Banki y’Igihugu (BNR) irakangurira abaturage kwitabira ikoranabuhanga mu guhererekanya amafaranga, kugira ngo Leta irengere Miliyari 17Frw zikoreshwa buri mwaka mu gusimbuza inoti n’ibiceri bishya.
Abashoramari 41 baturutse muri Turkiya bari mu Rwanda, aho baje kureba uko bashora imari mu bice bitandukanye bijyanye n’inganda.
Umujyi wa Kigali urateganya gukoresha agera muri Miliyari 25Frw mu kwimura inganda zose ziri mu gishanga cy’i Gikondo muri 2018.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro Rwanda Revenue Autority (RRA), cyafunze uruganda rwa SODAR rutonora umuceri kubera kutishyuye imisoro kunyongera gaciro TVA y’amezi 4, ingana Miriyoni 90RWf.
Uwizeye Josue agura ibati ry’ibihumbi 10Frw mu munsi umwe akaba yarangije kurikoramo imbabura icana vidanje, akayigurisha amafaranga ibihumbi 15frw.
Banki Nyafurika y’ubucuruzi (Trade and Development Bank (TDB), yatangiye kwegereza ibikorwa byayo mu Rwanda, aho iteganya kuzatera inkunga imishinga minini mu gihugu.
Urugaga rw’abakorera mu Rwanda (PSF) rutangaza ko rugiye gukemura ikibazo cy’uburinganire mu bikorera kuko kuri ubu abagabo ari bo bihariye imyanya myiza mu bigo by’abikorera.
Ange Mukagahima wo mu Karere ka Muhanga kuri ubu ari mu byishimo nyuma yo gutsindira igihembo cya miliyoni 1RWf kubera umushinga we wahize indi mu Ntara y’Amajyepfo.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi yashyizeho ikirango gishyashya kiranga icyayi cy’u Rwanda bikazafasha kugitandukanya n’ubundi bwoko bw’icyayi bugemurwa mu mahanga.
Urwego rw’igihugu rushinzwe igenzuramikorere (RURA), ruvuga ko ibiciro by’ingendo bigomba kuzamuka kugira ngo abatwara abagenzi badahomba.
Abaturage 2326 bo mu mirenge wa Bushenge na Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke ntibazongera kuvoma amazi mabi kuko begerejwe umuyoboro w’amazi meza.
Minisitiri w’urubyiruko Rosemary Mbabazi yakanguriye urubyiruko kutarindira kubura akazi cyangwa kurangiza amashuri kugira ngo batangire imishinga yo kwihangira imirimo.
Shirimpumu Jean Claude uhagarariye aborozi b’ingurube ku rwego rw’igihugu, yafashe icyemezo asezera ku kazi ka Leta ayoboka ubworozi bw’ingurube.
Urugaga nyarwanda rw’abikorera (PSF) rutangaza ko imurikagurisha (Expo) ry’ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda) rigiye kuba rizaba ririmo moto n’ibindi byinshi.
Ibihugu bya Afurika birahamagarirwa kongera ingufu mu bufatanye n’ibigo by’indege byo kuri uwo mugabane kugira ngo ubwikorezi mu kirere bworohe.
Kuva gahunda ya Girinka yatangizwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu mwaka wa 2006,imaze gutwara amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 39, yakoreshejwe mu koroza abaturage.
Mu mudugudu wa Rubindi mu Ngororero mu mezi 5, imiryango 83 yari yaranze kuva mu manegeka yivanyeyo ikurikiye imirasire y’izuba yahazanywe na polisi y’Igihugu.
Lambert Nkundumukiza yatangiye korora ingurube no guhinga urutoki muri 2015 ahereye ku bihumbi 200RWf ariko ubu amaze kugera ku gishoro cya Miliyoni 14RWf.
Abanyeshuri bo mu kigo cy’amashuri cya Ruhehe kiri mu Karere ka Musanze ntibazongera kwiga bacucitse mu ishuri kuko bubakiwe ibyumba by’amashuri bishya.
Abashigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Gasabo bafite impungenge z’uko bashobora kuzajyanwa kure y’umujyi, nyuma yo kubwirwa ko igishanga bakoreragamo bazakimurwamo.
Ngabo Faraji wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo akorera agera ku bihumbi 600Frw buri kwezi abekesha kwita ku mbwa.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Ugushyingo 2017, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihinduka.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda (MINICOM) itangaza ko kuba u Rwanda rwarasinye amasezerano y’Ibihugu bigize umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi (ITO), bizagabanya igiciro abatumiza ibintu hanze batangaga.
Umuhanda mushya uturuka mu Mujyi ugana Nyabugogo umaze igihe gito ubaye nyabagendwa n’ubwo igice cyawo cyo kuva ahazwi nko kuri Yamaha kugera Nyabugogo kitararangira neza.
Abayobozi n’abakozi b’Akarere ka Nyamasheke ntibazongera gukorera mu nzu zishaje babyigana kuko batashye inyubako nshya bazajya bakoreramo.
KCB Bank Rwanda yatangije uburyo bw’ikoranabuhanga yise “MobiLoan” bufasha abakiriya bayo kwiguriza amafaranga ari hagati ya 500Fr na 500,000 frw, bifashishije Telefoni zigendanwa.
Bamwe mu bakurikiranira hafi ibijyanye no kwihangira umurimo mu rubyiruko bemeza ko kutamenya indimi z’ahandi neza no kutagira amakuru biri mu bibadindiza kugera kure.
Banki y’isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa 41 ku rutonde rw’ibihugu byoroshya ishoramari, ruvuye ku mwanya wa 56 rwariho umwaka ushize.
Abayobozi bashya ba Banki y’Abaturage y’u Rwanda barizeza abakiriya babo ko bagiye kurushaho kuzamura urwego rw’ikoranabuhanga muri iyo banki.
Abamotari bakorera hirya no hino mu gihugu, baravuga ko batangiye guca ukubiri na moto z’abandi, kuko ubu batangiye gutunga izabo babikesha ishyirahamwe bishyiriyeho “Twigire Motari”.