Kicukiro: Abanyura mu busitani baburiwe

Abantu umunani bafashwe n’inzego z’Umutekano mu Karere ka Kicukiro ku wa Gatandatu tariki 14 Mutarama 2023, zibahora kwambukiranya imihanda ahatemewe mu busitani. Bakaba berekaniwe muri Gare ya Nyanza bahita barekurwa, ariko baburirwa ko ubutaha bazahanwa.

Ubukangurambaga bw'isuku burakomeje
Ubukangurambaga bw’isuku burakomeje

Bafashwe mu gihe Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda bakomeje ubukangurambaga ku isuku, isukura no kurwanya igwingira ry’abana, bwatangiye tariki 2 Ukuboza 2022 kugera ku wa Mbere tariki 16 Mutarama 2023.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Solange Umutesi, avuga ko abashinzwe umutekano bafatanyije n’Urubyiruko rw’Abakorerabushake (Youth Volunteers), bazakomeza kugenzura no gufata abantu bakandagira mu busitani ku mihanda yo muri uyu Mujyi wa Kigali.

Ati "Tugira Amategeko y’isuku n’ayo kurengera ibidukikije, ntiwishyiremo ngo ’kunyura ahagenewe abanyamaguru birankerereza’, ntabwo dukwiye kuruhanya ngo ubwo nta muntu undeba reka nsimbuke muri uru rurabo ngende."

Ubuyobozi bwa Kicukiro hamwe na Polisi bafashe abambukiranya imihanda ahantu hatemewe mu busitani, ubwo bari barimo gutoragura imyanda yiganjemo amacupa iba yajugunywe n’abari mu modoka cyangwa abagenda n’amaguru.

Aba bafashwe banyura mu busitani ku mihanda, abazabyongera ngo bazahanwa
Aba bafashwe banyura mu busitani ku mihanda, abazabyongera ngo bazahanwa

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda ku rwego rw’Akarere ka Kicukiro, SSP Jeannette Masozera avuga ko nyuma y’ubu bukangurambaga, abantu banyura mu busitani cyangwa abadashyira imyanda mu ngarani(poubelle) zabugenewe ku mihanda, bazahanwa.

Ati "Ntabwo ari ibintu by’i Rwanda kubona umuntu aca mu ndabyo kuko no mu ngo iwacu ntabwo ushobora kuba ufite ubusitani ngo ucemo wambukiranye, hari ’poubelle’, tuzikoreshe kuko nyuma y’ubukangurambaga dushobora kuzajya duhana abantu bajugunye imyanda, bizababo mubwire n’abandi."

Umwe mu bafashwe bari kunyura mu busitani bwo ku muhanda yisobanuye avuga ko yabonye abantu bameze nk’abafunze inzira yagenewe abanyamaguru aho yari agiye kunyura, bituma akebera akandagira mu ndabo, ari bwo ngo yahise afatwa.

Akarere ka Kicukiro hamwe na Polisi banakanguriye abantu kugira umuco wo gukaraba intoki buri gihe, kuko ngo ibizanduza ari byinshi kandi umwanda wo ku ntoki ukaba uteza uburwayi buturuka ku kwikoraho no gufata ku mafunguro badakarabye.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere ka Kicukiro, Solange Umutesi mu bukangurambaga ku Isuku n'Isukura
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Solange Umutesi mu bukangurambaga ku Isuku n’Isukura

Muri buri murenge mu yigize Akarere ka Kicukiro n’Umujyi wa Kigali muri rusange, bakomeje gushaka agashya bazamurika nyuma y’ubu bukangurambaga ngarukamwaka bw’Umujyi wa Kigali ufatanyije na Polisi y’u Rwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ngaho polisi nayo nikore igikorwa cyo gufata abanyura muli zébra clossing bavugira kuma téléphone byibuze ibirize muli stade umunsi wose umuntu aturuka iriya ali kuli téléphone akinjira mumirongo ayiriho atarebye ugasanga hahanwa utwaye ikinyabiziga uwo akikomereza nta nkomyi niyo amatara amubuza kwambuka yaba yaka

lg yanditse ku itariki ya: 16-01-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka