U Rwanda na Alibaba mu mishinga yo kugeza ibikorerwa mu Rwanda ku isoko mpuzamahanga

U Rwanda na sosiyete yo mu Bushinwa ya Alibaba Group y’umuherwe Jack Ma, barasinyana amasezerano agamije guteza imbere ubucuruzi bukorerwa kuri internet.

Jack Ma, umuyobozi mukuru wa Alibaba
Jack Ma, umuyobozi mukuru wa Alibaba

Ayo masezerano arasinywa kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Ukwakira 2018, nk’uko byatangajwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB).

RDB yatangaje ko umuhango w’isinywa ry’ayo masezerano uza kwitabirwa na Perezida Kagame ndetse na Jack Ma.

Alibaba ifite ikicaro mu Ntara ya Hangzhou, ifite urubuga rwa internet rwitwa Taobao na Tmall zikorerwaho ubucuruzi. Iyo sosiyete kandi ifite umutungo ubarirwa muri miliyari 37 z’Amadolari ya Amerika.

Bimwe mu bicuruzwa bizungukira muri ayo masezerano, harimo ibikorwa n’inganda zo mu Rwanda ndetse n’icyayi n’ikawa by’u Rwanda byoherezwa hanze.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka