Mbonigaba Jean de Dieu wo mu murenge wa Kaniga akagari ka Rukurura mu karere ka Gicumbi afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba azira gukubita ifuni mu kase mu mutwe.
Umugabo witwa Nkunzimana Alphonse wo mu murenge wa Mutete mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya polisi azira gutema umuturanyi we witwa Iradukunda Herena.
Umugabo witwa Twizere Philibert utuye mu murenge wa Rukomo mu kagari ka Kariba mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya polisi kuva tariki 14/04/2014 azira gufatanwa ibiti by’umishikiri bigera kuri toni 7.
Umusore witwa Ngabonziza Jérôme ukomoka mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza yafatiwe mu mujyi wa Nyanza afite udupfunyika 32 tw’urumogi ndetse n’uducupa 4 tw’inzoga itemewe ya Kanyanga arimo ashakira abakiriya ibi biyobyabwenge.
Mu cyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 20Jenoside yakorewe Abatutsi, abantu batanu bo mu karere ka Kamonyi barimo umukecuru w’imyaka 73 bagaragaweho kuvuga amagambo no gukora ibikorwa bipfobya n’ibihakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza buratangaza ko tariki 13/04/204 ahagana saa saba z’amanywa muri uwo murenge hari abana wambuwe igisasu cya gerenade barimo bagikinisha ariko ku bw’amahirwe kitagize uwo gihitana.
Umusore w’imyaka 22 y’amavuko yatawe muri yombi n’abaturage amaze kwica ihene yari yibye tariki 13/04/2014 bamuzengurutsa umujyi wa Ruhango bamutwaye kuri polisi ishami ryayo rya Nyamagana.
Mporanimana Jean Bosco wahoze ari umukozi wa koperative KOPAKAMA y’abahinzi ba kawa ikorera mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yirukanywe ku kazi ahabwa n’amezi atanu kugira ngo abe yarangije kwishyura amafaranga miliyoni ebyiri n’ibihumbi 400 yanyereje.
Abaturage baturiye hafi y’ibirunga nka Nyamuragira baragirwa inama yo kwitwararika isuku mu gihe ikirunga cya Nyamuragira gitangiye kuruka kuko ivumbi ryacyo rishobora gutera ibibazo; nk’uko bitangazwa n’umuryango utabara imbabare Croix-Rouge.
Ivatiri yaturukaga i Kigali yerekeza mu majyepfo yarenze umuhanda igwa mu gishanga cya Nyabarongo. Nyuma y’igihe gito izindi modoka ebyiri zayirangariye zihita zigongana na zo zigwamo, impanuka yabereye ku muhada urenze ikiraro cya Nyabarongo, ahagana mu maha y’issaa tanu z’amanywa kuri uyu wa Gatandatu tariki 12/4/2014.
Abagabo batanu bakomoka mu murenge wa Mataba mu karere ka Gakenke bose bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gakenke, bacekwaho kuba harimo abafatanwe mudasobwa zagenewe abanyeshuri bo muri Groupe Scolaire ya Nyundo muri gahunda ya "One laptop per child."
Umusore witwa Kanani uri mu kigero cy’imyaka 22 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Mukura ariko akaba yari amaze amezi abiri yimukiye mu kagari ka Gitwa murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu icyarimwe abana babiri.
Umusore w’imyaka 20 wari ucumbitse mu mudugudu w’Isangano, akagari ka Binunga mu murenge wa Munyiginya mu karere ka Rwamagana, afungiye kuri Station ya Polisi ya Kigabiro muri aka karere akurikiranweho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 2 n’igice wo mu rugo yari acumbitsemo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 10/4/2014, munsi y’ikiraro ku Kinamba (mu mujyi wa Kigali), hatoraguwe umurambo winitse mu mazi, ku gikuta cy’ikiraro iruhande rwe hari amaraso.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza bwikomye utubari mu kuba tutari kubahiriza amabwiriza arebana n’imyitwarire ihwitse igomba kuranga Abanyarwanda mu gihe twibukamo ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Mu gihe u Rwanda n’isi yose bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, abayobozi b’akarere ka Nyamasheke barasaba abaturage gufunga utubari two mu ngo twose mu gihe kitararangira ngo kuko bituma hari abarengera bakibagirwa ko bari mu bihe bidasanzwe byo kwibuka.
Hakizimana Barnabe na Uwimana Marie Jeanne bari bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kanjongo bazira kutifatanya n’abandi kwibuka ubwo icyunamo cyatangizwaga mu Rwanda hose, bifatwa nko gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Bagaruka bakunda kwita Sameja usanzwe akora akazi ko gushaka abagenzi muri Gare ya Musanze, Akarere ka Musanze ari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda, Ishami rya Muhoza akurikiranweho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Nshimiyimana Erneste w’imyaka 32 wari utuye mu kagari ka Shagasha mu murenge wa Gihundwe ho mu karere ka Rusizi yishwe mu ijoro ryo kuwa 5/04/2014, n’abagizi ba nabi bataramenyekana aho umurambo we watoraguwe mu kiraro cy’inka ze.
Abantu 64 bakora umwuga w’ubusare mu kiyaga cya Kivu taliki 5/4/2014 bashyikirijwe na polisi y’u Rwanda itewe inkunga na Rotary Mariners imyenda ituma batarohama igihe bagize impanuka mu mazi.
Umugore witwa Umurerwa arwariye mu bitaro bya Byumba nyuma yo gukubitwa umugeri mu nda n’umugabo we akamererwa nabi cyane kuko atwite inda nkuru.
Itorero rya ADEPR yatangaje ko ribabajwe n’urupfu rutunguranye rw’umwe mu bari abayoboke b’iri torero witabye Imana ari mu masengesho y’iminsi itatu yiyiriza ubusa akayagwamo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko umutekano wifashe neza muri ako karere ariko bugasaba abaturage kutirara ahubwo bagafata iya mbere mu kuwubungabunga kuko iyo bawufite barushaho kwiteza imbere.
Polisi ikorera mu murenge wa Gatunda akarere ka Nyagatare yabashije guta muri yombi Bizimungu Felicien bahimba Bazakira wari wakatiwe n’urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare igifungo cya burundu y’umwihariko nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu.
Umunyeshuri wiga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye mu kigo cy’amashuri cya E.S.Gahunga giherereye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, mu ijoro rishyira tariki ya 03/04/2013 yafashwe n’abanyerondo amaze gukuramo inda y’amezi atanu maze bamushyikiriza Polisi y’u Rwanda ikorera muri uwo murenge.
Kuri uyu wa kuri uyu wa 03 mata 2014 mu murenge wa Gakenke, inzu y’igikoni y’uwitwa Hakizimana utashatse kumenyekana amazina yombi kibasiwe n’inkongi y’umuriro bivugwa ko wabaye mwinshi mu gikoni mu gihe nta muntu wari uhari maze bikagera ku ntsinga z’amashanyarazi.
Ibiyobyabwenge hamwe n’ibiti by’imishikiri byafashwe guhera mu mwaka ushize byangiririjwe mu ruhame rwigangjemo urubyiruko rw’abanyonzi n’abamotari mu rwego rwo kubakangurira kubirwanya no kubyirinda no kuba bavuga aho babibona.
Umusore w’imyaka 21 witwa Bazibaza yatawe muri yombi na polisi ku gicamunsi cyo kuwa kane tariki ya 02 Mata 2014, akekwaho gusambanya ku ngufu no kwambura umugore w’imyaka 43 mu ijoro ryo ku wa kabiri, tariki ya 01 Mata 2014.
Kuri uyu wa gatatu tariki 2 Mata 2014, mu karere ka Gatsibo hatwitswe ibiti bizwi ku izina rya kabaruka, imishikiri cyangwa se imisheshe, ibi biti ubusanzwe bikaba bifatwa nk’ibiti bitemewe gutemwa nk’uburyo bwo kubungabunga ibidukikije.
Abagabo batanu bafungiye ku ishami rya Polisi rya Kicukiro bakurikiranyweho uburiganya n’icyaha cy’ubujura, kuva kuri uyu wa gatatu tariki 2/4/2014. Bimwe mu byaha baregwa harimo kuriganya umugore bamugurishije zahabu itariyo.