bose bakaba babonetse i Kigali. Ni mu gihe mu Rwanda hose hapimwe abantu 6,625.
Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC), tariki ya 09 Gicurasi, ryafashe umugabo witwa Iyakaremye Primien ukurikiranyweho gukwirakwiza amavuta yangiza uruhu azwi nka mukorogo.
Igisasu cyo mu gihe cy’Abakoloni kitigeze giturika cyabonetse mu gace ko hagati muri Kenya ubwo abaturage bakibonaga mu murima bakagira ngo ni ikijumba cya rutura.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2022, cyatangaje ko ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,9% mu kwezi kwa Mata 2022 ugereranyije na Mata 2021. Ibiciro byo mu mijyi ni byo bisanzwe byifashishwa mu kugaragaza ishusho rusange mu gihugu.
Abahinzi bibumbiye muri Koperative yitwa KOGUGU ihinga, ikanahunika imbuto y’ibirayi, bo mu Karere ka Nyabihu, barasaba Akarere kubaha ingurane z’amazu yabo, ari mu mbago z’aho ibiro by’aka Karere byubatswe, kugira ngo babone ubushobozi bwo kwimukira ahandi bisanzuye, kuko aho bari ubu, badafite ubwinyagamburiro.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), cyongeye kugaragaza urutonde rw’abacuruzi batatanze inyemezabuguzi za EBM cyangwa bagatanga izitubya umusoro, bakaba barabihaniwe.
Umukobwa witwa Furaha Florence Drava w’imyaka 25 y’amavuko wabaga muri Paruwasi ya Zaza mu Murenge wa Zaza mu Karere ka Ngoma witeguraga kuba Umubikira bamubuze mu kigo yabagamo, asiga yanditse urupapuro rusezera kuri bagenzi be abahumuriza ko ari muzima ko badakwiye kumushakisha.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Gicurasi 2022, ikipe ya Manchester City yatangaje ku mugaragaro ko yaguze rutahizamu ukomoka muri Noruveje, Braught Erling Halland, usanzwe ukinira ikipe ya Borussia Dortmund yo mu Budage.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2022, Umugaba mukuru w’Ingabo z’igihugu cya Mali, Maj Gen Oumar Diarra, yegeze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu.
Icyambu cya Odesa muri Ukraine cyarashweho ibisasu bya misile n’Ingabo z’u Burusiya, hapfa umuntu umwe hakomereka batanu ubwo ibisasu byagwaga mu gace k’ubucuruzi no ku bubiko bw’ibiribwa.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA), uramagana Mukankiko Sylvie n’abameze nka we, bahembera amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside babyita urugamba rwo kurwanya u Rwanda na FPR.
Abagize Sena y’u Rwanda basuye ibitaro by’i Kigali ku wa Mbere tariki 9 Gicurasi 2022, bagamije ahanini gusuzuma uko ubuvuzi bw’indwara zitandura bwitabwaho, basanga hari imiti yazo batagira, ndetse n’abaturage badafite ababakira bahagije.
Imikino ibanza ya 1/2 mu gikombe cy’Amahoro irakinwa kuri uyu wa Gatatu ndetse no ku wa Kane, aho umukino witezwe cyane uzahuza Rayon Sports na APR FC
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rurahamagarira abanyeshuri n’urubyiruko rwo mu Karere ka Gakenke muri rusange, kudahishira abasambanya abana no kwitandukanya n’ababashora mu biyobyabwenge.
Abajyanama b’Akarere ka Nyagatare barasaba abagabo kwimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bafasha abore babo imirimo yo mu rugo, cyane cyane iyo kurera abana aho kubiharira abagore gusa.
Mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Brazil, habonetse umuntu ukuze cyane kuruta abandi ku Isi, hasigaye ukwezi ngo yuzuze imyaka 122.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2022, imbogo yatorotse Pariki y’Ibirunga, ubwo yarimo yirukanka mu mirima y’abaturage iri hafi yaho, ikubitana n’umuhungu w’imyaka 14 iramukomeretsa.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2022, nibwo hamenyekanye inkuru ivuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi noteri witwa Uwitonze Nasira.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 9 Gicurasi 2022, yifatanyije mu isabukuru yimyaka 40 y’ubufatanye bw’u Rwanda n’Intara ya Rhénanie-Palatinat mu Budage, ari nabwo yagaragaje ko nyuma y’imyaka 28 Abanyarwanda bafite imitekerereze yagutse.
Inzego z’ubuyobozi mu Karere ka Kicukiro kuva ku mugududu kugera ku Karere, zahagurukiye gukaza imyiteguro y’Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu Muryango wa Commonwealth, izatangira mu cyumweru kizatangira tariki 20 Kamena 2022 ikabera i Kigali.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Mbere tariki 09 Gicurasi 2022 mu Rwanda habonetse abantu batatu banduye Covid-19. Umwe yabonetse i Kigali, undi aboneka i Rulindo, undi aboneka i Musanze. Mu Rwanda hose hapomwe abantu 4,871.
Polisi y’u Rwanda yashyikirije inzu eshatu zubakiwe mu buryo bugezweho, imiryango itishoboye ituye mu birwa bya Bugarura na Rutagara byo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 16 bagombaga kwitabira igikombe muri Chypres bamenyeshejwe ko batazitabira iri rushanwa kubera ibyangombwa
Nyiramatuntu ni agace ko muri Bugesera mu Murenge wa Nyamata mu Ntara y’Iburasirazuba. Abatuye muri ako gace no mu nkengero zaho, ni ukuvuga abatuye mu midugudu ya Nyiramatuntu, Gatare, Nyabivumu, Nyakwibereka, mu Kagari ka Kayumba muri uwo Murenge wa Nyamata, abatuye ahandi bahakomoka ndetse n’inshuti zabo, bateraniye hamwe (…)
Umupasiteri w’Umudage, Gerhard Reuther, avuga ko yageze mu Rwanda n’umugore we mu 2007, bakishimira uko u Rwanda rwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yiyemeza gutanga ubufasha mu burezi, cyane cyane kwishyurira amashuri abana bo mu miryango itishoboye.
Itsinda ry’abasirikare 42 barimo aba Ofisiye bakuru n’abanyeshuri bo mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Nigeria, bari mu Rwanda mu rugendoshuri ku va tariki 8 kugeza 15 Gicurasi 2022.
Iyo ugeze mu Kagari ka Kivumu mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Burera, telefoni ihita ivaho, ku buryo guhamagara bidashoboka kubera ikibazo cyo kutabona ihuzanzira (network).
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gasiho, Bangankira Jean Bosco, gaherereye mu Murenge wa Minazi, Akarere ka Gakenke, ari mu maboko ya Police Sitasiyo ya Ruli, aho akekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 16.
Kuri Cyumweru tariki 8 Gicurasi 2022, i Kigali nibwo hasozwaga irushanwa rya Tennis riri ku rwego rw’akarere ka kane, ryiswe ‘ITF/ CAT EAST AFRICAN JUNIOR TEAM’S CHAMPIONSHIPS FOR 14 & 16 & UNDER (AJTC)’, ryahuzaga abana batarengeje imyaka 14 na 16, mu bahungu n’abakobwa
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacya (RIB), rutangaza ko mu gihe cy’imyaka itanu ishize rwakoze dosiye 865 ku byaha by’ivangura no gukurura amacakubiri.
Abimukira hafi 44 baburiwe irengero nyuma y’uko ubwato barimo burohamye mu mazi ku nkengero z’amazi muri Sahara y’Iburengerazuba.
Icyumweru twatangiye cyitezwe na benshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru, ahateganyijwe imikino ikomeye irimo igikombe cy’amahoro ndetse na shampiyona izaba igeze ahakomeye
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu butangaza ko umuhanda wa Mukamira-Ngororero wongeye kuba nyabagendwa nyuma yo kuwukuramo ibitaka byari byamanutse kubera inkangu.