Ruhango: Imodoka yarenze umuhanda igwa igaramye hakomereka babiri gusa

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ifite purake RAC 650 L, yakoze impanuka irenga umuhanda igwa igaramye gusa ku bw’amahirwe nta muntu wahaguye kuko hakomeretsemo abantu 2 mu bantu 17 bari bayirimo.

Iyi modoka ya International Express yari ivuye ahitwa ku Buhanda mu murenge wa Kabagali mu karere ka Ruhango mu gitondo cya tariki 25/02/2014, yageze ahitwa kuri 40 mu mujyi wa Ruhango, umushoferi wayo Dushimimana Edouard ashaka guca ku yindi modoka yari muri imbere.

Iyi modoka yaguye harimo abantu 17 hakomereka 2 gusa.
Iyi modoka yaguye harimo abantu 17 hakomereka 2 gusa.

Mu gihe yari atangiye kuyicaho, imbere haturutse indi modoka iri mu bwoko bwa FUSO ifite purake RAC 690 J, abonye bigiye kugongana ahita ayirenza umuhanda igwa igaramye munsi y’umukingo.

Abakomeretse uko ari babiri bahise bajyanwa mu bitaro bya Kabgayi, bikaba bivugwa ko iyi mpanuka yatewe no kunyura ku zindi modoka nabi.

Iyi modoka yaguye mu murima hagati y'amazu.
Iyi modoka yaguye mu murima hagati y’amazu.

Eric Muvara

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka