Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), yagaragaje ko kuba umubare w’Abanyarwanda bazigama ukiri hasi, ari kimwe mu bikoma mu nkokora ubukungu bw’Igihugu.
Mu Mujyi wa Kigali mu mpera z’iki cyumweru hasojwe amahugurwa y’abakora mu ruhererekane nyongeragaciro rw’ibikomoka ku mpu, yateguwe mu rwego rwo kubafasha kunoza ibyo bakora, kubimenyekanisha no gukorera hamwe hagamijwe kongera umusaruro.
LOLC Unguka Finance yateguye icyumweru cyahariwe umukiliya mu rwego rwo gushimira umukiliya ndetse n’utanga serivisi ku mukiliya buri munsi. Iyi gahunda y’icyumweru cy’umukiliya ni mpuzamahanga kandi hashize imyaka isaga 30 itangiye kwizihizwa.
Abo mu myaka yo hambere, ndetse n’abagiye bavuka nyuma yabo, baziranyeho ko mu myaka ishize iyo mu Rwanda havugwaga amata y’ifu, nta yandi yahitaga aza mu bwonko vuba nka NIDO.
Banki y’Abarabu y’Iterambere muri Afurika (BADEA), yahaye u Rwanda inguzanyo ya Miliyoni 45 z’Amadolari ya Amerika, ni ukuvuga asaga Miliyari 65 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Urwego rushinzwe guteza imbere Ikoranabuganga mu Rugaga rw’Abikorera mu Rwanda, ICT Chamber, buratangaza ko mu mezi 9 ashize, abantu bagera ku 1990 biganjemo urubyiruko, babonye akazi gashingiye ku ikoranabuhanga, rugashishikariza n’abandi kuryitabira hagamijwe kugabanya ubushomeri.
Minisitiri w’Intebe, Dr Nsengiyumva Justin, ageza ku bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, imitwe yombi, ibikorwa bya Guverinoma mu rwego rwo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage binyuze mu kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, kuri uyu wa Kane tariki 2 Ukwakira 2025, yavuze ko u Rwanda rufite intego ko (…)
Ibigo bikora ubuhinzi by’umwihariko ibyibanda ku bukungu bwisubira (Circular Economy), bigiye gufashwa kurushaho kubyaza umusaruro ibyangirikiraga mu mirima n’ibindi byafatwaga nk’imyanda, gukorwamo ibindi bishobora kugira akamaro.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yashyizeho amabwiriza mashya yihariye inatanga umucyo ku bemerewe kwakira ubwishyu mu madovize, harimo n’Amadorali.
Ubuyobozi bwa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) hamwe n’ibigo by’imari bikorera mu Rwanda birimo gufasha abaturage bafite ibibazo ndetse bagashyirwa mu kigo cy’Ihererekanyamakuru ku myenda TransUnion Rwanda Ltd kizwi nka CRB.
Abikorera bo mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo, bagaragarije Minisitiri w’Intebe Dr Nsengiyumva Justin, aho bageze bateza imbere imyubakire muri uwo mujyi, cyane cyane ahitwa mu Cyarabu. Mu bikorwa binini barimo kubaka, harimo inzu y’ubucuruzi izuzura mu mwaka utaha itwaye Miliyari 7Frw.
Abarenga 80% by’urubyiruko rwishyuriwe na BK Foundation binyuze mu mushinga Igire bamaze kubona akazi nyuma yo kurangiza amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro, ibintu bavuga ko ari inzozi zabaye impamo nyuma yo gucikiriza amashuri.
Imirimo y’umushinga Volcano Belt Water Supply System igeze ku kigero cya 60.4%, bikaba biteganyijwe ko uyu mushinga nurangira uzongerera ubushobozi uruganda rwa Mutobo, ahari kubakwa n’urundi ruganda rushya. Izo nganda ebyiri zizageza amazi meza ku baturage ibihumbi 354 bo mu Turere twa Musanze, Nyabihu na Rubavu.
Mu gihembwe cya kabiri cya 2025, icyuho hagati y’ibyoherezwa mu mahanga n’ibitumizwayo cyagabanutseho 12.5% ugereranyije n’igihembwe nk’iki umwaka ushize, nk’uko bigaragara muri raporo y’Ubucuruzi Mpuzamahanga Bwanditse bw’u Rwanda.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kuba nk’isoko rikomeye kandi ryizewe ku bicuruzwa by’u Rwanda, aho kugeza ubu ibiva mu Rwanda byoherejweyo biri hejuru ya 20% by’ibicuruzwa byose byoherezwa hanze.
Abashora imari mu Rwanda bamaze igihe bavuga ko igiciro gihanitse cy’amashanyarazi gikoma mu nkokora kwaguka kw’inganda kandi kikanagabanya ubushobozi bwazo bwo guhangana ku isoko ry’umurimo no mu karere.
Munezero Lisa Adeline ni umukobwa witabiriye Miss Rwanda 2019. Ubu ni rwiyemezamirimo ufite kompanyi ikora ibikorwa bitandukanye birimo no guhugura urubyiruko uko rwakwihangira imirimo.
Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) ruvuga ko hari abakoresha bakata amafaranga abakozi y’imisanzu y’ubwishingizi bw’indwara ndetse n’ubwiteganyirize bw’izabukuru nyamara ntibayatange muri RSSB, ahubwo bakayikoreshereza mu bindi.
Icyegeranyo cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), cyatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 9 Nzeri 2025, kigaragaza ko impuzandengo y’umwaka wose, ni ukuvuga kuva muri Nyakanga 2024 kugera muri Kamena 2025, ishimangira ko umusaruro w’inganda wiyongereye ku kigero cya 6.5%.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 5 Nzeri 2025, nibwo binyuze mu itangazo Urwego rw’Igihugu rushinzwe Kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe z’Imirimo Ifitiye Igihugu Akamaro (RURA), rwatangaje ko ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli byavuguruwe, bikaba byatangiye gukurikizwa uhereye kuri uyu wa Gatandatu tariki 06 Nzeri (…)
Binyuze muri gahunda yo gusaranganya umusaruro ukomoka ku bukerarugendo (Revenue sharing), aho abaturiye pariki bahabwa 10% by’amafaranga aba yarinjiye abuturutsemo, abaturage by’umwihariko abaturiye pariki y’Ibirunga, bahinduriwe ubuzima n’ubukerarungendo bwo gusura ingagi.
Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yavuze ko Afurika ari yo ifite imisoro n’amahoro bihanitse kurusha ahandi hose, bigatuma amatike y’indege ahenda cyane.
Perezida Paul Kagame atangiza inama ya cyenda Nyafurika ku ngendo zo mu kirere ‘Aviation Africa Summit and Exhibition 2025’, ibera muri Kigali Convention Center, yavuze ko hagikenewe gushora imari mu buryo bufatika mu nzego zijyanye n’iby’indege ku Mugabane wa Afurika.
Ubuyobozi bwa BK Group Plc, bwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2025, icyo kigo cyagize inyungu y’amafaranga y’u Rwanda miliyari 51.9, zingana n’izamuka rya 8.6% ugereranyije n’ayo cyungutse muri ayo mezi umwaka ushize.
Imurikagurisha mpuzamahanga ryabereye i Kigali muri Nyakanga na Kanama 2025 ryitabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye, by’umwihariko abamurika. Hari ibyo bashima mu migendekere yaryo, ariko bagira n’ibindi basaba ko ubutaha byazanozwa.
Umuyobozi w’ishami rigenzura ubudahungabana bw’urwego rw’imari muri Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), Ferdinand Murenzi, yavuze ko buri Munyarwanda ashobora kwinjira muri iyi Banki akabaza ikibazo afite kigendanye n’iby’imari.
Bamwe mu bahinzi n’aborozi n’abandi bafite aho bahuriye n’ibyo bikorwa, barishimira ko bimwe mu byo bafataga nk’imyanda byatangiye kubabyarira amafaranga, babikesha gahunda y’ubukungu bwisubira (Circular Food System for Rwanda).
Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), byasabwe kwihutisha kwemeza impinduka mu mabwiriza agenga Umuryango w’Ikoranabuhanga ry’Ubucuruzi (Customs Union), hagashyirwaho komite y’akarere izajya ikemura impaka mu bucuruzi no gukuraho inzitizi, zikomeje gukoma mu nkokora ubucuruzi hagati y’ibihugu binyamuryango.
NCBA Bank Rwanda yaguye serivisi zayo ku rwego rw’Igihugu, ifungura ku mugaragaro ishami rishya mu Karere ka Rubavu, yongera gushimangira umuhate wayo wo gukora ku buryo serivisi za banki zirushaho kuboneka ku buryo bworoshye, budaheza kandi buzana impinduka nziza mu gihugu hose.
Banki y’iterambere y’u Rwanda (BRD) na Banki ya Kigali (BK) zasinye amasezerano yo gutanga inguzanyo ya Miliyoni 52 z’Amadolari azakoreshwa mu mu mushinga munini wo kwagura icyanya cy’inganda cya Bugesera ‘Bugesera Special Economic Zone (BSEZ)’, iyo ikaba ari intambwe ikomeye itewe mu byerekeye impinduka mu by’inganda u (…)