U Rwanda na Nigeria byasinye amasezerano y’imikoreshereze y’ikirere (BASA) aho indege za RwandAir zemerewe bidasubirwaho gukoresha ibibuga by’indege byose bya Nigeria.
Banki ya Kigali iratangaza ko yamaze gushyiraho ingamba zikomeye mu rwego rwo kurinda amafaranga y’abakiriya bahangana n’ibitero byifashisha ikoranabuhanga, ariko inaburira abaturage uburyo bakoresha ikoranabuhanga kuko bashobora kwikururira ubwo bujura.
Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yemereye abacuruzi bato gutangira inganda ariko bagaharanira kuzamukana ubuziranenge.
Nigeria nka kimwe mu bihanganye bya Afurika yatunguranye ntiyasinya ku masezerano yasinyiwe i Kigali, mu nama yari ihateraniye y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU).
Ibihugu bigize umugabane wa Afurika byahuriye i Kigali bisinya amasezerano atatu akomeye yo gufasha ibihugu bya Afurika gutahiriza umugozi umwe mu bukungu (AfCFTA).
Umuyobozi mukuru w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe Perezida Paul Kagame avuga ko inzozi zari zimaze imyaka 40 zabaye impamo nyuma y’amasezerano ari gusinyirwa i Kigali.
Olusegun Obasanjo yizera ko gusinya amasezerano akuraho amananiza mu bucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika ari ingenzi, ku buryo adashobora kwiyumvisha imitekerereze y’umuyobozi utakwifuza kuyasinya.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo avuga ko gusinya amasezerano akuraho amananiza mu bucuruzi muri Afurika bikwiye kujyana n’ivugururwa ry’ayagenderwagaho mu bihugu.
Banki y’u Rwanda (BNR) yakuyeho amananiza yo gutegereza iminsi igera kuri itatu kugira ngo umuntu abikuze amafaranga ari kuri sheki yo muri banki zitandukanye.
Abacuruzi b’ibikomoka ku buhinzi basaba Leta gufatanya nabo gushaka uko ibiribwa byatunganywa bikabikwa, kuko ngo hari ibitagurishwa byinshi bisigara bikangirika.
Ikigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge (RSB) gitangaza ko kigiye gushyiraho abantu basobanukiwe n’iby’umuziranenge bazafasha inganda nto, kugira ngo zikore ibyujuje ubuziranenge.
U Rwanda na Tanzania byiyemeje gutangira kubaka inzira ya gari ya moshi Isaka-Kigali mu kwezi k’Ukwakira k’uyu mwaka wa 2018.
Mu minsi ya vuba ibicuruzwa bituruka ku cyambu cya Dar Es Salaam bishobora guhenduka, nyuma y’uko serivisi zatangirwaga kuri iki cyambu zazanywe i Kigali.
Abaminisitiri b’ubucuruzi b’ibihugu bigize umuryango wa Africa yunze ubumwe bateraniye i Kigali, bumvikanye ku masezerano ashyiraho isoko rusange ry’ubucuruzi muri Africa (Continental Free Trade Area).
Musabyimana Patricie ufite ubumuga bwo kutabona yihangiye umurimo wo kuboha imipira y’imbeho kandi ngo biramutunze n’umuryango we.
Amakoperative y’uburobyi mu kiyaga cya Kivu mu mirenge itandukanye y’akarere ka Rusizi, yashinjaga abayobora umushinga “Projet Peche” gushaka kwiharira isoko ry’umusaruro w’amafi n’isambaza biva mu kiyaga.
Ikigo ngenzuramikorere (RURA) cyatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byongeye kuzamuka.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga bagaruye icyizere cy’iterambere kubera ibikorwaremezo nyuma y’igihe bugarijwe n’ubwigunge.
Perezida Paul Kagame yatinyuye abatuye Intara y’Iburasirazuba ko EPIC Hotel ari bo yashyiriweho, abasaba kuyigana bakayiteza imbere.
Perezida Paul Kagame arafungura ku mugaragaro EPIC Hotel, ari na yo hoteli y’inyenyeri enye igeze bwa mbere mu Karere ka Nyagatare.
Anita Dusabemariya ukomoka mu Murenge wa Gishamvu muri Huye, yatwaye inda afite imyaka 17, iwabo baramwirukana, ariko nyuma y’ubuzima bushaririye niwe utunze umuryango.
Uruganda nyarwanda rukora sima rutangaza ko rufite gahunda yo kuba u rwa mberre abantu betekereza nibajya gukora ibikorwa byo kubaka, kandi rukizeza ko ruzabanza gushyira ingufu mu isoko ry’u Rwanda.
Ikigo Kountable cy’Abanyamerika gikorera mu bihugu bitandukanye birimo n’u Rwanda, kivuga ko cyifuza guha amafaranga abatsindiye amasoko ya Leta kitabasabye ingwate.
Umuyobozi w’Urugaga nyarwanda rw’abikorera (PSF), Robert Bapfakurera arizeza kuzubaka ahazajya habera imurikagurisha mpuzamahanga bitarenze mu 2020.
Robert Bapfakurera niwe watorewe kuyobora Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), akaba asimbuye kuri uyu mwanya Benjamin Gasamagera waruyoboraga kuva mu 2013.
Umuyobozi Mukuru wa Cogebanque, Cherno Gaye, yabwiye abakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda ko nubwo itanga igihembo gikuru kuwaryegukanye, n’undi mu bakobwa 20 ufite umushinga mwiza uzamuteza imbere ugateza imbere n’igihugu Cogebanque izamushyigikira akabasha kuwushyira mu bikorwa.
Umuhire Catheline wo mu Karere ka Musanze yatangiye umwuga wo gucura ibyuma akabibyazamo za “bande feri” zituma imodoka ifata feri.
Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Muhanga PSF rwiyemeje guhangana n’imyumvire y’abikorera badindiza iterambere ry’akarere.
Bitarenze tariki 16 Gicurasi 2018, Rwandair iratangiza ingendo nshya zerekeza mu Murwa mukuru wa Zimbabwe, Harare igakomereza i Cape Town muri Afurika y’Epfo.
Kompanyi Nyarwanda y’ingedo zo mu kirere, RwandAir, yatangiye kwegeranya amakuru agamije kuyifasha kumenya uko yakwinjira ku isoko rya Isiraheli.