Ibyafatwaga nk’ibyangiza ibidukikije mu Rwanda, bamwe basigaye babibyazamo umusaruro, bikabafasha kwiteza imbere, ari nako barushaho kwirinda gukora ibikorwa bibangamira ibidukikije kuko bibangamira imibereho ya muntu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buvuga ko amavuriro atatu mato (postes de santé) yo mu Karere ka Nyaruguru yamaze gushyirwamo ibikoresho bifasha mu gutanga serivise yo kubyaza.
Perezida Paul Kagame ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru tariki 05 Kamena 2022, yitabiriye umusangiro wateguwe na gahunda yo guhindura Afurika binyuze mu ikoranabuhanga ‘Smart Africa’ bikaba byabereye kuri kuri Kigali Convention Centre.
Kuba hamaze kugaragara amagana y’abantu banduye icyorezo cya Monkeypox mu bice bitandukanye by’Isi, ngo bigaragaza ko hari igihe runaka cyabayeho icyo cyorezo kitazwi, bigatuma kirushaho gukwirakwira nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO).
Umuyobozi Mukuru wungirije w’umuryango GAERG w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, Dimitrie Sissi, yatangaje ko imiryango yazimye ari igisobanuro nyacyo cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Nyuma yo gusoza umwaka w’imikino wa 2021-2022 ku mugabane w’i Burayi, amakipe atandukanye ararwana no kongera imbaraga kugira ngo azatangire umwaka mushya wa 2022-2023 akomeye kurushaho.
Imiryango ibiri y’abantu 10 ituye mu Kagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, yamaze gutsinda urubanza yaregagamo Umunyamahanga witwa HEDRICK NOODAM Jan, nyuma y’uko abirukanye mu nzu zabo ubwo yari amaze kubihererana abasinyisha inyandiko inyuranye n’ibyo bumvikanye mu bugure, kubera kutamenya gusoma.
Igihugu cya Israel cyahaye u Rwanda ibikoresho by’ubuvuzi bifite agaciro ka miliyoni 140 z’Amafaranga y’u Rwanda byo gufasha Igihugu guhangana n’icyorezo cya Covid-19 no mu zindi serivisi z’ubuzima.
Mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023, ikipe y’igihugu ya Senegal iri mu itsinda rimwe n’Amavubi, mbere y’uko iyakira mu mukino wa kabiri w’amatsinda, yatsinze Benin mu mukino wayo wa mbere ibitego 3-1, Sadio Mané akora amateka.
Mu gihe u Rwanda rukiri mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, mu mpera z’iki cyumweru, hibutswe abahoze ari abakozi b’Iposita 26.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 04 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abantu 18 banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 4,832.
Ubuyobozi bw’Agace ka Minova muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko tariki ya 3 Kamena 2022 batunguwe no kubona amafi n’isambaza mu kiyaga cya Kivu byapfuye bikareremba hejuru y’amazi, bakeka ko byishwe na Gaz iri mu Kiyaga cya Kivu.
Ku munsi wa mbere w’isiganwa rizenguruka Cameroun "Tour du Cameroun", umunyarwanda Munyaneza Didier yaje ku mwanya wa kabiri aho uwa mbere yamusizeho amasegonda 41
Umuyobozi mukuru mu muryango GAERG w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, Nsengiyaremye Fidèle, yatangaje ko imiryango igera mu bihumbi 15 yose yazimye. Iyi miryango yari igizwe n’abantu basaga ibihumbi 68. Bose barishwe ntihagira n’umwe urokoka wo kubara inkuru.
Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB ruvuga ko rugishakisha kandi rutegereje uwaza kuruha amakuru ku bijyanye n’urupfu rw’umwana w’umuhungu witwa Cyusa Sadiki Prince ufite imyaka 10 y’amavuko, bikekwa ko yaba yarishwe.
Ingabo, abapolisi n’abasivili baturutse mu bihugu 6 ari byo u Rwanda, u Burundi, Kenya, Sudani y’Epfo, Tanzaniya na Uganda, byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), tariki 3 Kamena 2022 batangiye imyitozo ya 12 yiswe ‘Ushirikiano Imara 2022’, iyi myitozo ikaba irimo kubera i Jinja muri Uganda.
Umubyeyi witwaga Bazizane Bonifirida w’imyaka 62 y’amavuko, wari utuye mu Mudugudu wa Rucucu mu Kagali ka Murama, Umurenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, birakekwa ko yishwe n’abahungu be babiri bamuhora ubutaka, kuko ngo yari yaramaze kubaha iminani yabo, ariko kubera kutanyurwa, ngo bagashaka ko abaha n’ubundi butaka.
Mu gihe u Burusiya buvuga ko buzakomeza intambara burwanamo na Ukraine, Perezida w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Macky Sall, yagiye gusaba Putin kurekura ibiribwa n’ifumbire, kugira ngo uyu mugabane udakomeza kuhazaharira.
Ubuyobozi n’abakozi b’ikigo gishinzwe igororamuco mu Rwanda (NRS), basuye urwibutso rwa Bisesero rushyinguyemo imibiri ibihumbi 48 by’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994, bworoza imiryango ibiri y’abarokotse badafite inka.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 03 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abantu 25 banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 5,102.
Kampani yitwa Isaro Econext yiyemeje kurwanya ibyuka bihumanya ikirere, yakoze porogaramu (application) yo muri telefone yitwa Isaro App izajya ifasha abayifashishije kugabanya ibyuka bihumanya ikirere.
Kuri uyu wa Gatanu ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mupira w’amaguru yasezerewe mu irushanwa rya CECAFA nyuma yo kutabasha kubona inota na rimwe mu mikino ibiri y’amatsinda. Nyuma yo gutsindwa na Uganda ibitego 2-0, u Rwanda rwongeye gutsindwa n’u Burundi ibitego 2-1 byatumye u Rwanda ruhita rusezererwa
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 03 Kanama 2022, Banki ya Kigali (BK) yashyikirije abaturage mu Murenge wa Kabarore batishoboye, imbabura zirondereza ibicanwa 300 ndetse n’ibigega bifata amazi imiryango 20, mu rwego rwo kubafasha kubona amazi hafi yabo no kubafasha kudakomeza kwagiza ibidukikije bashaka ibicanwa.
Umuryango Never Again Rwanda, uhamya ko igenamigambi ry’ibikorwa bigenewe abaturage, ridashobora kugera ku ntego, mu gihe hakigaragara bamwe muri bo bishora mu bucuruzi butemewe bwambukiranya imipaka.
Ikigo cy’igihugu cyo kwita ku bidukikije (REMA), kirakangurira abaturage kwirinda gutwika ibyatsi byo mu mirima, kuko bihumanya umwuka wo mu kirere abantu bahumeka bikanangiza ubuka byatwikiweho.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), yasoje Urugerero rw’abarangije amashuri yisumbuye muri 2021 bitwa Intore z’Inkomezabigwi (Icyiciro cya 9/2022), kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Kamena 2022, ikaba yanatanze Inka z’Ingororano ku turere dutandatu twarushije utundi mu bikorwa by’Urugerero, (…)
Komiseri mukuru ushinzwe uburenganzira bwa muntu mu Muryango w’Abibumbye (ONU), Michelle Bachelet, yashimye icyemezo cyafashwe n’abanyamategeko bo muri Repubulika ya Santrafurika (Central African Republic), bagakuraho igihano cy’urupfu muri icyo gihugu.
Umunyamabanga mukuru w’muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa (OIF), Madamu Louise Mushikiwabo, yatangaje ko ahangayikishijwe cyane n’amakimbirane akomeje kwiyongera ahembera imvururu hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda, asaba ko hakomeza inzira y’amahoro binyuze mu biganiro.
Abagera ku 100 bigishijwe guteka, kuyobora ba mukerarugendo abandi na bo gutunganya ibikomoka ku biti, muri IPRC Kitabi mu gihe cy’amezi atandatu, barasabwa kwihangira imirimo, ntibahere mu gushaka akazi.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu (MINUBUMWE), Dr. Bizimana Jean Damascène, avuga ko Politiki ya Parimehutu, ari yo yashinzemo imizi y’amacakubiri yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Hashize igihe kitari gito havugwa ikibazo cy’ibura ry’amazi cyangwa adahagije mu duce dutandukanye tw’Akarere ka Bugesera, bikaba byari byitezwe ko icyo kibazo kizagabanuka cyangwa kikarangira mu gihe Akarere kazaba kamaze guhabwa metero kibe 10.000, ku mazi atunganywa n’uruganda rwa Kanzenze.
Abagore 145 bo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, bagiye kujya bakora akazi ko gutwara abantu n’ibintu kuri moto, mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere.
Inzu zimaze umwaka umwe zubakiwe abaturage batishoboye biganjemo abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, bo mu Mudugudu wa Nyamiyaga, Akagari ka Mudende, Umurenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze, bigaragara ko zangiritse cyane nyamara zitamaze igihe kinini zubatswe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 02 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abantu 55 banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 5,622. Abo bantu 55 barimo 28 babonetse i Kigali, abantu 10 babonetse i Gicumbi, barindwi i Rutsiro, batanu i Musanze, n’abandi batanu i Burera.
Mu mukino wa mbere wo gushaka itike ya CAN 2023, ikipe y’igihugu y’u Rwanda na Mozambique banganyije igitego 1-1
Kugira ngo umuntu agire ubuzima bwiza kandi bwuzuye, ni uko agomba kuba ahantu hari ibidukijeje, kandi ubwe akabibungabunga.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Kamena 2022, Perezida Macky Sall wa Senegal, akaba n’Umuyobozi wa Afurika yunze Ubumwe, araganirira na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, mu Mujyi wa Sochi uherereye mu Majyepfo y’Uburengerazuba bw’u Burusiya.
Abakuru b’ibihugu bya Afurika biri muri gahunda ya Pfizer yiswe ‘An Accord for a Healthier World’, bishimiye ko ije gukuraho ubusumbane mu kubona imiti n’inkingo byiharirwaga n’ibihugu bikize.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu bucuruzi no Kurengera Umuguzi (RICA), cyasabye abacuruzi b’inyama baziranguza muri Kigali kutarenza igiciro kibarirwa hagati ya 2700Frw-2900Frw ku kiro (kg) nk’uko byari bisanzwe.
Abavuzi b’amatungo bigenga 30 baturuka mu Turere twa Nyamagabe, Nyaruguru na Nyanza, bahuguwe ku gutera inka intanga none banabiherewe ibikoresho bazajya bifashisha, bakemeza ko bagiye kuvugurura icyororo aho bakorera, bityo umukamo wiyongere.
Uwamahoro Munganyika Angelique wari umaze imyaka 28 atazi umuryango we, avuga ko yemeye neza ko ariwo ari uko awugezemo, agasanga arasa na barumuna be ndetse n’abana be basa na ba nyirarume.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku ya 31 Gicurasi 2022, yavuze ko ibihugu 40 mu bigize Commonwealth 54, bimaze kwemeza ko abakuru babyo bazaza mu Rwanda kwitabira inama ya CHOGM.
Mu rwunge rw’amashuri rwa Mutagatifu Andereya (Collège St André) i Nyamirambo, ku ya 1 Kamena 2022 nibwo Antoine Cardinal Kambanda yayoboye umuhango wo gufungura ku mugaragaro ikimenyetso cy’urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi, baguye muri icyo kigo.
Nkiru Balonwu ukomoka muri Nigeria uzwi mu mishinga itandukanye igamije gushaka ibisubizo ku bibazo byugarije Afurika, asanga Abanyafurika bifitemo ubushobozi muri Afurika no ku Isi, ku buryo babukoresheje uko bikwiye bagera kure mu iterambere.
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Kibiriga Anicet, avuga ko ubwato bahawe na Perezida Paul Kagame bwatinze gukoreshwa, kubera igerageza no kugenzura ubuziranenge bwabwo.
Myugariro w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda “AMAVUBI” Nirisarike Salomon yamaze gutandukana n’ikipe ye hamwe n’abandi bakinnyi babiri
Abaturage bo mu Murenge wa Bweramana hamwe n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bibutse abana n’abagore 470 biciwe mu nzu y’umuturage ahitwa kuri Duwani mu Murenge wa Bweramana, babeshywa ko bazahabadindira.
Mu nsanganyamatsiko igira iti “Kubaka no kuba mu muryango mwiza, bidufasha kwigana umwete”. Hirya no hino muri Diyosezi no muri Paruwasi Gatolika mu Rwanda, hakomeje gahunda yo gusoza icyumweru cyahariwe uburezi Gatolika.
Abanyeshuri bibumbiye muri AERG Icyizere biga mu kigo cya EAV Kivumu, giherereye mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero, baravuga ko abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 barushywa n’ubusa kuko ubu urubyiruko rwamaze gusobanukirwa n’ukuri kuri iyo Jenoside.