U Rwanda n’u Bushinwa byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu kwagura ishuri rya Musanze Polytechnic , no gutunganya amariba 200 azageza amazi meza ku baturage bo mu turere 11 mu Rwanda.
Icyizere cyo kubona amavuta atwara imodoka akomoka ku bimera yakorewe mu Rwanda cyarangiye, nyuma y’uko umushinga wa Biodiesel wafunzwe burundu.
Ingamba zo gufungura ikirere cya Afurika kuri kompanyi z’indege Nyafurika zije ari inkuru nziza kuri Rwandair, yari isanganywe intego yo kwigarurira isoko rya Afurika.
Minisitiri w’ubucuruzi Vincent Munyeshyaka yahumurije abatuye Akarere ka Rubavu bahangayikishijwe n’ibura ry’isoko ry’ibirayi bikaborera mu mirima.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yashyizeho uburyo bwo guhererekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefoni na internet, bizarinda abantu kongera guhererekanya amafaranga mu ntoki cyangwa gukora umurongo kuri banki.
Uruganda rwa Siemens rurifuza gushora imari mu iyubakwa ry’umuhanda wa Gari ya moshi Isaka-Kigali
Uruganda ’Enviroserve’ rutunganya ibyuma by’ikoranabuhanga rubikura mu bisigazwa by’ibindi nkabyo, rwahaye u Rwanda amadolari miliyoni 2.6$ y’ubukode bw’uruganda rugiye gukoreramo mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Ikigega Agaciro bwatangaje ko kugera ubu amafaranga amaze kugera muri iki kigega ari miliyari 47 Frw. 70% yayo ngo yagurijwe amabanki arimo kungukira iki kigega.
Ibigo by’ubwishingizi byahisemo kuzamura ibiciro by’ubwishingizi bw’ibinyabiziga kuva kuri 40% kugera kuri 60% aho kuba 73% nk’uko byari byatangajwe tariki 01/1/2018.
Abagize urwego rw’abacungagereza (RCS) nabo bahawe uburenganzira bwo kujya bahahira mu isoko ryashyiriweho ingabo z’igihugu, nyuma yo kugaragaza ko byabafasha kugira ubuzima bwiza.
Abayobozi 38 b’ibigo bikomeye ku isi batangaje ko bafite gahunda yo kuzana ishoramari mu Rwanda kuko hari amahirwe menshi atarabyazwa umusaruro.
Banki nkuru y’u Rwanda (BNR) ivuga ko mu mwaka umwe gusa abajura Miliyoni umunani bagerageje kwiba amabanki yo mu Rwanda bifashishije ikoranabuhanga.
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi( MINAGRI) yavuze ko bidatinze iza gufungira ababazi b’inyama batubahiriza amabwiriza yashyizeho.
Ibikenewe byose byamaze gukusanywa kugira ngo uruganda rw’Abadage rwa Volkswagen (VW) rutangire gukorera imodoka mu Rwanda, zizaba zagiye ku isoko muri Gicurasi 2018.
Bamwe mu bitabiriye ubukangurambaga bwa Banki y’Abaturage bwiswe "Hirwa ugwize na BPR", begukanye igihembo cya miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda buri umwe umwe.
Abahinzi b’icyayi bo mu Mirenge ya Kanjongo, Karambi, na Macuba mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko uruganda rw’icyayi bubakiwe ruzabakiza igihombo batewe no kutarugira.
Abacururizaga mu nzu z’ahitwa Kiruhura mu kagari ka Nyabugogo mu murenge wa Kigali barataka igihombo batewe n’ifungwa ry’aho bacururizaga bakifuza gukomorerwa.
Igikomangoma Sheikh Abdul Aziz Al Nuaimi uturuka muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu ari mu Rwanda aho yaje kureba ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije yashoramo imari.
Nicolas Sarkozy wigeze kuyobora u Bufaransa, yazanye abashoramari b’iwabo kureba amahirwe ari mu Rwanda.
Bitarenze ukwezi kwa Gatanu 2018, kompanyi Nyarwanda y’Indege Rwandair izaba yatangiye gukora ingendo zijya mu Mujyi wa Guangzhou mu Bushinwa.
Guhera muri Werurwe 2020, Megawate 80 z’amashanyarazi akomoka kuri nyiramugengeri zizatangira kubonera maze byongere umubare w’Abanyarwanda bakoresha amashanyarazi.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Mutarama 2018, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyongeye kuzamuka.
Muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ryigisha ubumenyi n’ikoranabuhanga (CST), hari kubakwa amashuri afite ishusho y’ibirunga yubakishijwe amakoro n’ibindi bikoresho bikorerwa mu Rwanda.
Abaturage bo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi, baravuga ko bagenda ibirometero bisaga birindwi bagana aho bategera imodoka kuko umuhanda w’abahuzaga n’utundi turere wangiritse cyane imodoka zitakibasha kuhagera.
Abaturage bo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi barifuza ko bakwegerezwa ibigo by’imari kuko bagorwa no kugera ku murenge Sacco.
Abamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali bagereranya amande bacibwa iyo bagejeje umugenzi aho agiye nk’urugomo bakorerwa kuko bumva nta makosa baba bakoze.
Nyuma y’iminsi mikuru ya Noheli n’ubunani, abaguzi b’ibiribwa baravuga ko ibiciro byazamutse mu gihe abacuruzi bo barira ko babuze abakiriya.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda ( MINICOM) yatangaje ibihano by’amakosa agaragara mu bucuruzi bw’ibirayi bwo mu mujyi wa Kigali no mu zindi ntara.
Nikubwayo Yves na bagenzi be mu gihe kiri imbere baraba binjiza amamiriyoni babikesha uruganda rukora amavuta n’umutobe batangije.
Munyakayanza Donasiyani watomboye imodoka ya miliyoni 38Frw muri tombora ya Banki ya Kigali yiswe ‘Bigereho na BK’ ngo igiye kumufasha mu bucuruzi bwe.