Abacuruzi b’ibikomoka ku buhinzi basaba Leta gufatanya nabo gushaka uko ibiribwa byatunganywa bikabikwa, kuko ngo hari ibitagurishwa byinshi bisigara bikangirika.
Ikigo cy’igihugu gitsura ubuziranenge (RSB) gitangaza ko kigiye gushyiraho abantu basobanukiwe n’iby’umuziranenge bazafasha inganda nto, kugira ngo zikore ibyujuje ubuziranenge.
U Rwanda na Tanzania byiyemeje gutangira kubaka inzira ya gari ya moshi Isaka-Kigali mu kwezi k’Ukwakira k’uyu mwaka wa 2018.
Mu minsi ya vuba ibicuruzwa bituruka ku cyambu cya Dar Es Salaam bishobora guhenduka, nyuma y’uko serivisi zatangirwaga kuri iki cyambu zazanywe i Kigali.
Abaminisitiri b’ubucuruzi b’ibihugu bigize umuryango wa Africa yunze ubumwe bateraniye i Kigali, bumvikanye ku masezerano ashyiraho isoko rusange ry’ubucuruzi muri Africa (Continental Free Trade Area).
Musabyimana Patricie ufite ubumuga bwo kutabona yihangiye umurimo wo kuboha imipira y’imbeho kandi ngo biramutunze n’umuryango we.
Amakoperative y’uburobyi mu kiyaga cya Kivu mu mirenge itandukanye y’akarere ka Rusizi, yashinjaga abayobora umushinga “Projet Peche” gushaka kwiharira isoko ry’umusaruro w’amafi n’isambaza biva mu kiyaga.
Ikigo ngenzuramikorere (RURA) cyatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byongeye kuzamuka.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga bagaruye icyizere cy’iterambere kubera ibikorwaremezo nyuma y’igihe bugarijwe n’ubwigunge.
Perezida Paul Kagame yatinyuye abatuye Intara y’Iburasirazuba ko EPIC Hotel ari bo yashyiriweho, abasaba kuyigana bakayiteza imbere.
Perezida Paul Kagame arafungura ku mugaragaro EPIC Hotel, ari na yo hoteli y’inyenyeri enye igeze bwa mbere mu Karere ka Nyagatare.
Anita Dusabemariya ukomoka mu Murenge wa Gishamvu muri Huye, yatwaye inda afite imyaka 17, iwabo baramwirukana, ariko nyuma y’ubuzima bushaririye niwe utunze umuryango.
Uruganda nyarwanda rukora sima rutangaza ko rufite gahunda yo kuba u rwa mberre abantu betekereza nibajya gukora ibikorwa byo kubaka, kandi rukizeza ko ruzabanza gushyira ingufu mu isoko ry’u Rwanda.
Ikigo Kountable cy’Abanyamerika gikorera mu bihugu bitandukanye birimo n’u Rwanda, kivuga ko cyifuza guha amafaranga abatsindiye amasoko ya Leta kitabasabye ingwate.
Umuyobozi w’Urugaga nyarwanda rw’abikorera (PSF), Robert Bapfakurera arizeza kuzubaka ahazajya habera imurikagurisha mpuzamahanga bitarenze mu 2020.
Robert Bapfakurera niwe watorewe kuyobora Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), akaba asimbuye kuri uyu mwanya Benjamin Gasamagera waruyoboraga kuva mu 2013.
Umuyobozi Mukuru wa Cogebanque, Cherno Gaye, yabwiye abakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda ko nubwo itanga igihembo gikuru kuwaryegukanye, n’undi mu bakobwa 20 ufite umushinga mwiza uzamuteza imbere ugateza imbere n’igihugu Cogebanque izamushyigikira akabasha kuwushyira mu bikorwa.
Umuhire Catheline wo mu Karere ka Musanze yatangiye umwuga wo gucura ibyuma akabibyazamo za “bande feri” zituma imodoka ifata feri.
Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Muhanga PSF rwiyemeje guhangana n’imyumvire y’abikorera badindiza iterambere ry’akarere.
Bitarenze tariki 16 Gicurasi 2018, Rwandair iratangiza ingendo nshya zerekeza mu Murwa mukuru wa Zimbabwe, Harare igakomereza i Cape Town muri Afurika y’Epfo.
Kompanyi Nyarwanda y’ingedo zo mu kirere, RwandAir, yatangiye kwegeranya amakuru agamije kuyifasha kumenya uko yakwinjira ku isoko rya Isiraheli.
Uruganda rukora ibiribwa rwa African Improved Food (AIF) rwashyize ku isoko ifu y’igikoma yagenewe umuryango rwise “Nootri Family.”
Hamza Ihirwe yakuze yifuza kuziga ibijyanye n’ubugeni kandi akanabikomeza, ariko ntibyamuhiriye kuko ahagana mu 2000 yisanze mu mashuri makuru yiga imibare n’ubutabire.
Mu gihe ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro Rwanda Revenue Authority, cyari cyihaye intego yo kwinjiza amafaranga asaga miriyari 572 mu mezi atandatu ashize, cyamaze kwinjiza asaga miriyari 582.
U Rwanda n’u Bushinwa byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu kwagura ishuri rya Musanze Polytechnic , no gutunganya amariba 200 azageza amazi meza ku baturage bo mu turere 11 mu Rwanda.
Icyizere cyo kubona amavuta atwara imodoka akomoka ku bimera yakorewe mu Rwanda cyarangiye, nyuma y’uko umushinga wa Biodiesel wafunzwe burundu.
Ingamba zo gufungura ikirere cya Afurika kuri kompanyi z’indege Nyafurika zije ari inkuru nziza kuri Rwandair, yari isanganywe intego yo kwigarurira isoko rya Afurika.
Minisitiri w’ubucuruzi Vincent Munyeshyaka yahumurije abatuye Akarere ka Rubavu bahangayikishijwe n’ibura ry’isoko ry’ibirayi bikaborera mu mirima.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yashyizeho uburyo bwo guhererekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga rya telefoni na internet, bizarinda abantu kongera guhererekanya amafaranga mu ntoki cyangwa gukora umurongo kuri banki.
Uruganda rwa Siemens rurifuza gushora imari mu iyubakwa ry’umuhanda wa Gari ya moshi Isaka-Kigali